• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rurageretse hagati y’ibigarasha Noble Marara na Jean Paul Turayishimye   |   24 Aug 2026

  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yashyikirije ibendera ikipe y’u Rwanda y’Abagore yerekeje i Nairobi mu Gikombe cya Afurika   |   23 Aug 2026

  • Ubuyobe bw’Ubuhanuzi butuma FDLR Yitera Ikinya mu mashyamba ya DRC kugirango irebe ko yamara kabiri   |   22 Aug 2026

  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Muri Lesotho Thabane yatsinze amatora uwo bahora bagambanirana

Muri Lesotho Thabane yatsinze amatora uwo bahora bagambanirana

Ubwanditsi 12 Jun 2017 POLITIKI

Lesotho ni igihugu kidakunze kuvugwa cyane nyamara muri politike kibamo udushya twinshi ku buryo bigoranye kwiyumvisha uburyo gitegeketse !

Ubusanzwe Lesotho ni igihugu cya cyami ariko umwami Letsie III nta butegetsi yigirira nk’uko n’aba Minisitiri b’intebe, bakunze kutarangiza manda, bahora mu bintu bidasobanutse ariko ubona bitatuma babona umwanya wo kuyobora igihugu !

Kubera yuko Lesotho atari igihugu kinini (30,355 sq km) ntinaturwe n’abantu benshi (miliyoni 2.2) umuntu yagatekereje yuko bitatwara iminsi isaga itatu ibyavuye mu matora bitaramenyekana. Ariko bitwaye hafi icyumweru cyose kugira ngo ibyavuye mu matora y’abadepite, yabaye tariki eshatu uku kwezi, bimenyekane kandi nta mvururu n’impaka byigeze biyabamo ! Muri ayo matora hatorwaga abadepite 120 nabo bagatora Minisitiri w’intebe, ariwe mukuru wa guverinoma.

Nubwo tuvuga yuko abaturage ba Lesotho batora abadepite nabo bakitoramo Minisitiri w’intebe ariko amatora ajya kuba hari abantu babiri biba bizwi neza yuko umwe muri bo agomba kuzavamo Minisitiri w’intebe.

Na mbere yuko aya matora ya tariki eshatu uku kwezi aba, byari bizwi yuko Minisitiri w’intebe atabaye Thomas Thabane w’ishyaka All Basutho Bonvention yari kuba Pakalitha Mosisili w’ishyaka Democratic Congress akaba ari nawe wari usanzwe ari Minisitiri w’intebe ! Ikindi cyari kizwi n’uko nta shyaka, muri ayo yombi, ryashoboraga kubona intebe zihagije ngo ribe ryashyiraho guverinoma ritiyambaje amashyaka mato mato ashobora kubona intebe mu nteko.

Uko niko koko byagenze. Amajwi yamaze gutangazwa na komisiyo y’amatora y’icyo gihugu, agaragaza yuko ishyaka All Basotho Convention rya Thabane ariryo ryatsinze amatora n’intebe 48 naho Democratic Congress ya Minisitiri w’intebe Mosisili ribona intebe 30. Ibi bivuze yuko Thomas Thabane ariwe uzasimbura Pakalitha Mosisili ku mwanya wa Minisitiri w’intebe, ariko gushyiraho guverinoma bikazamusaba kwifatanya n’ishyaka cyangwa amashyaka yabonye intebe zisaga 12 muri aya matora !

Muri politike z’iki gihugu, gifite imbibi zose zizungurutswe na Afurika y’Epfo, bimaze igihe ari gatebe gatoki hagati ya Pakalitha Mosisili na Thomas Thabane n’amashyaka yabo atandukanye, dore yuko habaho no guta rimwe ugatangiza irindi kandi ugatsinda amatora !

Urugero ni nko mu 1997 aho uwari Minisitiri w’intebe, Ntsu Mokhohle yavuye mu ishyaka rye rya Basutoland Congress Party ashinga Lesotho Congress for Democracy (LCD). Iryo shyaka ryatsinze amatora mu 1998 ariko Pakalitha Mosisili yararangije kwegukana ubuyobozi bwaryo, ahita yibera Minisitiri w’intebe.

-6938.jpg

Thomas Thabane

Muri 2011 havutse amakimbirane muri LCD, Mosisili ashinga irindi ryitwa Democratic Congress ryamugejeje mu matora ya 2012 atsindwa na Thomas Thabane wa All Basotho Convention wahise amusimbura ku mwanya wa Minisitiri w’intebe.

Mu ntangiro za 2015 Minisitiri w’intebe Thomas Thabane yikanze kudeta, itarigeze iba, ajya mu buhungiro. Muri Gashyantare 2017 Thomas Thabane yagarutse mu gihugu avuga yuko aje gukuraho Minisitiri w’intebe Mosisili, ahamya yuko atagifite imbaraga mu inteko ! Ukwezi gukurikiyeho (werurwe uyu mwaka) inteko nshingamategeko yakuyeho ikizere Mosisili. Ba Thabane n’abo bari bishyize hamwe ngo Mosisili akurweho icyizere batanga igitekerezo cyuko yaba asimburwa, ku mwanya wa Minisitiri w’intebe na Monyane Moleleki.

Uyu Moleleki gigeze kuba yungirije Mosisili mu ishyaka Democratic Congress ariko mu Ukuboza 2016 aza gukekwaho yuko yagambanaga ngo Mosisili ngo yirukanwe ku mwanya wa Minisitri w’intebe, Moleleki yirukanwa muri Democratic Congress ashinga irye ryitwa Alliance of Democrats.

Mosisili akuweho ikizere nka Minisitiri w’intebe yari afite ibintu bibiri byo guhitamo kimwe. Icya mbere kwari ukubisa Moleleki agashyiraho guverinoma y’agateganyo cyangwa guhamagaza amatora yihuse (ealy elections). Yahisemo guhamagaza amatora, Umwami Letsie III atangaza yuko ashyizwa tariki 3/6/2017.

Ibyavuye muri aya matora rero n’uko Mosisili yatsinzwe, Thabane naweakaba agiye kumusimbura kuri wa mwanya wa Minisitiri w’intebe. Thabane Kuramba kuri uwo mwanya bizaterwa n’abo azafatanya nabo gushyiraho guverinoma itaha, n’imbabazi za Mosisili kutamwihimuraho ngo amunanize kuyobora. Atamunanije ariko yaba atari Pakalitha Mosisili n’igihugu atari Lesotho !

2017-06-12
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Mu Burundi rurageretse hagati y’abaturage n’imbonerakure zibaka amaturo ku gatuza

Mu Burundi rurageretse hagati y’abaturage n’imbonerakure zibaka amaturo ku gatuza

Ubwanditsi 26 Aug 2024
RDC: Abatavuga rumwe n’ubutegetsi biyemeje kuzashyigikira umukandida umwe

RDC: Abatavuga rumwe n’ubutegetsi biyemeje kuzashyigikira umukandida umwe

Ubwanditsi 30 Sep 2018
Perezida Museveni yashinje Umuryango w’Abibumbye gushyigikira iterabwoba muri RDC

Perezida Museveni yashinje Umuryango w’Abibumbye gushyigikira iterabwoba muri RDC

Ubwanditsi 19 Jan 2018
Nairobi : Kenyatta na Odinga bahuye bumvikana ko bagiye kurangiza ibitanya Abanyakenya

Nairobi : Kenyatta na Odinga bahuye bumvikana ko bagiye kurangiza ibitanya Abanyakenya

Ubwanditsi 09 Mar 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Muri Uganda haratutumba imvururu kubera Perezida Yoweri K. Museveni ushaka guhindura itegekonshinga
Amakuru

Muri Uganda haratutumba imvururu kubera Perezida Yoweri K. Museveni ushaka guhindura itegekonshinga

Ubwanditsi 20 Jan 2022
Uko Ikiganiro Perezida Kagame yagiranye  na  Perezida Donald Trump cyagenze [ video ]
INKURU NYAMUKURU

Uko Ikiganiro Perezida Kagame yagiranye na Perezida Donald Trump cyagenze [ video ]

Ubwanditsi 26 Jan 2018
Umukinnyi w’umukino wo gusiganwa ku magare Uhiriwe Byiza Renus yerekeje mu gihugu cy’Ubutaliyani aho yagiye gutangira gukinira ikipe ya Qhubeka ASSOS
Amakuru

Umukinnyi w’umukino wo gusiganwa ku magare Uhiriwe Byiza Renus yerekeje mu gihugu cy’Ubutaliyani aho yagiye gutangira gukinira ikipe ya Qhubeka ASSOS

Ubwanditsi 17 Mar 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru