• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Save: ishyaka Green Party ryakubise igihwereye aho ryagombaga Kwiyamamariza

Save: ishyaka Green Party ryakubise igihwereye aho ryagombaga Kwiyamamariza

Ubwanditsi 23 Aug 2018 POLITIKI

Ibikorwa byo kwamamaza abakandida depite b’’ishyaka riharanira Demokarasi n’Ibidukikije (DGPR) byari biteganyijwe kuri uyu wa Kane, itariki 23 Kanama mu Karere ka Gisagara mu Murenge wa Save, mu Gasantere ka Rwanza, byasubitswe nyuma yo kugera aho bagombaga kwiyamamariza bagasanga nta muturage n’umwe uharangwa.

Kuri uyu wa Kane nibwo abakandida ba Green Party ku myanya y’ubudepite bazindukiye mu Ntara y’Amajyepfo mu Karere ka Gisagara, mu Murenge wa Save aho bagombaga kwiyamamariza barangajwe imbere na Perezida w’iri shyaka, Frank Habineza, aho bagombaga kuva berekeza mu Karere ka Nyanza mu masaha y’umugoroba.

Mu kugera aho bagombaga kwiyamamariza mu Gasantere ka Rwanza, abakandida ba Green Party basanze nta muturage uharangwa mu gihe imyiteguro yari yarangiye y’iki gikorwa hashinzwe amahema ndetse n’intebe zo kwicaraho zateganyijwe.

Mu kiganiro ikinyamakuru Bwiza dukesha iyi nkuru  cyagiranye n’ Umuvugizi wa Green Party, Tuyishime Deo, yatunze urutoki inzego z’ibanze azishinja gufungisha abaturage zikabajyana mu wundi murenge wabereyemo ibikorwa byo kwamamaza abakandida b’irindi shyaka.

Tuyishime ati: “Nibyo ibikorwa byo kwamamaza turabihagaritse..twari twiteguye amahema twayashinze ariko inzego z’ibanze zafungishije abaturage ziburiza amamodoka zibajyana ahiyamamariza abakandida b’irindi shyaka.”

Mu gihe Green Party yagombaga kuba yiyamamariza mu Murenge wa Save, FPR Inkotanyi nayo yagombaga kuba yiyamamariza mu Murenge wa Muganza Tuyishime Deo avuga ko uri nko mu birometero 15 uvuye I Save, bakaba nta mabwiriza ya NEC barenzeho nko kuba bakwiyamamaza begereye aho abandi bari.

Abakandida ba Green Party bari babukereye

Iyi ikaba ibaye inshuro ya mbere bamwe mu biyamamariza imyanya mu nteko ishinga amategeko bagaragaje imbogamizi bahuye nazo muri ibi bikorwa kuva byatangira kuwa 13 Kanama.

Ubwo ishyaka Green Party ryashyikirizaga Komisiyo y’Igihugu y’Amatora urutonde rw’abakandida baryo, perezida w’iri shyaka nyuma yaho mu kiganiro n’itangazamakuru akaba yarasabye ubuyobozi kuzaha abakandida bose amahirwe angina bakarindwa kubangamirwa nk’uko byabagendekeye mu matora y’umukuru w’igihugu, aho na none abayobozi b’ibanze bashinjijwe kubangamira uwari umukandida w’iri shyaka, Frank Habineza mu bikorwa byo kwiyamamaza.

Twagerageje kuvugisha ubuyobozi bw’Akarere ka Gisagara ngo twumve icyo buvuga kuri iki kibazo, numero y’umuyobozi w’akarere ntiyabasha gucamo, tuvugishije ushinzwe itangazamakuru mu karere atubwira ko ntacyo yabivugaho atwizeza kuduha numero ya gitifu w’Umurenge wa Save ariko turategereza turaheba nituyibona turabagezaho icyo yadutangarije.

2018-08-23
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Tshisekedi arakoresha intambara ya Kongo mu nyungu ze bwite

Perezida Tshisekedi arakoresha intambara ya Kongo mu nyungu ze bwite

Ubwanditsi 03 Dec 2024
Abanye-Congo bakomeje kwinjira mu Rwanda batinya imvururu zishobora gukurikira amatora

Abanye-Congo bakomeje kwinjira mu Rwanda batinya imvururu zishobora gukurikira amatora

Ubwanditsi 07 Jan 2019
Ko Ndayishimiye yimuriye ingabo zose z’u Burundi muri Kongo, Abarundi barinzwe nande?

Ko Ndayishimiye yimuriye ingabo zose z’u Burundi muri Kongo, Abarundi barinzwe nande?

Ubwanditsi 11 Feb 2025
Uganda: Buri mudepite watoye yego ku ikurwaho ry’ingingo ya 102 mu Itegekonshinga yahawe umurinzi ufite imbunda

Uganda: Buri mudepite watoye yego ku ikurwaho ry’ingingo ya 102 mu Itegekonshinga yahawe umurinzi ufite imbunda

Ubwanditsi 04 Jan 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame na Madamu bitabiriye isozwa ry’Itorero ry’Intagamburuzwa
Amakuru

Perezida Kagame na Madamu bitabiriye isozwa ry’Itorero ry’Intagamburuzwa

Ubwanditsi 11 Sep 2016
U Rwanda Rwabwiye u Bubiligi ko Nta biganiro ku Rubanza Rwaciriwe Rusesabagina
Amakuru

U Rwanda Rwabwiye u Bubiligi ko Nta biganiro ku Rubanza Rwaciriwe Rusesabagina

Ubwanditsi 21 Sep 2021
U Buhinde bwagurije u Rwanda miliyari 56 Frw zo kubaka umuhanda Base – Butaro – Kidaho
UBUKUNGU

U Buhinde bwagurije u Rwanda miliyari 56 Frw zo kubaka umuhanda Base – Butaro – Kidaho

Ubwanditsi 16 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru