• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Ukuri ku ruhare rwa Perezida Mitterand n’akazu ke muri Jenoside byashyizwe hanze na Komisiyo Duclert

Ukuri ku ruhare rwa Perezida Mitterand n’akazu ke muri Jenoside byashyizwe hanze na Komisiyo Duclert

Ubwanditsi 27 Mar 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, POLITIKI

Ku gicamunsi cy’umunsi w’ejo, nibwo Komisiyo Duclert yashyikirije Perezida Emmanuel Macron, raporo yayo y’amapaji 1222 yamuritswe nyuma y’imyaka ibiri. Iri itsinda ry’abanyamateka 13 ryashyizweho na Perezida Emmanuel Macron ngo ricukumbure ibikubiye mu nyandiko zitashyizwe ahagaragara, zigaragaza amateka y’u Rwanda n’u Bufaransa hagati ya 1990 na 1994 rikaba ryari riyobowe na  Prof Vincent Duclert ari nawe witiriwe iyo Komisiyo.

Iyi komisiyo yagaragaje ko ubutegetsi bwa Perezida Mitterand wari inshuti na Perezida Habyarimana yirengangije nkana ibyaberaga mu Rwanda byateguraga Jenoside. Aha bavuze nko kutagira icyo bakora ku mashyaka yashyiraga imbere inyungu z’ubwoko bw’abahutu harimo MRND na CDR. Ibi byabaye kuko Perezida Miterrand yabangamiraga raporo zavugaga ukuri kubibera I Kigali.

Munyandiko nyinshi zacukumbuwe usanga FPR Inkotanyi yaritirirwaga “Abatutsi b’abagande” bigaragaza uburyo inzego z’Ubufaransa zareberaga icyo kibazo mu ndorerwamo y’ubwoko. Gufasha ingabo za Habyarimana ku rugamba byumvikanaga mu rwego rwo gutabara u Rwanda rwari rwatewe nabaturutse mu kindi gihugu, bashaka gusobanura ibikorwa byo guha intwaro nyinshi cyane Perezida Habyarimana ndetse n’ingabo z’Abafaransa zatozaga iza Habyarimana.

Iyi Komisiyo kandi yasanze Ubufaransa butarigeze narimwe butekereza ku kibazo cy’impunzi z’Abatutsi zahunze muri 1959. Ikindi Ubufaransa bwafataga ubufasha buhabwa Habyarimana nko gutabara igihugu cyo muri Francophonie.

Mu bindi iri tsinda ry’abanyamateka ryabonye, ni uko Ubufaransa bwifatanyije mu gihe kirekire na Leta yari ishyigikiye ubwicanyi bushingiye ku moko. Bwirengangije nkana cyangwa se bwafunze amaso mu gihe abayobozi bateguraga bakanakora Jenoside.

Bwashyigikiye ishusho igaragaza ko inshuti zabwo ari abahutu naho abanzi ari abatutsi nkuko byari byateguwe na Perezida Habyarimana n’akazu ke.

Zimwe mu mbogamizi iyi Komisiyo yahuye nazo, harimo kuba batarabashije kubona zimwe mu nyandiko kuko hari izabuze zitigeze zigera ku kigo gishinzwe ishyinguranyandiko, ndetse kubera igihe gito ntabwo yigeze ibona umwanya wo kureba izindi raporo zakozwe ku nyandiko zishyinguye kandi yumvaga byari ngombwa.

Iyi Komisiyo kandi yatanze imyanzuro yatuma yashyiraho ingamba zatuma hatongera kuba Jenoside ukundi ndetse no gushyiraho ibikorwa byafasha mu Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi.

Leta y’u Rwanda ibinyujije kurubuga rwa Twitter yavuzeko yakiriye neza ibyatangajwe na Komisiyo Duclert ndetse ko hari indi Komisiyo yashyizweho muri 2017 mu gucukumura uruhare rw’Ubufaransa muri Jenoside ikaba izatangaza ibyavuyemo mu minsi ya vuba, bityo amakuru yo muri Komisiyo zombi azuzuzanya.

2021-03-27
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Igihano cya Rwabukombe, impano u Budage bwahaye Abanyarwanda- Min.Mushikiwabo

Igihano cya Rwabukombe, impano u Budage bwahaye Abanyarwanda- Min.Mushikiwabo

Ubwanditsi 03 Jan 2016
Rutahizamu wa Manchester City yo mu Bwongereza Sergio Kun Aguero yabwiwe ko atazagumana n’iyi kipe nyuma yaho amasezerano ye azaba arangiye mu mpera z’uyu mwaka w’imikino wa 2020-2021

Rutahizamu wa Manchester City yo mu Bwongereza Sergio Kun Aguero yabwiwe ko atazagumana n’iyi kipe nyuma yaho amasezerano ye azaba arangiye mu mpera z’uyu mwaka w’imikino wa 2020-2021

Ubwanditsi 30 Mar 2021
Abo kwa Paul Rusesabagina bongeye gukama ikimasa. Bari bizeye ko Umunyamabanga w’ Amerika ushinzwe Ububanyi n’Amahanga, Antony Blinken uri mu Rwanda, amutahana ariko azarangiza igihano cye!

Abo kwa Paul Rusesabagina bongeye gukama ikimasa. Bari bizeye ko Umunyamabanga w’ Amerika ushinzwe Ububanyi n’Amahanga, Antony Blinken uri mu Rwanda, amutahana ariko azarangiza igihano cye!

Ubwanditsi 11 Aug 2022
Ubutegetsi bwa Tshisekedi burategura umugambi wo guta muri yombi Joseph Kabila na Moïse Katumbi, ngo batazamutsinda mu matora y’umukuru w’igihugu

Ubutegetsi bwa Tshisekedi burategura umugambi wo guta muri yombi Joseph Kabila na Moïse Katumbi, ngo batazamutsinda mu matora y’umukuru w’igihugu

Ubwanditsi 03 Jul 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abakinnyi 10 batsinze ibitego byinshi muri shampiyona zo ku mugabane w’u Burayi
IMIKINO

Abakinnyi 10 batsinze ibitego byinshi muri shampiyona zo ku mugabane w’u Burayi

Ubwanditsi 15 Mar 2018
Kivu Y’Amajyaruguru: Imirwano Iravuza Ubuhuha Hagati Y’Abanyamulenge ’Twirwaneho’ Na Mayi-Mayi
INKURU NYAMUKURU

Kivu Y’Amajyaruguru: Imirwano Iravuza Ubuhuha Hagati Y’Abanyamulenge ’Twirwaneho’ Na Mayi-Mayi

Ubwanditsi 20 Aug 2018
Amavubi u20 yatsinzwe na Zambia, amahirwe ya CAN arayoyoka
IMIKINO

Amavubi u20 yatsinzwe na Zambia, amahirwe ya CAN arayoyoka

Ubwanditsi 13 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru