• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amatike y’umunsi wa kabiri w’igitaramo cyo kwizihiza imyaka 20 King James amaze akroa umuziki yamaze kujya hanze   |   01 Jun 2026

  • Ben Rutabana yongeye kuvugisha amangambure Jean Paul Turayishimye na Serge Ndayizeye   |   01 Jun 2026

  • Uwigize General mu nterahamwe Mutayomba yakomerekeye bikomeye mu mirwano na M23   |   01 Jun 2026

  • Madamu Jeannette Kagame yasabye urubyiruko kwirinda kuyobywa na ba mpemuke ndamuke   |   31 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26   |   31 May 2026

  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Urutonde rw’abatanze umusanzu wo gutera u Rwanda

Urutonde rw’abatanze umusanzu wo gutera u Rwanda

Ubwanditsi 08 Jul 2016 ITOHOZA

Abagabo batanu bo mu ishyaka RNC mu Bubiligi, bahuye n’uruva gusenya, ubwo umwe mu bayobozi ba RNC yabatekeraga umutwe, avuga ko agiye gutera u Rwanda, akabakuramo aye : dore uko byagenze , Mu myaka ibili ishize, umugabo Musonera Jonathan yagiye mu Bubiligi yikomeje cyane ngo agiye muri gahunda zikomeye za RNC. Erega ubwo abayobozi ba RNC mu Bubiligie bamwakirana ubwuzu bwinshi.

Ubwo na ticket y’urugendo ni RNC yo mu Bubiligi yayiguze. Yagiye asanga bamukoreye reservation muri imwe mu mahoteli meza ya Bruxelles yitwa THON Hotel byose byishyuwe nabari bagize comité ya RNC Bruxelles icyo gihe.

Ubwo rero Musonera yarakiriwe cyane araruhuka ni uko ku mugoroba atumiza inama ngo ikomeye yajemo abantu batanu mu bakuru bari abayobozi ba RNC Bruxelles alibo :

Alexis Rudasingwa, Jean Paul Murara, Ngarambe Edouard (izina nyakuli ni RUHANGARA Olivier), Nshimiyimana Emmanuel (izina nyakuli ni (GASHUGI Eric) na…CIKURU Mwanamayi JosephMuli iyo nama Musonera yahise abatera igipindi gikomeye cyane ababwira ko ngo mu minsi mikeya agiye kujya muri Africa kuyobora urugamba rwo gukuraho FPR.

Ubwo bahise bakora cotisation byihuta batanga amafranga bakuye ku mufuka wabo ku buryo bukurikira :

Rudasingwa Alexis, yatanze (500 euros) uyu Alexis niwe muyobozi wa RNC yo mu Bubuligi, igice cya Kayumba Nyamwasa, abeshya ko yari umusilikare muri APR, ariko sibyo kuko uyu Alexis Rudasingwa avuka mu cyahoze ari Komini Ntyazo mu Ntara y’Amajyepfo, mbere ya Jenoside Alexis, yari umushoferi wa Minisitiri Ruhumuriza Gaspard, wari Minisitiri w’Ibidukikije n’ubukerarugendo, akaba yarakomokaga mu ishyaka PDC, rya Nyakwigendera Nayinzira J Nepomuscene , ari nayo Minisiteri rukumbi, ishyaka PDC ryagiraga muri Guverinoma.

-3177.jpg

Rudasingwa Alexis Shoferi wa Taxi wigize umunyapolitiki

Mugihe cya Jenoside, Ruhumuriza yagiye muri Guverinoma y’abatabazi, aza guhunga aba mu Busuwisi. Alexis Rudasingwa, nkumwe mu baturukaga mu bwoko butahigwaga, yari yarabonye akazi k’ubushoferi muri Leta, mbere gato y’uko indege iraswa Alexis, yaje kuburirwa irengero ndetse n’imodoka ya Leta irabura, inzego za Sesera ( Maneko ) niko bazitaga zaje gutegera kumipaka yose y’u Rwanda, bashakisha iyo modoka, amakuru yaje kumenyekana ko Alexis, ari i Burundi aho yagiye yibye imodoka y’ivatiri ya Minisiteri y’Ibidukikije yatwaraga by’ amahirwe ye Jenoside iba iratangiye agishakishwa.

Iyi modoka yaje kuyigurishiriza i Burundi ahita ajya i Burayi, aho ubu akora akazi k’ubushoferi bwa Taxi, ntabwo yigeze aba umusilikare narimwe, ntazi n’uko igisilikare gikora mugihe we yiyita Afandi. Sini umunyapolitiki kuko ntazi no gusoma no kwandika, ibyo abeshya byose ngo yabaye muri FPR, ntazi iyo biva niyo bijya, ajye abeshya abatamuzi, ikizwi ni uko ari umujura w’amamodoka.

Murara Jean Paul

-3178.jpg

yatanze (500 euros) uyu Murara J.Paul yavutse 1957,avukira i Murama, aho bita i Gitwe, yakoze akazi ko murugo yatwaye Taxi Mato, hanyuma atwara Taxi Minibus, hanyuma ajya mu gisilikare,akaba yarakoreraga muramu wa Kayumba Nyamwasa witwa Gatete utuye Belgique.

Ruhangara Olivier alias Ngarambe Edouard (500 euros) uyu ntituramumenya.

Gashugi Eric alias Nshimiyimana Emmanuel
(500 euros) uyu ni umwe Kayumba yoherezaga kurasa Kagaju Antoinette umugore wa Bayingana Victor wari nyiri Prince House, nawe wishwe na Kayumba bapfa iriya nzu. Eric yagiye atorotse ubutabera.

CIKURU Mwanamayi Joseph

-3179.jpg

CIKURU niwe watanze menshi (1500 euros) uyu avuka ku kirwa cya Nkombo ,yize i Butare ahawe bourse na leta none arayirwanya, ariyo yamukuye ku Nkombo akagera kuri ruriya rwego.

CIKURU MWANAMAYI JOSEPH arashinjwa nabagenzi be ubwescro no kuba atari inyangamugayo, uyu mugabo CIKURU Joseph, abeshya ko akora akazi kubwa avocat (lawyer) mu birebana n’ubuhunzi (Asylum procedures) mu Bubiligi.

Mu kwezi kwa gatanu 2014, urukiko rwa Brussel rwaciriye urubanza CIKURU MWANAMAYI yaregwaga mo ku mugaragaro rwemeza ko atari Avocat, atemerewe no gukora mu Bubiligi nka Avocat Umucamanza amuhamya ku mugaragaro ko afite imyitwarire y’amafuti cyane.

Kubera ibibazo by’ubuhehesi bwa CIKURU Mwanamayi Joseph, mu ntangiriro z’uno mwaka wa 2016, hari abagore benshi b’abayoboke ba RNC mu Bubiligi bandikiye Comission nkuru y’amatora ya RNC barega CIKURU Joseph ko ngo yabasagariye ashaka kubafata ku ngufu (harcèlement sexuel) ababeshya ko ari Avocat ngo azabafasha muri dossiers zabo, kandi ko nibamwangira azabicira ama dossiers.

Chikuru Mwanamayi ubu yagizwe umuyobozi mukuru wa RNC- Belgium na Rudasingwa Theogene.

Biracyaza…..

Cyiza Davidson

2016-07-08
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

UBUHAMYA : Utari umusambanyi muri RNC ntahabwa ijambo

UBUHAMYA : Utari umusambanyi muri RNC ntahabwa ijambo

Ubwanditsi 02 Jul 2016
Abantu 10 baguye mu mpanuka y’Ubwato bw’intambara bwa Amerika n’ubundi butwaye Peteroli ku nkengero ya Singapour.

Abantu 10 baguye mu mpanuka y’Ubwato bw’intambara bwa Amerika n’ubundi butwaye Peteroli ku nkengero ya Singapour.

Ubwanditsi 21 Aug 2017
Ese Televiziyo ISHEMA  ya Niyonsenga Dieudonné alias  Cyuma yaba ifitanye isano n’ingirwashyaka ISHEMA rya Thomas  Nahimana?

Ese Televiziyo ISHEMA  ya Niyonsenga Dieudonné alias  Cyuma yaba ifitanye isano n’ingirwashyaka ISHEMA rya Thomas  Nahimana?

Ubwanditsi 18 Mar 2021
NTAGIHINDUKA : Padiri Thomas Nahimana “arasesekara  mu Rwanda kuri uyu wambere”

NTAGIHINDUKA : Padiri Thomas Nahimana “arasesekara mu Rwanda kuri uyu wambere”

Ubwanditsi 23 Jan 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rwamucyo Aimable  ikigarasha cyiyoberanya
ITOHOZA

Rwamucyo Aimable ikigarasha cyiyoberanya

Ubwanditsi 04 Mar 2017
Bisi ya RITCO itwaye abantu 60 yakoze impanuka Imana ikinga ukuboko [ Amafoto ]
Mu Rwanda

Bisi ya RITCO itwaye abantu 60 yakoze impanuka Imana ikinga ukuboko [ Amafoto ]

Ubwanditsi 21 Sep 2017
Umusirikare wa RDC yafatiwe ku butaka bw’u Rwanda
Mu Mahanga

Umusirikare wa RDC yafatiwe ku butaka bw’u Rwanda

Ubwanditsi 27 Feb 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru