• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Sudani y’Epfo yanze kwitabira ibiganiro byo kugarura amahoro

Sudani y’Epfo yanze kwitabira ibiganiro byo kugarura amahoro

Ubwanditsi 07 Feb 2018 POLITIKI

Guverinoma ya Sudani y’Epfo yanze kwitabira icyiciro cy’ibiganiro byo kugarura amahoro muri iki gihugu biri kubera muri Ethiopia, byateguwe n’umuryango ugamije iterambere uhuriweho na za guverinoma zo muri Afurika y’Uburasirazuba, IGAD.

Ibi biganiro byatangiye ku wa Mbere, nyuma y’uko mu Ukuboza 2017 hari hasinywe amasezerano yo guhagarika intambara ariko ntiyubahirizwe n’imwe mu mu mitwe ihanganye.

Umwe mu bitabiriye ibi biganiro yavuze ko itsinda rihagarariye guverinoma ya Sudani y’Epfo ritegeze rigaragara aho byagombaga kubera mu Mujyi wa Addis Abeba.

Ati “Twahamagawe mu cyumba cy’inama, ariko tuza kubona ko abahagarariye guverinoma nta bahari. Twabajije itsinda riri guhuza impande zombi, batubwira ko abahagarariye guverinoma bari gusaba uko umubare wabo wiyongera.”

The East African ivuga ko IGAD yahaye guverinoma imyanya 12, ndetse akaba ari nako bimeze ku mitwe yatumijwe muri ibi biganiro bigamije kugarura amahoro muri Sudani y’Epfo.

Umwe mu bahagarariye guverinoma utifuje ko amazina ye atangazwa yavuze ko bari gusaba indi myanya, kuko buri wese afite inyungu yatumwe guharananira. Leta ya Sudani y’Epfo ivuga ko izongera kwitabira ibi biganiro igihe ubusabe bwayo buzaba bwubahirijwe.
Icyiciro cya kabiri cy’ibiganiro byo kugarura amahoro muri Sudani y’Epfo kizibanda ku gushyiraho gahunda ntakuka yo gushyira intwaro hasi n’ibijyanye no gutegura amatora.

Intambara muri iki gihugu kimaze igihe gito kibayeho yatangiye mu 2013, ubwo Perezida Salva Kiir yashinjaga Riek Machar wari Visi Perezida we gucura umugambi wo kumuhirika ku butegetsi.

Nubwo nyuma haje gusinywa amasezerano yo kugarura amahoro, muri Nyakanga 2016 imirwano yongeye kubura biba ngombwa ko Machar ahunga igihugu.

Iyi mirwano yaje gukwira igihugu cyose havuka indi mitwe yitwaje intwaro itavuga rumwe na leta, ibintu byagize uruhare mu gutuma bigorana gushyiraho amasezerano ahamye yatuma iki gihugu cyongera kugira amahoro.

2018-02-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uganda yijeje gukurikirana urupfu rw’Umunyarwanda witabye Imana kubera iyicarubozo

Uganda yijeje gukurikirana urupfu rw’Umunyarwanda witabye Imana kubera iyicarubozo

Ubwanditsi 19 Sep 2019
Nicolas Sarkozy yafunzwe: Uwari Perezida w’u Bufaransa abaye uwa mbere woherejwe muri gereza kubera ibyaha bya ruswa

Nicolas Sarkozy yafunzwe: Uwari Perezida w’u Bufaransa abaye uwa mbere woherejwe muri gereza kubera ibyaha bya ruswa

RUSHYASHYA 21 Oct 2025
U Rwanda ruragaragaza  na none aho ruhagaze ku kibazo cy’abimukira muri Israel rwamagana amahitamo bari guhabwa

U Rwanda ruragaragaza na none aho ruhagaze ku kibazo cy’abimukira muri Israel rwamagana amahitamo bari guhabwa

Ubwanditsi 27 Feb 2018
Ni nde Muyobozi ukwiriye u Rwanda

Ni nde Muyobozi ukwiriye u Rwanda

Ubwanditsi 13 Feb 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amakipe asaga 35 agiye guhatana mu irushanwa rya Memorial Kayumba rigiye gukinwa ku nshuro ya 13
Amakuru

Amakipe asaga 35 agiye guhatana mu irushanwa rya Memorial Kayumba rigiye gukinwa ku nshuro ya 13

Ubwanditsi 03 Mar 2023
Kayumba Nyamwasa yasabye ubuhungiro mu gihugu cy’ Ubufaransa
ITOHOZA

Kayumba Nyamwasa yasabye ubuhungiro mu gihugu cy’ Ubufaransa

Ubwanditsi 24 Jun 2016
Umwongerezakazi Uwamahoro Violette yafatiwe mu Rwanda akekwaho ubugizi bwa nabi
ITOHOZA

Umwongerezakazi Uwamahoro Violette yafatiwe mu Rwanda akekwaho ubugizi bwa nabi

Ubwanditsi 03 Mar 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru