• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Nyuma y’imyaka 11 ikipe ya Inter de Milan yo mu Butaliyani yegukanye igikombe cya shampiyona habura imikino 4 ngo umwaka w’imikino wa 2020-2021 usozwe.

Nyuma y’imyaka 11 ikipe ya Inter de Milan yo mu Butaliyani yegukanye igikombe cya shampiyona habura imikino 4 ngo umwaka w’imikino wa 2020-2021 usozwe.

Ubwanditsi 03 May 2021 Amakuru, IMIKINO, Mu Mahanga

Ikipe ya Internazionale Milano yaraye yegukanye igikombe cya Shampiyona y’umwaka w’imikino wa 2020-2021, ni nyuma yaho iyi kipe yatsinze ikipe ya Crotone ibitego 2-0 mu mukino w’umunsi wa 34 wa shampiyona izwi nka Serie A.

Ikipe ya Inter itozwa na Antonio Conte itwaye iki gikombe nubwo hasigaye imikino ine ya shampiyona ngo umwaka w’imikino urangire, gusa amanota azava muri iyo mikini ine isigaye ntacyo yahindura dore ko kugeza ubu Inter ifite amanota 84 ikaba irusha ikipe ya Atalanta ya kabiri amanota 13 kandi imikino ine isigaye ikaba izavamo amanota 12 gusa.

Mu mikino wabaye kuri uyu wa gatandatu tariki 1 Gicurasi ugahuza Inter de Milan yatsindiwe ibitego bibiri na Christian Eriksen ndetse na Achrafu Hakimi, kugirango iyi kipe itangazwe nk’iyegukanye iki gikombe yaherukaga mu myaka 11 ishize byasabye ko kuri iki cyumweru ikipe ya Atalanta inganya na Sassuolo igitego kimwe kuri kimwe.

Antonio Conte w’imyaka 51 y’aamvuko atwaye iki gikombe abifashijwemo n’abakinnyi bashya yinjije muri iyi kipe ubwo yayigeragamo mu mwaka wa 2019-2020 barimo Romelu Lukaku , Alexis Sanchez na Matteo Darmian aba bose yakuye muri Manchester United, aha ntawakwirengagiza kandi ko uyu mutoza mu mwaka ushize w’imikino yaguze Achraf Hakimi amukuye muri Real Madrid ndetse na Christian Eriksen yavanye muri Tottenham.

Gutwara igikombe cya shampiyona y’u Butaliyani kuri Antonio Conte biramugira umutoza w’ibigwi kuko iki ni igikombe cya kane atwaye muri Serie A dore ko yatwaye ibikombe bitatu bya shampiyona ari kumwe n’ikipe ya Juventus hagati y’umwaka wa 2011 ndetse na 2014, nyuma yaje kwerekeza muri Chelsea yo mu Bwongereza atwarana nayo igikombe cya Premier League ubwo hari mu mwaka wa 2017.

Inter de Milan itwaye igikombe cya shampiyona y’u Butaliyani nyuma y’imyaka 11 icyegukanye kuko mu mwaka wa 2011 iyi kipe ubwo yatozwaga na Jose Mourihno yatwaye Serie A ndetse muri uwo mwaka inatwara igikombe kiruta ibindi ku mugabane w’i Burayi cya UEFA Champions League, muri rusange Inter ikaba yujuje ibikombe 19 bya shampiyona y’u Butaliyani.

2021-05-03
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Polisi y’u Rwanda yagize  icyo itangaza ku modoka yahiriye ku Gishushu

Polisi y’u Rwanda yagize icyo itangaza ku modoka yahiriye ku Gishushu

Ubwanditsi 28 Feb 2016
Icyumweru cyahariwe ibikorwa bya Polisi cyakomeje hibandwa ku icuruzwa ry’abantu

Icyumweru cyahariwe ibikorwa bya Polisi cyakomeje hibandwa ku icuruzwa ry’abantu

Ubwanditsi 14 Jun 2016
Rio:Usain Bolt ashobora gufungwa azira kuryamana nakana kagakobwa

Rio:Usain Bolt ashobora gufungwa azira kuryamana nakana kagakobwa

Ubwanditsi 22 Aug 2016
Amavubi yatewe mpaga kubera gukinisha Muhire Kevin ku mukino wa Benin atari yemerewe kuwukina

Amavubi yatewe mpaga kubera gukinisha Muhire Kevin ku mukino wa Benin atari yemerewe kuwukina

Ubwanditsi 17 May 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Magaly Pearl, Umuhanzikazi ukomoka mu Rwanda yambitswe impeta n’umunyamerika
HIRYA NO HINO

Magaly Pearl, Umuhanzikazi ukomoka mu Rwanda yambitswe impeta n’umunyamerika

Ubwanditsi 22 Dec 2018
Ishimwe ry’Abahanzi kuri Kandida-Perezida Paul Kagame w’Umuryango FPR Inkotanyi
Amakuru

Ishimwe ry’Abahanzi kuri Kandida-Perezida Paul Kagame w’Umuryango FPR Inkotanyi

Ubwanditsi 12 Jul 2024
APR FC yatsinze Rutsiro FC ibitego 2-0 ishimangira umwanya wa mbere mu mikino ibanza ya shampiyona y’u Rwanda
Amakuru

APR FC yatsinze Rutsiro FC ibitego 2-0 ishimangira umwanya wa mbere mu mikino ibanza ya shampiyona y’u Rwanda

Ubwanditsi 04 Feb 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru