• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Umuhungu wa Yuvenali Habyarimana ashimangiye ko “Jambo Asbl” ari agatsiko k’abakomoka ku bajenosideri, karwana no gutagatifuza abicanyi

Umuhungu wa Yuvenali Habyarimana ashimangiye ko “Jambo Asbl” ari agatsiko k’abakomoka ku bajenosideri, karwana no gutagatifuza abicanyi

Ubwanditsi 02 Feb 2022 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Twababwiye kenshi ko Jambo Asbl ari ikiguri cy’abana n’abuzukuru
b’ajenosideri, bagamije gutagatifuza ababyeyi babo bahekuye u Rwanda.
Inkuru ikomeje kuba impamo!


Mu gihe Abanyarwanda biteguraga Umunsi w’Intwari z’Igihugu, aba bana
bonse ingengabitekerezo ya Jenoside bo bari bahugiye mu cyo bise”inteko
rusange” ya Jambo Asbl yabereye i Buruseli mu Bubiligi tariki 29 Mutarama
2022, bacura umugambi wo kwerekana ko ahubwo abo bakomokaho
aribo”ntwari.

Muri iryo koraniro ry’abahakanyi ba Jenoside yakorewe Abatutsi kandi,
umuhungu wa Yuvenali Habyarimana witwa Léon Habyarimana ni umwe
mu batorerwe kuriyobora, bigashimangira ko Jambo Asbl ari ihuriro
ry’abakomoka ku boretse u Rwanda.
Gushyira umwe mu bana ba Habyarimana Yuvenali muri Jambo Asbl,
wateguye umugambi wa Jenoside yakorewe Abatutsi, ni agasuzuguro
n’agashinyaguro ku Banyarwanda, by’umwihariko ku barokotse iyo Jenoside.

Nta muntu ushyira mu gaciro utazi uruhare rwa Yuvenali Habyarimana mu
kaga u Rwanda rwanyuzemo, cyane cyane ibyo Interahamwe ze zakoze muri
uru Rwanda. Umuhungu we rero aje gufatanya n’abandi nkawe koza
ubwonko bw’abashukika, no gusiribanga amateka y’u Rwanda.

Uyu Léon Habyarimana kandi ni umuhungu wa Agatha Kanziga, umugore-
gito washinze akazu k’abicanyi, akaba umuhuzabikorwa w’umugambi
mubisha wa Jenoside yakorewe Abatutsi. Agatha Kanziga arakerakera mu
Bufaransa. Umuhungu we yamutagatifuza yagira, amaherezo azashyikirizwa
ubutabera aryozwe ibyaha ndengakamere akurikiranyweho.

Undi mujenosideri Léon Habyarimana afite inshingano yo gutagatifuza, ni
nyirarume Protais Zigiranyirazo wamarishije isi amaguru kubera guhekura
Igihugu cye. Zigiranyirazo ni umwe muri ba bagome bari muri Niger, ariko
bakaba bakibunza akarago kuko icyo gihugu cyababwiye ko kitazakomeza
gucumbikira abicanyi.

Ubundi mu mategeko icyaha ni gatozi. Ntibyumvikana rero ukuntu aba bana
bakomeza kwizirika ku byaha bya ba se na ba sekuru, kandi bazi neza ko
amahano yabo bayakoze isi yose ireba.

Kuba umwana wa Habyarimana Yuvenali na Agatha Kanziga, kuba umwana
wa Theoneste Bagosora cyangwa umuhungu wa Shingiro Mbonyumutwa,
muri make kugirana isano y’amaraso n’abajenosideri ubwabyo si icyaha, iyo
bigaragaye ko wowe ubwawe nta ruhare wagize muri Jenoside. Icyaha ni
uguhakana ibyaha abawe bakoze, kandi isi yose ifitiye ibimenyetso.

Inama ya kigabo rero: Bantu bo muri Jambo Asbl, nimureke gutsimbarara ku
marorerwa. Nimwitandukanye n’amateka mabi, muze mufatanye n’abandi
Banyarwanda kubaka ejo h’uRwanda hazima, kandi kuva mu buyobe
ukayoboka icyiza burya nabyo ni ubutwari.

2022-02-02
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Mu mukino wa gicuti, ikipe y’u Rwanda mu mukino w’intoki wa Basketball yatsinze Misiri bitegura gukina amajonjora y’igikombe cy’isi 2023

Mu mukino wa gicuti, ikipe y’u Rwanda mu mukino w’intoki wa Basketball yatsinze Misiri bitegura gukina amajonjora y’igikombe cy’isi 2023

Ubwanditsi 23 Feb 2022
Impamvu amatora muri RDC yatinze gutangazwa, Kabila yari ategereje intumwa yari yatumye mu Rwanda guhura na Kagame.

Impamvu amatora muri RDC yatinze gutangazwa, Kabila yari ategereje intumwa yari yatumye mu Rwanda guhura na Kagame.

Ubwanditsi 23 Jan 2019
Mbabazwa N’abatibuka Aho Bavuye Nka Sankara, Muzima Na Miheto- Uwacitse ku icumu

Mbabazwa N’abatibuka Aho Bavuye Nka Sankara, Muzima Na Miheto- Uwacitse ku icumu

Ubwanditsi 01 Aug 2018
Uko Umwami Kigeli yameneshejwe nyuma yo kumanura ibendera ry’Ababiligi i Kinshasa , uko yahungiye i Nyamirambo kwa Rukeba n’uko yajyanywe  i Bujumbura kungufu

Uko Umwami Kigeli yameneshejwe nyuma yo kumanura ibendera ry’Ababiligi i Kinshasa , uko yahungiye i Nyamirambo kwa Rukeba n’uko yajyanywe i Bujumbura kungufu

Ubwanditsi 18 Jan 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Burundi: Abantu bitwaje intwaro bateye ibirindiro bya polisi
HIRYA NO HINO

Burundi: Abantu bitwaje intwaro bateye ibirindiro bya polisi

Ubwanditsi 08 Apr 2019
Murenzi Abdallah yongeye gutorerwa kuyobora FERWACY, Kiyovu SC yasinyishije abanya Sudani babiri, Gasogi United yatandukanye na Iddy Museremu
Amakuru

Murenzi Abdallah yongeye gutorerwa kuyobora FERWACY, Kiyovu SC yasinyishije abanya Sudani babiri, Gasogi United yatandukanye na Iddy Museremu

Ubwanditsi 11 Jun 2022
Ban ki-Moon yageze Bujumbura yerekwa ishusho itariyo
Mu Rwanda

Ban ki-Moon yageze Bujumbura yerekwa ishusho itariyo

Ubwanditsi 23 Feb 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru