• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – APR FC yatangaje Uwiyaremye Fidali wakiniraga Intare FC nk’umukinnyi wayo mushya wiyongera kuri Rubuguza Jean Pierre wakiniraga Gicumbi FC   |   24 Jun 2026

  • Rayon Sports na SKOL basinyanye amasezerano mashya y’ubufatanye afite agaciro k’asaga miliyoni 185 Frw ku mwaka   |   24 Jun 2026

  • Umunya-Togo Antonio Kossivi Atisso Kodjo watsinze ibitego byinshi muri Benin yatangajwe nka rutahizamu mushya wa Rayon Sports   |   23 Jun 2026

  • Niwe rutahizamu watsinze ibitego byinshi muri Ivory Coast, ibyo wamenya kuri rutahizamu mushya wa APR FC, Amani Kouadio Kan   |   22 Jun 2026

  • Igisambo Paul Rusesabagina agakungu ke na Bad Rama karasiga amubyaje ayo mu ihembe   |   20 Jun 2026

  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Tariki ya 19 Nyakanga 1994, Nyuma yo Guhagarika Jenoside yakorerwaga abatutsi no gutsinda inzirabwoba FPR nandi mashyaka bashyizeho Leta y’Ubumwe

Tariki ya 19 Nyakanga 1994, Nyuma yo Guhagarika Jenoside yakorerwaga abatutsi no gutsinda inzirabwoba FPR nandi mashyaka bashyizeho Leta y’Ubumwe

Ubwanditsi 20 Jul 2020 INKURU NYAMUKURU, Uncategorized

Nyuma yo guhagarika Jenoside yakorerwaga Abatutsi, no gushushubikana Leta y’Abatabazi yayishyize mu bikorwa, FPR nandi mashyaka bashyizeho Leta y’ubumwe,Ni nyuma yuko ingabo za RPA zibohoye Kigali, kuya 4 Nyakanga Leta y’Ubumwe yagiyeho kuya 19 Nyakanga mu 1994. Hari hashize imyaka 3, amezi 9 n’iminsi 19 urugamba rwo kubohora igihugu rutangiye.

Muri icyo gihe igihugu cyari kitaratekana neza, imibiri y’abazize Jenoside yakorewe abatutsi inyanyagiye hirya no hino ku misozi, igihugu cyari mu gahinda cyatewe na leta mbi y’abicanyi nyuma yaho RPA ibakubitiye inshuro bagahunga ubutarora inyuma, leta y’abicanyi n’ingabo zayo bahise bahungira mu cyahoze ari Zaïre ariyo ubu Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Guverinoma y’Ubumwe Ijya kujyaho hari hashize iminsi mike ingabo za RPA zifashe Butare, kuya 03 Nyakanga1994,Ubwo ingabo za RPA zitanze isomo ku ngabo zu Bufaransa zari mu Rwanda icyo gihe. Zishaka uko uko zakingira ikibaba leta y’abicanyi yiyitaga iyabatabazi. Hari hashize iminsi mike Ruhengeri na Gisenyi bibohowe kuko Ruhengeri yabohowe yari ku ya 14 Nyakanga, Gisenyi ku ya 17 Nyakanga. Ari nawo munsi Perezida wa FPR-Inkotanyi, Colonel Alexis Kanyarengwe, yatangaje ko hagiye kujyaho Guverinoma y’Ubumwe bw’Abanyarwanda.
Muri iryo jambo rya Perezida wa FPR-Inkotanyi, Colonel Alexis Kanyarengwe havuzwe ko guverinoma izajyaho ku itariki 19 Nyakanga ndetse ko MRND nk’ ishyaka rya Habyarimana Juvenal na CDR, yombi yagize uruhare mu gutegura n’ishyirwa mu bikorwa ry’umugambi mubisha wa Jenoside yakorewe abatutsi, ko batazaba bari muri Guverinoma y’Ubumwe.

Ku itariki 17 Nyakanga ni nabwo yavuze ko hazajyaho umwanya wa Visi Perezida w’Igihugu. Anavuga ko hazajyaho Inteko Ishinga Amategeko irimo n’abasirikare, ntibavuze itariki ariko bavuze ko izajyaho mu minsi iri imbere. Banavuze ko imitwe yose itarijanditse muri Jenoside, izahuriza hamwe ikarema ingabo z’igihugu.”
Ku itariki ya 18 Nyakanga, Gen Maj Paul Kagame nibwo yavuze ko intambara irangiye, maze ku wa 19 Nyakanga hatangazwa Guverinoma.

Iyi Guverinoma yagiyeho nyuma y’iminsi mike Pasteur Bizimungu yemejwe nka Perezida wa Repubulika, ndetse hari hashize iminsi ibiri byemejwe n’amasezerano ya Arusha ko Twagiramungu Faustin agomba kuba Minisitiri w’Intebe. Muba minisitiri 17 bari bagize iyo guverinoma, umunani(8) bari abo muri FPR Inkotanyi, batatu(3) bo muri MDR, batatu(3) bo muri PL, babiri(2) bo muri PSD n’umwe(1) wo muri PDC. Tariki 19 Nyakanga harahiye abaminisitiri 14, abandi bongerwamo bukeye bwaho tariki 20 Nyakanga.

Guverinoma yari igizwe n’abasivili hafi ya yose, mu kwereka abaturage ko basubijwe ubuyobozi, ingabo zikaberaho kubarinda nyuma yo kubabohora. Kandi imyanya yatanzwe hakurikijwe ibyagenwaga n’amasezerano ya Arusha ariko imyanya ya MRND ihabwa FPR Inkotanyi kuko Perezida yabaye uwa FPR, hajyaho n’umwanya wa Visi Perezida. Gusa hari imyanya FPR yagiye iha abandi bantu batari mu mashyaka nk’uwahawe Minisitiri w’Ubutabera n’indi.

Nyuma yaho hashyizweho Guverinoma hakurikijwe Itegeko Nshinga ryo mu 1991, amasezerano ya Arusha, ibyari byemejwe n’andi amashyaka ndetse n’ibya FPR Inkotanyi. Ibi ni byo byavuyemo Itegeko Shingiro ryakoreshejwe kugeza mu 2003 hatorwa Itegeko Nshinga, ryaje kuvugururwa mu 2015. Guverinoma ijyaho muri icyo gihe impunzi zari zirimo gutahuka ndetse igice kimwe cy’igihugu cyari mu maboko y’Abafaransa muri Zone Turquoise (Kibuye na Cyangugu).

Icyo gihe Guverinoma ishyirwaho,bamwe mu baturage bari batuye i Kigali bari baje kuri CND (ubu nahakorera Inteko Nshingamategeko ku Kimihurura) kureba uwo muhango wo gushyiraho Guverinoma y’Ubumwe bw’Abanyarwanda, Abarokotse Jenoside yakorewe abatutsi nubwo ibikomere ku mubiri no ku mutima byari byose nibura bari bishimye ko barokowe kandi ko batagipfuye, ubundi bibazaga uko bazabaho nyuma yo kubura ababo no gutakaza ibintu byose, icyo gihe hari abandi banyarwanda benshi bari baragiye bakurikiye Leta y’abicanyi bo inkuru bayumviye Tingi-Tingi muri Congo no mu bindi bihugu bitandukanye.

Abaturage benshi bari bateraniye ku yahoze ari CND bitabiriye umuhango w’irahira ry’abayobozi bashya nyuma ya Jenoside imyanya bari bahawe ku mpamvu za politiki cyangwa izabo bwite.
Mu muco wo kwigomwa no kwishakamo ibisubizo nubu ukiranga FPR-INKOTANYI muri rusange ukaba umaze gushinga imizi mu banyarwanda no mu buzima bwose bw’igihugu, icyo gihe guverinoma yari igiyeho Kubera ubukene igihugu cyari gifite bwatumye Abaminisitiri ba mbere babayeho nyuma ya Jenoside badahembwa kuko ntaho amafaranga yari kuva, ndetse imishahara ikaba itari mu byihutirwa.

Muri guverinoma nshya yari igiyeho bamwe banambye ku gihugu bagitekerereza uko cya kwikura mu rusobe rw’ibibazo cyari cyasigiwe na Leta yasize ikoze Jenoside, ariko hari abandi bari muri guverinoma bari barashyize inda imbere bayirutisha igihugu nka Jean Marie Vianney Ndagijimana wabaye Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, akaza kuva mu Rwanda atorokanye ibihumbi 200 by’amadolari yari ahawe kugira ngo ayifashishe mu gufungura za Ambasade.

Amafaranga yakoreshwaga icyo gihe ni ayo FPR yari yarasaguye kuyayifashaga ku rugamba. Inshingano yari iyo gutangira, hagashyirwaho umutekano w’abantu n’ibintu, ubundi ibindi bikaza nyuma.” Bizimungu Pasteur ni we wabaye Perezida wa Repubulika yashyizeho ku wa 19 Nyakanga 1994, umunsi nawe yatangiye imirimo.Gen Maj Paul Kagame yari yaramenyesheje FPR Inkotanyi ko adashaka kuba Perezida, nk’uko nawe ubwe inshuro nyinshi yakunze kujya abisobanura.

Muri uko kugira ngo bashyireho umwanya wa Visi Perezida, kimwe mu byabiteye ni uko bashakaga ko akomeza gukorana na Perezida Pasteur Bizimungu. Bashakaga ko iyo mikoranire yabaye yo ku Mulindi ikomeza no muri Leta y’ubumwe.N’ubwo nyuma yaje gutana akajya mu bindi.

N’ubu FPR- INKOTANYI ntirakura mu ruge mu mugambi wo kubaka igihugu cyifuzwa na buri wese nubwo nka Twagiramungu Faustin kimwe nabandi nkawe barinze uruhara rubarangiza umutwe batava muri politiki z’inda nini no ku biba urwango mu banyarwanda nubwo bitazabahira kuko umunyarwanda w’uyu minsi atakurikira ikibi areba icyiza.

2020-07-20
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ikibazo cy’u Rwanda na Uganda ntaho gihuriye n’imipaka – Perezida Kagame

Ikibazo cy’u Rwanda na Uganda ntaho gihuriye n’imipaka – Perezida Kagame

Ubwanditsi 30 Jan 2020
Madamu Jeannette Kagame arahurira na Perezida Trump mu masengesho yo gusengera Amerika

Madamu Jeannette Kagame arahurira na Perezida Trump mu masengesho yo gusengera Amerika

Ubwanditsi 08 Feb 2018
Nyuma yo gukorerwa iyicwarubozo, Umunyarwanda Emmanuel Magezi yaguye muri gereza ya gisirikari muri Uganda

Nyuma yo gukorerwa iyicwarubozo, Umunyarwanda Emmanuel Magezi yaguye muri gereza ya gisirikari muri Uganda

Ubwanditsi 09 Feb 2020
Imibanire y’uRwanda-Uganda: Ushobora guhisha ukuri ariko ntiwaguhindura

Imibanire y’uRwanda-Uganda: Ushobora guhisha ukuri ariko ntiwaguhindura

Ubwanditsi 08 Aug 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Iby’ingenzi kuri Djoliba AC igiye kwesurana na APR FC
IMIKINO

Iby’ingenzi kuri Djoliba AC igiye kwesurana na APR FC

Ubwanditsi 06 Mar 2018
Urwango David Himbara afitiye u Rwanda n’Abanyarwanda rwarenze igipimo, yishimiye ko Corona Virus yageze mu Rwanda
INKURU NYAMUKURU

Urwango David Himbara afitiye u Rwanda n’Abanyarwanda rwarenze igipimo, yishimiye ko Corona Virus yageze mu Rwanda

Ubwanditsi 15 Mar 2020
Itangazo rigenewe Abanyamakuru:  Ibikorwa byo #Kwibuka23 bizakorwa mu cyumwer cy’icyunamo
Mu Rwanda

Itangazo rigenewe Abanyamakuru: Ibikorwa byo #Kwibuka23 bizakorwa mu cyumwer cy’icyunamo

Ubwanditsi 07 Apr 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru