• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

  • Rayon Sports izabanza kwakira APR FC muri shampiyona y’u Rwanda, Ingengabihe ya BK Pro League 2026/27   |   17 Aug 2026

  • Kwihambira kuri FDLR ni Umwaku mu yindi   |   17 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Bombori bombori hagati ya FARDC na Wazalendo

Bombori bombori hagati ya FARDC na Wazalendo

Ubwanditsi 22 Nov 2024 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, POLITIKI

Muri iki cyumweru tugiye gusoza, umutekano muke ukomeje kurangwa mu mugi wa Goma no mu nkengero aho abaturage biyise wazalendo bo mu mitwe inyuranye barwana hagati yabo cyangwa bakarwana n’ingabo zicyo gihugu FARDC kandi Perezida Tshisekedi yarabahurije hamwe ngo barwanye M23.

Wazalendo ni abaturage barenga 60,000 bahawe intwaro na Leta ya Congo nta ngengo y’imari ihagije yashyizweho, none ubu babaye ikibazo gikomeye ku mutekano w’umujyi wa Goma n’utundi duce tuyikikije.

Abadepite bari bashimye icyemezo cya Leta ya Congo cyo gutanga izi ntwaro, bishingiye ku rwango rushingiye ku moko by’umwihariko rwanga abatutsi.

Perezida wa RDC Tshisekedi, akaba n’umuyobozi w’ikirenga w’ingabo za FARDC, ubwe ntazi umubare nyawo w’aba barwanyi yatanze intwaro muri Kivu y’Amajyaruguru. Ibi bikiyongeraho abarwanyi b’imitwe ya FDLR, biyivanzemo n’abitwa Wazalendo.

Ukuri ni uko aba barwanyi b’imitwe ya Wazalendo na FDLR biberaga ku bujura bw’inka z’abatutsi ba Congo, gushimuta abagize ubu bwoko, babasaba gutanga amafaranga y’inyoroshyo (rançon), byose bigamije gusohoza umugambi w’ivangura n’irondabwoko rirwanya abatutsi. Nyuma yo gutsindwa bikomeye n’umutwe wa M23 mu bice bya Masisi, Rutshuru, na Nyiragongo, benshi muri bo bahungiye mu mujyi wa Goma, Mugunga, ndetse n’igice cya Nyiragongo, aho ubu bahohotera abaturage bashaka uburyo bwo kubaho.

Abadepite bose bo muri Kivu y’Amajyaruguru bazwiho gukabya mu rwango rwabo rw’ivangura n’irondabwoko ryibasira abatutsi, bashyigikiye igitekerezo cyo gutanga intwaro ku mitwe y’abarwanyi ba FDLR n’indi yitwaje amoko, bakoresha no kubiba urwango rw’abatutsi mu mitima y’abaturage. Nyamara, nta n’umwe wigeze yibaza ku ngengo y’imari yagombaga gufasha abo barwanyi b’abitwa Wazalendo.

Mu nkengero z’umujyi wa Goma haramutse havuga amasasu hagati ya FARDC  na Wazalendoo,  bikaba byabereye muri Teritwari ya Nyiragongo ahazwi nka Kanyaruchinya
Ni imirwano yaramutse  ihuza impande zombi kuri uyu wa 22 Ugushyingo 2024.

Mu mugi wa GOMA harangwa umutekano muke kubera umubare munini w’abarwanyi batagira umushahara aho usanga barwana hagati yabo. Nta wabura kwanzura ko Tshisekedi ariwe uri inyuma y’umutekano muke muri GOMA.

2024-11-22
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Kagame ntakigiye i Kampala mu mwiherero w’abakuru bibihugu bya EAC

Perezida Kagame ntakigiye i Kampala mu mwiherero w’abakuru bibihugu bya EAC

Ubwanditsi 22 Feb 2018
Abagaragu ba Rujugiro Triibert mu mazi abira kubera ubugome,ubujura n’ubugambanyi.

Abagaragu ba Rujugiro Triibert mu mazi abira kubera ubugome,ubujura n’ubugambanyi.

Ubwanditsi 14 Jul 2020
UN yafatiye Koreya ya Ruguru ibihano bikakaye, Perezida Trump abyinira ku rukoma

UN yafatiye Koreya ya Ruguru ibihano bikakaye, Perezida Trump abyinira ku rukoma

Ubwanditsi 25 Dec 2017
Kirehe: Abaturage bakanguriwe kwirinda no kurwanya ibiyobyabwenge

Kirehe: Abaturage bakanguriwe kwirinda no kurwanya ibiyobyabwenge

Ubwanditsi 26 Jan 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Menya Amateka ya Perezida Paul Kagame wizihiza isabukuru y’imyaka 61
INKURU NYAMUKURU

Menya Amateka ya Perezida Paul Kagame wizihiza isabukuru y’imyaka 61

Ubwanditsi 23 Oct 2018
Ufitiye umwenda leta agiye gukomanyirizwa [ gushyirwa mu kato ]
UBUKUNGU

Ufitiye umwenda leta agiye gukomanyirizwa [ gushyirwa mu kato ]

Ubwanditsi 27 Apr 2018
Ubwiru muri Sena y’u Bufaransa mu kiganiro cy’abapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi
INKURU NYAMUKURU

Ubwiru muri Sena y’u Bufaransa mu kiganiro cy’abapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 10 Mar 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru