• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rayon Sports, Gor Mahia, Jamus na Al Hilal zageze muri ½ cy’Imikino ya CECAFA Kagame Cup 2026   |   02 Aug 2026

  • Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana   |   01 Aug 2026

  • APR FC, Rayon Sports, Police FC na Kiyovu SC zizakina FERWAFA Super Cup 2026 yari isanzwe ikinwa n’amakipe abiri   |   01 Aug 2026

  • Rutahizamu Byiringiro Lague agiye kwerekeza muri Afurika y’Epfo aho yitegura gutangira akazi mu ikipe ya Durban City FC   |   31 Jul 2026

  • Senateri Mukabalisa Donatille yitabye Imana azize Uburwayi   |   30 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’u Rwanda batrengeje imyaka 18 begukanye igikombe cya Zone V   |   29 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Ese inzego z’iperereza za Uganda zaba zigendera ku byifuzo bya RNC mu guta Abanyarwanda muri yombi?

Ese inzego z’iperereza za Uganda zaba zigendera ku byifuzo bya RNC mu guta Abanyarwanda muri yombi?

Ubwanditsi 21 Jan 2018 INKURU NYAMUKURU

Abanyarwanda baba mu gihugu cya Uganda bakomeje gutabwa muri yombi ndetse ngo bagakorerwa iyicarubozo n’inzego z’iperereza za Uganda(CMI). Ababikurikiranira hafi ndetse n’itangazamakuru ryo mu gihugu cya Uganda ntibatinya kuvuga ko CMI ita muri yombi Abanyarwanda ari uko itungiwe agatoki n’abanyamuryango b’ishyaka Rwanda National Congress (RNC) ritavuga rumwe na Leta y’u Rwanda.

Ikinyamakuru cyo muri Uganda, Virunga Post gitangaza ko  CMI nta bimenyetso simusiga iba ifite byatuma ita muri yombi Abanyarwanda ahubwo ngo igendera ku cyo bise ibinyoma by’ibihambano by’abamabari ba RNC.

Iki kinyamakuru gitangaje aya makuru mu gihe ibitangazamakuru byinshi bikomeje gutangaza ko hari imikoranire iri hagati y’ubuyobozi bukuru bwa CMI n’abayobozi ba RNC mu bijyanye no kwinjiza abasore b’impunzi z’Abanyarwanda mu gisirikare cya RNC bivugwako gikorera imyitozo ahitwa Minembwe muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Iyi ni ingingo umuvugizi wa RNC, Jean Paul Turayishimiye  yahakanye yivuye inyuma avuga ko nta bikorwa bya gisirikare bafite muri Congo.

Ababikurikiranira hafi bavuga ko RNC ikoresha CMI mu gisa no kwigizayo Abanyarwanda baba muri Uganda bashobora kuba imbogamizi ku migambi yayo ikorera muri iki gihugu.

Ibi byashimangiwe n’umwe mu bakirisitu basengera ku rusengero rwa AGAPE rwo mu mujyi wa Mbarara bivugwa ko ariho hakorerwa lisiti y’abatahiwe gutabwa muri yombi.

Yagize ati ”Bakunda kuhateranira kenshi bigize nk’abaje gusenga”.

Ikindi cyatangajwe ni uburyo ngo umukozi wa CMI, Kaporali Abdul Karim Mulindwa uzwi ku izina rya Mukombozi akorana n’abarwanashyaka ba RNC by’umwihariko Rugema Kayumba bivugwako ari mubyara wa jenerali Kayumba Nyamwasa.

Ibi ni nyuma yaho uyu Rugema Kayumba abinyujije ku mbugankoranyambaga yigambye gukorana bya hafi na CMI kandi ko atari ibyo gusa ahubwo azaba n’umwe mu bakozi bayo.

Uyu mugabo bivugwa ko ari we muhuzabikorwa wa RNC muri Uganda abinyujije ku rukuta rwe rwa facebook yagize ati ”Ntabwo nzakorana na CMI gusa ahubwo nzaba umwe muri bo”.

Urwego rw’iperereza rwa Uganda, CMI rumaze guta Abanyarwanda muri yombi no kubakorera iyicarubozo rubashinja kuba intasi z’u Rwanda. Hari amakuru avuga ko Abanyarwanda basaga 100 bafungiwe muri gereza zinyuranye zo muri Uganda.

Leta ya Uganda yagize icyo ivuga kuri iri tabwa muri yombi ry’Abanyarwanda, maze isobanura ko abatabwa muri yombi ari abafite aho bahuriye n’ibikorwa by’iterabwoba muri iki gihugu.

2018-01-21
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Turaburira urubyiruko rwitegura kwerekeza mu mashyamba ya Kongo, basubire inyuma bakurikire urubanza rwa Maj (Rtd) Mudathiru bamenye Kayumba Nyamwasa

Turaburira urubyiruko rwitegura kwerekeza mu mashyamba ya Kongo, basubire inyuma bakurikire urubanza rwa Maj (Rtd) Mudathiru bamenye Kayumba Nyamwasa

Ubwanditsi 19 Jun 2020
Ukuri ku ruhare rwa Perezida Mitterand n’akazu ke muri Jenoside byashyizwe hanze na Komisiyo Duclert

Ukuri ku ruhare rwa Perezida Mitterand n’akazu ke muri Jenoside byashyizwe hanze na Komisiyo Duclert

Ubwanditsi 27 Mar 2021
Perezida Kagame yakoze impinduka mu buyobozi bw’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Iterambere [ RDB ]

Perezida Kagame yakoze impinduka mu buyobozi bw’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Iterambere [ RDB ]

Ubwanditsi 05 Jan 2019
Ibintu bitandatu [ 6 ] bigaragaza isenyuka rya RNC na P5.

Ibintu bitandatu [ 6 ] bigaragaza isenyuka rya RNC na P5.

Ubwanditsi 30 Sep 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kiyovu SC yatsinzwe na Gasogi ihagarika umutoza, Rayon Sports yatsinzwe na Musanze naho APR FC inganya na Mukura VS
Amakuru

Kiyovu SC yatsinzwe na Gasogi ihagarika umutoza, Rayon Sports yatsinzwe na Musanze naho APR FC inganya na Mukura VS

Ubwanditsi 28 Nov 2022
Justus Kangwagye yagizwe umuhuzabikorwa w’ihuriro ry’Igihugu ry’urubyiruko rw’abakorerabushake mu gukumira ibyaha
Mu Mahanga

Justus Kangwagye yagizwe umuhuzabikorwa w’ihuriro ry’Igihugu ry’urubyiruko rw’abakorerabushake mu gukumira ibyaha

Ubwanditsi 06 Mar 2016
Igikomangoma cyo muri UAE kiri gushaka amahirwe y’ishoramari mu Rwanda
UBUKERARUGENDO

Igikomangoma cyo muri UAE kiri gushaka amahirwe y’ishoramari mu Rwanda

Ubwanditsi 17 Jan 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru