• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ben Rutabana yongeye kuvugisha amangambure Jean Paul Turayishimye na Serge Ndayizeye   |   01 Jun 2026

  • Uwigize General mu nterahamwe Mutayomba yakomerekeye bikomeye mu mirwano na M23   |   01 Jun 2026

  • Madamu Jeannette Kagame yasabye urubyiruko kwirinda kuyobywa na ba mpemuke ndamuke   |   31 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26   |   31 May 2026

  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»U Rwanda ni igihugu kiri kumwe n’Imana- Dr Ngirente

U Rwanda ni igihugu kiri kumwe n’Imana- Dr Ngirente

Ubwanditsi 15 Jan 2018 INKURU NYAMUKURU

Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente Edouard yahamije ko u Rwanda ari igihugu kiri kumwe n’Imana mu bikorwa byacyo byose ku buryo nta bwoba abagituye bakwiye guterwa n’ibibazo bitandukanye bahura na byo.

Ibi yabivugiye mu masengesho yo gusengera igihugu yabaye ejo hashize ku Cyumweru,  yavuze ko u Rwanda ruri mu biganza by’Imana, bityo hakaba nta cyarutera ubwoba .

Ashingiye ku  ku isomo dusanga muri   Bibiliya, Dr Ngirente yagize ati “Muri Bibiliya mu gitabo cya Zaburi ya 23 umurongo wa 4 ahagira hati ‘N’ubwo nanyura mu gikombe gicuze umwijima, nta kintu cyantera ubwoba kuko Uhoraho uri kumwe nanjye, uranyobora ukanandengera, ibyo ni byo bimpumuriza’. U Rwanda ruri kumwe n’Imana twese turabizi.”

Yavuze ko Imana ari yo yatumye u Rwanda rugera ku byo rwagezeho byose mu myaka ishize, aboneraho no gusaba abantu bose kutagira ibyo batinya ahubwo bagakomeza kwiragiza Imana no kuyiragiza u Rwanda.

Dr Ngirente  ati “Gushimira Imana kubera ibyiza yakoreye igihugu cyacu ndetse no gushyira mu biganza byayo ibikorwa duteganya kugeraho muri uyu mwaka ni umuco mwiza dukwiye gukomeza gushingiraho. Ndifuza ko twese twakomeza kuyishimira ariko tunayisaba ko izadutiza imbaraga zo gukora ibindi.

Aya masengesho ya 2018 yakozwe hazirikanwa insanganyamatsiko igira iti “Ubuyobozi bugamije kwihutisha iterambere” Dr Ngirente ati “Iyi nsanganyamatsiko ishingiye kuri gahunda y’igihugu cyacu kiyemeje kwihutisha iterambere”.

Ni  ku nshuro ya 23  aya masengesho akozwe, akaba aba mu tangiriro z’umwaka, abayobozi bakuru b’igihugu bagashimira Imana ku byo iba yarakoreye u Rwanda mu mwaka uba ushize, bakanayiruragiza umwaka uba utangiye.

Hanagarukwa ku bikorwa biba byaragezweho mu mwaka urangiye, ubu hakaba hagarutswe ku bikorwa by’indashyikirwa byaranze 2017 birimo amatora y’Umukuru w’Igihugu yasubije ibyifuzo by’Abanyarwanda benshi bashakaga kuyoborwa na Paul Kagame.

Abayobozi bakuru barimo Madamu Jeannette Kagame bitabiriye aya masengesho, umuvuga butumwa, yari Pasiteri Habimana Didier wigishije ku nsanganyamatsiko ivuga ku buyobozi bugamije kwihutisha iterambere.

 

Nkundiye Eric Bertrand/Rushyashya.net

2018-01-15
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kayumba Rugema wakunze kumvikana atuka abayobozi b’u Rwanda, asanga icyitwa “opozisiyo” ari ubuhungiro bw’abicanyi n’abandi banyabyaha.

Kayumba Rugema wakunze kumvikana atuka abayobozi b’u Rwanda, asanga icyitwa “opozisiyo” ari ubuhungiro bw’abicanyi n’abandi banyabyaha.

Ubwanditsi 14 Nov 2020
Kudeta mu Rwanda interahamwe n’ibigarasha birota, ni filime itabona abayikina n’abayireba

Kudeta mu Rwanda interahamwe n’ibigarasha birota, ni filime itabona abayikina n’abayireba

Ubwanditsi 04 Sep 2024
Ruharwa Maj Pierre Claver Karangwa yongeye gutabwa muri yombi n’inzego z’ubutabera mu Buholandi

Ruharwa Maj Pierre Claver Karangwa yongeye gutabwa muri yombi n’inzego z’ubutabera mu Buholandi

Ubwanditsi 04 Oct 2023
Gen. Afrika uherutse kwicwa yasanganwe inyandiko zifite amakuru “y’ingenzi”

Gen. Afrika uherutse kwicwa yasanganwe inyandiko zifite amakuru “y’ingenzi”

Ubwanditsi 11 Nov 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Bombori bombori hagati y’ingabo za Congo na Wazalendo
Amakuru

Bombori bombori hagati y’ingabo za Congo na Wazalendo

Ubwanditsi 10 Sep 2024
Uganda: uko bamwe mu bashinzwe umutekano bari inyuma y’icuruzwa ry’abana b’abakobwa mu bihugu by’abarabu
HIRYA NO HINO

Uganda: uko bamwe mu bashinzwe umutekano bari inyuma y’icuruzwa ry’abana b’abakobwa mu bihugu by’abarabu

Ubwanditsi 07 Jul 2019
Abanyarwanda baba West-Midland UK bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi
ITOHOZA

Abanyarwanda baba West-Midland UK bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 28 Apr 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru