• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ku bw’impamvu z’umutekano, umwiherero w’ikipe y’igihugu, Amavubi wari kubera muri Morocco wimuriwe mu Misiri   |   03 Jun 2026

  • APR FC yatangaje ko itazakomezanya n’abakinnyi batatu barimo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah   |   03 Jun 2026

  • Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze   |   03 Jun 2026

  • Mozambique izatanga amafaranga yo gufasha Ingabo z’u Rwanda mu butumwa bw’i Cabo Delgado   |   02 Jun 2026

  • Urwibutso rwa Paris ruzarinda ukuri kwa Jenoside kwibagirana no kubungabunga amateka, kurinda ukuri kutazimira uko imyaka izagenda ishira   |   02 Jun 2026

  • Umujyi wa Kigali wahagaritse inkunga ya Miliyoni 250FRW yahaga amakipe ya Kiyovu Sports na Gasogi United   |   02 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»IBYO KAYUMBA NYAMWASA YARI KUBA YARABAJIJWE MURI TWITTER SPACE IYO UMURONGO UBA UFUNGUYE KU BANTU BOSE

IBYO KAYUMBA NYAMWASA YARI KUBA YARABAJIJWE MURI TWITTER SPACE IYO UMURONGO UBA UFUNGUYE KU BANTU BOSE

RUSHYASHYA 17 Nov 2025 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, POLITIKI, UBUTABERA

Mu ijoro ryo kuwa gatanu w’iki cyumweru turi dusoje Kayumba Nyamwasa yagaragaye kuri Twitter Space mu kiganiro cyari kiyobowe Spokesperson wa RNC, Ignace Rusagara, yihinduye umugabo w’intangarugero uvuga demokarasi, imiyoborere myiza, n’amahoro mu karere. Mu magambo ye, yagerageje kwerekana ko ari “umunyapolitiki wakuze,” “intwari yo guharanira impinduka,” ndetse “umwe mu barwanya akarengane.”
Ariko inyuma yayo magambo abwira abatamuzi ni umugabo wahamwe n’ibyaha by’iterabwoba n’ibindi byaha binyuranye, Muri iyi nkuru turababwira Kayumba Nyamwasa uwariwe ndetse n’ibibazo nyamukuru yari kubazwa

1. Urupfu rwa Ben Rutabana

Rutabana Ben ni umwe mu bantu Kayumba yigeze kongera ko ari “umuvandimwe,” “umunyabwenge,” “umukada w’igihangange.” Ariko ubwo Rutabana yahishuraga ko hari ugutoneshwa gushingiye ku miryango muri RNC, gukoresha amafaranga ku buryo butazwi bikozwe na Kayumba Nyamwasa no gukoresha RNC mu nyungu bwite za Kayumba Nyamwasa, Rutabana yahindutse umwanzi aburirwa irengero bivugwa ko Kayumba Nyamwasa yamwohereje muri Congo akaba ariyo yamwamburiye ubuzima.
Ni iki Kayumba avuga ku rupfu cyangwa kuburirwa irengero rye?
Ni iki yakoze nk’umuyobozi ngo arenganure uwarwaniraga ishyaka rye?
Ni iki yumva kimusobanura imbere y’umuryango wa Rutabana?
Mu kiganiro kuri Twitter Space, nta n’umwe wari kubibaza kuko yabazwaga ibibaz yateguriwe bisebya Leta yu Rwanda

2. P5: Abasore yohereje gupfira mu mashyamba ya Congo.
Niba hari umugome wa mbere ni Kayumba Nyamwasa kuko yateguye ingabo arangije sintsinzwe arazihakana. Uyu mutwe yawushinze yizeye gukuraho ubutegetsi bwa Kigali ariko yabukoresheje mu nyungu ze bwite. Abenshi bahasize ubuzima nka Capt Charles Sibo wari wungirije Major Habib Mudathiru wari uyoboye ingabo agafatwa akoherezwa mu Rwanda.

3. Miliyoni 1.5 y’amadorali yanyerejwe na Kayumba Nyamwasa yari yakusanyijwe kugurira P5 intwaro

Mu rubanza rw’iterabwoba rwaregwagamo Paul Rusesabagina na Callixte Sankara na bagenzi be, babwiye Sankara yatangaje ko Kayumba Nyamwasa yakiriye amafaranga arenga miliyoni n’igice y’amadorali yo kugura intwaro maze umwana wumuhungu ayakubita umufuka agura imodoka 8 za Mercedes-Benz Actros akuraho telephone. Kugura intwaro,

4. Gukoresha RNC nk’akarima ke

Hari ibintu bitatu bikomeye byavuzwe n’abantu babaga mu buyobozi bwa RNC: 1) RNC yahindutse isambu yo mu rugo kwa Kayumba 2) Imyanya yose ikomeye iba mu muryango 3) Abagerageza kuvuga ukuri baracibwa cyangwa bakicwa.

Urugero rukomeye:

• Ben Rutabana yaburiye irengero nyuma yo kuvuga imyitwarire mibi ya Kayumba,
• Abandi nka Mukashema, Mugenzi, n’abandi batemeraga politics ya kayumba bararenganyijwe,
• Hari abata Umutwe bigendera bavuga “nta politiki nzima ihari, ni business.”
Iki kibazo gikomeye cy’itonesha nticyigeze kibazwa muri space.
Kayumba Nyamwasa yohereje Abasore mu mashyamba ya RDC bari kurwana n’inzara, malaria, n’ibindi bitero, naho Kayumba we:
o Yabaga mu mahoteli yo mu rwego rwo hejuru muri Kampala, na Pretoria
o Agakoresha amamodoka agezweho muri Pretoria,
o Akishyurwa na diaspora yo mu Burayi n’Amajyepfo ya Afurika.

Abamufashaga bakavuga bati:

“Twatangiye politiki twizeye umuyobozi, tuza gusanga ari umugabo w’ubucuruzi.”
Iki ni ikindi kibazo nticyigeze kibazwa
6: Ubucuruzi bwa Kayumba Nyamwasa mu bihugu bitandukanye

Birazwi ko:

• Kayumba afite ubushabitsi bwa transport muri Mozambique, Angola na Afurika y’Epfo,
• Afite amaduka n’isoko rinini muri Maputo,
• Afite inzu zihenze muri Pretoria no mu yindi mijyi.
Amakuru y’imbere muri RNC avuga ko:
• Ibicuruzwa byinshi byazamuwe n’amafaranga RNC yakusanyaga yitwaje intwaro zitigeze zigurwa kugurwa,
Ese ko muri Twitter Space batigeze bamubaza imvano yuwo mutungo?

Muri make mu kiganiro cya Twitter Space, Kayumba yirinze ibintu byose bimurega:
• Ntiyasobanuye ibura rya Ben Rutabana,
• Ntiyasubije ku rupfu rw’abarwanyi boherejwe muri DRC,
• Ntiyasobanuye $1.5 million z’intwaro,
• Ntiyasobanuye uko RNC yabaye akarima k’umuryango we,
• Ntiyasobanura impamvu yihishaga abanyamuryango bamubaza amafaranga,
• Ntiyigeze avuga impamvu yoherezaga urubyiruko gupfa mu mashyamba we yicaye mu mahoro ya Pretoria.

2025-11-17
RUSHYASHYA

IZINDI NKURU

Burundi: Abanyamahanga barimo umuzungukazi bafatiwe muri Rweru baburiwe irengero

Burundi: Abanyamahanga barimo umuzungukazi bafatiwe muri Rweru baburiwe irengero

Ubwanditsi 05 Nov 2018
SADC yahururiye gusahura muri Kongo, none ibirindiro byayo muri Mozambique byigaruriwe n’ibyihebe

SADC yahururiye gusahura muri Kongo, none ibirindiro byayo muri Mozambique byigaruriwe n’ibyihebe

Ubwanditsi 01 Mar 2024
Bujumbura : Amasasu menshi yumvikanye mu Bwiza

Bujumbura : Amasasu menshi yumvikanye mu Bwiza

Ubwanditsi 05 Oct 2018
Umushyikirano 19: Ntimugatinye ibitumbaraye. Kenshi biba bimeze nk’ibipurizo byuzuyemo umwuka, wakozaho urushinge gusa ibyari bibyimbyemo ukayoberwa aho bigiye “Perezida Kagame”

Umushyikirano 19: Ntimugatinye ibitumbaraye. Kenshi biba bimeze nk’ibipurizo byuzuyemo umwuka, wakozaho urushinge gusa ibyari bibyimbyemo ukayoberwa aho bigiye “Perezida Kagame”

Ubwanditsi 23 Jan 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rayon Sports yegukanye igikombe cya shampiyona itsinze Mukura
Mu Rwanda

Rayon Sports yegukanye igikombe cya shampiyona itsinze Mukura

Ubwanditsi 18 May 2017
Kenya: Abanyarwanda 6 bahataniye mu ijonjora rya nyuma muri GodFather EastAfrica
SHOWBIZ

Kenya: Abanyarwanda 6 bahataniye mu ijonjora rya nyuma muri GodFather EastAfrica

Ubwanditsi 05 Feb 2018
Umukandida wa FPR-INKOTANYI ku mwanya wa Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, asanga demokarasi ari amahitamo arimo ubwisanzure, kandi bushingiye ku budasa bw’ igihugu
Amakuru

Umukandida wa FPR-INKOTANYI ku mwanya wa Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, asanga demokarasi ari amahitamo arimo ubwisanzure, kandi bushingiye ku budasa bw’ igihugu

Ubwanditsi 22 Jun 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru