• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana   |   01 Aug 2026

  • APR FC, Rayon Sports, Police FC na Kiyovu SC zizakina FERWAFA Super Cup 2026 yari isanzwe ikinwa n’amakipe abiri   |   01 Aug 2026

  • Rutahizamu Byiringiro Lague agiye kwerekeza muri Afurika y’Epfo aho yitegura gutangira akazi mu ikipe ya Durban City FC   |   31 Jul 2026

  • Senateri Mukabalisa Donatille yitabye Imana azize Uburwayi   |   30 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’u Rwanda batrengeje imyaka 18 begukanye igikombe cya Zone V   |   29 Jul 2026

  • Bwa mbere mu mateka u Rwanda rwabonye umudali mu Mikino ya Commonwealth   |   29 Jul 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Haravugwa guheza abagore ku myanya y’akazi ikomeye muri Komisiyo ya AU
Umuyobozi wa Komisiyo ya AU, Moussa Faki Mahamat

Haravugwa guheza abagore ku myanya y’akazi ikomeye muri Komisiyo ya AU

Ubwanditsi 05 May 2018 POLITIKI

Ivangura mu kazi rigamije guheza abagore ku myanya ikomeye ya Komisiyo y’Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe (AU), ni rimwe mu masubyo agomba kujanjagurwa byihutirwa kuko bamwe mu bahakora bahamya ko bimaze kuba umuco mubi utonesha abagabo ugasuzugura ubushobozi bw’abagore.

Umuyobozi wa Komisiyo ya AU, Moussa Faki Mahamat, amaze kwandikirwa amabaruwa menshi harimo abiri yasinyweho n’abagore bamusaba ko yakemura iki kibazo bita ‘agasuzuguro no gufatwa nabi’.

Ayo mabaruwa atandukanye yabonywe na Mail & Guardian, harimo imwe yo ku wa 25 Mutarama, yasinyweho n’abagore 37, igira iti “Twebwe, abakozi b’igitsina gore bakora muri Komisiyo ya Afurika yunze Ubumwe, tubabajwe bikomeye n’ivangura mu kazi ryibasira abakozi b’abagore bakora muri komisiyo.”

Iyo baruwa ikomeza igira iti “Kwigirira icyizere muri komisiyo by’umwihariko muri twe abakozi b’abagore biri hasi cyane, kandi bizakomeza kugabanuka kuko nta gisubizo ubona giteganyijwe.”

Aba bagore bavuga ko ikibazo nyamukuru ari ivangura riba mu gushaka abakozi muri komisiyo, aho abagore bashoboye bafite n’ubunararibonye bigizwayo bakimwa imyanya ikomeye (Senior role) ahubwo igahora ihabwa abagabo.

Bavuga ko iki kibazo kigaragara cyane mu ishami rishinzwe amahoro n’umutekano, rifatwa nk’irikomeye muri AU.

Bati“Iyi mikorere ya Komiseri ushinzwe amahoro n’umutekano yo kugenera imyanya abagabo gusa hanyuma igaheza ndetse ikanasuzugura abagore, igomba guhagarara burundu. Igomba kugirwa icyaha muri AU.”

Iri shami riyobowe na Smail Chergui, niryo ryonyine muri Komisiyo ya AU, ridafite umugore uyoboye agashami ako ariko kose.

Indi baruwa yandikiwe Faki kuwa 14 Gashyantare, kimwe n’izindi zigaragaza byinshi ku bibazo biri mu ishami rishinzwe amahoro n’umutekano.

Iyi yasinywe n’abayobozi bakuru batanu bo mu ishami rishinzwe imiyoborere n’abakozi, ishinja Chergui, gukoresha nabi ububasha afite binyuze mu guha imyanya aba ashaka, kwivanga mu bizamini by’ibiganiro (interview) no mu bijyanye no gushaka abakozi.

By’umwihariko batunga urutoki mu bitarubahirijwe ubwo hashyirwagaho umuyobozi w’agateganyo ushinzwe agashami ko gucunga Ibiza ndetse no mu gushyiraho ushinzwe gukumira amakimbirane no gutanga umuburo.

Iyo baruwa igira iti “By’akamenyero Komiseri wenyine yongera gusuzuma lisiti, agahindura itonde, agakuramo amwe mu mazina akongeramo andi, kandi ibi byabaye ubuziraherezo. Ibikorwa bye byasubije hasi iri shami ry’ingenzi muri Komisiyo.”

Umuvugizi wa Perezida wa Komisiyo ya AU, Ebba Kalondo, yavuze ko nubwo adashobora kugira icyo mvuga agendeye ku mabaruwa yashingiweho handikwa inkuru, Umuyobozi wa Komisiyo ya Afurika yunze Ubumwe atazihanganira na rimwe igisa n’ihohoterwa cyose.

Yagize ati “Uburinganire no guteza imbere abagore mu Muryango ni ikintu cy’ingenzi cyitabwaho cyane. Muri Mutarama uyu mwaka inama y’Abakuru b’Ibihugu yafashe umwanzuro wo gushyiraho intego z’uburinganire mu nzego zose z’umuryango bitarenze mu 2025.”

Yakomeje agira ati “Buri kirego cy’uwari we wese n’ahari ho hose mu muryango gihabwa agaciro kandi kigakorwaho iperereza ryimbitse. Buri kirego kandi ni ukutwibutsa ko hakiri akazi kenshi ko gukora kugira ngo abantu bagire uburenganzira bungana aho bakorera.”

Abakora muri Komisiyo ya AU n’abigeze kuyikoramo yaba abagabo n’abagore bahamya ko ibyatangajwe muri ariya mabaruwa ari ukuri, nubwo batemeye gutangazwa amazina.

Hari benshi batangaza ko Faki arimo gufata ingamba zo gukemura ibibazo bijyanye no gutanga akazi mu ishami rishinzwe amahoro n’umutekano rya AU, harimo no guhagarika by’agateganyo ibijyanye no gushaka abakozi bakuru kugeza ibi bibazo bikemutse.

Ku rundi ruhande ariko azitirwa n’uko Komisiyo ya AU yubatse, aho Umuyobozi Mukuru wayo, umwungirije n’abandi ba komiseri umunani batorwa n’ibihugu bigize umuryango. Bikaba bitamushobokera kugira ijambo rikomeye kuri Komiseri wakoze amakosa.

Icyakora iki ni ikibazo agomba gukemura, kuko mu ibaruwa yo kuwa 14 Gashyantare, yagaragarijwe ko afitiwe icyizere cyo gukemura ibibazo bimaze imyaka, byakuze cyane ku ngoma ya Dlamini Zuma yasimbuye.

2018-05-05
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Amerika ifite impungenge z’amatora ya kamarampaka ateganywa kuba mu Burundi

Amerika ifite impungenge z’amatora ya kamarampaka ateganywa kuba mu Burundi

Ubwanditsi 02 May 2018
Igihano cya Rwabukombe, impano u Budage bwahaye Abanyarwanda- Min.Mushikiwabo

Igihano cya Rwabukombe, impano u Budage bwahaye Abanyarwanda- Min.Mushikiwabo

Ubwanditsi 03 Jan 2016
RDC: Abatavuga rumwe n’ubutegetsi biyemeje kuzashyigikira umukandida umwe

RDC: Abatavuga rumwe n’ubutegetsi biyemeje kuzashyigikira umukandida umwe

Ubwanditsi 30 Sep 2018
Imvugo z’Uburyarya no kwivuguruza kw’Abanyapolitiki biyita ko bari muri Opposition

Imvugo z’Uburyarya no kwivuguruza kw’Abanyapolitiki biyita ko bari muri Opposition

Ubwanditsi 26 Dec 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kutumvikana na Minisitiri w’Intebe byatumye uwari ushinzwe gahunda ya ‘Brexit’ asezera
HIRYA NO HINO

Kutumvikana na Minisitiri w’Intebe byatumye uwari ushinzwe gahunda ya ‘Brexit’ asezera

Ubwanditsi 09 Jul 2018
U Burayi bwashimangiye ko bushyigikiye Perezida Kagame mu mavugurura ya AU
INKURU NYAMUKURU

U Burayi bwashimangiye ko bushyigikiye Perezida Kagame mu mavugurura ya AU

Ubwanditsi 05 Jun 2018
Madamu Jeannette Kagame yasobonuriye isi uko u Rwanda rwesezereye ibigo by’impfubyi
POLITIKI

Madamu Jeannette Kagame yasobonuriye isi uko u Rwanda rwesezereye ibigo by’impfubyi

Ubwanditsi 23 Sep 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru