• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Omar Artan witegura gusifura UEFA Super Cup izahuza PSG na Aston Villa, azasifura umumukino wa nyuma wa CECAFA KAGAME Cup 2026   |   03 Aug 2026

  • Rayon Sports, Gor Mahia, Jamus na Al Hilal zageze muri ½ cy’Imikino ya CECAFA Kagame Cup 2026   |   02 Aug 2026

  • Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana   |   01 Aug 2026

  • APR FC, Rayon Sports, Police FC na Kiyovu SC zizakina FERWAFA Super Cup 2026 yari isanzwe ikinwa n’amakipe abiri   |   01 Aug 2026

  • Rutahizamu Byiringiro Lague agiye kwerekeza muri Afurika y’Epfo aho yitegura gutangira akazi mu ikipe ya Durban City FC   |   31 Jul 2026

  • Senateri Mukabalisa Donatille yitabye Imana azize Uburwayi   |   30 Jul 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Save: ishyaka Green Party ryakubise igihwereye aho ryagombaga Kwiyamamariza

Save: ishyaka Green Party ryakubise igihwereye aho ryagombaga Kwiyamamariza

Ubwanditsi 23 Aug 2018 POLITIKI

Ibikorwa byo kwamamaza abakandida depite b’’ishyaka riharanira Demokarasi n’Ibidukikije (DGPR) byari biteganyijwe kuri uyu wa Kane, itariki 23 Kanama mu Karere ka Gisagara mu Murenge wa Save, mu Gasantere ka Rwanza, byasubitswe nyuma yo kugera aho bagombaga kwiyamamariza bagasanga nta muturage n’umwe uharangwa.

Kuri uyu wa Kane nibwo abakandida ba Green Party ku myanya y’ubudepite bazindukiye mu Ntara y’Amajyepfo mu Karere ka Gisagara, mu Murenge wa Save aho bagombaga kwiyamamariza barangajwe imbere na Perezida w’iri shyaka, Frank Habineza, aho bagombaga kuva berekeza mu Karere ka Nyanza mu masaha y’umugoroba.

Mu kugera aho bagombaga kwiyamamariza mu Gasantere ka Rwanza, abakandida ba Green Party basanze nta muturage uharangwa mu gihe imyiteguro yari yarangiye y’iki gikorwa hashinzwe amahema ndetse n’intebe zo kwicaraho zateganyijwe.

Mu kiganiro ikinyamakuru Bwiza dukesha iyi nkuru  cyagiranye n’ Umuvugizi wa Green Party, Tuyishime Deo, yatunze urutoki inzego z’ibanze azishinja gufungisha abaturage zikabajyana mu wundi murenge wabereyemo ibikorwa byo kwamamaza abakandida b’irindi shyaka.

Tuyishime ati: “Nibyo ibikorwa byo kwamamaza turabihagaritse..twari twiteguye amahema twayashinze ariko inzego z’ibanze zafungishije abaturage ziburiza amamodoka zibajyana ahiyamamariza abakandida b’irindi shyaka.”

Mu gihe Green Party yagombaga kuba yiyamamariza mu Murenge wa Save, FPR Inkotanyi nayo yagombaga kuba yiyamamariza mu Murenge wa Muganza Tuyishime Deo avuga ko uri nko mu birometero 15 uvuye I Save, bakaba nta mabwiriza ya NEC barenzeho nko kuba bakwiyamamaza begereye aho abandi bari.

Abakandida ba Green Party bari babukereye

Iyi ikaba ibaye inshuro ya mbere bamwe mu biyamamariza imyanya mu nteko ishinga amategeko bagaragaje imbogamizi bahuye nazo muri ibi bikorwa kuva byatangira kuwa 13 Kanama.

Ubwo ishyaka Green Party ryashyikirizaga Komisiyo y’Igihugu y’Amatora urutonde rw’abakandida baryo, perezida w’iri shyaka nyuma yaho mu kiganiro n’itangazamakuru akaba yarasabye ubuyobozi kuzaha abakandida bose amahirwe angina bakarindwa kubangamirwa nk’uko byabagendekeye mu matora y’umukuru w’igihugu, aho na none abayobozi b’ibanze bashinjijwe kubangamira uwari umukandida w’iri shyaka, Frank Habineza mu bikorwa byo kwiyamamaza.

Twagerageje kuvugisha ubuyobozi bw’Akarere ka Gisagara ngo twumve icyo buvuga kuri iki kibazo, numero y’umuyobozi w’akarere ntiyabasha gucamo, tuvugishije ushinzwe itangazamakuru mu karere atubwira ko ntacyo yabivugaho atwizeza kuduha numero ya gitifu w’Umurenge wa Save ariko turategereza turaheba nituyibona turabagezaho icyo yadutangarije.

2018-08-23
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Kagame yakiriye Minisiitiri w’Intebe w’u Buhinde, Narendra Modi

Perezida Kagame yakiriye Minisiitiri w’Intebe w’u Buhinde, Narendra Modi

Ubwanditsi 24 Jul 2018
James Comey yunze mu ijwi ry’abavuga ko Trump adakwiye kuba perezida

James Comey yunze mu ijwi ry’abavuga ko Trump adakwiye kuba perezida

Ubwanditsi 16 Apr 2018
‘ Sinoshyana ndi mukuru ‘– Mbanda

‘ Sinoshyana ndi mukuru ‘– Mbanda

Ubwanditsi 04 Jun 2017
Ishyaka Rya J.Pierre Bemba Wakuwe Ku Rutonde Rw’abakandida Perezida Rigiye Kujurira

Ishyaka Rya J.Pierre Bemba Wakuwe Ku Rutonde Rw’abakandida Perezida Rigiye Kujurira

Ubwanditsi 27 Aug 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

APR FC na Rayon Sports agomba kwishyura ibihumbi 200 kugirango yemererwe gukina umwaka w’imikino wa 2025-2026
Amakuru

APR FC na Rayon Sports agomba kwishyura ibihumbi 200 kugirango yemererwe gukina umwaka w’imikino wa 2025-2026

Ubwanditsi 13 Aug 2025
Muri  FLN ya Sankara, inzara iravuza ubuhuha, hakiyongeraho no gusambanya abana babakobwa kugahato
INKURU NYAMUKURU

Muri  FLN ya Sankara, inzara iravuza ubuhuha, hakiyongeraho no gusambanya abana babakobwa kugahato

Ubwanditsi 24 Aug 2018
album ya  The Ben igiye kumurikirwa mu Bubiligi
IMIKINO

album ya The Ben igiye kumurikirwa mu Bubiligi

Ubwanditsi 05 Jan 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru