• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Perezida Kagame niwe wongeye gutsinda amatora ku majwi 98,66%

Perezida Kagame niwe wongeye gutsinda amatora ku majwi 98,66%

Ubwanditsi 07 Aug 2017 Mu Rwanda

Perezida Kagame yongeye gutsinda amatora ku majwi 98.66% by’amajwi yose yabaruwe kugeza saa sita z’ijoro.

Saa saba z’ijoro Komisiyo y’Amatora yari imaze kubarura kugeza kuri 80% bingana na 5,498,414 by’abatoye bose mu gihugu na hanze ku biro by’itora 1,732 kuri 2,340 byari mu gihugu hose.

Umukandida wigenga Philippe Mpayimana ni we wabaye uwa kabiri na 0.72% aho yatowe n’abantu 36,620.

Frank Habineza wa Green Party yatowe n’abantu 24,904 bingana na 0.45%.

Uko abakandida batowe mu Ntara

Mu Ntara y’Amajyaruguru, Kagame yatowe ku majwi 98.64%, Mpayimana atorwa kuri 0.84% aho Frank Habineza atorwa ku majwi ya 0.33%

Mu Majyepfo, Kagame yatowe ku majwi 98.58, Mpayimana kuri 0.68% naho Habineza abona 0.62

Mu Burasirazuba, Perezida Kagame yabonye 99.16% (1,119,137), Mpayimana atorwa n’abantu 6,342 naho Habineza atorwa n’abantu 2,283

Mu Burengerazuba, Kagame yabonye 98.28, Mpayimana atorwa kuri 0.91% mu gihe Habineza we yabonye amajwi 0.63%

Muri Kigali, Kagame yatowe ku majwi 98.5%, Mpayimana abona 0.67% mu gihe Habineza yabonye 0.49%

Muri Diaspora, Kagame ni we wakomeje gusiga abandi kuko mu majwi yari amaze kubarurwa, afite 98.95%.

Perezida wa Komisiyo y’Amatora Prof Kalisa Mbanda yatangaje ko kugeza ubu hamaze kubarurwa amajwi yose ku kigereranyo cya 80% . Yavuze ko amajwi ava mu ibarura rya nyuma atangazwa saa kumi z’umugoroba z’uyu munsi.

Komisiyo y’Amatora itangaza ko kugeza ubu nta mukandida uragaragaza ko atishimiye imigendekere y’amatora.

-7472.jpg

Perezida Kagame yari mu gikorwa cy’Amatora

Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Komisiyo, Charles Munyaneza yavuze ko nta bibazo byagaragaye mu matora uretse akabazo gato k’abantu bake batashoboye kwisanga ku lisiti y’itora kuko batashoboye kwiyimura nkuko byasabwaga.

Ibi ariko NEC yaje kubikemura maze abafite utwo tubazo bashobora gutora.

Perezida Kagame wari washoje manda ya kabiri yemererwaga n’Itegeko Nshinga, yaje gusabwa n’Abanyarwanda barenga miliyoni 4 kuzongera kwiyamamaza aho babigaragarije mu gikorwa cy’itorwa rya referendumu cyabaye mu mpera z’umwaka ushize aho abaturage 98.3% bose batoye yego.

-7473.jpg

Perezida Kagame [ 98.66% ] , Philippe Mpayimana [0.72% ], Frank Habineza wa Green Party [ 0.45% ].

2017-08-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abanye-Congo 21 bakekwaho guteza imyigaragambyo mu nkambi ya Kiziba bagejejwe mu butabera

Abanye-Congo 21 bakekwaho guteza imyigaragambyo mu nkambi ya Kiziba bagejejwe mu butabera

Ubwanditsi 29 Mar 2018
Minisitiri muri Israel yashimangiye umubano w’u Rwanda n’igihugu cye ubwo yakiraga Perezida Kagame

Minisitiri muri Israel yashimangiye umubano w’u Rwanda n’igihugu cye ubwo yakiraga Perezida Kagame

Ubwanditsi 10 Jul 2017
Iya 14 Gicurasi 1994: Inkotanyi zafashe Umujyi wa Nyamata

Iya 14 Gicurasi 1994: Inkotanyi zafashe Umujyi wa Nyamata

Ubwanditsi 14 May 2018
Bombori bombori muri FDLR

Bombori bombori muri FDLR

Ubwanditsi 03 Jun 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kayumba Nyamwasa arashinja Rudasingwa amarozi
ITOHOZA

Kayumba Nyamwasa arashinja Rudasingwa amarozi

Ubwanditsi 13 Sep 2016
Guverinoma ya RDC yasabye ibisobanuro ba Ambasaderi b’u Rwanda, u Bufaransa na Angola
POLITIKI

Guverinoma ya RDC yasabye ibisobanuro ba Ambasaderi b’u Rwanda, u Bufaransa na Angola

Ubwanditsi 28 May 2018
Perezida Kagame yahawe igihembo kubera kuba indashyikirwa mu guharanira uburinganire
Mu Mahanga

Perezida Kagame yahawe igihembo kubera kuba indashyikirwa mu guharanira uburinganire

Ubwanditsi 10 Jul 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru