• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Kirehe: Umumotari n’umukozi wa Kompanyi itwara abagenzi mu modoka bafashe umuntu ifite urumogi

Kirehe: Umumotari n’umukozi wa Kompanyi itwara abagenzi mu modoka bafashe umuntu ifite urumogi

Ubwanditsi 24 Mar 2016 Mu Mahanga

​Ahagana saa kumi n’ebyiri zo mu gitondo cyo ku itariki 23 Werurwe, umumotari witwa Nsengiyumva Emmanuel ukorera mu karere ka Kirehe na Murokozi Steven, ukora akazi ko kugurisha amatike muri imwe mu ma Kompanyi atwara abagenzi mu modoka bafatanye ibiro 10 by’urumogi uwitwa Itangishaka Emile, hanyuma bamushyikiriza sitasiyo ya Polisi y’u Rwanda ya Kirehe, ho mu karere ka Kirehe.

Asobanura uko byagenze, Nsengiyumva yagize ati:”Ubwo nari nibereye mu kazi, nageze mu kagari ka Rwabutazi mbona umuntu twarufatanye afite agafuka rwarimo. Nagize amakenga ko yaba atwayemo urumogi. Niyumvishije ko agiye gufatira imodoka ijya i Kigali i Cyunuzi. Nahise mpamagara Murokozi kuri terefone kugira ngo uwo muntu naza kumukatishaho itike barebe ko yaba koko afite urumogi muri uwo mufuka.”

Nsengiyumva yakomeje agira, ati:”Namubwiye uko uwo muntu ateye ndetse n’ibyo yambaye. Maze guha Murokozi ayo makuru namusanze aho yari (Cyunuzi) kuko ari ho hari iseta nshakiraho abagenzi.”

Yagize na none, ati:”Mpageze, namubajije niba yamubonye; ambwira ko nta we yabonye.Twahise tujya kubaza umushoferi w’imodoka uwo muntu yategeye aho namubonye; uwo mushoferi yatubwiye ko yaje gutahura ko afite urumogi maze yanga kumutwara mu modoka.”

Nsengiyumva yavuze ko we na Murokozi bahise bajyana kuri moto aho yari yabonye uwo muntu kugira ngo barebe ko yaba agihari, ariko bahageze baramubura.

Yakomeje agira ati:”Twajagajaze utuyira two muri ako gace kugira ngo turebe ko twamubona ariko ntitwamuca iryera.Twahise tugaruka i Cyunuzi kureba ko yaba yahageze maze tukihagera tumubona mu modoka y’imwe mu ma Kompanyi atwara abagenzi mu modoka, duhita tumuvanamo, hanyuma tumusaba kutwereka ibyo afite mu gafuka, maze turebyemo dusanga agafuka kuzuye urumogi, maze duhita tumuheka kuri moto tumujyana kuri sitasiyo ya Polisi ya Kirehe.”

Nsengiyumva yasabye abamotari bagenzi be kuba abafatanyabikorwa ba Polisi y’u Rwanda mu kurwanya ibiyobyabwenge by’ubwoko bwose.

Yagize ati:”Abanywi b’ibiyobyabwenge ni bo ahanini basambanya abana, ni bo bakubita abantu no kubakomeretsa, ni bo biba, ndetse ni na bo bahohotera abantu mu buryo butandukanye. Nk’umuntu usobanukiwe ububi bwabyo sinashoboraga kumureka ngo agenda. Ni yo mpamvu nakoze ibishoboka byose kugira ngo afatwe; kandi mfatanyije na Murokozi nabigezeho.”

Murokozi we yagize ati:” Abanywa ibyo bitindigasani by’ibiyobyabwenge bakora ibikorwa bihungabanya ituze ry’abantu. Nsengiyumva akimara kumbwira ko hari umuntu akeka ko yaba afite urumogi, ndetse akambwira ko ashobora kuza kunkatishaho tike, nahise nitegura kumufatisha ahageze.”

Yakomeje agira, ati:”Nubwo byatugoye; turishimira ko umuhate wacu utapfuye ubusa kuko amaherezo twamufashe kandi tumushyikiriza Polisi y’u Rwanda.”

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu ntara y’Uburasirazuba, Inspector of Police (IP) Emmanuel Kayigi yashimye Nsengiyumva na Murokozi k’uby’icyo gikorwa bakoze cyo gufatana Itangishaka ruriya rumogi kandi bakamushyikiriza Polisi y’u Rwanda.
IP Kayigi yagize, ati:”Bigaragaza ko abantu bamaze gusobanukirwa uruhare rwabo mu kwicungira umutekano. Aba bafatanye Itangishaka ruriya rumogi biyongera ku bandi baduhaye amakuru yatumye hafatwa abanyabyaha batandukanye.”

Yasabye abantu muri rusange kwirinda ibyaha aho biva bikagera; kandi bagaha Polisi y’u Rwanda amakuru yatuma hafatwa ababikoze cyangwa abafite imigambi yo kubikora.

RNP

2016-03-24
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umurambo wa Savimbi washyinguwe nyuma y’imyaka 17 yishwe

Umurambo wa Savimbi washyinguwe nyuma y’imyaka 17 yishwe

Ubwanditsi 03 Jun 2019
Ukuboko k’ubutabera ntikuzabaha amahwemo. I Buruseli mu Bubiligi hatangiye urubanza rw’abajenosideri Twahirwa na Basabose

Ukuboko k’ubutabera ntikuzabaha amahwemo. I Buruseli mu Bubiligi hatangiye urubanza rw’abajenosideri Twahirwa na Basabose

Ubwanditsi 05 Oct 2023
Uganda: Abantu batatu bakekwaho Ebola batorotse ibitaro

Uganda: Abantu batatu bakekwaho Ebola batorotse ibitaro

Ubwanditsi 14 Jun 2019
Uganda: Umudepite yareze mu rukiko umunyeshuri wamwandikiye ubutumwa bw’urukundo

Uganda: Umudepite yareze mu rukiko umunyeshuri wamwandikiye ubutumwa bw’urukundo

Ubwanditsi 05 Oct 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Placide Kayumba umwe mu nkingi ya mwamba za Jambo Asbl izwiho gupfobya Jenoside  ni muntu ki?
ITOHOZA

Placide Kayumba umwe mu nkingi ya mwamba za Jambo Asbl izwiho gupfobya Jenoside ni muntu ki?

Ubwanditsi 14 Sep 2018
Loni igiye gutangiza iperereza ku mikoranire hagati ya M23 na Leta ya Kabila
HIRYA NO HINO

Loni igiye gutangiza iperereza ku mikoranire hagati ya M23 na Leta ya Kabila

Ubwanditsi 08 Dec 2017
Icyinyoma cya Bonabaana inkoramutima ya RNC, kunyerera ku gishishwa cy’umuneke mu gitangazamakuru cya guverinoma
INKURU NYAMUKURU

Icyinyoma cya Bonabaana inkoramutima ya RNC, kunyerera ku gishishwa cy’umuneke mu gitangazamakuru cya guverinoma

Ubwanditsi 12 Aug 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru