• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Save: ishyaka Green Party ryakubise igihwereye aho ryagombaga Kwiyamamariza

Save: ishyaka Green Party ryakubise igihwereye aho ryagombaga Kwiyamamariza

Ubwanditsi 23 Aug 2018 POLITIKI

Ibikorwa byo kwamamaza abakandida depite b’’ishyaka riharanira Demokarasi n’Ibidukikije (DGPR) byari biteganyijwe kuri uyu wa Kane, itariki 23 Kanama mu Karere ka Gisagara mu Murenge wa Save, mu Gasantere ka Rwanza, byasubitswe nyuma yo kugera aho bagombaga kwiyamamariza bagasanga nta muturage n’umwe uharangwa.

Kuri uyu wa Kane nibwo abakandida ba Green Party ku myanya y’ubudepite bazindukiye mu Ntara y’Amajyepfo mu Karere ka Gisagara, mu Murenge wa Save aho bagombaga kwiyamamariza barangajwe imbere na Perezida w’iri shyaka, Frank Habineza, aho bagombaga kuva berekeza mu Karere ka Nyanza mu masaha y’umugoroba.

Mu kugera aho bagombaga kwiyamamariza mu Gasantere ka Rwanza, abakandida ba Green Party basanze nta muturage uharangwa mu gihe imyiteguro yari yarangiye y’iki gikorwa hashinzwe amahema ndetse n’intebe zo kwicaraho zateganyijwe.

Mu kiganiro ikinyamakuru Bwiza dukesha iyi nkuru  cyagiranye n’ Umuvugizi wa Green Party, Tuyishime Deo, yatunze urutoki inzego z’ibanze azishinja gufungisha abaturage zikabajyana mu wundi murenge wabereyemo ibikorwa byo kwamamaza abakandida b’irindi shyaka.

Tuyishime ati: “Nibyo ibikorwa byo kwamamaza turabihagaritse..twari twiteguye amahema twayashinze ariko inzego z’ibanze zafungishije abaturage ziburiza amamodoka zibajyana ahiyamamariza abakandida b’irindi shyaka.”

Mu gihe Green Party yagombaga kuba yiyamamariza mu Murenge wa Save, FPR Inkotanyi nayo yagombaga kuba yiyamamariza mu Murenge wa Muganza Tuyishime Deo avuga ko uri nko mu birometero 15 uvuye I Save, bakaba nta mabwiriza ya NEC barenzeho nko kuba bakwiyamamaza begereye aho abandi bari.

Abakandida ba Green Party bari babukereye

Iyi ikaba ibaye inshuro ya mbere bamwe mu biyamamariza imyanya mu nteko ishinga amategeko bagaragaje imbogamizi bahuye nazo muri ibi bikorwa kuva byatangira kuwa 13 Kanama.

Ubwo ishyaka Green Party ryashyikirizaga Komisiyo y’Igihugu y’Amatora urutonde rw’abakandida baryo, perezida w’iri shyaka nyuma yaho mu kiganiro n’itangazamakuru akaba yarasabye ubuyobozi kuzaha abakandida bose amahirwe angina bakarindwa kubangamirwa nk’uko byabagendekeye mu matora y’umukuru w’igihugu, aho na none abayobozi b’ibanze bashinjijwe kubangamira uwari umukandida w’iri shyaka, Frank Habineza mu bikorwa byo kwiyamamaza.

Twagerageje kuvugisha ubuyobozi bw’Akarere ka Gisagara ngo twumve icyo buvuga kuri iki kibazo, numero y’umuyobozi w’akarere ntiyabasha gucamo, tuvugishije ushinzwe itangazamakuru mu karere atubwira ko ntacyo yabivugaho atwizeza kuduha numero ya gitifu w’Umurenge wa Save ariko turategereza turaheba nituyibona turabagezaho icyo yadutangarije.

2018-08-23
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Icyatumye Gen. Kabarebe acika kukintu cyo kuririmba burundu

Icyatumye Gen. Kabarebe acika kukintu cyo kuririmba burundu

Ubwanditsi 13 Jan 2020
Leta 17 zajyanye Trump mu nkiko kubera politiki itandukanya imiryango y’abimukira

Leta 17 zajyanye Trump mu nkiko kubera politiki itandukanya imiryango y’abimukira

Ubwanditsi 27 Jun 2018
Uganda: Kuki dukomeje kubona ibinyoma ku Rwanda?

Uganda: Kuki dukomeje kubona ibinyoma ku Rwanda?

Ubwanditsi 13 Nov 2017
Canada : Minisitiri Mushikiwabo yitabiriye inama y’Abanyarwandakazi -Rwandan Women Convention

Canada : Minisitiri Mushikiwabo yitabiriye inama y’Abanyarwandakazi -Rwandan Women Convention

Ubwanditsi 16 Sep 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Hagiye gusohoka ikiganiro Perezida Kagame agaragaramo atwaye igare na ‘Jet Ski’ mu Kivu (Video)
INKURU NYAMUKURU

Hagiye gusohoka ikiganiro Perezida Kagame agaragaramo atwaye igare na ‘Jet Ski’ mu Kivu (Video)

Ubwanditsi 04 Apr 2018
INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA
KWAMAMAZA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Ubwanditsi 02 Mar 2023
Ubuyobozi bwa APR. FC bwahakanye  kuza k’umutoza mushya
IMIKINO

Ubuyobozi bwa APR. FC bwahakanye kuza k’umutoza mushya

Ubwanditsi 02 Mar 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru