• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»“BURASA J Gualbert, umusanzu wawe mu kurwubaka, uzatubera umusingi mu kurukomeza” Jean Lambert Gatare

“BURASA J Gualbert, umusanzu wawe mu kurwubaka, uzatubera umusingi mu kurukomeza” Jean Lambert Gatare

Ubwanditsi 13 May 2020 INKURU NYAMUKURU

Hari igihe wibaza igitutsi  gikwiye urupfu, ugasanga nta na kimwe cyanganya  ubukana n’ubugome bwarwo. Ubundi se urarubwira ngo rwumve! Igihe twarutukiye rwigeze ruhagarara guhekura ababyeyi,kugira abana imfubyi,kuduhindura nyakamwe twaragiraga abo tuvukana.  Iyaba rwumvaga, mba ndubwiye gusa nti:’Nawe uragapfa wumve”.

Njye narinzi ko amarira yakamutse, kuko nta mwaka urenga uru runyagwa rw’urupfu rutantwaye inkoramutima. Nyamara naribeshyaga, kuko ejobundi  aho rutwariye na BURASA Jean-Gualbert, umuvandimwe wanjye,  umutima wabaye  intimba nsa, amarira yaciye imiferege ku matama, ubwenge bwanze kubyakira .

Hari tariki 05 Gicurasi 2020, ahashyira saa sita z’amanywa, isaha ubundi nasangiriragaho na Burasa, nakira inkuru ishegesha umutima. Intandaro y’agahinda gakomeye.

Urupfu rwa Burasa J. Gualbert rushoje  inzira izitanye yanyuzemo kuva akivuka, arwana ingamba zigoranye, ariko zitigeze zimugamburuza.Rwabaye urugendo rw’umugabo. Urugero ni aho yavanye RUSHYASHYA, none ayidusigiye  ifite ijambo, irisangiye  n’abashaka ineza y’uru Rwanda. Niyitahire, imfura ntipfa iraruhuka, hapfa ibipfapfa  ibigarasha byagumiwe n’umutimanama.

Ubwo twaririraga ubutitsa, ngo hari abasekaga  urumenesha!Ntibitangaje, abo biganjemo abahekuye uRwanda, n’abayobotse amashyamba, bahora bishimira imirambo. Nibishime simbujije, ariko ni iby’igihe gito.  Burasa yaratabarutse, ariko  ibitekerezo bizima ntibizima!

Tariki ya 08/04/2020,  twunamira abacu bazize Jenoside yakorewe Abatutsi, Burasa yanyandikiye ubutumwa, ati:” Komera nyakubyara. Abaduhize bukware, twe tuzabahige ubutwari. Dadira cyane”.Ngiryo ijambo rye rya nyuma. Ni interuro ngufi, ariko ifite ubutumwa burebure cyane: Abagambiriye kutumara, bazaterwe ikimwaro no kutubona twemye. Nzubaha isezerano.

Ubu butumwa nibwo bwanyubatsemo umwete wo kumukorera mu ngata, ngo ejo RUSHYASHYA idahondobera, amahoro agataha mu banyapolitiki MBURAMAJYO

Ntituzaha urwaho urwango .Tuzarwamagana, tuzarurwanya,kandi tuzarutsinda.

Mbonereho no  kugira icyo mvuga , nihuse, ku nkuru ya RUGALI, yasohotse ku mbuga nkoranyambaga igira iti”Turire umunyamakuru Jean-Lambert GATARE wa Isango Star….”.

Icya mbere, ni uko abanditse iyi nkuru banzi igice. Gatare bavuze mu nkuru yabo  ahabanye cyane n’uwo ndiwe nyakuri bazi . Abanzi neza bazi  ko ntawanjyana buhumyi. Ntabwo ndi intagondwa cyangwa umuhezanguni, ariko nta nubwo ndi NYIRANJYIYOBIJYA”.  Ndashungura, ngafata icyemezo ntahubutse, nk’uko nafashe icyemezo cyo gukomereza aho BURASA yari agejeje.

Icya kabiri, kuba Rugali izi ko narokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, byakayihaye kumva neza ko ntashobora guha amahwemo abayigizemo uruhare, abagifite ingengabitekerezo yayo, kimwe n’abandi bagerageza kubangamira inzira y’ubumwe n’ubwiyunge, n’iterambere twahisemo . uyu ni nawo murongo w’iki kinyamakuru RUSHYASHYA.  Ndi mubyo nemera rero.

Icya gatatu, simbona icyatuma Rugali itangazwa n’uko nsimbuye Nyakwigendera Burasa, kandi atari ubwa mbere mbaye mu buyobozi bwa RUSHYASHYA. Nayibereye umwanditsi mukuru igihe cy’imyaka ine,  ku buryo rero  umurongo wayo atari mushya na gato kuri njyewe.

RUSHYASHYA ntigambiriye kugira uwo ihutaza, ahubwo  igamburuza abashaka kurutobera, mu nyungu z’abarushakira ineza bose.

Uwubaka tuzamwitaba, usenya tuzamutaranga.Tuzamutanga imbere, twikomereze mu iterambere twese dusangiye.

Ruhuka mu mahoro , BURASA Jean-Gualbert, imfura itari imfunya. Wanze gushukishwa ifunguro, ngo ugambanire Urwagasabo.Umusanzu wawe mu kurwubaka watubereye umusingi mu kurukomeza.

Jean-Lambert Gatare

2020-05-13
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Gatebuke Claude n’Ibinyoma ku Mateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi agamije kuyihakana

Gatebuke Claude n’Ibinyoma ku Mateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi agamije kuyihakana

Ubwanditsi 09 Sep 2025
CNN mu bukangurambaga bwa RNC mugutangaza ibihuha ku itabwa muri yombi ry’umunyarwanda ukekwaho gukorera ubutasi Uganda n’ishimutwa ry’abanyarwanda

CNN mu bukangurambaga bwa RNC mugutangaza ibihuha ku itabwa muri yombi ry’umunyarwanda ukekwaho gukorera ubutasi Uganda n’ishimutwa ry’abanyarwanda

Ubwanditsi 27 Dec 2019
Nyuma y’uruzinduko rwe mu Rwanda, Perezida w’Afrika y’Epfo yahinduye imyumvire ku kibazo cya Kongo

Nyuma y’uruzinduko rwe mu Rwanda, Perezida w’Afrika y’Epfo yahinduye imyumvire ku kibazo cya Kongo

Ubwanditsi 07 Apr 2024
Perezida Kagame yitabiriye inama ku bufatanye bwa Afurika n’ibihugu 20 bikize ku Isi

Perezida Kagame yitabiriye inama ku bufatanye bwa Afurika n’ibihugu 20 bikize ku Isi

Ubwanditsi 30 Oct 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

CAN 2017: Abahungu ba Abedi Pele basezereye DR Congo ya Florent Ibenge
IMIKINO

CAN 2017: Abahungu ba Abedi Pele basezereye DR Congo ya Florent Ibenge

Ubwanditsi 30 Jan 2017
Byakomeye muri CNRD/FLN, Col Bazambanza yafashwe mpiri naho uwahoze ari Umunyamabanga Mukuru Mukiza David yicwa n’umutima kubera igitutu cya FARDC
Amakuru

Byakomeye muri CNRD/FLN, Col Bazambanza yafashwe mpiri naho uwahoze ari Umunyamabanga Mukuru Mukiza David yicwa n’umutima kubera igitutu cya FARDC

Ubwanditsi 28 Nov 2020
Byahuriranye? Rayon Sports yatandukanye n’umutoza Afahmia Lofti, Paul Muvunyi atumiza inama y’intekorusange
Amakuru

Byahuriranye? Rayon Sports yatandukanye n’umutoza Afahmia Lofti, Paul Muvunyi atumiza inama y’intekorusange

Ubwanditsi 15 Nov 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru