• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Tumenye inkomoko y’insigamigani:”yahihibikanye mu bitazamuhira uboshye Himbara wa Byabagamba”!   |   22 Jan 2021

  • Ushobora gusiga ikikwirukaho, ariko ntiwasiga ikikwirukamo. Abajenosideri isi yababanye nto, bahora bikanga kugarurwa mu Rwanda.Nta gahinda nko kwikanga gusubira iwanyu!   |   21 Jan 2021

  • Ingabo z’u Rwanda zifite inshingano zidasanzwe zo kurindira umutekano Perezida wa Centrafrique kugera ku muturage wo hasi no gukumira ibitero by’inyeshyamba   |   21 Jan 2021

  • Ibyo umushakashatsi wemerewe kureba inyandiko za Mitterrand yiboneye n’amaso ye, yemeza ko Ubufaransa bwagize uruhare muri Jenoside Yakorewe Abatutsi   |   19 Jan 2021

  • U Burundi bwakajije ingamba zo kwirinda icyorezo cya COVID 19 nyuma y’iminsi bagisuzugura   |   18 Jan 2021

  • Umunyarwanda ati:”Umutindi umuha amata akaruka amaraso”. Patrick Habamenshi, ubuparmehutu buranze burakokamye?!   |   18 Jan 2021

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Polisi mpuzamahanga mu guhashya ibyaha ndenga mipaka

Polisi mpuzamahanga mu guhashya ibyaha ndenga mipaka

Editorial 08 Mar 2016 Mu Mahanga

​Ubufatanye hagati ya Polisi y’u Rwanda n’izindi nzego yaba imbere mu gihugu ndetse no hanze yacyo ni imwe mu nkingi ituma habaho kurwanya ibyaha ndenga mipaka ndetse n’ibyaha bikoresha ikoranabuhanga.

Umuyobozi wungirije w’ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya ibyaha ndengamipaka ndetse n’ubutwererane Assistant Commissioner of Police (ACP) Peter Karake yatangaje ko Polisi y’u Rwanda igenda ibona inyungu muri gufatanye hagati y’ibihugu.

ACP Karake yagize ati”ubufatanye hagati ya Polisi y’u Rwanda ndetse n’izindi nzego buratera imbere uko iminsi igenda ihita cyane cyane mu guhanahana amakuru hagamijwe gukumira no kurwanya ibyaha hagati y’ibihugu bigize umuryango wa Polisi mpuzamahanga, INTERPOL”.

Avuga ko atari u Rwanda gusa rubigiramo inyungu ndetse n’Akarere k’ibiyaga bigari muri rusange aho atangaza ko ubu imipaka igera kuri 13 yashyizweho ikoranabuhanga ribafasha gutanga amakuru ku rwego mpuzamahanga.

Yagize ati” tumaze gufata imodoka z’injurano 12 zivuye mu Buyapani, Uganda, Kenya, Ubwongereza ndetse no mu Bubiligi; ibiyobyabwenge (Cocaine) bifite agaciro k’amadolari y’Amerika 720, 000; abantu bagera kuri 6 bagiye gucuruzwa hanze ndetse n’amafaranga y’amajurano agera kuri miliyoni 32 kandi yasubijwe ba nyirayo”
ACP Karake yongeyeho ko abacuruzi 9 kabuhariwe mu biyobyabwenge bafashwe ndetse n’abakekwaho gukora ibyaha bya genocide.

Si ibyo gusa kandi byafashwe kuko n’ibicuruzwa bya magendu harimo ibiribwa, imiti ndetse n’urumogi bifite agaciro k’amadolari y’Amerika 40,000 byafashwe kubera ubufatanye hagati y’ibihugu bigize umuryango wa Polisi mpuzamahanga, INTERPOL.
ACP Peter Karake akomeza atangaza ko u Rwanda rwashyize muri za Ambasade zayo mu bihugu nka Kenya, Uganda n’u Burundi, Abapolisi bashinzwe gukurikirana no kuzamura ubwo bufatanye (Police attaché) mu rwego rwo kunoza ibijyanye n’iperereza.

ACP Karake atangaza ko inyungu zageze no ku bapolisi aho bamwe ubu bahawe amasomo atuma bongererwa ubumenyi mu kurwanya ibyaha ndengamipaka harimo nk’icuruzwa ry’abantu, ibyaha bikorerwa kuri mudasobwa (cyber crimes), icuruzwa ry’ibiyobyabwenge, iterabwoba ndetse n’ibindi.

Ni muri urwo rwego ubu hari abapolisi 8 bari guhabwa amasomo na INTERPOL aho bari gushaka ubunararibonye ibi kandi bikazabafasha mu kazi mu gihe bazaba bagarutse mu Rwanda.

Ubutwererane n’ubufatanye bwa Polisi y’u Rwanda n’amahanga bugaragarira kandi mu bikorwa mpuzamahanga byo kugarura amahoro mu bihugu bitandukanye, kugeza ubu rukaba rufite abapolisi bagera hafi 900 mu butumwa bwa LONI mu bihugu 6 bitandukanye, ndetse bamwe bakaba bafite imirimo ikomeye aho bayoboye Polisi y’umuryango w’abibumbye muri Cote d’Ivoire (UNOCI) na Sudani y’epfo (UNMISS).

ACP Karake yagize ati” kubera icyizere Polisi y’u Rwanda ifitiwe mu ruhando mpuzamahanga tumaze kwakira amanama akomeye harimo inteko rusange ya INTERPOL, inama mpuzamahanga ishinzwe kurwanya ihohoterwa rikorerwa abagore n’abana b’abakobwa (KICD), tutibagiwe n’inteko rusange ya Afurika ishinzwe kurwanya ibyaha bikorerwa kuri mudasobwa (cybercrimes)”

ACP Karake asoza avuga ko ubufatanye bwa Polisi y’u Rwanda n’ibindi bihugu bugikomeje aho bimaze gusinyana amasezerano mu gukumira ndetse no kurwanya ibyaha.

Aya masezerano azibanda ahanini mu guhanahana amakuru ku banyabyaha, ubufatanye mu gukora iperereza ryimbitse, guhererekanya abanyabyaha, kongerera ubumenyi abapolisi ndetse no kongera umubare w’abapolisi bajya mu butumwa bw’amahoro.

RNP

2016-03-08
Editorial

IZINDI NKURU

Abapolisi b’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro muri CAR bambitswe imidari y’ishimwe

Abapolisi b’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro muri CAR bambitswe imidari y’ishimwe

Editorial 31 May 2018
Huye-Nyamagabe: Hangijwe ibiyobyabwenge bitandukanye

Huye-Nyamagabe: Hangijwe ibiyobyabwenge bitandukanye

Editorial 11 May 2016
Abamotari bo muri Muhanga bahawe ubutumwa bwo gukumira ibyaha

Abamotari bo muri Muhanga bahawe ubutumwa bwo gukumira ibyaha

Editorial 02 Apr 2016
Polisi yakuye mu rujijo abiyandikishiriza gukorera impushya zo gutwara ibinyabiziga

Polisi yakuye mu rujijo abiyandikishiriza gukorera impushya zo gutwara ibinyabiziga

Editorial 12 Oct 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Hashinzwe Fondasiyo yigenga ikora ubushakashatsi kuri Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse no kurwanya abayihakana

Hashinzwe Fondasiyo yigenga ikora ubushakashatsi kuri Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse no kurwanya abayihakana

12 Jan 2021
Abapolisi benshi cyane muri Washington DC bambariye urugamba, Abantu Bane bamaze gupfa nyuma yuko abashyigikiye Trump binjiye ku ngufu muri Kongere

Abapolisi benshi cyane muri Washington DC bambariye urugamba, Abantu Bane bamaze gupfa nyuma yuko abashyigikiye Trump binjiye ku ngufu muri Kongere

07 Jan 2021
U Rwanda rwahawe igihembo kubera ingamba zihamye zo kurwanya COVID-19 , abirirwaga bakoronga ngo amabwiriza yo kwirinda icyo cyorezo abangamiye uburenganzira bwa muntu bakorwa n’ikimwaro!!

U Rwanda rwahawe igihembo kubera ingamba zihamye zo kurwanya COVID-19 , abirirwaga bakoronga ngo amabwiriza yo kwirinda icyo cyorezo abangamiye uburenganzira bwa muntu bakorwa n’ikimwaro!!

16 Oct 2020
Judi Rever Umunya Canada wahagurukiye guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, yahawe akato, ahezwa mu ruhando rw’abanyamakuru b’ibihangange!!

Judi Rever Umunya Canada wahagurukiye guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, yahawe akato, ahezwa mu ruhando rw’abanyamakuru b’ibihangange!!

07 Oct 2020
Ibihe by’Ingenzi byaranze Inkotanyi/RPA ku rugamba intambwe ku yindi

Ibihe by’Ingenzi byaranze Inkotanyi/RPA ku rugamba intambwe ku yindi

02 Oct 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Inzego z’Ubutabazi zo muri Indoneziya zakuye ibice by’imibiri, imyenda ndetse n’ibisigazwa by’ibyuma mu nyanja ya Java, nyuma y’umunsi umwe Boeing 737 ikoze impanuka muri iki gihugu

Inzego z’Ubutabazi zo muri Indoneziya zakuye ibice by’imibiri, imyenda ndetse n’ibisigazwa by’ibyuma mu nyanja ya Java, nyuma y’umunsi umwe Boeing 737 ikoze impanuka muri iki gihugu

10 Jan 2021
Ikigo nderabuzima cya Mbuye muri Ruhango cyahawe ingobyi itwara abarwayi (Ambulance) bemerewe na Ministiri Shyaka Anastase, Abaturage barishimira ko umubare w’ababuraga ubuzima ugiye kugabanuka by’Umwihariko Abana n’Ababyeyi

Ikigo nderabuzima cya Mbuye muri Ruhango cyahawe ingobyi itwara abarwayi (Ambulance) bemerewe na Ministiri Shyaka Anastase, Abaturage barishimira ko umubare w’ababuraga ubuzima ugiye kugabanuka by’Umwihariko Abana n’Ababyeyi

06 Jan 2021
Minisitiri w’intebe w’Ubwongereza yatangaje Ingamba zirimo Guma mu rugo kubera ko icyorezo cya Covid-19 kimaze gufata indi ntera

Minisitiri w’intebe w’Ubwongereza yatangaje Ingamba zirimo Guma mu rugo kubera ko icyorezo cya Covid-19 kimaze gufata indi ntera

05 Jan 2021
Urwego rushinzwe imfungwa n’abagororwa(RCS) rwashyizeho umuvugizi mushya

Urwego rushinzwe imfungwa n’abagororwa(RCS) rwashyizeho umuvugizi mushya

22 Jul 2020
Indwara y’uburenge yongeye kugaragara mu Ntara y’Uburasirazuba

Indwara y’uburenge yongeye kugaragara mu Ntara y’Uburasirazuba

02 Jul 2020
Nyuma yo gukubitirwa muri Kongo, Paul Rusesabagina yacuditse na Manyinya kugirango arebe ko bwacya kabiri

Nyuma yo gukubitirwa muri Kongo, Paul Rusesabagina yacuditse na Manyinya kugirango arebe ko bwacya kabiri

25 Jun 2020
Abatavuga rumwe n’ubutegetsi muri Uganda barabaza Perezida Museveni inyungu afite mu gushotora Rwanda

Abatavuga rumwe n’ubutegetsi muri Uganda barabaza Perezida Museveni inyungu afite mu gushotora Rwanda

16 Jun 2020

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru