• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Visit Rwanda n’ikipe ya Aston Villa yo mu gihugu cy’u Bwongereza basinyanye amasezerano y’ubufatanye   |   14 Jul 2026

  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Perezida Kagame arasezera Sheikh Hamad wagize Qatar igihangange   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Igikomangoma Mohammed bin Zayed n’abashoramari bakomeye b’i Dubai na Abu Dhabi bategerejwe mu Rwanda

Igikomangoma Mohammed bin Zayed n’abashoramari bakomeye b’i Dubai na Abu Dhabi bategerejwe mu Rwanda

Ubwanditsi 18 Jun 2018 POLITIKI

Ambasaderi wa Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu (UAE) mu Rwanda, Hazza Mohammed Falah Kharsan Alqahtane, yatangaje ko mu minsi iri imbere, Igikomangoma cya Abu Dhabi akaba n’Umugaba w’Ikirenga wungirije w’Ingabo za UAE, Sheikh Mohamed bin Zayed Al Nahyan, azasura u Rwanda aherekejwe n’itsinda rikomeye ry’Abashoramari.

Perezida w’u Rwanda Paul Kagame aheruka kugirira uruzinduko muri UAE mu Ugushyingo 2017, icyo gihe akaba yarahuye n’Igikomangoma Sheikh Mohamed bin Zayed baganira ku mubano w’ibihugu byombi n’ubutwererane.

Mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru ku wa Gatanu, Amb. Alqahtane yavuze ko Perezida Kagame yamutumiye ngo asure u Rwanda kandi yemeye ubu butumire n’ubwo atatangaje umunsi nyirizina azagereraho mu gihugu.

Yagize ati “Ntabwo ari ibanga ko Paul Kagame ari inshuti y’Igikomangoma Sheikh Mohammed Bin Zayed, bafitanye umubano wihariye. Perezida Kagame yasuye UAE inshuro nyinshi ahura n’ubuyobozi bwacu, kandi yatumiye Igikomangoma gusura u Rwanda, turizera ko bizaba uyu mwaka.”

“Nasura u Rwanda azaba ari kumwe n’itsinda ririnini ry’abacuruzi bazaturuka i Dubai, Abu Dhabi, muri Leta z’Abarabu hose, bazaba baje kwicarana na bagenzi babo mu Rwanda ngo bamenye u Rwanda n’uburyo bafatanya imishinga.”

Ambasaderi Alqahtane niwe wa mbere ugiye guhagararira UAE mu Rwanda uzaba afite icyicaro i Kigali, akaba yarashyikirije Perezida Kagame impapuro zimwemerera guhagararira igihugu cye ku wa 2 Kamena 2018.

Yavuze ko gufungura Ambasade i Kigali ari ikintu gikomeye kizazana impinduka mu mikoranire y’ibihugu byombi, bisanzwe bifitanye umubano ukomeye ariko unateganyirizwa byinshi mu minsi iri imbere.

Yakomeje agira ati “Hazabaho gusinya amasezerano menshi ubwo Igikomangoma (Sheikh Mohamed Bin Zayed) azaba yasuye u Rwanda. Impamvu mbibabwira ni uko u Rwanda ari hamwe mu hantu akunda cyane, ku buryo nta kindi gihugu gikomeye muri Afurika azacamo, azahitira hano ahamare ijoro rimwe.”

U Rwanda na UAE mu mishinga ikomeye

Ambasaderi Alqahtane ashimangira ko ubu UAE yafashe imyanzuro yo guhindura imikoranire na Afurika, ikaba umwe mu bashoramari b’Imena urusha uko bimeze ku bihugu bimaze igihe bikorana n’uyu mugabane.

Yakomeje agira ati “UAE irifuza kuba umushoramari ukomeye wa kabiri muri Afurika nyuma y’u Bushinwa, ikagira abashoramari mu nzego zose haba mu mabuye y’agaciro, gaz, peteroli, n’ahandi mu mahirwe y’ishoramari ashobora kuboneka.”

Ubu iki gihugu kiri mu mikoranire n’u Rwanda, harimo ikigo Dubai Ports World kiri kubaka umushinga uteye nk’icyambu kidashingiye ku nyanja, hazajya habera ubucuruzi mpuzamahanga, umushinga uzuzura utwaye miliyoni 85$.

Icyo kigo cyo muri UAE gisanzwe kinacunga ibyambu bitandukanye ku Isi birimo ibyo muri Amerika y’Amajyepfo.

Ambasaderi Alqahtane yakomeje agira ati “Icyiciro cya mbere cy’uyu mushinga kizatahwa mu minsiya vuba, uyu mushinga ukaba ari umwe mu itanga icyizere hagati ya guverinoma y’u Rwanda na UAE.”

Yavuze ko umubano mwiza wa UAE n’u Rwanda ushingiye ku buryo bubaha cyane imiyoborere ya Perezida Kagame, imaze gutuma mu Rwanda ariho hari umujyi wa mbere utekanye ku Isi, ikintu ngo usanga imijyi yo muri Afurika ibura.

Hari ibikorwa byinshi biteganywa

Ambasaderi Alqahtane yavuze ko muri Werurwe ari bwo u Rwanda na UAE bashyize umukono ku masezerano yo gutanga buruse 20 ku banyeshuri b’Abanyarwanda, ngo bakomeze amashuri makuru muri icyo gihugu.

Yakomeje agira ati “UAE ifite za kaminuza zikomeye, hakiyongeraho n’izindi nka New York University ifite ishami muri Abu Dhabi, American University, dufite Sorbonne University, dufite kaminuza mpuzamahanga zikorera Abu Dhabi. Abo banyeshuri 20 bazaba bafite amahirwe yo kujya mu mashuri meza ku Isi.”

Yanavuze ko uretse izo buruse 20, hasinywe n’amasezerano yo gutanga amahugurwa ku bakobwa 100 bazajya bakora mu bijyanye n’ubukerarugendo no kwakira abantu.

Yakomeje agira ati “Guverinoma y’u Rwanda izatoranya abakobwa 100 bazakora ayo masomo, nyuma hari itsinda ry’inzobere rizaza hano kubahugura. Muzi ko Dubai izwi cyane mu bijyanye n’ubukerarugendo no kwakira abantu, dufite hoteli za mbere hano ku Isi ku buryo tutahangana na Marriott.”

Muri izo hotel harimo nk’ikigo Jumeirah kibarizwa Dubai ariko gifite amahoteli akomeye nko mu Budage, Leta Zunze Ubumwe za Amerika n’ahandi, ku buryo bageze ku rundi rwego mu bijyanye no kwakira abantu.

Yanakomoje ku buryo bugitekerezwa, bwazafasha abakozi bo mu Rwanda bimaze kugaragara ko ari abanyamurava, bakabasha guhatanira imirimo muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu. Ngo byakorohera Abanyarwanda kuko bamaze kubona ambasade mu gihugu, bakabasha kujya gukora muri Dubai cyangwa Abu Dhabi.

Ambasade y’iki gihugu iracyari nshya mu Rwanda, ubu hari gutunganywa inyubako iherereye i Nyarutarama mu Mujyi wa Kigali ngo azabe ari ho ikorera. Biteganyijwe ko izatahwa hagati muri Kanama uyu mwaka.

Source : IGIHE

2018-06-18
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Kagame yaburiye abashaka guhungabanya umutekano w’igihugu, abasaba kwitandukanya na byo mu maguru mashya

Perezida Kagame yaburiye abashaka guhungabanya umutekano w’igihugu, abasaba kwitandukanya na byo mu maguru mashya

Ubwanditsi 14 Nov 2019
Rwanda post referendum assessment: contradictions, Sovereignty and collusion of rational choices

Rwanda post referendum assessment: contradictions, Sovereignty and collusion of rational choices

Ubwanditsi 23 Jan 2016
Amwe mu matariki y’ingenzi yaranze urugamba rwo kubohora u Rwanda

Amwe mu matariki y’ingenzi yaranze urugamba rwo kubohora u Rwanda

Ubwanditsi 04 Jul 2018
Perezida wa Komisiyo y’Umuryango w’Afrika Yunze Ubumwe asohowe mu nama yiga ikibazo cya Kongo!

Perezida wa Komisiyo y’Umuryango w’Afrika Yunze Ubumwe asohowe mu nama yiga ikibazo cya Kongo!

Ubwanditsi 08 Feb 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abatwara ibinyabiziga bijya mu bikorwa byo kwiyamamaza baributswa kubahiriza amategeko y’umuhanda
Mu Rwanda

Abatwara ibinyabiziga bijya mu bikorwa byo kwiyamamaza baributswa kubahiriza amategeko y’umuhanda

Ubwanditsi 23 Jul 2017
Perezida Museveni  yateye utwatsi ubusabe bwa Mugenzi we Nkurunziza
INKURU NYAMUKURU

Perezida Museveni yateye utwatsi ubusabe bwa Mugenzi we Nkurunziza

Ubwanditsi 27 Nov 2018
Manchester United na basore bato batsinze Arsenal
IMIKINO

Manchester United na basore bato batsinze Arsenal

Ubwanditsi 29 Feb 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru