• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Polisi y’u Rwanda ikomeje ubukangurambaga bwo kurwanya icuruzwa ry’abantu

Polisi y’u Rwanda ikomeje ubukangurambaga bwo kurwanya icuruzwa ry’abantu

Ubwanditsi 19 Mar 2016 Mu Mahanga

​Mu rwego rwo kubahiriza umwanzuro wafatiwe mu Nama y’Igihugu y’Umushyikirano ya 13, Polisi y’u Rwanda ikomeje ibikorwa by’ubukangurambaga bwo kurwanya no gukumira icyaha cy’icuruzwa ry’abantu.

Umwe mu myanzuro yafatiwe muri iyo nama yasojwe ku itariki 13 Werurwe wasabaga inzego zose z’ubuyobozi gufatanya mu kurwanya iki cyaha.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, Assistant Commissioner of Police (ACP) Celestin Twahirwa yavuze ko n’ubundi Polisi y’u Rwanda isanzwe ifite ingamba zo kurwanya iki cyaha ariko ko igiye kurushaho gukangurira abantu kukirinda no kugira uruhare mu kukirwanya.

Yagize ati:”Mu Rwanda ntihakunze kugaragara ibikorwa by’icuruzwa ry’abantu, ariko intego ya Polisi y’u Rwanda ni ukurwanya ko hagira n’umuntu n’umwe urikora.Turimo gukorana n’abafatanyabikorwa bacu mu bukangurambaga bwo kurirwanya.”

Ku itariki 17 Werurwe, umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda mu karere ka Kamonyi, Chief Inspector of Police (CIP) Marcel Kalisa yagiranye ikiganiro n’abanyeshuri bagera kuri 300 biga muri Institut Sécondaire d’Education Téchnique et Artistique de Runda (ISETAR) abasobanurira uko icuruzwa ry’abantu rikorwa n’uko bakwirinda kugwa mu mutego w’abarikora.

Iki kiganiro yakibahereye muri iri shuri riri mu kagari ka Ruyenzi, mu murenge wa Runda.

CIP Kalisa yabwiye abo banyeshuri n’abarezi babo bitabiriye icyo kiganiro ati:” Abakora ubucuruzi bw’abantu bigaragaza nk’abagiraneza. Babwira abo bashaka kujya gucuruza ko bashobora kubaha cyangwa kubashakira akazi n’amashuri meza mu bindi bihugu.”

Yababwiye ko iyo babagejeje aho babajyana; babambura ibyangombwa byose;hanyuma bakabakoresha imirimo ivunanye kandi nta gihembo ndetse n’ibikorwa by’urukozasoni nk’ubusambanyi.

Yongeyeho ko hari n’abo bavanamo ingingo z’umubiri nk’impyiko, hanyuma zikagurishwa ku mpamvu zinyuranye.

CIP Kalisa yagize ati:”Nti byumvikana ukuntu umuntu mutaziranye, ndetse mutanafitanye isano akwizeza bene biriya bitangaza maze nawe ukabyemera.

Akibikubwira, uba ukwiriye guhita umwamaganira kure, kandi ugahita ubimenyesha Polisi y’u Rwanda n’izindi nzego zibishinzwe zirimo iz’ibanze kugira ngo ahite afatwa.”
Yasabye kandi abo banyeshuri gufata ingamba zo kwirinda inda zitateganijwe, aha akaba yarabasobanuriye ko kunywa ibiyobyabwenge bishobora gutuma bishora mu ngeso mbi nk’ubusambanyi, ari na bwo mvano yo kuzitwara.

Umwe muri abo banyeshuri witwa Semiga Alex yagize ati:” Ikiganiro twahawe na Polisi y’u Rwanda cyatumye nsobanukirwa amayeri abo bagizi ba nabi bakoresha kugira ngo babone uwo bajya gucuruza. Ubu njye ntaho bashobora kumpera; yewe n’uwabigerageza yaba yishyize mu mazi abira kuko nahita mbibwira Polisi y’u Rwanda.”

Umuyobozi w’iri shuri, Nkikabahizi Caldephore yashimye Polisi y’u Rwanda muri aka karere kuri ubwo bumenyi yahaye abo banyeshuri ndetse n’imana yabagiriye; maze abasaba kuzikurikiza.

RNP

2016-03-19
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umunyarwanda yiciwe muri Uganda

Umunyarwanda yiciwe muri Uganda

Ubwanditsi 21 Mar 2019
Bane bafashwe bacukura amabuye y’agaciro mu buryo bunyuranije n’amategeko

Bane bafashwe bacukura amabuye y’agaciro mu buryo bunyuranije n’amategeko

Ubwanditsi 15 Sep 2016
Leceister City yatsinze Manchester City itwara igikombe cya Community shield kibanziriza itangira rya shampiyona y’u Bwongereza

Leceister City yatsinze Manchester City itwara igikombe cya Community shield kibanziriza itangira rya shampiyona y’u Bwongereza

Ubwanditsi 08 Aug 2021
Iyo aza kuba akiriho [Rwigema] yari kubabazwa n’ibyo so akorera Abanyarwanda- Mahirwe asubiza Gen. Muhoozi

Iyo aza kuba akiriho [Rwigema] yari kubabazwa n’ibyo so akorera Abanyarwanda- Mahirwe asubiza Gen. Muhoozi

Ubwanditsi 30 Mar 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Bugesera: Abamotari bongeye kwibutswa inshingano zabo basabwa gukora neza akazi kabo
Mu Mahanga

Bugesera: Abamotari bongeye kwibutswa inshingano zabo basabwa gukora neza akazi kabo

Ubwanditsi 02 Feb 2016
Ikoranabuhanga ntirikwiye guhinduka umwanzi w’Abanyarwanda
UBUKUNGU

Ikoranabuhanga ntirikwiye guhinduka umwanzi w’Abanyarwanda

Ubwanditsi 15 May 2017
Rubavu: Abanyekongo babiri basanganwe indwara ya kolera
Mu Rwanda

Rubavu: Abanyekongo babiri basanganwe indwara ya kolera

Ubwanditsi 09 Jul 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru