• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yakurikiye umukino wa UEFA Super Cup wahuje amakipe ya PSG na Aston Villa yamamaza u Rwanda   |   12 Aug 2026

  • Myugariro Imanishimwe Emmanuel watandukanye na AEL Limassol yo muri Chypre yerekeje mu ikipe ya Chennaiyin FC yo mu Buhinde   |   11 Aug 2026

  • Rayon Sports yaguze myugariro w’Umunya-Côte d’Ivoire, Mohamed Ouattara wakiniye Wydad Casablanca, Simba SC na Al Hilal   |   10 Aug 2026

  • Kuki Jean Bosco Gasasira yapfuye umuryango we ukabimenya nyuma y’icyumweru?     |   09 Aug 2026

  • Inganda z’inzoga zitujuje ubuziranenge nk’Ibyuma zarimo ibibazo byinshi bigira ingaruka ku buzima bw’abaturage   |   09 Aug 2026

  • AMAFOTO: Amateka aranditswe, bisabye imyaka 28 ngo Rayon Sports itware CECAFA Kagame Cup ya kabiri mu mateka yayo   |   07 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Judi Rever Umunya Canada wahagurukiye guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, yahawe akato, ahezwa mu ruhando rw’abanyamakuru b’ibihangange!!

Judi Rever Umunya Canada wahagurukiye guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, yahawe akato, ahezwa mu ruhando rw’abanyamakuru b’ibihangange!!

Ubwanditsi 07 Oct 2020 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Buri mwaka mu Bufaransa hategurwa umuhango ukomeye witwa”Bayeux Calvados-Normandy Award “, ugatumirwamo abanyamakuru b’ibihangange , cyane cyane abataye bakanatangaza amakuru ajyanye n’intambara n’ubushyamirane hirya no hino ku isi. Uyu Judi Rever rero, umunya Canada wanga uRwanda urunuka, yari yashyashyanye, yibwira ko azatumirwa muri uwo muhango, kuko ngo ari “impuguke” mu bibazo by’akarere k’ Ibiyaga Bigari, by’umwihariko iby’uRwanda.

Ku munota wa nyuma , yamenyeshejwe ko atari mu batumirwa, ababikurikiranira hafi bakaba baduhishuriye ko byatewe n’inkuru ndetse n’ibitabo adasiba gusohora ahakana byeruye Jenoside yakorewe Abatutsi, Iyo atumirwa rero ngo byari kuba ari ikimwaro ku bategura umuhango, batifuza ko witabirwa n’imyanda ibonetse yose.

Judi Rever yamamaye(bigayitse) agerageza kugira abere abajenosideri ruharwa, nka Théoneste Bagosora, Matayo Ngirumpatse, Edouard Karemera, JPaul Akayezu wakatiwe mbere y’abandi, n’izindi Nterahamwe-mpuzamugambi zamaze guhamwa n’icyaha biremereye. Akimara kumenya ko ubutumire bwe buteshejwe agaciro , Judi Rever yirukiye ku mbuga nkoranyambaga, maze yibasira abategura uwo muhango, avuga ko batigenga, ngo kuko kutamutumira byatewe n’igitutu bashyizweho n’abantu atavuze amazina.

Abasomye ibyo yanditse nabo ntibamurebeye izuba, kuko benshi cyane bahise bamusubiza ko aho kugira uwo yikoma, yagombye kwikoma umutima we umutegeka gukora ibidakwiye umuntu wiyita umunyamakuru mpuzamahanga  Bamwibukije ko Jenoside ari icyaha gikorerwa isi yose, ko rero ibyo kuyihakana bitababaza Abanyarwanda gusa, ko ahubwo bibaza umuntu wese ushyira mu gaciro.

Bamwe mu bakomeje kunenga imyitwarire igayitse ya Judi Rever, harimo Linda Melvern, usobanukiwe cyane ibijyanye na Jenoside yakorewe Abatutsi, kuko yakoze mu bushinjacyaha bw’urukiko mpuzamahanga rwashyiriweho uRwanda, Yamaganye kenshi Judi Rever ukoresha imvugo nk’iza Augustin Bizimungu, n’abandi bafunze kubera uruhare rwabo muri Jenoside yakorewe Abatutsi.
Ibi biragaragaza rero ko abahakana bakanapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi bagombye kubona ko bakora ubusa, kuko isi yose yamaze kumenya bidashidikanywaho ko yateguwe ikanashyirwa mu bikorwa, n’ ababigizemo uruhare bose, Judi Rever rero arahomera iyonkeje ,ubwo na bagenzi be batangiye kumwamagana, bakanamuha akato. Erega ukuri kuratinda ariko ntiguhera!!

2020-10-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

U Rwanda rugiye gusaba Uganda ibisobanuro ku magambo ya ba minisitiri bavuze ko rumeze nk’igikombe cy’igikoma

U Rwanda rugiye gusaba Uganda ibisobanuro ku magambo ya ba minisitiri bavuze ko rumeze nk’igikombe cy’igikoma

Ubwanditsi 26 Nov 2018
Ese inzego z’iperereza za Uganda zaba zigendera ku byifuzo bya RNC mu guta Abanyarwanda muri yombi?

Ese inzego z’iperereza za Uganda zaba zigendera ku byifuzo bya RNC mu guta Abanyarwanda muri yombi?

Ubwanditsi 21 Jan 2018
AS Kigali yitegura guhagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika, yemerewe na Minisiteri ya Siporo gutangira imyitozo yubahiriza ingamba zo kwirinda Koronavirusi

AS Kigali yitegura guhagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika, yemerewe na Minisiteri ya Siporo gutangira imyitozo yubahiriza ingamba zo kwirinda Koronavirusi

Ubwanditsi 02 Aug 2021
Abaturage bo mu Ntara ya Cibitoke mu Burundi barashinja inzego z’umutekano ubugambanyi mu bugome bakorerwa n’ umutwe w’ iterabwoba wa FLN

Abaturage bo mu Ntara ya Cibitoke mu Burundi barashinja inzego z’umutekano ubugambanyi mu bugome bakorerwa n’ umutwe w’ iterabwoba wa FLN

Ubwanditsi 18 Jul 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Leta ya Uganda yashyikirije u Rwanda umurambo w’umuturage warwo wabonetse umanitswe mu giti
HIRYA NO HINO

Leta ya Uganda yashyikirije u Rwanda umurambo w’umuturage warwo wabonetse umanitswe mu giti

Ubwanditsi 07 Feb 2020
CNLG iramagana Leta y’u Burundi ikomeje gupfobya Jenoside
Mu Mahanga

CNLG iramagana Leta y’u Burundi ikomeje gupfobya Jenoside

Ubwanditsi 26 Aug 2016
Interahamwe n’ibigarasha biba muri Mozambike byahiye ubwoba byumvise ko u Rwanda rugiye koherezayo Ingabo n’abapolisi.
Amakuru

Interahamwe n’ibigarasha biba muri Mozambike byahiye ubwoba byumvise ko u Rwanda rugiye koherezayo Ingabo n’abapolisi.

Ubwanditsi 09 Jul 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru