• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Akanyamuneza ku baturage ba Mozambike mu ntara ya Cabo Delgado basubiye mu byabo nyuma y’imyaka ine bameneshejwe n’inyeshyamba

Akanyamuneza ku baturage ba Mozambike mu ntara ya Cabo Delgado basubiye mu byabo nyuma y’imyaka ine bameneshejwe n’inyeshyamba

Ubwanditsi 30 Aug 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Guhera mu minsi ibiri ishize, ingabo z’u Rwanda niza Mozambique zatangiye gufasha abaturage bari baravuye mu byabo mu ntara y’amajyaruguru ya Mozambique ariyo Cabo Delgado kubisubiramo.

Icyiciro cya mbere cyari kigizwe n’abantu 684 basubiye mu ngo zabo mu Karere ka Palma, bakaba barafashijwe kuva mu nkambi nini ya Quitunda. Iyo nkambi ikaba yari iherereye hafi n’icyambu cya Afungi aho abari bakuwe mu byabo bagera ku bihumbi 10 babaga.

Ibihumbi n’ibihumbi by’abaturage ba Cabo Delgado bahunze mu mwaka wa 2017 ubwo inyeshyamba zo mu mutwe w’iterabwoba wibasiraga iyi ntara.

Gusubiza abaturage mu ngo zabo byatangiranye n’abari mu nkambi ya Quitunda ariko nabari muzindi baraza gukurikiraho. Ingabo z’u Rwanda niza Mozambique baherekeje abaturage babageza mu ngo zabo ubundi banashinga ibirindiro hafi yabo.

Ubwo Ingabo zafataga icyambu cya Afungi mu ntangiriro zuku kwezi, nta ninyoni yatambaga none nkuko bigaragara ku mafoto, abaturage batangiye kugera ku cyambu cya Afungi.

Iyi myaka ine mu buhungiro igaragaza ko abaturage batari babayeho neza, ariko bafite icyizere nubwo hari abana bagaragaza ibimenyetso by’ingaruka z’imirire mibi.

Tariki ya 9 Nyakanga 2021, nibwo Leta y’u Rwanda ku busabe bwa Leta ya Mozambique bohereje ingabo na Polisi bagera ku 1000 mu gufasha kurwanya imitwe y’iterabwoba yari yarigaruriye tumwe mu turere tugize intara ya Cabo Delgado, kugarura ituze ndetse no gusubiza imiryango yataye ibyayo kubisubiramo.

Ingabo z’u Rwanda zikaba zaroherejwe ngo zifatanye niza Mozambique ndetse n’izibihugu byibumbiye hamwe byo mu majyepfo y’Afurika (SADC)

Ubu 90% by’ubuso bwa Cabo Delgabo buri mu maboko y’ingabo z’u Rwanda hamwe niza Mozambique ahasigaye hakaba hari kuba ibikorwa bya gisirikari mu kurwanya ibyihebe bikiharangwa.
Intara ya Gabo Delgabo ifite Uturere 16 ariko utwazahajwe n’intamabara ni dutanu aritwo Palma, Mocimboa da Praia, Mueda, Mocambia na Muidumbe.

2021-08-30
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ese niba Kagame adatinya Museveni ni gute yatinya ikigwari nka Kayumba Nyamwasa?

Ese niba Kagame adatinya Museveni ni gute yatinya ikigwari nka Kayumba Nyamwasa?

Ubwanditsi 25 Feb 2020
Abatuye muri Huye bakanguriwe kwirinda no kurwanya ibiyobyabwenge

Abatuye muri Huye bakanguriwe kwirinda no kurwanya ibiyobyabwenge

Ubwanditsi 23 Feb 2016
BURUNDI : Gihamya ko FDLR iri ku bwinshi mu barinda Perezida Pierre Nkunziza (Yavuguruwe)

BURUNDI : Gihamya ko FDLR iri ku bwinshi mu barinda Perezida Pierre Nkunziza (Yavuguruwe)

Ubwanditsi 13 Jun 2019
Burundi: Abahamijwe uruhare mu kwica Gen Nshimirimana baravugwaho kwigaragambya

Burundi: Abahamijwe uruhare mu kwica Gen Nshimirimana baravugwaho kwigaragambya

Ubwanditsi 15 Oct 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame yifuza impinduka mu bwikorezi bwo mu kirere
Mu Mahanga

Perezida Kagame yifuza impinduka mu bwikorezi bwo mu kirere

Ubwanditsi 22 Feb 2017
U Rwanda rwakuye  umudali wa Feza muri Madagascar ubwo hakinwaga imikino Nyafurika ya Basket ya Batatu
Amakuru

U Rwanda rwakuye umudali wa Feza muri Madagascar ubwo hakinwaga imikino Nyafurika ya Basket ya Batatu

Ubwanditsi 02 Dec 2024
U Burundi bwirukanye Umuyobozi w’Umuryango wigenga wo mu Bubiligi
INKURU NYAMUKURU

U Burundi bwirukanye Umuyobozi w’Umuryango wigenga wo mu Bubiligi

Ubwanditsi 30 Oct 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru