• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»James Comey yunze mu ijwi ry’abavuga ko Trump adakwiye kuba perezida

James Comey yunze mu ijwi ry’abavuga ko Trump adakwiye kuba perezida

Ubwanditsi 16 Apr 2018 POLITIKI

Bwa mbere kuva yirukanwa ku mwanya w’Umuyobozi Mukuru w’Urwego rushinzwe iperereza muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, FBI, James Comey, yatanze ikiganiro kuri televiziyo cyagarutse cyane kuri Perezida Donald Trump aho yavuze ko imyitwarire ye itabereye umukuru w’igihugu.

Tariki 9 Gicurasi 2017 nibwo Trump yirukanye Comey avuga ko adafite ubushobozi bwo kuyobora FBI, icyemezo cyahise gishyirwa mu bikorwa.

Mu kiganiro cyihariye yagiranye na ABC News, Comey uri kwamamaza igitabo cye yise “A Higher Loyalty”, yagarutse ku buryo yabanye na Trump, umugambi wo kwirukana Robert Mueller ndetse no kuba u Burusiya bushobora kuba bufite amakuru yashyira perezida mu kaga.

Yavuze ko Trump aramutse yirukanye Mueller ukuriye Iperereza ku kuba u Burusiya bwarivanze mu matora yo mu 2016, yaba agaragaje gusuzugura amategeko.

Yanagarutse kandi ku kuba bishoboka cyane ko hari amakuru Abarusiya bafite kuri Trump ashobora kwangiza isura ye, ndetse anagaragaza ko imyitwarire y’uyu mugabo ufata abagore nk’abo gukoreshwa imibonano mpuzabitsina gusa itamwemerera kuba perezida.

Ati “Uriya muntu uhora abeshya ku bintu bikomeye n’ibyorohereje ndetse agaharanira ko Abanyamerika babyemera. Ushingiye ku myitwaririre, uwo muntu ntakwiriye kuba Perezida wa Leta Zunze Ubumwe.”

Nubwo amubona gutya ariko Comey yavuze ko atifuza ko Trump yeguzwa kuko byaba ari ukubuza Abanyamerika kujya gutora, bihitiramo indangagaciro bakwiye kugenderaho.

Comey kandi yavuze ko Trump yamubwiye ko amwitezeho kuba indahemuka ndetse amusaba guhagarika iperereza kuri Michael Flynn, ibintu perezida we ahakana. Flynn wari Umujyanama wa Trump mu by’umutekano yemeye ko yabeshye FBI ku makuru arebana n’u Burusiya yatanze.

Mu gihe igitabo cya Comey kizashyirwa hanze kuwa kabiri gitegerezanyijwe amatsiko n’abatari bake, Trump na bamwe mu bo ishyaka rye ry’aba- républicains bacyamaganiye kure bavuga ko ibikubiyemo ari ibinyoma ndetse akwiye guhanirwa kumena amabanga y’igihugu.

Hari n’abandi ariko basanga iki gitabo ari umwanya mwiza Comey abonye wo kwisobanura no gukura icyasha ku izina rye. Aba- démocrates bamushinja kutitwara neza mu kibazo kirebana no kuba Hillary Clinton yarabitse ubutumwa bw’akazi kuri mudasobwa ye bwite, aho bashimangira ko amagambo yavuze ari mu byagize uruhare mu gutuma atsindwa amatora ya perezida.

2018-04-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ibihe bizirikanwa by’Ivuka ry’u Rwanda rushya rwa bose rwubatswe na FPR Uhereye 1994

Ibihe bizirikanwa by’Ivuka ry’u Rwanda rushya rwa bose rwubatswe na FPR Uhereye 1994

Ubwanditsi 20 Jul 2025
Amwe mu matariki y’ingenzi yaranze urugamba rwo kubohora u Rwanda

Amwe mu matariki y’ingenzi yaranze urugamba rwo kubohora u Rwanda

Ubwanditsi 04 Jul 2018
Perezida Kagame yizeye impinduka zifatika mu ivugurura ry’Afurika yunze Ubumwe

Perezida Kagame yizeye impinduka zifatika mu ivugurura ry’Afurika yunze Ubumwe

Ubwanditsi 24 Apr 2017
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

RUSHYASHYA 24 Mar 2026

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Batatu barimo myugariro Muvandimwe JMV wari muri Police FC ndetse na Master basinyiye ikipe ya Rayon Sports
Amakuru

Batatu barimo myugariro Muvandimwe JMV wari muri Police FC ndetse na Master basinyiye ikipe ya Rayon Sports

Ubwanditsi 17 Jul 2021
Perezida Kagame azitabira ihuriro ry’abakuru b’ibihugu bigize ’Commonwealth’
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame azitabira ihuriro ry’abakuru b’ibihugu bigize ’Commonwealth’

Ubwanditsi 16 Apr 2018
James Munyandinda wiyise Jackson Munyeragwe ashinja ingabo zahoze ari iza APR, uruhare mu ihanurwa ry’indege ya Habyarimana  ni muntu ki ?
ITOHOZA

James Munyandinda wiyise Jackson Munyeragwe ashinja ingabo zahoze ari iza APR, uruhare mu ihanurwa ry’indege ya Habyarimana ni muntu ki ?

Ubwanditsi 20 Oct 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru