• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yashyikirije ibendera ikipe y’u Rwanda y’Abagore yerekeje i Nairobi mu Gikombe cya Afurika   |   23 Aug 2026

  • Ubuyobe bw’Ubuhanuzi butuma FDLR Yitera Ikinya mu mashyamba ya DRC kugirango irebe ko yamara kabiri   |   22 Aug 2026

  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Ibyo muri ya ‘’guverinoma‘’ ya Padiri Nahimana imbwa zabirwaniyemo!

Ibyo muri ya ‘’guverinoma‘’ ya Padiri Nahimana imbwa zabirwaniyemo!

Ubwanditsi 28 Feb 2023 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Abiyita”opozisiyo”cyangwa“abatavuga rumwe na Leta y’u Rwanda”, bakomeje kugaragaza ko nta murongo wa politiki uhamye bagira, ko ibyo bagamije ari ukwishakira amaramuko gusa, babeshya injiji zibaha amafaranga ngo ni “impirimbanyi za demukarasi”. Urugero muri nyinshi cyane zimaze kwigaragaza, ni urwa Padiri Thomas Nahimana washinze ikiryabarezi ngo ni”guverinoma yo mu buhungiro”, kandi ari uburyo bwo kwisarurira imfashanyo ngo agiye guhirika ubutegetsi bw’uRwanda.

Baca umugani ngo”nyakibi ntirara bushyitsi”, bashaka kuvuga ko ikinyoma kidatinda gutahurwa. Ni nako byagendekeye Thomas Nahimana, kuko abo yacuritse ubwonko ngo abagize ba “minisitiri”, batatinze kubona ko bakoreshwa n’umutekamutwe kabuhariwe, umuswa kabombo muri politiki. Umwe mu baciye ukubiri na Thomas Nahimana, ni Jean-Paul Ntagara ngo wari”minisitiri w’intebe” w’iyo ngirwa guverinoma. Ubu Ntagara ntacana uwaka na Nahimana, aho umwe aciye undi ahacisha umuriro. Ibitutsi ni byose ku mbuga nkoranyambaga, kwandagaza uwahoze ari”minisitiri w’intebe”we, Nahimana akabiyuza mu kanwa k’inkotsa yitwa Félicitée Mwemayire, wirirwa akorongera kuri wa murongo wabo wa youtube bise”isi n’Ijuru”.

Amakuru dukesha abakurikiranira hafi ibyo kwa Thomas Nahimana n’ingaruzwamuheto ze, aravuga ko Nahimana na Ntagara bapfuye kunanirwa kugabana ibisabano, ndetse biza kuvukamo n’ivangura rishingiye ku moko, doreko abambari ba Nahimana bashinja Ntagara kuba ‘intagondwa y’Umututsi”. Ibi by’ubwoko byaje ubwo Thomas Nahimana yacaga inyuma abo babana muri uwo mwanda, akarya amafaranga y’umuryango wa Yuvenali Habyarimana, ndetse agategeka ko bazajya bunamira Habyarimana tariki 06 Mata buri mwaka.

Jean Paul Ntagara yarabyanze, kuko we yifuzaga ko bazajya bibuka Jenoside yakorewe Abatutsi kuva tariki 07 Mata buri mwaka. Ibigega bya baringa Thomas Nahimana yagiye ashinga nabyo byakuruye kurebana ay’ingwe. Ababikurikiranye muribuka ashyiraho”pasiporo” ngo izajya ifasha abayitunze gutembera isi yose nta nkomyi. Ibigarasha n’abajenosideri bamuhundagajeho ibifaranga ngo baragura urwandiko rw’inzira, umwana w’ijanja arabitapfuna, abandi nabo baririmba urwo babonye. Iby’abapfu biribwa n’abapfumu koko. Ubundi se bumvaga Nahimana atanga pasiporo nka nde? Bidaciye kabiri Thomas Nahimana yashinze icyo yise”IGISHURA”, ngo kikaba ikigega gikusanya inkunga yo kubaka igisirikari kizatera u Rwanda.

Imicungire y’icyo “Gishura” yari ishinzwe Jean-Paul Ntagara, maze nawe yibutse ubuhemu Nahimana yagiye abakorera, utwo dufaranga Ntagara nawe adushyira ku ryinyo.Inkuru rero yaje kubona kibara, ubwo yagwaga mu gutwi kwa ya nkunguzi Sylvia Mukankiko, maze si ukubataranga yiva inyuma.

Mukankiko yemeza ko umuntu wakorana na Nahimana amezi atanu ari utagira ubwenge. Mukankiko yita Padiri Nahimana imbwa y’umujura, umutekamutwe, umutindi, n’andi magambo yandagaza”Perezida wa guverinoma yo mu buhungiro”. Twibutsa ko uyu Mukankiko nawe yahoze muri iyo “guverinoma”. Ubu Thomas Nahimana asigaranye muri “guverinoma“ n’ injijite nkeya, zirimo ihabara ye” Nadine Claire Kansiinge, abeshya ngo azamugira Perezida w’uRwanda. Uyu Kansiinge ngo ni nawe uhagarariye Ingabire Umuhoza Victoire (IVU)muri iyo “guverinoma” ya baringa.Ngabo rero abavuga ko bazahirika ubuyobozi bwa FPR, wabareba ukibaza uko umuntu udashobora kwiyobora yayobora abandi. Udashinga se arabyina?

Ngiyo imfube Thomas warumbiye Imana n’abantu. Habababaje gusa abamujya inyuma, akabonka imitsi, utwakabatunze mu buhungiro bakatujugunya mu gifu cye, bo bicira isazi mu jisho.

Nyamwangakumva ntiyanze no kubona!

2023-02-28
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ese Koko Umunyemari  W’umunyarwanda Wakoze Jenoside Witwa Kabuga Félicien Yiturije Mu Burundi Guhera 2009

Ese Koko Umunyemari W’umunyarwanda Wakoze Jenoside Witwa Kabuga Félicien Yiturije Mu Burundi Guhera 2009

Ubwanditsi 27 Jun 2018
Didier Drogba ni umwe mubazita izina abana b’ingagi 20, umunyabigwi wa Arsenal Gilberto Da Silva yageze mu Rwanda aho aje muri uwo muhango

Didier Drogba ni umwe mubazita izina abana b’ingagi 20, umunyabigwi wa Arsenal Gilberto Da Silva yageze mu Rwanda aho aje muri uwo muhango

Ubwanditsi 31 Aug 2022
Urukiko rwa EAC rwatesheje agaciro ikirego Dr Mpozayo yarezemo Leta y’u Rwanda

Urukiko rwa EAC rwatesheje agaciro ikirego Dr Mpozayo yarezemo Leta y’u Rwanda

Ubwanditsi 02 Oct 2018
Habura iminsi 3 ngo shampiyona irangire, Al Hilal yegukanye igikombe cy’icyubahiro cya BK Pro League 2025-2026

Habura iminsi 3 ngo shampiyona irangire, Al Hilal yegukanye igikombe cy’icyubahiro cya BK Pro League 2025-2026

RUSHYASHYA 13 May 2026

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Meghan n’igikomangoma cy’u Bwongereza bashobora kurira ukwezi kwa buki mu Rwanda
HIRYA NO HINO

Meghan n’igikomangoma cy’u Bwongereza bashobora kurira ukwezi kwa buki mu Rwanda

Ubwanditsi 10 May 2018
Umusirikare w’u Rwanda yaguye mu gitero muri Centrafrique, abandi umunani barakomereka
ITOHOZA

Umusirikare w’u Rwanda yaguye mu gitero muri Centrafrique, abandi umunani barakomereka

Ubwanditsi 11 Apr 2018
Biravugwa ko FDLR n’igisirikare cya Congo bahawe ikiraka cyo kurwanirira Perezida Nkurunziza w’u Burundi
ITOHOZA

Biravugwa ko FDLR n’igisirikare cya Congo bahawe ikiraka cyo kurwanirira Perezida Nkurunziza w’u Burundi

Ubwanditsi 20 Aug 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru