• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

  • RSSB Tigers BBC yasezereye FUS Rabat BBC yo muri Morocco, izahura na AL Ahly muri ½ cy’imikino ya nyuma ya BAL 2026 iri kubera I Kigali   |   24 May 2026

  • Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League   |   21 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Bombori bombori hagati ya FARDC na Wazalendo

Bombori bombori hagati ya FARDC na Wazalendo

Ubwanditsi 22 Nov 2024 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, POLITIKI

Muri iki cyumweru tugiye gusoza, umutekano muke ukomeje kurangwa mu mugi wa Goma no mu nkengero aho abaturage biyise wazalendo bo mu mitwe inyuranye barwana hagati yabo cyangwa bakarwana n’ingabo zicyo gihugu FARDC kandi Perezida Tshisekedi yarabahurije hamwe ngo barwanye M23.

Wazalendo ni abaturage barenga 60,000 bahawe intwaro na Leta ya Congo nta ngengo y’imari ihagije yashyizweho, none ubu babaye ikibazo gikomeye ku mutekano w’umujyi wa Goma n’utundi duce tuyikikije.

Abadepite bari bashimye icyemezo cya Leta ya Congo cyo gutanga izi ntwaro, bishingiye ku rwango rushingiye ku moko by’umwihariko rwanga abatutsi.

Perezida wa RDC Tshisekedi, akaba n’umuyobozi w’ikirenga w’ingabo za FARDC, ubwe ntazi umubare nyawo w’aba barwanyi yatanze intwaro muri Kivu y’Amajyaruguru. Ibi bikiyongeraho abarwanyi b’imitwe ya FDLR, biyivanzemo n’abitwa Wazalendo.

Ukuri ni uko aba barwanyi b’imitwe ya Wazalendo na FDLR biberaga ku bujura bw’inka z’abatutsi ba Congo, gushimuta abagize ubu bwoko, babasaba gutanga amafaranga y’inyoroshyo (rançon), byose bigamije gusohoza umugambi w’ivangura n’irondabwoko rirwanya abatutsi. Nyuma yo gutsindwa bikomeye n’umutwe wa M23 mu bice bya Masisi, Rutshuru, na Nyiragongo, benshi muri bo bahungiye mu mujyi wa Goma, Mugunga, ndetse n’igice cya Nyiragongo, aho ubu bahohotera abaturage bashaka uburyo bwo kubaho.

Abadepite bose bo muri Kivu y’Amajyaruguru bazwiho gukabya mu rwango rwabo rw’ivangura n’irondabwoko ryibasira abatutsi, bashyigikiye igitekerezo cyo gutanga intwaro ku mitwe y’abarwanyi ba FDLR n’indi yitwaje amoko, bakoresha no kubiba urwango rw’abatutsi mu mitima y’abaturage. Nyamara, nta n’umwe wigeze yibaza ku ngengo y’imari yagombaga gufasha abo barwanyi b’abitwa Wazalendo.

Mu nkengero z’umujyi wa Goma haramutse havuga amasasu hagati ya FARDC  na Wazalendoo,  bikaba byabereye muri Teritwari ya Nyiragongo ahazwi nka Kanyaruchinya
Ni imirwano yaramutse  ihuza impande zombi kuri uyu wa 22 Ugushyingo 2024.

Mu mugi wa GOMA harangwa umutekano muke kubera umubare munini w’abarwanyi batagira umushahara aho usanga barwana hagati yabo. Nta wabura kwanzura ko Tshisekedi ariwe uri inyuma y’umutekano muke muri GOMA.

2024-11-22
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kigali: Perezida Kagame yasabye abikorera kubyaza umusaruro ingufu zishyirwa mu koroshya ubucuruzi

Kigali: Perezida Kagame yasabye abikorera kubyaza umusaruro ingufu zishyirwa mu koroshya ubucuruzi

Ubwanditsi 08 Feb 2016
Perezida Kagame yatowe nk’Umunyafurika w’umwaka wa 2017

Perezida Kagame yatowe nk’Umunyafurika w’umwaka wa 2017

Ubwanditsi 07 Jan 2018
Bomboli-Bomboli : Amacakubiri yongeye kwaduka muri RNC

Bomboli-Bomboli : Amacakubiri yongeye kwaduka muri RNC

Ubwanditsi 11 Sep 2019
APR FC yasezereye Gaadiidka FC igera mu ijonjora rya kabiri rya CAF Champions League

APR FC yasezereye Gaadiidka FC igera mu ijonjora rya kabiri rya CAF Champions League

Ubwanditsi 24 Aug 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Nyuma y’umunsi wa kabiri wa shampiyona , AS Kigali yatsinze Police FC, Seninga arokora imirimo ye, Etincelles yo ikomeje kugana habi.
Amakuru

Nyuma y’umunsi wa kabiri wa shampiyona , AS Kigali yatsinze Police FC, Seninga arokora imirimo ye, Etincelles yo ikomeje kugana habi.

Ubwanditsi 05 May 2021
Umuryango wa Habyarimana mu muhogo ugana mu nda ya FDLR
Amakuru

Umuryango wa Habyarimana mu muhogo ugana mu nda ya FDLR

Ubwanditsi 14 Aug 2025
Perezida Nyusi mu Rwanda arasura Gasabo, Nyanza na Rubavu
POLITIKI

Perezida Nyusi mu Rwanda arasura Gasabo, Nyanza na Rubavu

Ubwanditsi 19 Jul 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru