• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Umuhungu wa Yuvenali Habyarimana ashimangiye ko “Jambo Asbl” ari agatsiko k’abakomoka ku bajenosideri, karwana no gutagatifuza abicanyi

Umuhungu wa Yuvenali Habyarimana ashimangiye ko “Jambo Asbl” ari agatsiko k’abakomoka ku bajenosideri, karwana no gutagatifuza abicanyi

Ubwanditsi 02 Feb 2022 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Twababwiye kenshi ko Jambo Asbl ari ikiguri cy’abana n’abuzukuru
b’ajenosideri, bagamije gutagatifuza ababyeyi babo bahekuye u Rwanda.
Inkuru ikomeje kuba impamo!


Mu gihe Abanyarwanda biteguraga Umunsi w’Intwari z’Igihugu, aba bana
bonse ingengabitekerezo ya Jenoside bo bari bahugiye mu cyo bise”inteko
rusange” ya Jambo Asbl yabereye i Buruseli mu Bubiligi tariki 29 Mutarama
2022, bacura umugambi wo kwerekana ko ahubwo abo bakomokaho
aribo”ntwari.

Muri iryo koraniro ry’abahakanyi ba Jenoside yakorewe Abatutsi kandi,
umuhungu wa Yuvenali Habyarimana witwa Léon Habyarimana ni umwe
mu batorerwe kuriyobora, bigashimangira ko Jambo Asbl ari ihuriro
ry’abakomoka ku boretse u Rwanda.
Gushyira umwe mu bana ba Habyarimana Yuvenali muri Jambo Asbl,
wateguye umugambi wa Jenoside yakorewe Abatutsi, ni agasuzuguro
n’agashinyaguro ku Banyarwanda, by’umwihariko ku barokotse iyo Jenoside.

Nta muntu ushyira mu gaciro utazi uruhare rwa Yuvenali Habyarimana mu
kaga u Rwanda rwanyuzemo, cyane cyane ibyo Interahamwe ze zakoze muri
uru Rwanda. Umuhungu we rero aje gufatanya n’abandi nkawe koza
ubwonko bw’abashukika, no gusiribanga amateka y’u Rwanda.

Uyu Léon Habyarimana kandi ni umuhungu wa Agatha Kanziga, umugore-
gito washinze akazu k’abicanyi, akaba umuhuzabikorwa w’umugambi
mubisha wa Jenoside yakorewe Abatutsi. Agatha Kanziga arakerakera mu
Bufaransa. Umuhungu we yamutagatifuza yagira, amaherezo azashyikirizwa
ubutabera aryozwe ibyaha ndengakamere akurikiranyweho.

Undi mujenosideri Léon Habyarimana afite inshingano yo gutagatifuza, ni
nyirarume Protais Zigiranyirazo wamarishije isi amaguru kubera guhekura
Igihugu cye. Zigiranyirazo ni umwe muri ba bagome bari muri Niger, ariko
bakaba bakibunza akarago kuko icyo gihugu cyababwiye ko kitazakomeza
gucumbikira abicanyi.

Ubundi mu mategeko icyaha ni gatozi. Ntibyumvikana rero ukuntu aba bana
bakomeza kwizirika ku byaha bya ba se na ba sekuru, kandi bazi neza ko
amahano yabo bayakoze isi yose ireba.

Kuba umwana wa Habyarimana Yuvenali na Agatha Kanziga, kuba umwana
wa Theoneste Bagosora cyangwa umuhungu wa Shingiro Mbonyumutwa,
muri make kugirana isano y’amaraso n’abajenosideri ubwabyo si icyaha, iyo
bigaragaye ko wowe ubwawe nta ruhare wagize muri Jenoside. Icyaha ni
uguhakana ibyaha abawe bakoze, kandi isi yose ifitiye ibimenyetso.

Inama ya kigabo rero: Bantu bo muri Jambo Asbl, nimureke gutsimbarara ku
marorerwa. Nimwitandukanye n’amateka mabi, muze mufatanye n’abandi
Banyarwanda kubaka ejo h’uRwanda hazima, kandi kuva mu buyobe
ukayoboka icyiza burya nabyo ni ubutwari.

2022-02-02
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Nyuma y’umunsi wa kabiri wa shampiyona , AS Kigali yatsinze Police FC, Seninga arokora imirimo ye, Etincelles yo ikomeje kugana habi.

Nyuma y’umunsi wa kabiri wa shampiyona , AS Kigali yatsinze Police FC, Seninga arokora imirimo ye, Etincelles yo ikomeje kugana habi.

Ubwanditsi 05 May 2021
Amafaranga yakusanyijwe mu kiriyo cya Mowzey Radio yibwe

Amafaranga yakusanyijwe mu kiriyo cya Mowzey Radio yibwe

Ubwanditsi 09 Feb 2018
Mu rwego rwo guhunga ubutabera Kayumba Nyamwasa yatahiye umuzulukazi

Mu rwego rwo guhunga ubutabera Kayumba Nyamwasa yatahiye umuzulukazi

Ubwanditsi 31 Jan 2018
Igitutu cya M23 cyasohoye Tshisekedi mu bitaro adakize, none uburwayi bumuvugishije amangambure.

Igitutu cya M23 cyasohoye Tshisekedi mu bitaro adakize, none uburwayi bumuvugishije amangambure.

Ubwanditsi 07 Aug 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Imicungire yihariye y’umutekano wa Perezida w’u Bushinwa witegura gusura u Rwanda
INKURU NYAMUKURU

Imicungire yihariye y’umutekano wa Perezida w’u Bushinwa witegura gusura u Rwanda

Ubwanditsi 16 Jul 2018
APR FC yanganyije na Police FC, Kiyovu Sports irara ku ntebe y’icyubahiro
IMIKINO

APR FC yanganyije na Police FC, Kiyovu Sports irara ku ntebe y’icyubahiro

Ubwanditsi 22 Nov 2017
“Ndabasaba  gufata neza ibikoresho muhawe no kubikoresha neza kugira ngo mwiteze imbere” Busingye.
Mu Rwanda

“Ndabasaba  gufata neza ibikoresho muhawe no kubikoresha neza kugira ngo mwiteze imbere” Busingye.

Ubwanditsi 23 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru