• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Abakinnyi 19 muri 28 bahamagawe n’umutoza Stephen Constantine witegura gukina na Liberia na Cap-Vert, bakina hanze y’u Rwanda   |   09 Sep 2026

  • Irabu: Ibigarahamwe mwitege iyi nkota ya menge ivuye muri Oman nimukoronge ariko nimurenga wa murongo izabarya   |   09 Sep 2026

  • Cricket: U Rwanda rwitwaye neza mu mukino ufungura irushanwa rya ILT20 Continent Cup 2026   |   08 Sep 2026

  • Byatsi Baker yongeye kwikirigita araseka, mu mugambi we wa mpemuke ndamuke akomeje wo kwambara urubwa rwo gusebya u Rwanda rwabyaye Nyina   |   08 Sep 2026

  • Cassa Mbungo yahamagaye ikipe y’igihugu y’u Rwanda U20, banatangira imyitozo yitegura imikino ya CECAFA izabera muri Tanzania   |   08 Sep 2026

  • Patrice Evra wakiniye Manchester United n’ikipe y’igihugu y’u Bufaransa, uri mu Rwanda yashimye intambwe y’u Rwanda nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi   |   03 Sep 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»“BURASA J Gualbert, umusanzu wawe mu kurwubaka, uzatubera umusingi mu kurukomeza” Jean Lambert Gatare

“BURASA J Gualbert, umusanzu wawe mu kurwubaka, uzatubera umusingi mu kurukomeza” Jean Lambert Gatare

Ubwanditsi 13 May 2020 INKURU NYAMUKURU

Hari igihe wibaza igitutsi  gikwiye urupfu, ugasanga nta na kimwe cyanganya  ubukana n’ubugome bwarwo. Ubundi se urarubwira ngo rwumve! Igihe twarutukiye rwigeze ruhagarara guhekura ababyeyi,kugira abana imfubyi,kuduhindura nyakamwe twaragiraga abo tuvukana.  Iyaba rwumvaga, mba ndubwiye gusa nti:’Nawe uragapfa wumve”.

Njye narinzi ko amarira yakamutse, kuko nta mwaka urenga uru runyagwa rw’urupfu rutantwaye inkoramutima. Nyamara naribeshyaga, kuko ejobundi  aho rutwariye na BURASA Jean-Gualbert, umuvandimwe wanjye,  umutima wabaye  intimba nsa, amarira yaciye imiferege ku matama, ubwenge bwanze kubyakira .

Hari tariki 05 Gicurasi 2020, ahashyira saa sita z’amanywa, isaha ubundi nasangiriragaho na Burasa, nakira inkuru ishegesha umutima. Intandaro y’agahinda gakomeye.

Urupfu rwa Burasa J. Gualbert rushoje  inzira izitanye yanyuzemo kuva akivuka, arwana ingamba zigoranye, ariko zitigeze zimugamburuza.Rwabaye urugendo rw’umugabo. Urugero ni aho yavanye RUSHYASHYA, none ayidusigiye  ifite ijambo, irisangiye  n’abashaka ineza y’uru Rwanda. Niyitahire, imfura ntipfa iraruhuka, hapfa ibipfapfa  ibigarasha byagumiwe n’umutimanama.

Ubwo twaririraga ubutitsa, ngo hari abasekaga  urumenesha!Ntibitangaje, abo biganjemo abahekuye uRwanda, n’abayobotse amashyamba, bahora bishimira imirambo. Nibishime simbujije, ariko ni iby’igihe gito.  Burasa yaratabarutse, ariko  ibitekerezo bizima ntibizima!

Tariki ya 08/04/2020,  twunamira abacu bazize Jenoside yakorewe Abatutsi, Burasa yanyandikiye ubutumwa, ati:” Komera nyakubyara. Abaduhize bukware, twe tuzabahige ubutwari. Dadira cyane”.Ngiryo ijambo rye rya nyuma. Ni interuro ngufi, ariko ifite ubutumwa burebure cyane: Abagambiriye kutumara, bazaterwe ikimwaro no kutubona twemye. Nzubaha isezerano.

Ubu butumwa nibwo bwanyubatsemo umwete wo kumukorera mu ngata, ngo ejo RUSHYASHYA idahondobera, amahoro agataha mu banyapolitiki MBURAMAJYO

Ntituzaha urwaho urwango .Tuzarwamagana, tuzarurwanya,kandi tuzarutsinda.

Mbonereho no  kugira icyo mvuga , nihuse, ku nkuru ya RUGALI, yasohotse ku mbuga nkoranyambaga igira iti”Turire umunyamakuru Jean-Lambert GATARE wa Isango Star….”.

Icya mbere, ni uko abanditse iyi nkuru banzi igice. Gatare bavuze mu nkuru yabo  ahabanye cyane n’uwo ndiwe nyakuri bazi . Abanzi neza bazi  ko ntawanjyana buhumyi. Ntabwo ndi intagondwa cyangwa umuhezanguni, ariko nta nubwo ndi NYIRANJYIYOBIJYA”.  Ndashungura, ngafata icyemezo ntahubutse, nk’uko nafashe icyemezo cyo gukomereza aho BURASA yari agejeje.

Icya kabiri, kuba Rugali izi ko narokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, byakayihaye kumva neza ko ntashobora guha amahwemo abayigizemo uruhare, abagifite ingengabitekerezo yayo, kimwe n’abandi bagerageza kubangamira inzira y’ubumwe n’ubwiyunge, n’iterambere twahisemo . uyu ni nawo murongo w’iki kinyamakuru RUSHYASHYA.  Ndi mubyo nemera rero.

Icya gatatu, simbona icyatuma Rugali itangazwa n’uko nsimbuye Nyakwigendera Burasa, kandi atari ubwa mbere mbaye mu buyobozi bwa RUSHYASHYA. Nayibereye umwanditsi mukuru igihe cy’imyaka ine,  ku buryo rero  umurongo wayo atari mushya na gato kuri njyewe.

RUSHYASHYA ntigambiriye kugira uwo ihutaza, ahubwo  igamburuza abashaka kurutobera, mu nyungu z’abarushakira ineza bose.

Uwubaka tuzamwitaba, usenya tuzamutaranga.Tuzamutanga imbere, twikomereze mu iterambere twese dusangiye.

Ruhuka mu mahoro , BURASA Jean-Gualbert, imfura itari imfunya. Wanze gushukishwa ifunguro, ngo ugambanire Urwagasabo.Umusanzu wawe mu kurwubaka watubereye umusingi mu kurukomeza.

Jean-Lambert Gatare

2020-05-13
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uburyo abafite abacengezamatwara b’ingengabitekerezo ya Jenoside bagoreka ikiganiro cya Perezida Kagame

Uburyo abafite abacengezamatwara b’ingengabitekerezo ya Jenoside bagoreka ikiganiro cya Perezida Kagame

Ubwanditsi 11 Mar 2021
Abasirikare 270 b’u Rwanda berekeje muri Sudani y’Amajyepfo kubungabunga amahoro

Abasirikare 270 b’u Rwanda berekeje muri Sudani y’Amajyepfo kubungabunga amahoro

Ubwanditsi 11 Feb 2018
Bane bo mu muryango wa Rwigara Assinapol na RNC, barashakishwa n’ubutabera bw’u Rwanda[ Amajwi ]

Bane bo mu muryango wa Rwigara Assinapol na RNC, barashakishwa n’ubutabera bw’u Rwanda[ Amajwi ]

Ubwanditsi 08 May 2018
Vincent Karega: “M23 ntabwo ari u Rwanda kandi Ntabwo irengera inyungu z’u Rwanda ”

Vincent Karega: “M23 ntabwo ari u Rwanda kandi Ntabwo irengera inyungu z’u Rwanda ”

Ubwanditsi 09 Jun 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kuwa 11 Mata 1994 Guverinoma y’Abatabazi yimukiye i Gitarama nyuma yo gutakaza uduce tw’ingenzi muri Kigali
INKURU NYAMUKURU

Kuwa 11 Mata 1994 Guverinoma y’Abatabazi yimukiye i Gitarama nyuma yo gutakaza uduce tw’ingenzi muri Kigali

Ubwanditsi 11 Apr 2018
Rayon Sports yakiriwe n’amagana y’abafana ubwo yavaga i Maputo
IMIKINO

Rayon Sports yakiriwe n’amagana y’abafana ubwo yavaga i Maputo

Ubwanditsi 20 Apr 2018
Ni iki Bibiliya ivuga ku birebana na Noheli?
ITOHOZA

Ni iki Bibiliya ivuga ku birebana na Noheli?

Ubwanditsi 23 Dec 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

31 Aug 2026
Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru