• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Polisi y’u Rwanda ikomeje ubukangurambaga bwo kurwanya icuruzwa ry’abantu

Polisi y’u Rwanda ikomeje ubukangurambaga bwo kurwanya icuruzwa ry’abantu

Ubwanditsi 19 Mar 2016 Mu Mahanga

​Mu rwego rwo kubahiriza umwanzuro wafatiwe mu Nama y’Igihugu y’Umushyikirano ya 13, Polisi y’u Rwanda ikomeje ibikorwa by’ubukangurambaga bwo kurwanya no gukumira icyaha cy’icuruzwa ry’abantu.

Umwe mu myanzuro yafatiwe muri iyo nama yasojwe ku itariki 13 Werurwe wasabaga inzego zose z’ubuyobozi gufatanya mu kurwanya iki cyaha.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, Assistant Commissioner of Police (ACP) Celestin Twahirwa yavuze ko n’ubundi Polisi y’u Rwanda isanzwe ifite ingamba zo kurwanya iki cyaha ariko ko igiye kurushaho gukangurira abantu kukirinda no kugira uruhare mu kukirwanya.

Yagize ati:”Mu Rwanda ntihakunze kugaragara ibikorwa by’icuruzwa ry’abantu, ariko intego ya Polisi y’u Rwanda ni ukurwanya ko hagira n’umuntu n’umwe urikora.Turimo gukorana n’abafatanyabikorwa bacu mu bukangurambaga bwo kurirwanya.”

Ku itariki 17 Werurwe, umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda mu karere ka Kamonyi, Chief Inspector of Police (CIP) Marcel Kalisa yagiranye ikiganiro n’abanyeshuri bagera kuri 300 biga muri Institut Sécondaire d’Education Téchnique et Artistique de Runda (ISETAR) abasobanurira uko icuruzwa ry’abantu rikorwa n’uko bakwirinda kugwa mu mutego w’abarikora.

Iki kiganiro yakibahereye muri iri shuri riri mu kagari ka Ruyenzi, mu murenge wa Runda.

CIP Kalisa yabwiye abo banyeshuri n’abarezi babo bitabiriye icyo kiganiro ati:” Abakora ubucuruzi bw’abantu bigaragaza nk’abagiraneza. Babwira abo bashaka kujya gucuruza ko bashobora kubaha cyangwa kubashakira akazi n’amashuri meza mu bindi bihugu.”

Yababwiye ko iyo babagejeje aho babajyana; babambura ibyangombwa byose;hanyuma bakabakoresha imirimo ivunanye kandi nta gihembo ndetse n’ibikorwa by’urukozasoni nk’ubusambanyi.

Yongeyeho ko hari n’abo bavanamo ingingo z’umubiri nk’impyiko, hanyuma zikagurishwa ku mpamvu zinyuranye.

CIP Kalisa yagize ati:”Nti byumvikana ukuntu umuntu mutaziranye, ndetse mutanafitanye isano akwizeza bene biriya bitangaza maze nawe ukabyemera.

Akibikubwira, uba ukwiriye guhita umwamaganira kure, kandi ugahita ubimenyesha Polisi y’u Rwanda n’izindi nzego zibishinzwe zirimo iz’ibanze kugira ngo ahite afatwa.”
Yasabye kandi abo banyeshuri gufata ingamba zo kwirinda inda zitateganijwe, aha akaba yarabasobanuriye ko kunywa ibiyobyabwenge bishobora gutuma bishora mu ngeso mbi nk’ubusambanyi, ari na bwo mvano yo kuzitwara.

Umwe muri abo banyeshuri witwa Semiga Alex yagize ati:” Ikiganiro twahawe na Polisi y’u Rwanda cyatumye nsobanukirwa amayeri abo bagizi ba nabi bakoresha kugira ngo babone uwo bajya gucuruza. Ubu njye ntaho bashobora kumpera; yewe n’uwabigerageza yaba yishyize mu mazi abira kuko nahita mbibwira Polisi y’u Rwanda.”

Umuyobozi w’iri shuri, Nkikabahizi Caldephore yashimye Polisi y’u Rwanda muri aka karere kuri ubwo bumenyi yahaye abo banyeshuri ndetse n’imana yabagiriye; maze abasaba kuzikurikiza.

RNP

2016-03-19
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abakozi barindwi b’Ikigo cy’Igihugu cy’umutungo kamere  bamaze icyumweru  batawe  muri yombi

Abakozi barindwi b’Ikigo cy’Igihugu cy’umutungo kamere bamaze icyumweru batawe muri yombi

Ubwanditsi 08 Sep 2016
Uwahoze ari Meya wa Rutsiro yatawe muri yombi

Uwahoze ari Meya wa Rutsiro yatawe muri yombi

Ubwanditsi 03 Mar 2016
Mugihe umubano wa Diamond na Zari uri kuyoyoka [ Shaddy boo yagaragaye mu birori by’isabukuru ya Diamond ]

Mugihe umubano wa Diamond na Zari uri kuyoyoka [ Shaddy boo yagaragaye mu birori by’isabukuru ya Diamond ]

Ubwanditsi 04 Oct 2017
Ishyamba si ryeru mu rusengero Zion Temple

Ishyamba si ryeru mu rusengero Zion Temple

Ubwanditsi 13 Jan 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

UKO INTUMWA 12 ZA YESU ZAPFUYE URUPFU RUBI
ITOHOZA

UKO INTUMWA 12 ZA YESU ZAPFUYE URUPFU RUBI

Ubwanditsi 16 Jun 2016
People are still escaping Nkurunziza regeme in abig number
ITOHOZA

People are still escaping Nkurunziza regeme in abig number

Ubwanditsi 14 Mar 2016
RDC: Fayulu yemejwe nk’uzahagararira abatavuga rumwe na leta mu matora ya Perezida
ITOHOZA

RDC: Fayulu yemejwe nk’uzahagararira abatavuga rumwe na leta mu matora ya Perezida

Ubwanditsi 12 Nov 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru