• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Amerika na Israel batangaje ibikomeye ku ntambara na Iran: “Ni igihe cyo guhitamo amahoro cyangwa kurimbuka”

Amerika na Israel batangaje ibikomeye ku ntambara na Iran: “Ni igihe cyo guhitamo amahoro cyangwa kurimbuka”

Ubwanditsi 24 Jun 2025 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, POLITIKI

Mu gihe umwuka w’intambara ukomeje gukara hagati ya Iran na Israel, ndetse n’umubano uhagaze nabi hagati ya Iran na Amerika, abayobozi bakuru b’ibi bihugu byombi batangaje amagambo akomeye yagaragaje aho bahagaze n’ibyo bateganya gukora mu minsi iri imbere.

Israel: Iran yarenze umurongo utukura

Guverinoma ya Israel yagaragaje ko Iran yarenze umurongo utukura (red line) ubwo yagabaga igitero cya missile kuri Qatar, igamije kwibasira kambi ya gisirikare ya Amerika ya Al-Udeid Air Base.

Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Israel, Israel Katz, yatangaje ko “Iran igomba kumenya ko ibikorwa nk’ibi bigira igisubizo gikomeye byanze bikunze uyu muriro igomba kuwota. Nta gihugu na kimwe gifite uburenganzira bwo kwangiza umutekano w’akarere .”

Ingabo za Israel (IDF) zatangaje ko ziteguye kugaba ibindi bitero bikomeye muri Tehran no mu bindi bice by’inganda z’iran zirimo gukora ubushakashatsi bwa nucléaire.

Amerika: “Iki ni igihe cyo guhitamo amahoro”

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yavuze ko igitero cya Iran mu matware ya Amerika cyari “igisubizo gito cyane” ndetse yashimye ko Iran yabanje kumenyesha Qatar na USA mbere y’uko igitero kiba.

Trump yagize ati:“Iki ni igihe cyo guhitamo amahoro cyangwa kurimbuka. Iran nishyire hasi ibitwaro, turebe ko twabaho tudashyamirana.”

Iyi mvugo ya Trump irerekana ko Amerika itifuza gukomeza intambara, ahubwo ishaka gukoresha inzira za dipolomasi mu gusubiza ibintu ku murongo. Ariko kandi, yavuze ko Israel ifite uburenganzira bwo kwirwanaho igihe cyose yatewe.

Kuki iyi ntambara ikomeje guteza impungenge?

  • Iran irashinjwa gutera inkunga imitwe yitwaje intwaro nka Hamas na Hezbollah, bityo bikabangamira Israel.

  • Israel nayo ikomeje kugaba ibitero by’indege ku bikorwa bya Iran muri Syria no muri Lebanon.

  • Qatar yatangiye kugaragaza gucika intege cyane umuntu yakwita kunegekara kuko ivuga ko “amahoro arambye atagerwaho igihe ibihugu bikomeye birimo Amerika na Iran birimo guterana amagambo n’amasasu.”

Ingaruka ku karere n’isi muri rusange

  • Umutekano w’akarere uragenda uhungabana, cyane cyane mu bihugu bya Gulf (Qatar, UAE, Bahrain).

  • Ibiciro bya lisansi byatangiye kuzamuka ku isoko mpuzamahanga kubera impungenge z’ibikorwa by’amavuta byambuka umuyoboro wa Hormuz.

  • Ibihugu bikomeye nka China, Russia n’Uburayi birimo gusaba impande zombi kwihangana no gutangira ibiganiro.

Intambara hagati ya Iran, Israel na Amerika ni ikibazo cyagakwiye gukemuka mu maguru mashya ku rwego mpuzamahanga. Uko ibintu bihagaze ubu, ikosa rito cyangwa ijambo rya gusyugusyu nyirankabare rishobora gutuma habaho intambara rusange y’akarere (regional war), cyangwa se ibihugu bikomeye bikisanga mu ivangura riremereye rya politiki no mu bucuruzi bw’intwaro.

Amerika yo isaba amahoro, Israel isaba kwirwanaho, Iran nayo isaba kubahwa, Ikigaragara ni uko isi irimo kugana mu mage y’itangira ry’intambara yo mu gace ka Middle East

2025-06-24
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Kagame yakanguriye Abatuye Iburasirazuba gutinyuka gusohokera muri EPIC Hotel

Perezida Kagame yakanguriye Abatuye Iburasirazuba gutinyuka gusohokera muri EPIC Hotel

Ubwanditsi 02 Mar 2018
Dore ukuri mutamenye ku ngemu Ingabire Victoire yohererezwa nk’umuyobozi wa FDU-Inkingi mu Rwanda

Dore ukuri mutamenye ku ngemu Ingabire Victoire yohererezwa nk’umuyobozi wa FDU-Inkingi mu Rwanda

Ubwanditsi 21 Oct 2022
AU ikomeje gutinza raporo ku iperereza ryasabwe na Perezida Kagame ku ivangura riyivugwamo

AU ikomeje gutinza raporo ku iperereza ryasabwe na Perezida Kagame ku ivangura riyivugwamo

Ubwanditsi 30 Sep 2018
Nyuma ya Perezida Mugabe,  Perezida Sirleaf wa Liberia yageze mu Rwanda

Nyuma ya Perezida Mugabe, Perezida Sirleaf wa Liberia yageze mu Rwanda

Ubwanditsi 15 Jul 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umutoza w`Amavubi aratangaza ko bazakora ibishoboka byose  bagatsinda umukino wa mbere
IMIKINO

Umutoza w`Amavubi aratangaza ko bazakora ibishoboka byose bagatsinda umukino wa mbere

Ubwanditsi 14 Jan 2016
Abasirikare b’u Rwanda 140 barwanisha imodoka z’intambara  bari kwitegura kwerekeza muri Centrafrika
Mu Rwanda

Abasirikare b’u Rwanda 140 barwanisha imodoka z’intambara bari kwitegura kwerekeza muri Centrafrika

Ubwanditsi 22 Sep 2017
Urutonde rw’ibihugu bifite ibisirikare bikomeye ku isi muri 2018
HIRYA NO HINO

Urutonde rw’ibihugu bifite ibisirikare bikomeye ku isi muri 2018

Ubwanditsi 26 Apr 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru