• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Ese inzego z’iperereza za Uganda zaba zigendera ku byifuzo bya RNC mu guta Abanyarwanda muri yombi?

Ese inzego z’iperereza za Uganda zaba zigendera ku byifuzo bya RNC mu guta Abanyarwanda muri yombi?

Ubwanditsi 21 Jan 2018 INKURU NYAMUKURU

Abanyarwanda baba mu gihugu cya Uganda bakomeje gutabwa muri yombi ndetse ngo bagakorerwa iyicarubozo n’inzego z’iperereza za Uganda(CMI). Ababikurikiranira hafi ndetse n’itangazamakuru ryo mu gihugu cya Uganda ntibatinya kuvuga ko CMI ita muri yombi Abanyarwanda ari uko itungiwe agatoki n’abanyamuryango b’ishyaka Rwanda National Congress (RNC) ritavuga rumwe na Leta y’u Rwanda.

Ikinyamakuru cyo muri Uganda, Virunga Post gitangaza ko  CMI nta bimenyetso simusiga iba ifite byatuma ita muri yombi Abanyarwanda ahubwo ngo igendera ku cyo bise ibinyoma by’ibihambano by’abamabari ba RNC.

Iki kinyamakuru gitangaje aya makuru mu gihe ibitangazamakuru byinshi bikomeje gutangaza ko hari imikoranire iri hagati y’ubuyobozi bukuru bwa CMI n’abayobozi ba RNC mu bijyanye no kwinjiza abasore b’impunzi z’Abanyarwanda mu gisirikare cya RNC bivugwako gikorera imyitozo ahitwa Minembwe muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Iyi ni ingingo umuvugizi wa RNC, Jean Paul Turayishimiye  yahakanye yivuye inyuma avuga ko nta bikorwa bya gisirikare bafite muri Congo.

Ababikurikiranira hafi bavuga ko RNC ikoresha CMI mu gisa no kwigizayo Abanyarwanda baba muri Uganda bashobora kuba imbogamizi ku migambi yayo ikorera muri iki gihugu.

Ibi byashimangiwe n’umwe mu bakirisitu basengera ku rusengero rwa AGAPE rwo mu mujyi wa Mbarara bivugwa ko ariho hakorerwa lisiti y’abatahiwe gutabwa muri yombi.

Yagize ati ”Bakunda kuhateranira kenshi bigize nk’abaje gusenga”.

Ikindi cyatangajwe ni uburyo ngo umukozi wa CMI, Kaporali Abdul Karim Mulindwa uzwi ku izina rya Mukombozi akorana n’abarwanashyaka ba RNC by’umwihariko Rugema Kayumba bivugwako ari mubyara wa jenerali Kayumba Nyamwasa.

Ibi ni nyuma yaho uyu Rugema Kayumba abinyujije ku mbugankoranyambaga yigambye gukorana bya hafi na CMI kandi ko atari ibyo gusa ahubwo azaba n’umwe mu bakozi bayo.

Uyu mugabo bivugwa ko ari we muhuzabikorwa wa RNC muri Uganda abinyujije ku rukuta rwe rwa facebook yagize ati ”Ntabwo nzakorana na CMI gusa ahubwo nzaba umwe muri bo”.

Urwego rw’iperereza rwa Uganda, CMI rumaze guta Abanyarwanda muri yombi no kubakorera iyicarubozo rubashinja kuba intasi z’u Rwanda. Hari amakuru avuga ko Abanyarwanda basaga 100 bafungiwe muri gereza zinyuranye zo muri Uganda.

Leta ya Uganda yagize icyo ivuga kuri iri tabwa muri yombi ry’Abanyarwanda, maze isobanura ko abatabwa muri yombi ari abafite aho bahuriye n’ibikorwa by’iterabwoba muri iki gihugu.

2018-01-21
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Hari ibimenyetso dufite, byerekana ko bimwe mu bihugu duturanye  bifatanya ku mugaragaro na FDLR na RNC – Kagame

Hari ibimenyetso dufite, byerekana ko bimwe mu bihugu duturanye bifatanya ku mugaragaro na FDLR na RNC – Kagame

Ubwanditsi 01 Jan 2019
CNLG iramagana ibirego bya Diane Rwigara ivugwaho gukorana n’abanzi b’Igihugu

CNLG iramagana ibirego bya Diane Rwigara ivugwaho gukorana n’abanzi b’Igihugu

Ubwanditsi 17 Jul 2019
Aho yambariye inkindi ahambariye ubucocero: Umujenosideri,umuterankunga mukuru w’abajenosideri, Kabuga Félicien, yaraye ijoro rye rya mbere mu buroko bw’I La Haye mu Buholandi, aho yajyaga yidegembya nk’umuherwe ukomeye!

Aho yambariye inkindi ahambariye ubucocero: Umujenosideri,umuterankunga mukuru w’abajenosideri, Kabuga Félicien, yaraye ijoro rye rya mbere mu buroko bw’I La Haye mu Buholandi, aho yajyaga yidegembya nk’umuherwe ukomeye!

Ubwanditsi 27 Oct 2020
Ese noneho Museveni arava kw’izima ko ibibazo atera u Rwanda byashyizwe mu maboko y’abagabo!

Ese noneho Museveni arava kw’izima ko ibibazo atera u Rwanda byashyizwe mu maboko y’abagabo!

Ubwanditsi 12 Jul 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Inama hagati ya Trump na Kim Jong un ishobora gusubikwa
POLITIKI

Inama hagati ya Trump na Kim Jong un ishobora gusubikwa

Ubwanditsi 23 May 2018
Ese waba ukunda kwambara impete ku ntoki zitandukanye? Dore ubusobanuro bwazo bitewe n’urutoki uyambayeho
HIRYA NO HINO

Ese waba ukunda kwambara impete ku ntoki zitandukanye? Dore ubusobanuro bwazo bitewe n’urutoki uyambayeho

Ubwanditsi 18 Oct 2017
BK Group PLC yungutse miliyari 19.7Frw mu mezi icyenda ya 2018
UBUKUNGU

BK Group PLC yungutse miliyari 19.7Frw mu mezi icyenda ya 2018

Ubwanditsi 01 Dec 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru