• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Myugariro Imanishimwe Emmanuel watandukanye na AEL Limassol yo muri Chypre yerekeje mu ikipe ya Chennaiyin FC yo mu Buhinde   |   11 Aug 2026

  • Rayon Sports yaguze myugariro w’Umunya-Côte d’Ivoire, Mohamed Ouattara wakiniye Wydad Casablanca, Simba SC na Al Hilal   |   10 Aug 2026

  • Kuki Jean Bosco Gasasira yapfuye umuryango we ukabimenya nyuma y’icyumweru?     |   09 Aug 2026

  • Inganda z’inzoga zitujuje ubuziranenge nk’Ibyuma zarimo ibibazo byinshi bigira ingaruka ku buzima bw’abaturage   |   09 Aug 2026

  • AMAFOTO: Amateka aranditswe, bisabye imyaka 28 ngo Rayon Sports itware CECAFA Kagame Cup ya kabiri mu mateka yayo   |   07 Aug 2026

  • Jambo ASBL yongeye kwerekana ko ari umuvugizi wa FDLR, ntiyifuza ko uyu mutwe wamburwa intwaro ku ngufu   |   07 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Justus Kangwagye yagizwe umuhuzabikorwa w’ihuriro ry’Igihugu ry’urubyiruko rw’abakorerabushake mu gukumira ibyaha

Justus Kangwagye yagizwe umuhuzabikorwa w’ihuriro ry’Igihugu ry’urubyiruko rw’abakorerabushake mu gukumira ibyaha

Ubwanditsi 06 Mar 2016 Mu Mahanga

​Kongere ya mbere y’ihuriro ry’urubyiruko rw’abakorerabushake mu gukumira no kurwanya ibyaha (Youth Volunteers in Community Policing) tariki ya 4 Werurwe yateraniye kuri sitade nto i Remera ikaba yatoye Kangwagye Justus kuba umuhuzabikorwa w’iri huriro ryabo.

Muri iyi nama hashyizweho ubuyobozi bw’iri huriro bukuriwe na Kangwagye Justus naho Assistant Commissioner of Police (ACP) Damas Gatare atorerwa kuba umuhuzabikorwa waryo wungirije ushinzwe ibikorwa, uyu mwanya akaba awufatanyije n’uwo yari asanzweho wo kuba umuyobozi w’ishami ryaPolisi y’u Rwanda rishinzwe imikoranire ya Polisi n’abaturage mu gukumira no kurwanya ibyaha. Muri iyi nama kandi abapolisi bakuru umunani bo ku rwego rwa Komiseri bayobora amashami atandukanye muri Polisi y’u Rwanda batorewe inshingano zitandukanye.

Iyi kongere yayobowe na Minisitiri w’ubutegetsi bw’Igihugu Francis Kaboneka akaba yari kumwe n’umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y’umutekano mu gihugu Valens Munyabagisha ndetse n’umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’urubyiruko n’ikoranabuhanga Rosemary Mbabazi.

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu yavuze ko ubwo hashyirwagaho ihuriro ry’urubyiruko rw’abakorerabushake mu gukumira no kurwanya ibyaha mu myaka itatu ishize, ibyaha byaragabanutse ku buryo bugaragara mu Rwanda kubera uruhare rwabo kuko bakoranye n’inzego z’umutekano cyane.

Yagize ati:” mugira uruhare runini mu iterambere ry’Igihugu cyacu kandi mufite ubushobozi bwo guhindura sosiyeti nyarwanda muyigira nziza. Ibyo mwiyemeje nk’urubyiruko rw’abakorerabushake mu gukumira ibyaha ni iby’agaciro kanini ku banyarwanda. Igihugu cyacu kirashima uruhare rwanyu.”

Minisitiri Kaboneka yavuze ko mu myaka 22 ishize, urubyiruko rumwe rwagize uruhare mu bwicanyi no gusenya Igihugu muri jenoside yakorewe abatutsi mu gihe urundi rubyiruko rwagize uruhare mu kuyihagarika no kubaka Igihugu kugera n’ubu. Umusingi wubatswe n’urwo rubyiruko ukaba ariwo ugomba gushingirwaho no muri iki gihe.

Yakomeje asaba uru rubyiruko kugira icyerekezo n’ubushake mu gukumira ibyaha.
Yagize ati:” mwese mwaratsinze kandi mugomba kuguma muri uwo murongo wo kugira uruhare mu iterambere ry’igihugu. Mwibuke ko muri ikiraro cy’iterambere ry’Igihugu cyacu. Iterambere rero ntiryagerwaho nta mutekano n’ituze, niyo mpamvu mugomba kwiyemeza kugira uruhare mu gukumira ibyaha kuko aribyo u Rwanda rushingiyeho.

Ihuriro ry’urubyiruko rw’abakorerabushake mu gukumira ibyaha ryashyizweho rifite intego yo guteza imbere u Rwanda binyuze mu bikorwa by’ubukorerabushake, aho bitabira ibikorwa byo guteza imbere ubukungu n’imibereho myiza by’abaturage n’Igihugu, banateza imbere indangagaciro zo gukunda Igihugu n’ubumwe bw’abanyarwanda.

Kuva mu myaka itatu iri huriro ryajyaho, umubare w’abarigize wagiye wiyongera aho biyemeje kubaka igihugu gishingiye ku mutekano ndetse n’iterambere.

Intego y’urubyiruko rw’abakorerabushake mu gukumira ibyaha ni ugukangurira bagenzi babo kugira uruhare mu gukumira no kugabanya ibyaha, kungurana ibitekerezo ku byakorwa mu kurwanya ibyaha no gukangurira urubyiruko kuba abafatanyabikorwa ba Polisi y’u Rwanda mu kurwanya ibyo byaha binyuranye.

Urubyiruko rw’abakorerabushake mu gukumira ibyaha biyemeje ko bazakomeza kuba benshi ku buryo bafite intego yo kuzagira abanyamuryango miliyoni imwe. Baniyemeje kandi gukomeza ubufatanye na Polisi y’u Rwanda mu gukumira ibyaha, kuzashyiraho inzego zabo kugera no ku rwego rwa buri murenge.

Umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda IGP Emmanuel K Gasana yagize ati:” Polisi y’u Rwanda irashimira cyane urubyiruko rw’abakorerabushake mu gukumira ibyaha kubera ubushake bafite. Ntagushidikanya ko ubu bufatanye aribwo bwonyine buzatuma habaho ukugabanuka kw’ibyaha.”

Yakomeje abasaba ko ibyo bakora byose bagomba kurangwa no gukunda Igihugu, kugira disipulini, ubunyangamugayo no kuba intangarugero aho bari hose.

Mu kiganiro n’itangazamakuru, Umuyobozi mushya w’iri huriro Kangwagye Justus yavuze ko kugeza ubu bafite abanyamuryango ibihumbi 20 mu gihugu hose, ariko bakaba bafite intego yo kugera ku banyamuryango miliyoni imwe kuko aribo bamaze kubyiyemeza ndetse bari mu byiciro bitandukanye.

Yakomeje avuga ko uru rubyiruko rw’abakorerabushake mu gukumira ibyaha bafashije abatishoboye binyuze mu muganda, ndetse bakaba bagira n’ibikorwa byo gukangurira urubyiruko gukunda igihugu, gushyiraho amatsinda yo kurwanya ibyaha mu mashuri no mu rundi rubyiruko, bakaba ndetse bafatanya na Polisi y’u Rwanda n’izindi nzego za leta mu bukangurambaga bwo kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina.

RNP

2016-03-06
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ikinyoma gitindi Kirasama: Tshisekedi ashobora kwisanga mu rusobe rw’ibibazo nyuma yo kubeshya abarwanya u Rwanda ko azabafasha gukuraho Leta.

Ikinyoma gitindi Kirasama: Tshisekedi ashobora kwisanga mu rusobe rw’ibibazo nyuma yo kubeshya abarwanya u Rwanda ko azabafasha gukuraho Leta.

Ubwanditsi 22 Jun 2023
Congo-Kinshasa: AFC/M23 yatangaje ibikenewe byose mbere y’uko Ikibuga cy’Indege cya Goma gifungurwa

Congo-Kinshasa: AFC/M23 yatangaje ibikenewe byose mbere y’uko Ikibuga cy’Indege cya Goma gifungurwa

RUSHYASHYA 27 Nov 2025
Ibihugu bitandukanye biraburira  abaturage babyo bakorera ingendo muri Uganda  kubera icyorezo cya Ebola  cyageze muri Uganda

Ibihugu bitandukanye biraburira abaturage babyo bakorera ingendo muri Uganda kubera icyorezo cya Ebola cyageze muri Uganda

Ubwanditsi 12 Jun 2019
Umutwe wa FPU7 wagiye gusimbura undi muri Haiti

Umutwe wa FPU7 wagiye gusimbura undi muri Haiti

Ubwanditsi 24 Jul 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amateka ya Étienne Tshisekedi  waharaniye kuba Perezida wa  RDC kugeza apfuye
Mu Rwanda

Amateka ya Étienne Tshisekedi waharaniye kuba Perezida wa RDC kugeza apfuye

Ubwanditsi 02 Feb 2017
Loni yashavujwe n’ihutazwa ry’abaturage n’abihayimana bigaragambyaga bamagana Kabila
POLITIKI

Loni yashavujwe n’ihutazwa ry’abaturage n’abihayimana bigaragambyaga bamagana Kabila

Ubwanditsi 23 Jan 2018
AMAGAMBO 10 DUKWIYE KUBWIRA ABAKUNZI BACU BURI MUNSI
HIRYA NO HINO

AMAGAMBO 10 DUKWIYE KUBWIRA ABAKUNZI BACU BURI MUNSI

Ubwanditsi 29 Jun 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru