• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Haravugwa guheza abagore ku myanya y’akazi ikomeye muri Komisiyo ya AU
Umuyobozi wa Komisiyo ya AU, Moussa Faki Mahamat

Haravugwa guheza abagore ku myanya y’akazi ikomeye muri Komisiyo ya AU

Ubwanditsi 05 May 2018 POLITIKI

Ivangura mu kazi rigamije guheza abagore ku myanya ikomeye ya Komisiyo y’Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe (AU), ni rimwe mu masubyo agomba kujanjagurwa byihutirwa kuko bamwe mu bahakora bahamya ko bimaze kuba umuco mubi utonesha abagabo ugasuzugura ubushobozi bw’abagore.

Umuyobozi wa Komisiyo ya AU, Moussa Faki Mahamat, amaze kwandikirwa amabaruwa menshi harimo abiri yasinyweho n’abagore bamusaba ko yakemura iki kibazo bita ‘agasuzuguro no gufatwa nabi’.

Ayo mabaruwa atandukanye yabonywe na Mail & Guardian, harimo imwe yo ku wa 25 Mutarama, yasinyweho n’abagore 37, igira iti “Twebwe, abakozi b’igitsina gore bakora muri Komisiyo ya Afurika yunze Ubumwe, tubabajwe bikomeye n’ivangura mu kazi ryibasira abakozi b’abagore bakora muri komisiyo.”

Iyo baruwa ikomeza igira iti “Kwigirira icyizere muri komisiyo by’umwihariko muri twe abakozi b’abagore biri hasi cyane, kandi bizakomeza kugabanuka kuko nta gisubizo ubona giteganyijwe.”

Aba bagore bavuga ko ikibazo nyamukuru ari ivangura riba mu gushaka abakozi muri komisiyo, aho abagore bashoboye bafite n’ubunararibonye bigizwayo bakimwa imyanya ikomeye (Senior role) ahubwo igahora ihabwa abagabo.

Bavuga ko iki kibazo kigaragara cyane mu ishami rishinzwe amahoro n’umutekano, rifatwa nk’irikomeye muri AU.

Bati“Iyi mikorere ya Komiseri ushinzwe amahoro n’umutekano yo kugenera imyanya abagabo gusa hanyuma igaheza ndetse ikanasuzugura abagore, igomba guhagarara burundu. Igomba kugirwa icyaha muri AU.”

Iri shami riyobowe na Smail Chergui, niryo ryonyine muri Komisiyo ya AU, ridafite umugore uyoboye agashami ako ariko kose.

Indi baruwa yandikiwe Faki kuwa 14 Gashyantare, kimwe n’izindi zigaragaza byinshi ku bibazo biri mu ishami rishinzwe amahoro n’umutekano.

Iyi yasinywe n’abayobozi bakuru batanu bo mu ishami rishinzwe imiyoborere n’abakozi, ishinja Chergui, gukoresha nabi ububasha afite binyuze mu guha imyanya aba ashaka, kwivanga mu bizamini by’ibiganiro (interview) no mu bijyanye no gushaka abakozi.

By’umwihariko batunga urutoki mu bitarubahirijwe ubwo hashyirwagaho umuyobozi w’agateganyo ushinzwe agashami ko gucunga Ibiza ndetse no mu gushyiraho ushinzwe gukumira amakimbirane no gutanga umuburo.

Iyo baruwa igira iti “By’akamenyero Komiseri wenyine yongera gusuzuma lisiti, agahindura itonde, agakuramo amwe mu mazina akongeramo andi, kandi ibi byabaye ubuziraherezo. Ibikorwa bye byasubije hasi iri shami ry’ingenzi muri Komisiyo.”

Umuvugizi wa Perezida wa Komisiyo ya AU, Ebba Kalondo, yavuze ko nubwo adashobora kugira icyo mvuga agendeye ku mabaruwa yashingiweho handikwa inkuru, Umuyobozi wa Komisiyo ya Afurika yunze Ubumwe atazihanganira na rimwe igisa n’ihohoterwa cyose.

Yagize ati “Uburinganire no guteza imbere abagore mu Muryango ni ikintu cy’ingenzi cyitabwaho cyane. Muri Mutarama uyu mwaka inama y’Abakuru b’Ibihugu yafashe umwanzuro wo gushyiraho intego z’uburinganire mu nzego zose z’umuryango bitarenze mu 2025.”

Yakomeje agira ati “Buri kirego cy’uwari we wese n’ahari ho hose mu muryango gihabwa agaciro kandi kigakorwaho iperereza ryimbitse. Buri kirego kandi ni ukutwibutsa ko hakiri akazi kenshi ko gukora kugira ngo abantu bagire uburenganzira bungana aho bakorera.”

Abakora muri Komisiyo ya AU n’abigeze kuyikoramo yaba abagabo n’abagore bahamya ko ibyatangajwe muri ariya mabaruwa ari ukuri, nubwo batemeye gutangazwa amazina.

Hari benshi batangaza ko Faki arimo gufata ingamba zo gukemura ibibazo bijyanye no gutanga akazi mu ishami rishinzwe amahoro n’umutekano rya AU, harimo no guhagarika by’agateganyo ibijyanye no gushaka abakozi bakuru kugeza ibi bibazo bikemutse.

Ku rundi ruhande ariko azitirwa n’uko Komisiyo ya AU yubatse, aho Umuyobozi Mukuru wayo, umwungirije n’abandi ba komiseri umunani batorwa n’ibihugu bigize umuryango. Bikaba bitamushobokera kugira ijambo rikomeye kuri Komiseri wakoze amakosa.

Icyakora iki ni ikibazo agomba gukemura, kuko mu ibaruwa yo kuwa 14 Gashyantare, yagaragarijwe ko afitiwe icyizere cyo gukemura ibibazo bimaze imyaka, byakuze cyane ku ngoma ya Dlamini Zuma yasimbuye.

2018-05-05
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Trump akomeje gugabanya icyuho cy’amajwi Clinton yamurushaga

Trump akomeje gugabanya icyuho cy’amajwi Clinton yamurushaga

Ubwanditsi 01 Sep 2016
Congo – Brazza yiyemeje kongera imbaraga mu gukurikirana Abakoze Jenoside babarizwayo

Congo – Brazza yiyemeje kongera imbaraga mu gukurikirana Abakoze Jenoside babarizwayo

Ubwanditsi 08 Apr 2019
Jambo asbl ni agatsiko k’abana b’interahamwe bagamije guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi

Jambo asbl ni agatsiko k’abana b’interahamwe bagamije guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 24 Mar 2025
Ubuyapani bwatanze miliyoni 135Frw zo kunganira ibigo bibiri by’amashuri

Ubuyapani bwatanze miliyoni 135Frw zo kunganira ibigo bibiri by’amashuri

Ubwanditsi 13 Mar 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Nyuma y’imyaka itanu ari umuvugizi wa APR FC, Kazungu Claver ntakiri kuri uyu mwanya
Amakuru

Nyuma y’imyaka itanu ari umuvugizi wa APR FC, Kazungu Claver ntakiri kuri uyu mwanya

Ubwanditsi 19 Jul 2021
EU yahaye u Rwanda miliyari hafi 53 Frw zo kwifashisha mu guhangana n’ingaruka za Coronavirus
UBUKUNGU

EU yahaye u Rwanda miliyari hafi 53 Frw zo kwifashisha mu guhangana n’ingaruka za Coronavirus

Ubwanditsi 09 Apr 2020
Umunyamakuru Mugabe Robert yasubijwe muri gereza
INKURU NYAMUKURU

Umunyamakuru Mugabe Robert yasubijwe muri gereza

Ubwanditsi 22 Nov 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru