• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Ange Kagame mu bayoboye tombola y’uko amakipe ya Basketball azahura

Ange Kagame mu bayoboye tombola y’uko amakipe ya Basketball azahura

Ubwanditsi 22 Jul 2016 Mu Mahanga

Ikipe y’igihugu y’abakinnyi batarengeje imyaka 18 mu mukino wa Basketball irakina na Gabon ku mukino ubanza kuri uyu wa gatanu tariki ya 22 Nyakanga 2016 mu irushanwa Nyafurika.

Ange Kagame akaba yari mu bayoboye tombola y’uko amakipe azahura.

Umukino w’u Rwanda na Gabon uraba saa kumi n’ebyiri kuri Sitade nto (Petit Stade) i Remera.

Tombola y’uko amakipe azakina iryo rushanwa yabaye kuri uyu kuwa kane tariki ya 21 Nyakanga 2016.

Bamwe mu bayoboye iyo tombola harimo Ange Kagame umukobwa wa Perezida Paul Kagame, Miss Rwanda 2016 ari we Mutesi Jolly na Hadi Janvier wabonye umudali wa Zahabu mu mikino Nyafurika.

Amakipe azitabira iryo rushanwa yashyizwe mu matsinda abiri aho itsinda rimwe ryari riyobowe n’u Rwanda rwakiriye iryo rushanwa naho irindi rikayoborwa na Misiri yegukanye icyo gikombe mu mwaka ushize.

Itsinda A ririmo amakipe 6 ariyo u Rwanda, Mali, Cote d’Ivoire, Zimbabwe, Algeria na Gabon.

-3363.jpg

Mutokambali Moïse (ibumoso) mu muhango wo gutombola

Itsinda B ririmo amakipe 6 ariyo Misiri, Tunisia, Angola, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Uganda na Benin.

-3368.jpg

Ange Kagame umwe mu bitabiriye tombola y’imikino Nyafurika y’abari munsi y’imyaka 18 (Ifoto/Ferwaba)

Nyuma y’iyo tombola umutoza w’ikipe y’igihugu, Moise Mutokambali, yatangaje ko itsinda rye harimo amakipe menshi akomeye. Mutokambali avuga ko yahisemo gukina na Gabon ku mukino ufungura iryo rushanwa, kuko ari ikipe ikirimo kwiyubaka.

Umuyobozi w’ishyirahamwe ry’umukino wa Basketball mu Rwanda (FERWABA), Mugwiza Désiré, atangaza ko bishimishije kuba bagiye kwakira iryo rushanwa rya Afurika ku bari munsi y’imyaka 18.

-3364.jpg

Imikino Nyafurika igiye kubera mu Rwanda iratangira kuri uyu wa gatanu tariki ya 22 kugera kuri 31 Nyakanga 2016, imikino yose ikazajya ibera kuri Petit Stade.

-3366.jpg

-3367.jpg

Ku munsi wa mbere w’irushanwa uko amakipe aza guhura

RDC vs Uganda (saa tano)

Angola Vs Tunisia (saa saba)

Mali Vs Cote d’Ivoire (saa cyenda)

Rwanda Vs Gabon (saa kumi n’ebyiri).

2016-07-22
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Imyumvire ipfuye : Lantos Foundation yibwira ko umubano hagati y’ u Rwanda, Ubwongereza na Amerika ushingiye ku ifungwa cyangwa ifungurwa rya Paul Rusesabagina

Imyumvire ipfuye : Lantos Foundation yibwira ko umubano hagati y’ u Rwanda, Ubwongereza na Amerika ushingiye ku ifungwa cyangwa ifungurwa rya Paul Rusesabagina

Ubwanditsi 13 Sep 2021
IGP Gasana yasabye sosiyete zitwara abagenzi gukora kinyamwuga no kubahiriza amategeko y’umuhanda

IGP Gasana yasabye sosiyete zitwara abagenzi gukora kinyamwuga no kubahiriza amategeko y’umuhanda

Ubwanditsi 25 Aug 2016
Perezida Lourenço wa Angola yatumije inama yo kwihanangiriza bwa nyuma Leta ya Kongo.

Perezida Lourenço wa Angola yatumije inama yo kwihanangiriza bwa nyuma Leta ya Kongo.

Ubwanditsi 30 Jul 2024
Ubusabe bw’umujenosiderikazi Paulina Nyiramasuhuko wifuzaga kurekurwa atarangije igihano bwatewe utwatsi

Ubusabe bw’umujenosiderikazi Paulina Nyiramasuhuko wifuzaga kurekurwa atarangije igihano bwatewe utwatsi

Ubwanditsi 11 Nov 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umunyarwandakazi wakoreraga Volcano i Burundi afunzwe ashinjwa ubutasi
INKURU NYAMUKURU

Umunyarwandakazi wakoreraga Volcano i Burundi afunzwe ashinjwa ubutasi

Ubwanditsi 09 Jan 2018
Asinah yatangaje umukunzi mushya yasimbuje Riderman wamubenze
Mu Rwanda

Asinah yatangaje umukunzi mushya yasimbuje Riderman wamubenze

Ubwanditsi 23 Aug 2017
Perezida w’u Buhinde yifurije u Rwanda isabukuru nziza yo Kwibohora
Mu Mahanga

Perezida w’u Buhinde yifurije u Rwanda isabukuru nziza yo Kwibohora

Ubwanditsi 04 Jul 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru