• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Omar Artan witegura gusifura UEFA Super Cup izahuza PSG na Aston Villa, azasifura umumukino wa nyuma wa CECAFA KAGAME Cup 2026   |   03 Aug 2026

  • Rayon Sports, Gor Mahia, Jamus na Al Hilal zageze muri ½ cy’Imikino ya CECAFA Kagame Cup 2026   |   02 Aug 2026

  • Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana   |   01 Aug 2026

  • APR FC, Rayon Sports, Police FC na Kiyovu SC zizakina FERWAFA Super Cup 2026 yari isanzwe ikinwa n’amakipe abiri   |   01 Aug 2026

  • Rutahizamu Byiringiro Lague agiye kwerekeza muri Afurika y’Epfo aho yitegura gutangira akazi mu ikipe ya Durban City FC   |   31 Jul 2026

  • Senateri Mukabalisa Donatille yitabye Imana azize Uburwayi   |   30 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Ibyo muri ya ‘’guverinoma‘’ ya Padiri Nahimana imbwa zabirwaniyemo!

Ibyo muri ya ‘’guverinoma‘’ ya Padiri Nahimana imbwa zabirwaniyemo!

Ubwanditsi 28 Feb 2023 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Abiyita”opozisiyo”cyangwa“abatavuga rumwe na Leta y’u Rwanda”, bakomeje kugaragaza ko nta murongo wa politiki uhamye bagira, ko ibyo bagamije ari ukwishakira amaramuko gusa, babeshya injiji zibaha amafaranga ngo ni “impirimbanyi za demukarasi”. Urugero muri nyinshi cyane zimaze kwigaragaza, ni urwa Padiri Thomas Nahimana washinze ikiryabarezi ngo ni”guverinoma yo mu buhungiro”, kandi ari uburyo bwo kwisarurira imfashanyo ngo agiye guhirika ubutegetsi bw’uRwanda.

Baca umugani ngo”nyakibi ntirara bushyitsi”, bashaka kuvuga ko ikinyoma kidatinda gutahurwa. Ni nako byagendekeye Thomas Nahimana, kuko abo yacuritse ubwonko ngo abagize ba “minisitiri”, batatinze kubona ko bakoreshwa n’umutekamutwe kabuhariwe, umuswa kabombo muri politiki. Umwe mu baciye ukubiri na Thomas Nahimana, ni Jean-Paul Ntagara ngo wari”minisitiri w’intebe” w’iyo ngirwa guverinoma. Ubu Ntagara ntacana uwaka na Nahimana, aho umwe aciye undi ahacisha umuriro. Ibitutsi ni byose ku mbuga nkoranyambaga, kwandagaza uwahoze ari”minisitiri w’intebe”we, Nahimana akabiyuza mu kanwa k’inkotsa yitwa Félicitée Mwemayire, wirirwa akorongera kuri wa murongo wabo wa youtube bise”isi n’Ijuru”.

Amakuru dukesha abakurikiranira hafi ibyo kwa Thomas Nahimana n’ingaruzwamuheto ze, aravuga ko Nahimana na Ntagara bapfuye kunanirwa kugabana ibisabano, ndetse biza kuvukamo n’ivangura rishingiye ku moko, doreko abambari ba Nahimana bashinja Ntagara kuba ‘intagondwa y’Umututsi”. Ibi by’ubwoko byaje ubwo Thomas Nahimana yacaga inyuma abo babana muri uwo mwanda, akarya amafaranga y’umuryango wa Yuvenali Habyarimana, ndetse agategeka ko bazajya bunamira Habyarimana tariki 06 Mata buri mwaka.

Jean Paul Ntagara yarabyanze, kuko we yifuzaga ko bazajya bibuka Jenoside yakorewe Abatutsi kuva tariki 07 Mata buri mwaka. Ibigega bya baringa Thomas Nahimana yagiye ashinga nabyo byakuruye kurebana ay’ingwe. Ababikurikiranye muribuka ashyiraho”pasiporo” ngo izajya ifasha abayitunze gutembera isi yose nta nkomyi. Ibigarasha n’abajenosideri bamuhundagajeho ibifaranga ngo baragura urwandiko rw’inzira, umwana w’ijanja arabitapfuna, abandi nabo baririmba urwo babonye. Iby’abapfu biribwa n’abapfumu koko. Ubundi se bumvaga Nahimana atanga pasiporo nka nde? Bidaciye kabiri Thomas Nahimana yashinze icyo yise”IGISHURA”, ngo kikaba ikigega gikusanya inkunga yo kubaka igisirikari kizatera u Rwanda.

Imicungire y’icyo “Gishura” yari ishinzwe Jean-Paul Ntagara, maze nawe yibutse ubuhemu Nahimana yagiye abakorera, utwo dufaranga Ntagara nawe adushyira ku ryinyo.Inkuru rero yaje kubona kibara, ubwo yagwaga mu gutwi kwa ya nkunguzi Sylvia Mukankiko, maze si ukubataranga yiva inyuma.

Mukankiko yemeza ko umuntu wakorana na Nahimana amezi atanu ari utagira ubwenge. Mukankiko yita Padiri Nahimana imbwa y’umujura, umutekamutwe, umutindi, n’andi magambo yandagaza”Perezida wa guverinoma yo mu buhungiro”. Twibutsa ko uyu Mukankiko nawe yahoze muri iyo “guverinoma”. Ubu Thomas Nahimana asigaranye muri “guverinoma“ n’ injijite nkeya, zirimo ihabara ye” Nadine Claire Kansiinge, abeshya ngo azamugira Perezida w’uRwanda. Uyu Kansiinge ngo ni nawe uhagarariye Ingabire Umuhoza Victoire (IVU)muri iyo “guverinoma” ya baringa.Ngabo rero abavuga ko bazahirika ubuyobozi bwa FPR, wabareba ukibaza uko umuntu udashobora kwiyobora yayobora abandi. Udashinga se arabyina?

Ngiyo imfube Thomas warumbiye Imana n’abantu. Habababaje gusa abamujya inyuma, akabonka imitsi, utwakabatunze mu buhungiro bakatujugunya mu gifu cye, bo bicira isazi mu jisho.

Nyamwangakumva ntiyanze no kubona!

2023-02-28
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Impinduka zitunguranye mu butasi bwa gisirikare

Impinduka zitunguranye mu butasi bwa gisirikare

Ubwanditsi 18 Jul 2018
Nyaruguru: Igitero cy’abantu bitwaje intwaro cyahitanye  Abaturage babiri , batandatu barakomereka , imodoka ya gitifu n’icumbi yabagamo biratwikwa

Nyaruguru: Igitero cy’abantu bitwaje intwaro cyahitanye Abaturage babiri , batandatu barakomereka , imodoka ya gitifu n’icumbi yabagamo biratwikwa

Ubwanditsi 20 Jun 2018
Maj. Gen. Bayingana wagizwe Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira mu Kirere ni muntu ki ?

Maj. Gen. Bayingana wagizwe Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira mu Kirere ni muntu ki ?

Ubwanditsi 03 Sep 2019
Polisi yakuye urujijo ku itabwa muri yombi ry’Umunyamabanga Mukuru wa Ferwafa

Polisi yakuye urujijo ku itabwa muri yombi ry’Umunyamabanga Mukuru wa Ferwafa

Ubwanditsi 12 Feb 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rayon Sports yatsinze Gorilla FC ishimangira umwanya wa mbere – Ibyaranze umunsi wa 10 wa RPL
Amakuru

Rayon Sports yatsinze Gorilla FC ishimangira umwanya wa mbere – Ibyaranze umunsi wa 10 wa RPL

Ubwanditsi 24 Nov 2024
Polisi y’u Rwanda iragira inama abacukura amabuye y’agaciro kwitwararika muri ibi bihe by’imvura
Mu Rwanda

Polisi y’u Rwanda iragira inama abacukura amabuye y’agaciro kwitwararika muri ibi bihe by’imvura

Ubwanditsi 30 Sep 2017
Inama yahurije i Bujumbura Abakuru b’Ibihugu byo muri aka karere, nta kintu itubwiye” – Patrick Muyaya.
Amakuru

Inama yahurije i Bujumbura Abakuru b’Ibihugu byo muri aka karere, nta kintu itubwiye” – Patrick Muyaya.

Ubwanditsi 08 Feb 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru