• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

  • Rayon Sports izabanza kwakira APR FC muri shampiyona y’u Rwanda, Ingengabihe ya BK Pro League 2026/27   |   17 Aug 2026

  • Kwihambira kuri FDLR ni Umwaku mu yindi   |   17 Aug 2026

  • Amakipe ya AS Kigali mu Bagabo n’Abagore yahinduriwe izina yitwa Kigali FC na Kigali WFC    |   16 Aug 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»“BURASA J Gualbert, umusanzu wawe mu kurwubaka, uzatubera umusingi mu kurukomeza” Jean Lambert Gatare

“BURASA J Gualbert, umusanzu wawe mu kurwubaka, uzatubera umusingi mu kurukomeza” Jean Lambert Gatare

Ubwanditsi 13 May 2020 INKURU NYAMUKURU

Hari igihe wibaza igitutsi  gikwiye urupfu, ugasanga nta na kimwe cyanganya  ubukana n’ubugome bwarwo. Ubundi se urarubwira ngo rwumve! Igihe twarutukiye rwigeze ruhagarara guhekura ababyeyi,kugira abana imfubyi,kuduhindura nyakamwe twaragiraga abo tuvukana.  Iyaba rwumvaga, mba ndubwiye gusa nti:’Nawe uragapfa wumve”.

Njye narinzi ko amarira yakamutse, kuko nta mwaka urenga uru runyagwa rw’urupfu rutantwaye inkoramutima. Nyamara naribeshyaga, kuko ejobundi  aho rutwariye na BURASA Jean-Gualbert, umuvandimwe wanjye,  umutima wabaye  intimba nsa, amarira yaciye imiferege ku matama, ubwenge bwanze kubyakira .

Hari tariki 05 Gicurasi 2020, ahashyira saa sita z’amanywa, isaha ubundi nasangiriragaho na Burasa, nakira inkuru ishegesha umutima. Intandaro y’agahinda gakomeye.

Urupfu rwa Burasa J. Gualbert rushoje  inzira izitanye yanyuzemo kuva akivuka, arwana ingamba zigoranye, ariko zitigeze zimugamburuza.Rwabaye urugendo rw’umugabo. Urugero ni aho yavanye RUSHYASHYA, none ayidusigiye  ifite ijambo, irisangiye  n’abashaka ineza y’uru Rwanda. Niyitahire, imfura ntipfa iraruhuka, hapfa ibipfapfa  ibigarasha byagumiwe n’umutimanama.

Ubwo twaririraga ubutitsa, ngo hari abasekaga  urumenesha!Ntibitangaje, abo biganjemo abahekuye uRwanda, n’abayobotse amashyamba, bahora bishimira imirambo. Nibishime simbujije, ariko ni iby’igihe gito.  Burasa yaratabarutse, ariko  ibitekerezo bizima ntibizima!

Tariki ya 08/04/2020,  twunamira abacu bazize Jenoside yakorewe Abatutsi, Burasa yanyandikiye ubutumwa, ati:” Komera nyakubyara. Abaduhize bukware, twe tuzabahige ubutwari. Dadira cyane”.Ngiryo ijambo rye rya nyuma. Ni interuro ngufi, ariko ifite ubutumwa burebure cyane: Abagambiriye kutumara, bazaterwe ikimwaro no kutubona twemye. Nzubaha isezerano.

Ubu butumwa nibwo bwanyubatsemo umwete wo kumukorera mu ngata, ngo ejo RUSHYASHYA idahondobera, amahoro agataha mu banyapolitiki MBURAMAJYO

Ntituzaha urwaho urwango .Tuzarwamagana, tuzarurwanya,kandi tuzarutsinda.

Mbonereho no  kugira icyo mvuga , nihuse, ku nkuru ya RUGALI, yasohotse ku mbuga nkoranyambaga igira iti”Turire umunyamakuru Jean-Lambert GATARE wa Isango Star….”.

Icya mbere, ni uko abanditse iyi nkuru banzi igice. Gatare bavuze mu nkuru yabo  ahabanye cyane n’uwo ndiwe nyakuri bazi . Abanzi neza bazi  ko ntawanjyana buhumyi. Ntabwo ndi intagondwa cyangwa umuhezanguni, ariko nta nubwo ndi NYIRANJYIYOBIJYA”.  Ndashungura, ngafata icyemezo ntahubutse, nk’uko nafashe icyemezo cyo gukomereza aho BURASA yari agejeje.

Icya kabiri, kuba Rugali izi ko narokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, byakayihaye kumva neza ko ntashobora guha amahwemo abayigizemo uruhare, abagifite ingengabitekerezo yayo, kimwe n’abandi bagerageza kubangamira inzira y’ubumwe n’ubwiyunge, n’iterambere twahisemo . uyu ni nawo murongo w’iki kinyamakuru RUSHYASHYA.  Ndi mubyo nemera rero.

Icya gatatu, simbona icyatuma Rugali itangazwa n’uko nsimbuye Nyakwigendera Burasa, kandi atari ubwa mbere mbaye mu buyobozi bwa RUSHYASHYA. Nayibereye umwanditsi mukuru igihe cy’imyaka ine,  ku buryo rero  umurongo wayo atari mushya na gato kuri njyewe.

RUSHYASHYA ntigambiriye kugira uwo ihutaza, ahubwo  igamburuza abashaka kurutobera, mu nyungu z’abarushakira ineza bose.

Uwubaka tuzamwitaba, usenya tuzamutaranga.Tuzamutanga imbere, twikomereze mu iterambere twese dusangiye.

Ruhuka mu mahoro , BURASA Jean-Gualbert, imfura itari imfunya. Wanze gushukishwa ifunguro, ngo ugambanire Urwagasabo.Umusanzu wawe mu kurwubaka watubereye umusingi mu kurukomeza.

Jean-Lambert Gatare

2020-05-13
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

ADEPR ivuga iki ku ifungwa n’iyicarubozo ry’abayoboke bayo muri Uganda

ADEPR ivuga iki ku ifungwa n’iyicarubozo ry’abayoboke bayo muri Uganda

Ubwanditsi 01 Aug 2019
Impamvu bamwe mu bakekwaho kwica Perezida Ndadaye bafashwe nyuma y’imyaka 25

Impamvu bamwe mu bakekwaho kwica Perezida Ndadaye bafashwe nyuma y’imyaka 25

Ubwanditsi 27 Nov 2018
Imyaka itatu nk’Umunyamabanga Mukuru wa EAC, Liberat Mfumukeko ageze kuki?

Imyaka itatu nk’Umunyamabanga Mukuru wa EAC, Liberat Mfumukeko ageze kuki?

Ubwanditsi 28 Jun 2019
Imicungire yihariye y’umutekano wa Perezida w’u Bushinwa witegura gusura u Rwanda

Imicungire yihariye y’umutekano wa Perezida w’u Bushinwa witegura gusura u Rwanda

Ubwanditsi 16 Jul 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Jean Paul Turayishimiye ariyemerera ko yishe umukecuru w’imyaka 70  
INKURU NYAMUKURU

Jean Paul Turayishimiye ariyemerera ko yishe umukecuru w’imyaka 70  

Ubwanditsi 12 Jul 2019
Ni iki kihishe inyuma y’impfu zikurikiranye z’Abanyaburayi? Abandi 2 bapfuye muri Uganda
INKURU NYAMUKURU

Ni iki kihishe inyuma y’impfu zikurikiranye z’Abanyaburayi? Abandi 2 bapfuye muri Uganda

Ubwanditsi 26 Feb 2018
Perezida Kagame yagarutse ku kamaro ko guha abaturage ijambo mu bibakorerwa
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yagarutse ku kamaro ko guha abaturage ijambo mu bibakorerwa

Ubwanditsi 18 Jun 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru