• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Igikomangoma Mohammed bin Zayed n’abashoramari bakomeye b’i Dubai na Abu Dhabi bategerejwe mu Rwanda

Igikomangoma Mohammed bin Zayed n’abashoramari bakomeye b’i Dubai na Abu Dhabi bategerejwe mu Rwanda

Ubwanditsi 18 Jun 2018 POLITIKI

Ambasaderi wa Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu (UAE) mu Rwanda, Hazza Mohammed Falah Kharsan Alqahtane, yatangaje ko mu minsi iri imbere, Igikomangoma cya Abu Dhabi akaba n’Umugaba w’Ikirenga wungirije w’Ingabo za UAE, Sheikh Mohamed bin Zayed Al Nahyan, azasura u Rwanda aherekejwe n’itsinda rikomeye ry’Abashoramari.

Perezida w’u Rwanda Paul Kagame aheruka kugirira uruzinduko muri UAE mu Ugushyingo 2017, icyo gihe akaba yarahuye n’Igikomangoma Sheikh Mohamed bin Zayed baganira ku mubano w’ibihugu byombi n’ubutwererane.

Mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru ku wa Gatanu, Amb. Alqahtane yavuze ko Perezida Kagame yamutumiye ngo asure u Rwanda kandi yemeye ubu butumire n’ubwo atatangaje umunsi nyirizina azagereraho mu gihugu.

Yagize ati “Ntabwo ari ibanga ko Paul Kagame ari inshuti y’Igikomangoma Sheikh Mohammed Bin Zayed, bafitanye umubano wihariye. Perezida Kagame yasuye UAE inshuro nyinshi ahura n’ubuyobozi bwacu, kandi yatumiye Igikomangoma gusura u Rwanda, turizera ko bizaba uyu mwaka.”

“Nasura u Rwanda azaba ari kumwe n’itsinda ririnini ry’abacuruzi bazaturuka i Dubai, Abu Dhabi, muri Leta z’Abarabu hose, bazaba baje kwicarana na bagenzi babo mu Rwanda ngo bamenye u Rwanda n’uburyo bafatanya imishinga.”

Ambasaderi Alqahtane niwe wa mbere ugiye guhagararira UAE mu Rwanda uzaba afite icyicaro i Kigali, akaba yarashyikirije Perezida Kagame impapuro zimwemerera guhagararira igihugu cye ku wa 2 Kamena 2018.

Yavuze ko gufungura Ambasade i Kigali ari ikintu gikomeye kizazana impinduka mu mikoranire y’ibihugu byombi, bisanzwe bifitanye umubano ukomeye ariko unateganyirizwa byinshi mu minsi iri imbere.

Yakomeje agira ati “Hazabaho gusinya amasezerano menshi ubwo Igikomangoma (Sheikh Mohamed Bin Zayed) azaba yasuye u Rwanda. Impamvu mbibabwira ni uko u Rwanda ari hamwe mu hantu akunda cyane, ku buryo nta kindi gihugu gikomeye muri Afurika azacamo, azahitira hano ahamare ijoro rimwe.”

U Rwanda na UAE mu mishinga ikomeye

Ambasaderi Alqahtane ashimangira ko ubu UAE yafashe imyanzuro yo guhindura imikoranire na Afurika, ikaba umwe mu bashoramari b’Imena urusha uko bimeze ku bihugu bimaze igihe bikorana n’uyu mugabane.

Yakomeje agira ati “UAE irifuza kuba umushoramari ukomeye wa kabiri muri Afurika nyuma y’u Bushinwa, ikagira abashoramari mu nzego zose haba mu mabuye y’agaciro, gaz, peteroli, n’ahandi mu mahirwe y’ishoramari ashobora kuboneka.”

Ubu iki gihugu kiri mu mikoranire n’u Rwanda, harimo ikigo Dubai Ports World kiri kubaka umushinga uteye nk’icyambu kidashingiye ku nyanja, hazajya habera ubucuruzi mpuzamahanga, umushinga uzuzura utwaye miliyoni 85$.

Icyo kigo cyo muri UAE gisanzwe kinacunga ibyambu bitandukanye ku Isi birimo ibyo muri Amerika y’Amajyepfo.

Ambasaderi Alqahtane yakomeje agira ati “Icyiciro cya mbere cy’uyu mushinga kizatahwa mu minsiya vuba, uyu mushinga ukaba ari umwe mu itanga icyizere hagati ya guverinoma y’u Rwanda na UAE.”

Yavuze ko umubano mwiza wa UAE n’u Rwanda ushingiye ku buryo bubaha cyane imiyoborere ya Perezida Kagame, imaze gutuma mu Rwanda ariho hari umujyi wa mbere utekanye ku Isi, ikintu ngo usanga imijyi yo muri Afurika ibura.

Hari ibikorwa byinshi biteganywa

Ambasaderi Alqahtane yavuze ko muri Werurwe ari bwo u Rwanda na UAE bashyize umukono ku masezerano yo gutanga buruse 20 ku banyeshuri b’Abanyarwanda, ngo bakomeze amashuri makuru muri icyo gihugu.

Yakomeje agira ati “UAE ifite za kaminuza zikomeye, hakiyongeraho n’izindi nka New York University ifite ishami muri Abu Dhabi, American University, dufite Sorbonne University, dufite kaminuza mpuzamahanga zikorera Abu Dhabi. Abo banyeshuri 20 bazaba bafite amahirwe yo kujya mu mashuri meza ku Isi.”

Yanavuze ko uretse izo buruse 20, hasinywe n’amasezerano yo gutanga amahugurwa ku bakobwa 100 bazajya bakora mu bijyanye n’ubukerarugendo no kwakira abantu.

Yakomeje agira ati “Guverinoma y’u Rwanda izatoranya abakobwa 100 bazakora ayo masomo, nyuma hari itsinda ry’inzobere rizaza hano kubahugura. Muzi ko Dubai izwi cyane mu bijyanye n’ubukerarugendo no kwakira abantu, dufite hoteli za mbere hano ku Isi ku buryo tutahangana na Marriott.”

Muri izo hotel harimo nk’ikigo Jumeirah kibarizwa Dubai ariko gifite amahoteli akomeye nko mu Budage, Leta Zunze Ubumwe za Amerika n’ahandi, ku buryo bageze ku rundi rwego mu bijyanye no kwakira abantu.

Yanakomoje ku buryo bugitekerezwa, bwazafasha abakozi bo mu Rwanda bimaze kugaragara ko ari abanyamurava, bakabasha guhatanira imirimo muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu. Ngo byakorohera Abanyarwanda kuko bamaze kubona ambasade mu gihugu, bakabasha kujya gukora muri Dubai cyangwa Abu Dhabi.

Ambasade y’iki gihugu iracyari nshya mu Rwanda, ubu hari gutunganywa inyubako iherereye i Nyarutarama mu Mujyi wa Kigali ngo azabe ari ho ikorera. Biteganyijwe ko izatahwa hagati muri Kanama uyu mwaka.

Source : IGIHE

2018-06-18
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umurage mubi w’Ububiligi ku Rwanda wagarutsweho na Perezida Kagame

Umurage mubi w’Ububiligi ku Rwanda wagarutsweho na Perezida Kagame

Ubwanditsi 17 Mar 2025
General de Brigade Ezéchiel Gakwerere n’izindi nterahamwe bagejejwe mu Rwanda nyuma y’Imyaka 30 bica banasahura

General de Brigade Ezéchiel Gakwerere n’izindi nterahamwe bagejejwe mu Rwanda nyuma y’Imyaka 30 bica banasahura

Ubwanditsi 01 Mar 2025
Hayatou wayoboye CAF yarezwe uburiganya mu isoko ryo kwerekana umupira nyafurika

Hayatou wayoboye CAF yarezwe uburiganya mu isoko ryo kwerekana umupira nyafurika

Ubwanditsi 17 Apr 2018
Abanyarwanda n’ubu baracyagaragaza ko 2017 itinze kugera- Hon Mukabalisa

Abanyarwanda n’ubu baracyagaragaza ko 2017 itinze kugera- Hon Mukabalisa

Ubwanditsi 07 Dec 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rayon Sports yerekanye abakinnyi 3 bashya barimo Ishimwe Kevin na Bukuru Christophe bahoze bakinira iyi kipe
Amakuru

Rayon Sports yerekanye abakinnyi 3 bashya barimo Ishimwe Kevin na Bukuru Christophe bahoze bakinira iyi kipe

Ubwanditsi 01 Feb 2022
Toy Nzamwita wari Avoka  yarasiwe na Polisi  hafi ya Kigali Convention Center ahasiga ubuzima
Mu Mahanga

Toy Nzamwita wari Avoka yarasiwe na Polisi hafi ya Kigali Convention Center ahasiga ubuzima

Ubwanditsi 31 Dec 2016
Perezida Kagame yakomereje ibikorwa byo kwiyamamaza muri  Gisagara
Mu Rwanda

Perezida Kagame yakomereje ibikorwa byo kwiyamamaza muri Gisagara

Ubwanditsi 15 Jul 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru