• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Urutonde rw’abatanze umusanzu wo gutera u Rwanda

Urutonde rw’abatanze umusanzu wo gutera u Rwanda

Ubwanditsi 08 Jul 2016 ITOHOZA

Abagabo batanu bo mu ishyaka RNC mu Bubiligi, bahuye n’uruva gusenya, ubwo umwe mu bayobozi ba RNC yabatekeraga umutwe, avuga ko agiye gutera u Rwanda, akabakuramo aye : dore uko byagenze , Mu myaka ibili ishize, umugabo Musonera Jonathan yagiye mu Bubiligi yikomeje cyane ngo agiye muri gahunda zikomeye za RNC. Erega ubwo abayobozi ba RNC mu Bubiligie bamwakirana ubwuzu bwinshi.

Ubwo na ticket y’urugendo ni RNC yo mu Bubiligi yayiguze. Yagiye asanga bamukoreye reservation muri imwe mu mahoteli meza ya Bruxelles yitwa THON Hotel byose byishyuwe nabari bagize comité ya RNC Bruxelles icyo gihe.

Ubwo rero Musonera yarakiriwe cyane araruhuka ni uko ku mugoroba atumiza inama ngo ikomeye yajemo abantu batanu mu bakuru bari abayobozi ba RNC Bruxelles alibo :

Alexis Rudasingwa, Jean Paul Murara, Ngarambe Edouard (izina nyakuli ni RUHANGARA Olivier), Nshimiyimana Emmanuel (izina nyakuli ni (GASHUGI Eric) na…CIKURU Mwanamayi JosephMuli iyo nama Musonera yahise abatera igipindi gikomeye cyane ababwira ko ngo mu minsi mikeya agiye kujya muri Africa kuyobora urugamba rwo gukuraho FPR.

Ubwo bahise bakora cotisation byihuta batanga amafranga bakuye ku mufuka wabo ku buryo bukurikira :

Rudasingwa Alexis, yatanze (500 euros) uyu Alexis niwe muyobozi wa RNC yo mu Bubuligi, igice cya Kayumba Nyamwasa, abeshya ko yari umusilikare muri APR, ariko sibyo kuko uyu Alexis Rudasingwa avuka mu cyahoze ari Komini Ntyazo mu Ntara y’Amajyepfo, mbere ya Jenoside Alexis, yari umushoferi wa Minisitiri Ruhumuriza Gaspard, wari Minisitiri w’Ibidukikije n’ubukerarugendo, akaba yarakomokaga mu ishyaka PDC, rya Nyakwigendera Nayinzira J Nepomuscene , ari nayo Minisiteri rukumbi, ishyaka PDC ryagiraga muri Guverinoma.

-3177.jpg

Rudasingwa Alexis Shoferi wa Taxi wigize umunyapolitiki

Mugihe cya Jenoside, Ruhumuriza yagiye muri Guverinoma y’abatabazi, aza guhunga aba mu Busuwisi. Alexis Rudasingwa, nkumwe mu baturukaga mu bwoko butahigwaga, yari yarabonye akazi k’ubushoferi muri Leta, mbere gato y’uko indege iraswa Alexis, yaje kuburirwa irengero ndetse n’imodoka ya Leta irabura, inzego za Sesera ( Maneko ) niko bazitaga zaje gutegera kumipaka yose y’u Rwanda, bashakisha iyo modoka, amakuru yaje kumenyekana ko Alexis, ari i Burundi aho yagiye yibye imodoka y’ivatiri ya Minisiteri y’Ibidukikije yatwaraga by’ amahirwe ye Jenoside iba iratangiye agishakishwa.

Iyi modoka yaje kuyigurishiriza i Burundi ahita ajya i Burayi, aho ubu akora akazi k’ubushoferi bwa Taxi, ntabwo yigeze aba umusilikare narimwe, ntazi n’uko igisilikare gikora mugihe we yiyita Afandi. Sini umunyapolitiki kuko ntazi no gusoma no kwandika, ibyo abeshya byose ngo yabaye muri FPR, ntazi iyo biva niyo bijya, ajye abeshya abatamuzi, ikizwi ni uko ari umujura w’amamodoka.

Murara Jean Paul

-3178.jpg

yatanze (500 euros) uyu Murara J.Paul yavutse 1957,avukira i Murama, aho bita i Gitwe, yakoze akazi ko murugo yatwaye Taxi Mato, hanyuma atwara Taxi Minibus, hanyuma ajya mu gisilikare,akaba yarakoreraga muramu wa Kayumba Nyamwasa witwa Gatete utuye Belgique.

Ruhangara Olivier alias Ngarambe Edouard (500 euros) uyu ntituramumenya.

Gashugi Eric alias Nshimiyimana Emmanuel
(500 euros) uyu ni umwe Kayumba yoherezaga kurasa Kagaju Antoinette umugore wa Bayingana Victor wari nyiri Prince House, nawe wishwe na Kayumba bapfa iriya nzu. Eric yagiye atorotse ubutabera.

CIKURU Mwanamayi Joseph

-3179.jpg

CIKURU niwe watanze menshi (1500 euros) uyu avuka ku kirwa cya Nkombo ,yize i Butare ahawe bourse na leta none arayirwanya, ariyo yamukuye ku Nkombo akagera kuri ruriya rwego.

CIKURU MWANAMAYI JOSEPH arashinjwa nabagenzi be ubwescro no kuba atari inyangamugayo, uyu mugabo CIKURU Joseph, abeshya ko akora akazi kubwa avocat (lawyer) mu birebana n’ubuhunzi (Asylum procedures) mu Bubiligi.

Mu kwezi kwa gatanu 2014, urukiko rwa Brussel rwaciriye urubanza CIKURU MWANAMAYI yaregwaga mo ku mugaragaro rwemeza ko atari Avocat, atemerewe no gukora mu Bubiligi nka Avocat Umucamanza amuhamya ku mugaragaro ko afite imyitwarire y’amafuti cyane.

Kubera ibibazo by’ubuhehesi bwa CIKURU Mwanamayi Joseph, mu ntangiriro z’uno mwaka wa 2016, hari abagore benshi b’abayoboke ba RNC mu Bubiligi bandikiye Comission nkuru y’amatora ya RNC barega CIKURU Joseph ko ngo yabasagariye ashaka kubafata ku ngufu (harcèlement sexuel) ababeshya ko ari Avocat ngo azabafasha muri dossiers zabo, kandi ko nibamwangira azabicira ama dossiers.

Chikuru Mwanamayi ubu yagizwe umuyobozi mukuru wa RNC- Belgium na Rudasingwa Theogene.

Biracyaza…..

Cyiza Davidson

2016-07-08
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Musabyimana Gaspard, maneko mukuru wa Habyarimana na Kayumba Rugema mukubiba urwango mu buswa bukabije ku bayobozi b’i Kigali

Musabyimana Gaspard, maneko mukuru wa Habyarimana na Kayumba Rugema mukubiba urwango mu buswa bukabije ku bayobozi b’i Kigali

Ubwanditsi 19 Mar 2020
Umunyarwanda  yateye utwatsi  ibyavugiwe kuri Radio Inkingi

Umunyarwanda yateye utwatsi ibyavugiwe kuri Radio Inkingi

Ubwanditsi 06 Oct 2016
Tumenye bamwe mubarwanya Leta y’u Rwanda

Tumenye bamwe mubarwanya Leta y’u Rwanda

Ubwanditsi 26 Feb 2016
RDC irishyuza Uganda miliyari $10 ku bikorwa by’ingabo zayo mu ntambara ya Congo

RDC irishyuza Uganda miliyari $10 ku bikorwa by’ingabo zayo mu ntambara ya Congo

Ubwanditsi 15 Feb 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abakuru b’ibihugu bya EAC ntibakigiye Arusha kuko amasezerano y’Abarundi atagisinywe
INKURU NYAMUKURU

Abakuru b’ibihugu bya EAC ntibakigiye Arusha kuko amasezerano y’Abarundi atagisinywe

Ubwanditsi 08 Dec 2017
Burundi : Umunyarwanda Jacques Bihozagara  yaguye muri gereza ya Mpimba
Mu Rwanda

Burundi : Umunyarwanda Jacques Bihozagara yaguye muri gereza ya Mpimba

Ubwanditsi 01 Apr 2016
Mbabazwa N’abatibuka Aho Bavuye Nka Sankara, Muzima Na Miheto- Uwacitse ku icumu
INKURU NYAMUKURU

Mbabazwa N’abatibuka Aho Bavuye Nka Sankara, Muzima Na Miheto- Uwacitse ku icumu

Ubwanditsi 01 Aug 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru