• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Tumenye inkomoko y’insigamigani:”yahihibikanye mu bitazamuhira uboshye Himbara wa Byabagamba”!   |   22 Jan 2021

  • Ushobora gusiga ikikwirukaho, ariko ntiwasiga ikikwirukamo. Abajenosideri isi yababanye nto, bahora bikanga kugarurwa mu Rwanda.Nta gahinda nko kwikanga gusubira iwanyu!   |   21 Jan 2021

  • Ingabo z’u Rwanda zifite inshingano zidasanzwe zo kurindira umutekano Perezida wa Centrafrique kugera ku muturage wo hasi no gukumira ibitero by’inyeshyamba   |   21 Jan 2021

  • Ibyo umushakashatsi wemerewe kureba inyandiko za Mitterrand yiboneye n’amaso ye, yemeza ko Ubufaransa bwagize uruhare muri Jenoside Yakorewe Abatutsi   |   19 Jan 2021

  • U Burundi bwakajije ingamba zo kwirinda icyorezo cya COVID 19 nyuma y’iminsi bagisuzugura   |   18 Jan 2021

  • Umunyarwanda ati:”Umutindi umuha amata akaruka amaraso”. Patrick Habamenshi, ubuparmehutu buranze burakokamye?!   |   18 Jan 2021

 
You are at :Home»POLITIKI»Madamu Jeannette Kagame yasobonuriye isi uko u Rwanda rwesezereye ibigo by’impfubyi

Madamu Jeannette Kagame yasobonuriye isi uko u Rwanda rwesezereye ibigo by’impfubyi

Editorial 23 Sep 2017 POLITIKI

Madamu Jeannette Kagame yasobanuriye abagore b’abakuru b’ibihugu byo ku isi uko u Rwanda rwahisemo kubaho rutagira ikigo na kimwe cy’impfubyi ahubwo umwana wese akarererwa mu muryango.

Abana ibihumbi n’ibihumbi babaga mu bigo by’impfubyi bashakiwe imiryango ibarera, igihugu kikaba kishimira ko Abanyarwanda bumvise umuco gakondo ko umwana ari uw’igihugu muri rusange.

Politiki yo gukura abana mu bigo by’impfubyi bagashyirwa mu miryango yabaye u Rwanda rusohotse mu marorerwa ya Jenoside yakorewe Abatutsi igahitana abasaga miliyoni naho ababarirwa mu bihumbi 75 bagasigara ari impfumbyi zitagira kivurira.

Inama y’abagore b’abakuru b’ibihugu byo ku isi “Global First Ladies Alliance” yabereye i New York ubwo abakuru b’ibihugu bari mu Nama Rusange ya 72 y’Umuryango w’Abibumbye.

-8075.jpg

Madamu Jeannette Kagame mu kiganiro mu nama y’abagore b’abakuru b’ibihugu byo ku isi “Global First Ladies Alliance”

Madamu Jeannette Kagame yagize ati “Jenoside ikirangira, igihugu cyasigaranye inshingano zikomeye zo gusana imitima yakomerekejwe, kuvura inkomere no kongera kubaka inzego zari zasenywe.”

Muri “Global First Ladies Alliance” abagore b’abakuru b’ibihugu baterana inkunga mu bushobozi bwabo mu kuganira ku ngingo zizana impinduka nziza mu bihugu byabo no ku isi.

Madamu Jeannette Kagame, akaba yababwiye ko mu Muco Nyarwanda “Nta rwego na rumwe rushyirirwaho kwita ku bana b’impfubyi. Iyo umwana yabaga impfubyi yahitaga ahabwa umuryango mugari ukamwitaho cyangwa se agahabwa abaturanyi.”

Ni ho yahereye avuga ko hashingiwe kuri uwo muco, guverinoma yashyizeho gahunda yo gusubiza abana mu miryango, bagashakirwa imiryango ibarera nk’abana bayo (adoption).

Iyo uvuze ku kwita ku bana batagira kivurira hari ibihe bikomeye byo muri 2007, bitasibangana mu mutwe wa buri Munyarwanda.

-8074.jpg

Madamu Jeannette Kagame mu ihuriro ry’abagore b’abakuru b’ibihugu byo ku isi “Global First Ladies Alliance”

Muri 2007, mu buryo bwo gukemura ku buryo burambye ikibazo cy’impfubyi mu Rwanda, hashyizweho urwego rushinzwe kurengera abana b’impfubyi rwise “National Strategic Plan for Orphans and Vulnerable Children”.

Muri uyu mwaka kandi, Imbuto Foundation, Umuryango uyoborwa na Madamu Jeannette Kagame, ni bwo watangije gahunda ya ba “Malayika Murinzi” mu rwego rwo kwita ku bana batagira kivurira.

Kugeza ubu, u Rwanda rufite ba Malayika Murinzi basaga ibihumbi bitatu, aba akaba ari bantu bakuze bagiye bagaragariza abana batawe n’ababyeyi babo urukundo ntagereranywa bakemera kubabera ababyeyi.

Jeannette Kagame ati “Twafashe icyemezo cyo kujya dushimira abo bagabo n’abagore mu ruhame kubera ibikorwa byabo kugira ngo dushishikarize n’abandi kugira umutima nk’uwo, twongere ducane urumuri rw’icyizere ku bana by’umwihariko abatagira kivurira.”

Muri 2012 kandi, ni bwo gahunda y’ ivugururwa ry’itegeko ryo kwita ku bana yateguye uburyo abana bose bagomba gukurwa mu bigo by’impfubyi, abana bose bakarerwa mu miryango.

Madamu Jeannette Kagame yavuze ko “Gusubiza abana mu miryango bakongera kubona urukundo rwa kibyeyi aribyo byafashije mu kubaka uburyo burambye bwo kwita ku mwana no gushyira uburyo bwo kugenzura uko abana babayeho.”

Kugeza ubu, abana ubihumbi 2 na 909 mu bana ibihumbi 3 na 323 babaga mu bigo by’impfubyi babonye imiryango ibarera, ibigo 21 kuri 33 byashoboye kubonera imiryango abana bose byareraga.

Madamu Jeannette Kagame ati “Nk’igihugu cyahuye n’amateka asharira yo gutsindwa kwa muntu kikongera kwiyubaka gihereye ku busa, twisanze tugomba gukoresha uburyo budasanzwe mu kwihutisha iterambere ryacu nta n’umwe dusize inyuma.”

Yakomeje avuga ko hari izindi gahunda zikomeje zo kwita ku bana binyuze mu buringanire n’ubwuzuzanye mu nzego zose z’u Rwanda kugira ngo urubyiruko rwitabweho mu buryo bwose bushoboka ababyeyi bombi babigizemo uruhare.

-8076.jpg

Madamu Jeannette Kagame mu kiganiro i New York

Madamu Jeannette Kagame yogeyeho ati “iGuhura bidufasha kwigira ku masomo ya buri gihugu kandi tukarebera hamwe uko twashora imari kandi tukongerera ubushobozi abaturage bacu kugira ngo bashobore kubaka imiryango irambye, ibereye urubyiruko rwacu.”

2017-09-23
Editorial

IZINDI NKURU

Perezida Kagame yerekeje   i Ndjamena mu irahira rya  Perezida Itno

Perezida Kagame yerekeje i Ndjamena mu irahira rya Perezida Itno

Editorial 08 Aug 2016
Uganda: Perezida Yoweri Museveni Yarusimbutse Imwe Mu Modoka Ze Irangizwa

Uganda: Perezida Yoweri Museveni Yarusimbutse Imwe Mu Modoka Ze Irangizwa

Editorial 14 Aug 2018
Itangazo ryo kubika ryasohowe na FDLR rijijisha urupfu rwa Ge. Mudacumura

Itangazo ryo kubika ryasohowe na FDLR rijijisha urupfu rwa Ge. Mudacumura

Editorial 19 Sep 2019
Perezida Kagame yakiriwe na mugenzi we wa Kenya

Perezida Kagame yakiriwe na mugenzi we wa Kenya

Editorial 18 Sep 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Hashinzwe Fondasiyo yigenga ikora ubushakashatsi kuri Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse no kurwanya abayihakana

Hashinzwe Fondasiyo yigenga ikora ubushakashatsi kuri Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse no kurwanya abayihakana

12 Jan 2021
Abapolisi benshi cyane muri Washington DC bambariye urugamba, Abantu Bane bamaze gupfa nyuma yuko abashyigikiye Trump binjiye ku ngufu muri Kongere

Abapolisi benshi cyane muri Washington DC bambariye urugamba, Abantu Bane bamaze gupfa nyuma yuko abashyigikiye Trump binjiye ku ngufu muri Kongere

07 Jan 2021
U Rwanda rwahawe igihembo kubera ingamba zihamye zo kurwanya COVID-19 , abirirwaga bakoronga ngo amabwiriza yo kwirinda icyo cyorezo abangamiye uburenganzira bwa muntu bakorwa n’ikimwaro!!

U Rwanda rwahawe igihembo kubera ingamba zihamye zo kurwanya COVID-19 , abirirwaga bakoronga ngo amabwiriza yo kwirinda icyo cyorezo abangamiye uburenganzira bwa muntu bakorwa n’ikimwaro!!

16 Oct 2020
Judi Rever Umunya Canada wahagurukiye guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, yahawe akato, ahezwa mu ruhando rw’abanyamakuru b’ibihangange!!

Judi Rever Umunya Canada wahagurukiye guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, yahawe akato, ahezwa mu ruhando rw’abanyamakuru b’ibihangange!!

07 Oct 2020
Ibihe by’Ingenzi byaranze Inkotanyi/RPA ku rugamba intambwe ku yindi

Ibihe by’Ingenzi byaranze Inkotanyi/RPA ku rugamba intambwe ku yindi

02 Oct 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Inzego z’Ubutabazi zo muri Indoneziya zakuye ibice by’imibiri, imyenda ndetse n’ibisigazwa by’ibyuma mu nyanja ya Java, nyuma y’umunsi umwe Boeing 737 ikoze impanuka muri iki gihugu

Inzego z’Ubutabazi zo muri Indoneziya zakuye ibice by’imibiri, imyenda ndetse n’ibisigazwa by’ibyuma mu nyanja ya Java, nyuma y’umunsi umwe Boeing 737 ikoze impanuka muri iki gihugu

10 Jan 2021
Ikigo nderabuzima cya Mbuye muri Ruhango cyahawe ingobyi itwara abarwayi (Ambulance) bemerewe na Ministiri Shyaka Anastase, Abaturage barishimira ko umubare w’ababuraga ubuzima ugiye kugabanuka by’Umwihariko Abana n’Ababyeyi

Ikigo nderabuzima cya Mbuye muri Ruhango cyahawe ingobyi itwara abarwayi (Ambulance) bemerewe na Ministiri Shyaka Anastase, Abaturage barishimira ko umubare w’ababuraga ubuzima ugiye kugabanuka by’Umwihariko Abana n’Ababyeyi

06 Jan 2021
Minisitiri w’intebe w’Ubwongereza yatangaje Ingamba zirimo Guma mu rugo kubera ko icyorezo cya Covid-19 kimaze gufata indi ntera

Minisitiri w’intebe w’Ubwongereza yatangaje Ingamba zirimo Guma mu rugo kubera ko icyorezo cya Covid-19 kimaze gufata indi ntera

05 Jan 2021
Urwego rushinzwe imfungwa n’abagororwa(RCS) rwashyizeho umuvugizi mushya

Urwego rushinzwe imfungwa n’abagororwa(RCS) rwashyizeho umuvugizi mushya

22 Jul 2020
Indwara y’uburenge yongeye kugaragara mu Ntara y’Uburasirazuba

Indwara y’uburenge yongeye kugaragara mu Ntara y’Uburasirazuba

02 Jul 2020
Nyuma yo gukubitirwa muri Kongo, Paul Rusesabagina yacuditse na Manyinya kugirango arebe ko bwacya kabiri

Nyuma yo gukubitirwa muri Kongo, Paul Rusesabagina yacuditse na Manyinya kugirango arebe ko bwacya kabiri

25 Jun 2020
Abatavuga rumwe n’ubutegetsi muri Uganda barabaza Perezida Museveni inyungu afite mu gushotora Rwanda

Abatavuga rumwe n’ubutegetsi muri Uganda barabaza Perezida Museveni inyungu afite mu gushotora Rwanda

16 Jun 2020

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru