• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ingoma Ibihumbi u Rwanda ruticaranye ku meza n’abaruhekuye bashaka kwambara Uruhu rwera kandi ari ibirura   |   04 Aug 2026

  • Omar Artan witegura gusifura UEFA Super Cup izahuza PSG na Aston Villa, azasifura umumukino wa nyuma wa CECAFA KAGAME Cup 2026   |   03 Aug 2026

  • Rayon Sports, Gor Mahia, Jamus na Al Hilal zageze muri ½ cy’Imikino ya CECAFA Kagame Cup 2026   |   02 Aug 2026

  • Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana   |   01 Aug 2026

  • APR FC, Rayon Sports, Police FC na Kiyovu SC zizakina FERWAFA Super Cup 2026 yari isanzwe ikinwa n’amakipe abiri   |   01 Aug 2026

  • Rutahizamu Byiringiro Lague agiye kwerekeza muri Afurika y’Epfo aho yitegura gutangira akazi mu ikipe ya Durban City FC   |   31 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Perezida Kagame niwe wongeye gutsinda amatora ku majwi 98,66%

Perezida Kagame niwe wongeye gutsinda amatora ku majwi 98,66%

Ubwanditsi 07 Aug 2017 Mu Rwanda

Perezida Kagame yongeye gutsinda amatora ku majwi 98.66% by’amajwi yose yabaruwe kugeza saa sita z’ijoro.

Saa saba z’ijoro Komisiyo y’Amatora yari imaze kubarura kugeza kuri 80% bingana na 5,498,414 by’abatoye bose mu gihugu na hanze ku biro by’itora 1,732 kuri 2,340 byari mu gihugu hose.

Umukandida wigenga Philippe Mpayimana ni we wabaye uwa kabiri na 0.72% aho yatowe n’abantu 36,620.

Frank Habineza wa Green Party yatowe n’abantu 24,904 bingana na 0.45%.

Uko abakandida batowe mu Ntara

Mu Ntara y’Amajyaruguru, Kagame yatowe ku majwi 98.64%, Mpayimana atorwa kuri 0.84% aho Frank Habineza atorwa ku majwi ya 0.33%

Mu Majyepfo, Kagame yatowe ku majwi 98.58, Mpayimana kuri 0.68% naho Habineza abona 0.62

Mu Burasirazuba, Perezida Kagame yabonye 99.16% (1,119,137), Mpayimana atorwa n’abantu 6,342 naho Habineza atorwa n’abantu 2,283

Mu Burengerazuba, Kagame yabonye 98.28, Mpayimana atorwa kuri 0.91% mu gihe Habineza we yabonye amajwi 0.63%

Muri Kigali, Kagame yatowe ku majwi 98.5%, Mpayimana abona 0.67% mu gihe Habineza yabonye 0.49%

Muri Diaspora, Kagame ni we wakomeje gusiga abandi kuko mu majwi yari amaze kubarurwa, afite 98.95%.

Perezida wa Komisiyo y’Amatora Prof Kalisa Mbanda yatangaje ko kugeza ubu hamaze kubarurwa amajwi yose ku kigereranyo cya 80% . Yavuze ko amajwi ava mu ibarura rya nyuma atangazwa saa kumi z’umugoroba z’uyu munsi.

Komisiyo y’Amatora itangaza ko kugeza ubu nta mukandida uragaragaza ko atishimiye imigendekere y’amatora.

-7472.jpg

Perezida Kagame yari mu gikorwa cy’Amatora

Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Komisiyo, Charles Munyaneza yavuze ko nta bibazo byagaragaye mu matora uretse akabazo gato k’abantu bake batashoboye kwisanga ku lisiti y’itora kuko batashoboye kwiyimura nkuko byasabwaga.

Ibi ariko NEC yaje kubikemura maze abafite utwo tubazo bashobora gutora.

Perezida Kagame wari washoje manda ya kabiri yemererwaga n’Itegeko Nshinga, yaje gusabwa n’Abanyarwanda barenga miliyoni 4 kuzongera kwiyamamaza aho babigaragarije mu gikorwa cy’itorwa rya referendumu cyabaye mu mpera z’umwaka ushize aho abaturage 98.3% bose batoye yego.

-7473.jpg

Perezida Kagame [ 98.66% ] , Philippe Mpayimana [0.72% ], Frank Habineza wa Green Party [ 0.45% ].

2017-08-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Diane Rwigara n’umubyeyi we barekuwe

Diane Rwigara n’umubyeyi we barekuwe

Ubwanditsi 05 Oct 2018
Ibintu umuntu wese wemerewe gutora akwiye kumenya mbere y’uko ajya gutora

Ibintu umuntu wese wemerewe gutora akwiye kumenya mbere y’uko ajya gutora

Ubwanditsi 28 Jul 2017
Masudi Djuma yagarutse muri Rayon Sports yaherukagamo mu myaka 4 ishize ayihesha ibikombe 2, Ese niwe mutoza wari ukenewe muri Gikundiro?

Masudi Djuma yagarutse muri Rayon Sports yaherukagamo mu myaka 4 ishize ayihesha ibikombe 2, Ese niwe mutoza wari ukenewe muri Gikundiro?

Ubwanditsi 16 Jul 2021
Iya 9 Gicurasi 1994: Amerika yanze kohereza ingabo mu Rwanda

Iya 9 Gicurasi 1994: Amerika yanze kohereza ingabo mu Rwanda

Ubwanditsi 09 May 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

AU yasabye u Burundi kwitondera ibyo gushinja ubwicanyi Buyoya
INKURU NYAMUKURU

AU yasabye u Burundi kwitondera ibyo gushinja ubwicanyi Buyoya

Ubwanditsi 04 Dec 2018
Brazil irakicaye ku mwanya wa mbere mu kuyobora urutonde rw’amakipe y’ibihugu rushyirwaho na FIFA, u Rwanda ruri ku mwanya wa 137 ku Isi na 40 muri Afurika
Amakuru

Brazil irakicaye ku mwanya wa mbere mu kuyobora urutonde rw’amakipe y’ibihugu rushyirwaho na FIFA, u Rwanda ruri ku mwanya wa 137 ku Isi na 40 muri Afurika

Ubwanditsi 06 Oct 2022
Inyandiko zidasinye ‘tract’ zisebya ubutegetsi buriho mu Rwanda zasanzwe mu biro by’Intara y’Amajyepfo
INKURU NYAMUKURU

Inyandiko zidasinye ‘tract’ zisebya ubutegetsi buriho mu Rwanda zasanzwe mu biro by’Intara y’Amajyepfo

Ubwanditsi 14 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru