• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Polisi mpuzamahanga mu guhashya ibyaha ndenga mipaka

Polisi mpuzamahanga mu guhashya ibyaha ndenga mipaka

Ubwanditsi 08 Mar 2016 Mu Mahanga

​Ubufatanye hagati ya Polisi y’u Rwanda n’izindi nzego yaba imbere mu gihugu ndetse no hanze yacyo ni imwe mu nkingi ituma habaho kurwanya ibyaha ndenga mipaka ndetse n’ibyaha bikoresha ikoranabuhanga.

Umuyobozi wungirije w’ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya ibyaha ndengamipaka ndetse n’ubutwererane Assistant Commissioner of Police (ACP) Peter Karake yatangaje ko Polisi y’u Rwanda igenda ibona inyungu muri gufatanye hagati y’ibihugu.

ACP Karake yagize ati”ubufatanye hagati ya Polisi y’u Rwanda ndetse n’izindi nzego buratera imbere uko iminsi igenda ihita cyane cyane mu guhanahana amakuru hagamijwe gukumira no kurwanya ibyaha hagati y’ibihugu bigize umuryango wa Polisi mpuzamahanga, INTERPOL”.

Avuga ko atari u Rwanda gusa rubigiramo inyungu ndetse n’Akarere k’ibiyaga bigari muri rusange aho atangaza ko ubu imipaka igera kuri 13 yashyizweho ikoranabuhanga ribafasha gutanga amakuru ku rwego mpuzamahanga.

Yagize ati” tumaze gufata imodoka z’injurano 12 zivuye mu Buyapani, Uganda, Kenya, Ubwongereza ndetse no mu Bubiligi; ibiyobyabwenge (Cocaine) bifite agaciro k’amadolari y’Amerika 720, 000; abantu bagera kuri 6 bagiye gucuruzwa hanze ndetse n’amafaranga y’amajurano agera kuri miliyoni 32 kandi yasubijwe ba nyirayo”
ACP Karake yongeyeho ko abacuruzi 9 kabuhariwe mu biyobyabwenge bafashwe ndetse n’abakekwaho gukora ibyaha bya genocide.

Si ibyo gusa kandi byafashwe kuko n’ibicuruzwa bya magendu harimo ibiribwa, imiti ndetse n’urumogi bifite agaciro k’amadolari y’Amerika 40,000 byafashwe kubera ubufatanye hagati y’ibihugu bigize umuryango wa Polisi mpuzamahanga, INTERPOL.
ACP Peter Karake akomeza atangaza ko u Rwanda rwashyize muri za Ambasade zayo mu bihugu nka Kenya, Uganda n’u Burundi, Abapolisi bashinzwe gukurikirana no kuzamura ubwo bufatanye (Police attaché) mu rwego rwo kunoza ibijyanye n’iperereza.

ACP Karake atangaza ko inyungu zageze no ku bapolisi aho bamwe ubu bahawe amasomo atuma bongererwa ubumenyi mu kurwanya ibyaha ndengamipaka harimo nk’icuruzwa ry’abantu, ibyaha bikorerwa kuri mudasobwa (cyber crimes), icuruzwa ry’ibiyobyabwenge, iterabwoba ndetse n’ibindi.

Ni muri urwo rwego ubu hari abapolisi 8 bari guhabwa amasomo na INTERPOL aho bari gushaka ubunararibonye ibi kandi bikazabafasha mu kazi mu gihe bazaba bagarutse mu Rwanda.

Ubutwererane n’ubufatanye bwa Polisi y’u Rwanda n’amahanga bugaragarira kandi mu bikorwa mpuzamahanga byo kugarura amahoro mu bihugu bitandukanye, kugeza ubu rukaba rufite abapolisi bagera hafi 900 mu butumwa bwa LONI mu bihugu 6 bitandukanye, ndetse bamwe bakaba bafite imirimo ikomeye aho bayoboye Polisi y’umuryango w’abibumbye muri Cote d’Ivoire (UNOCI) na Sudani y’epfo (UNMISS).

ACP Karake yagize ati” kubera icyizere Polisi y’u Rwanda ifitiwe mu ruhando mpuzamahanga tumaze kwakira amanama akomeye harimo inteko rusange ya INTERPOL, inama mpuzamahanga ishinzwe kurwanya ihohoterwa rikorerwa abagore n’abana b’abakobwa (KICD), tutibagiwe n’inteko rusange ya Afurika ishinzwe kurwanya ibyaha bikorerwa kuri mudasobwa (cybercrimes)”

ACP Karake asoza avuga ko ubufatanye bwa Polisi y’u Rwanda n’ibindi bihugu bugikomeje aho bimaze gusinyana amasezerano mu gukumira ndetse no kurwanya ibyaha.

Aya masezerano azibanda ahanini mu guhanahana amakuru ku banyabyaha, ubufatanye mu gukora iperereza ryimbitse, guhererekanya abanyabyaha, kongerera ubumenyi abapolisi ndetse no kongera umubare w’abapolisi bajya mu butumwa bw’amahoro.

RNP

2016-03-08
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umugabo afunzwe akurikiranyweho kunyereza imisoro irenga miliyoni 861

Umugabo afunzwe akurikiranyweho kunyereza imisoro irenga miliyoni 861

Ubwanditsi 25 Mar 2016
Abayobora ya mitwe yitwara gisirikari muri Kongo, iyi yibumbiye mu cyiswe ” Wazalendo”, baramaranye, bashinjanya ubugambanyi mu ntambara barwana na M23

Abayobora ya mitwe yitwara gisirikari muri Kongo, iyi yibumbiye mu cyiswe ” Wazalendo”, baramaranye, bashinjanya ubugambanyi mu ntambara barwana na M23

Ubwanditsi 07 Oct 2023
Sudani y’Epfo : Abapolisi b’u Rwanda 239 bakorera mu Ntara ya Malakal bambitswe imidari y’ishimwe

Sudani y’Epfo : Abapolisi b’u Rwanda 239 bakorera mu Ntara ya Malakal bambitswe imidari y’ishimwe

Ubwanditsi 25 Oct 2017
Nyuma y’ibuyera n’ifatwa rye, Ruharwa Fulgence Kayishema ashobora kwisanga mu nzira igana Arusha

Nyuma y’ibuyera n’ifatwa rye, Ruharwa Fulgence Kayishema ashobora kwisanga mu nzira igana Arusha

Ubwanditsi 16 Aug 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umuhanzi Zilha wamenyekanye mu marushanwa ya ArtRwanda Ubuhanzi arashishikariza abanyarwanda n’abanyamahanga gusura no gutembera u Rwanda
MULTIMEDIA

Umuhanzi Zilha wamenyekanye mu marushanwa ya ArtRwanda Ubuhanzi arashishikariza abanyarwanda n’abanyamahanga gusura no gutembera u Rwanda

Ubwanditsi 17 May 2021
Uganda: Gen Kale Kayihura arabarizwa I Nairobi
Mu Mahanga

Uganda: Gen Kale Kayihura arabarizwa I Nairobi

Ubwanditsi 05 Nov 2018
Tariki 22 Gicurasi 1994: Umunsi RPA yafashe Ikibuga cy’Indege cya Kigali n’ikigo cya gisirikare
Mu Rwanda

Tariki 22 Gicurasi 1994: Umunsi RPA yafashe Ikibuga cy’Indege cya Kigali n’ikigo cya gisirikare

Ubwanditsi 22 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru