• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Sudani y’Epfo yanze kwitabira ibiganiro byo kugarura amahoro

Sudani y’Epfo yanze kwitabira ibiganiro byo kugarura amahoro

Ubwanditsi 07 Feb 2018 POLITIKI

Guverinoma ya Sudani y’Epfo yanze kwitabira icyiciro cy’ibiganiro byo kugarura amahoro muri iki gihugu biri kubera muri Ethiopia, byateguwe n’umuryango ugamije iterambere uhuriweho na za guverinoma zo muri Afurika y’Uburasirazuba, IGAD.

Ibi biganiro byatangiye ku wa Mbere, nyuma y’uko mu Ukuboza 2017 hari hasinywe amasezerano yo guhagarika intambara ariko ntiyubahirizwe n’imwe mu mu mitwe ihanganye.

Umwe mu bitabiriye ibi biganiro yavuze ko itsinda rihagarariye guverinoma ya Sudani y’Epfo ritegeze rigaragara aho byagombaga kubera mu Mujyi wa Addis Abeba.

Ati “Twahamagawe mu cyumba cy’inama, ariko tuza kubona ko abahagarariye guverinoma nta bahari. Twabajije itsinda riri guhuza impande zombi, batubwira ko abahagarariye guverinoma bari gusaba uko umubare wabo wiyongera.”

The East African ivuga ko IGAD yahaye guverinoma imyanya 12, ndetse akaba ari nako bimeze ku mitwe yatumijwe muri ibi biganiro bigamije kugarura amahoro muri Sudani y’Epfo.

Umwe mu bahagarariye guverinoma utifuje ko amazina ye atangazwa yavuze ko bari gusaba indi myanya, kuko buri wese afite inyungu yatumwe guharananira. Leta ya Sudani y’Epfo ivuga ko izongera kwitabira ibi biganiro igihe ubusabe bwayo buzaba bwubahirijwe.
Icyiciro cya kabiri cy’ibiganiro byo kugarura amahoro muri Sudani y’Epfo kizibanda ku gushyiraho gahunda ntakuka yo gushyira intwaro hasi n’ibijyanye no gutegura amatora.

Intambara muri iki gihugu kimaze igihe gito kibayeho yatangiye mu 2013, ubwo Perezida Salva Kiir yashinjaga Riek Machar wari Visi Perezida we gucura umugambi wo kumuhirika ku butegetsi.

Nubwo nyuma haje gusinywa amasezerano yo kugarura amahoro, muri Nyakanga 2016 imirwano yongeye kubura biba ngombwa ko Machar ahunga igihugu.

Iyi mirwano yaje gukwira igihugu cyose havuka indi mitwe yitwaje intwaro itavuga rumwe na leta, ibintu byagize uruhare mu gutuma bigorana gushyiraho amasezerano ahamye yatuma iki gihugu cyongera kugira amahoro.

2018-02-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Bamwe mu bagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi baradohorewe, bo babifata nko kubatinya cyangwa kubinginga

Bamwe mu bagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi baradohorewe, bo babifata nko kubatinya cyangwa kubinginga

Ubwanditsi 13 Dec 2024
Abahagarariye ‘Rwandan Community Abroad of Canada’ berekanye ko nabo ari ‘indatangwa mu mihigo’.

Abahagarariye ‘Rwandan Community Abroad of Canada’ berekanye ko nabo ari ‘indatangwa mu mihigo’.

Ubwanditsi 03 Oct 2016
Akaga k’abasirikari b’u Burundi bari muri Kongo, nk’uko kavugwa na ba nyirako

Akaga k’abasirikari b’u Burundi bari muri Kongo, nk’uko kavugwa na ba nyirako

Ubwanditsi 23 Jan 2025
Icyihebe Salman Rehman Khan cyumvaga Ingabire Victoire yidegembya kikibeshya ko mu Rwanda tworora ibyihebe

Icyihebe Salman Rehman Khan cyumvaga Ingabire Victoire yidegembya kikibeshya ko mu Rwanda tworora ibyihebe

Ubwanditsi 29 Nov 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kenya: Raila Odinga avuga ko atazongera kwiyamamaza muri 2022 ahubwo ko azashyigikira Kenyatta
POLITIKI

Kenya: Raila Odinga avuga ko atazongera kwiyamamaza muri 2022 ahubwo ko azashyigikira Kenyatta

Ubwanditsi 18 Jun 2018
RDC: Abayobozi bemeye ko impungenge  za Ambasade ya Amerika zo guterwa zifite ishingiro
POLITIKI

RDC: Abayobozi bemeye ko impungenge za Ambasade ya Amerika zo guterwa zifite ishingiro

Ubwanditsi 01 Dec 2018
Brussels Airlines yamurikiye i Kigali imiterere mishya y’intebe z’indege zayo
UBUKERARUGENDO

Brussels Airlines yamurikiye i Kigali imiterere mishya y’intebe z’indege zayo

Ubwanditsi 30 Mar 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru