• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Kuki Jean Bosco Gasasira yapfuye umuryango we ukabimenya nyuma y’icyumweru?     |   09 Aug 2026

  • Inganda z’inzoga zitujuje ubuziranenge nk’Ibyuma zarimo ibibazo byinshi bigira ingaruka ku buzima bw’abaturage   |   09 Aug 2026

  • AMAFOTO: Amateka aranditswe, bisabye imyaka 28 ngo Rayon Sports itware CECAFA Kagame Cup ya kabiri mu mateka yayo   |   07 Aug 2026

  • Jambo ASBL yongeye kwerekana ko ari umuvugizi wa FDLR, ntiyifuza ko uyu mutwe wamburwa intwaro ku ngufu   |   07 Aug 2026

  • FERWAFA yahagaritse Imurora Japhet imyaka itanu mu bikorwa byose bya ruhago   |   07 Aug 2026

  • Mukura VS yakiriye umutoza mushya ukomoka muri Serbia   |   06 Aug 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Rio:Usain Bolt ashobora gufungwa azira kuryamana nakana kagakobwa

Rio:Usain Bolt ashobora gufungwa azira kuryamana nakana kagakobwa

Ubwanditsi 22 Aug 2016 IMIKINO

Rio:Usain Bolt w’imyaka 30 y’amavuko unyaruka kurusha abandi ku Isi, Usain Bolt ashobora gutandukana n’umukobwa bari bamaze imyaka ibiri bakundana ndetse bateganyaga kwambikana iy’urudashira vuba kubera amafoto yashyizwe hanze n’umwana w’umukobwa w’imyaka 20 wo muri Brazil bari mu gitanda.

Ibi bije nyuma yo kwegukana imidali itatu ya zahabu mu kwiruka metero 100, 200 na 400 mu mikino ya olempike yaberaga i Rio de Janeiro muri Brazil agakomeza gushimangira ko ari umwami n’igihangange cy’Isi mu kunyaruka, kuri iki Cyumweru Usain Bolt yagaragaye mu buriri ari kumwe n’umukobwa w’imyaka 20 w’umunyeshuri.

-3771.jpg
dore nguwe agacigatiye

Mu ijoro ryo kuri iki cyumweru ubwo yizihizaga isabukuru y’imyaka 30 mbere yo gutaha ngo ajye kwifatanya n’umuryango we muri ibyo birori ndetse no kwishimira imidali itatu yegukanye akaba yabanje kwishimisha n’uwo mukobwa w’i Rio ari na we washyize aya mafoto hanze nk’uko dailymail.co.uk yabitangaje.

Uyu mukobwa witwa Jady Duarte aganira n’ikinyamakuru cyo muri Brazil cyitwa Extra yavuze ko ibyo yakoze na Bolt ari ibintu bisanzwe kandi nta kindi kibyihishe inyuma ariko yongeraho ko atari yamenye ko aryamanye n’ikirangirire nka Bolt.

Mu mafoto uyu mukobwa yashyize hanze harimo igaragaza amadolari 100 ariko yahakanye ko uyu mukinnyi yamwishyuye kugira ngo baryamane.

Avuga ko aya mafoto atayashyize hanze ashaka kwiyamamaza ndetse aho bigeze yumva atewe isoni n’ibyo yakoze.

Uretse uyu mukobwa, Bolt yanagaragaye mu kabyiniro abyinana n’undi mukobwa mu buryo budasanzwe.

Mushiki we Christine Bolt-Hylton yahise atangaza ko Bolt asanzwe afite umukobwa bakundana w’imyaka 26 witwa Kasi Bennett bari bamaranye imyaka ibiri muri Jamaica ndetse bateganyaga gushinga urugo vuba ariko ibi bikaba bishobora kubangamira bikomeye urukundo rw’aba bombi.

Bolt yari yatangaje ko iri ariryo siganwa ryanyuma yitabiriye bityo bamwe mubakurikiranira hafi bimwe mubihano bitangwa mu mikino bavuga ko ibi uyu mukobwa yaba yabikoze mu rwego rwo kugirango asebye uyu mukinnyi

Ntakirutimana Alfred

2016-08-22
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Police FC izahura na AS Kigali, APR FC na Gasogi United – Uko amakipe azahura muri 1/4 cy’igikombe cy’Amahoro

Police FC izahura na AS Kigali, APR FC na Gasogi United – Uko amakipe azahura muri 1/4 cy’igikombe cy’Amahoro

Ubwanditsi 21 Feb 2025
Ikipe ya AFC Leopards yo muri Kenya yahanishijwe kutagura abakinnyi mu myaka ibiri kubera kutishyura Habamahoro Vincent ukinira Kiyovu SC

Ikipe ya AFC Leopards yo muri Kenya yahanishijwe kutagura abakinnyi mu myaka ibiri kubera kutishyura Habamahoro Vincent ukinira Kiyovu SC

Ubwanditsi 24 Mar 2021
Frank Spittler utoza Amavubi, yavuze ko kongera abanyamahanga  muri Shampiyona ari ukwica umupira w’u Rwanda

Frank Spittler utoza Amavubi, yavuze ko kongera abanyamahanga muri Shampiyona ari ukwica umupira w’u Rwanda

Ubwanditsi 30 Aug 2024

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

RUSHYASHYA 31 May 2026

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

RGB yagize icyo ivuga kubasha gusenga shitani
Mu Mahanga

RGB yagize icyo ivuga kubasha gusenga shitani

Ubwanditsi 29 Mar 2016
Save: ishyaka Green Party  ryakubise igihwereye aho ryagombaga Kwiyamamariza
POLITIKI

Save: ishyaka Green Party ryakubise igihwereye aho ryagombaga Kwiyamamariza

Ubwanditsi 23 Aug 2018
Umukinnyi w’umukino wo gusiganwa ku magare Uhiriwe Byiza Renus yerekeje mu gihugu cy’Ubutaliyani aho yagiye gutangira gukinira ikipe ya Qhubeka ASSOS
Amakuru

Umukinnyi w’umukino wo gusiganwa ku magare Uhiriwe Byiza Renus yerekeje mu gihugu cy’Ubutaliyani aho yagiye gutangira gukinira ikipe ya Qhubeka ASSOS

Ubwanditsi 17 Mar 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru