• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rurageretse hagati y’ibigarasha Noble Marara na Jean Paul Turayishimye   |   24 Aug 2026

  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yashyikirije ibendera ikipe y’u Rwanda y’Abagore yerekeje i Nairobi mu Gikombe cya Afurika   |   23 Aug 2026

  • Ubuyobe bw’Ubuhanuzi butuma FDLR Yitera Ikinya mu mashyamba ya DRC kugirango irebe ko yamara kabiri   |   22 Aug 2026

  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»RGB ishobora kuzajya ihana abanyapolitiki bagaragaweho amakosa

RGB ishobora kuzajya ihana abanyapolitiki bagaragaweho amakosa

Ubwanditsi 06 Mar 2018 POLITIKI

Minisitiri muri Perezidansi, Uwizeye Judith, yatangaje ko Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB), rushobora kuzajya ruhana imitwe ya politiki ndetse n’abanyapolitiki bagaragaweho amakosa.

Ibi yabitangaje ubwo hatorwaga ishingiro ry’ Umushinga w’itegeko ngenga rihindura kandi ryuzuza itegeko ngenga No 10/2013/OL ryo ku wa 11/07/2013 rigenga imitwe ya Politiki n’Abanyapolitiki.

Uyu mushimga w’itegeko ugaragaza ko ibihano RGB izajya ihanisha imitwe ya politiki cyangwa abanyapolitiki biri mu rwego rw’akazi.

Depite Mporanyi Théobald yagaragaje ko ubusanzwe ibihano byo mu rwego rw’akazi bisanzwe bitangwa n’umukoresha abiha umukozi we, akaba atumva uburyo RGB yahana umunyapolitiki kandi atari yo iba yaramushyize mu mwanya.

Yagize ati “Hari aho bavuze ko imitwe ya politiki ikorera mu bwisanzure, iyo umuntu agiye mu mutwe wa politiki aba agiyemo ku bushake, uha umuntu ibihano byo mu rwego rw’akazi ari uko umukoresha, umunyapolitiki ugiye mu mutwe wa politiki runaka nibaza ukuntu RGB ishobora kumufatira igihano kandi atari mu nshingano zabo, ese yandikira umutwe wa politiki akaba ari wo umufatira igihano? Hari n’abanyapolitiki badafite imitwe ya politiki bashingiyeho, byo bigenda gute?”

Minisitiri Uwizeye yavuze ko bikwiye kumvikana ko ibihano byo mu rwego rw’akazi bikwiye gutandukanywa n’ibihano nshinjabyaha, aho ku mutwe wa politiki cyangwa umunyapolitiki hatazabaho gufungwa cyangwa ikindi gihano giteganywa n’amategeko ahana.

Yatanze urugero rw’ikosa rishobora gukorwa n’umunyapolitiki, aho hari ushobora guhabwa inkunga mu buryo butemewe n’amategeko mu gihe kitari icy’amatora.

Yagize ati “Urugero nk’umunyapolitiki wakiriye impano runaka, mu gihe kitari icy’amatora birumvikana ibyo ntabwo twabyita icyaha ariko ni ikosa kandi iryo kosa rigira ikintu kirihana byanze bikunze.”

Uyu muyobozi yakomeje avuga ko nk’umudepite aramutse akoze ikosa RGB ifite ububasha bwo kumuhagarika. Gusa agashimangira ko igihe uwo munyapolitiki ari mu mutwe wa politiki uzwi, atigenga, RGB ngo ishobora gusaba uwo mutwe kumufatira ibihano mu gihe ntacyo wigeze ukora kuri ayo makosa.

Avuga ku munyapolitiki wigenga, Minisitiri Uwizeye yashimangiye ko ibyo bidakuraho kuba na we yafatirwa ibihano ku makosa yakoze.

Itegeko ryari risanzweho rivuga ko Sena yashoboraga kurega umutwe wa politiki wagaragaweho guteshuka bikomeye ku nshingano zawo, ikawuregera mu Rukiko Rukuru.

Ku munyapolitiki wagaragaweho amakosa, iri tegeko ryavugaga ko yakwihanangirizwa n’urwego rumukuriye, cyangwa akaba yanavanwa ku mwanya arimo.

Icyo Itegeko Nshinga rivuga ibihano bihabwa imitwe ya politiki

Itegeko Nshinga ryo muri 2003 ryavuguruwe muri 2015, mu ngingo yaryo ya 58, rivuga ku gukurikirana umutwe wa politiki, risobanura ko Sena ikurikirana umutwe wa politiki wateshutse bikomeye ku nshingano.

Bitewe n’uburemere bw’ikosa ry’umutwe wa politiki ryagaragajwe, Sena ishobora gusaba urwego rufite mu nshingano zarwo imikorere y’imitwe ya politiki gufatira uwo mutwe wa politiki kimwe mu byemezo birimo kuwihanangiriza ku mugaragaro; guhagarika ibikorwa byawo mu gihe kitarenze imyaka ibiri; guhagarika ibikorwa byawo mu gihe cya manda yose y’abadepite no gutesha agaciro icyemezo cy’iyandikwa ry’umutwe wa politiki.

Iyo hafashwe icyemezo cyo gutesha agaciro icyemezo cy’iyandikwa ry’umutwe wa politiki, abagize Umutwe w’Abadepite batowe baturutse muri uwo mutwe wa politiki bahita bakurwa ku mwanya w’ubudepite.

Imwe mu mpamvu yo guhindura iri tegeko ngenga rigenga imitwe ya politiki n’abanyapolitiki ni iyo kurihuza n’Itegeko Nshinga ryavuguruwe muri 2015.

Uyu mushinga w’itegeko ukaba uzashyikirizwa komisiyo ikawusuzuma, mbere y’uko usubira mu Nteko rusange, aho uzatorerwa, ugahinduka itegeko risimbura iryari risanzweho.

2018-03-06
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Imikorere yacu banenga ni yo dukesha iterambere – Perezida Kagame

Imikorere yacu banenga ni yo dukesha iterambere – Perezida Kagame

Ubwanditsi 15 Mar 2018
Minisitiri Mushikiwabo yavuye imuzi ibyo kwakira abimukira bazaturuka muri Libya na Israel

Minisitiri Mushikiwabo yavuye imuzi ibyo kwakira abimukira bazaturuka muri Libya na Israel

Ubwanditsi 23 Nov 2017
U Rwanda rugiye kuyobora impinduka ku rujya n’uruza rw’abantu muri Afurika

U Rwanda rugiye kuyobora impinduka ku rujya n’uruza rw’abantu muri Afurika

Ubwanditsi 20 Oct 2017
Perezida Donald Trump  yohereje abasirikare muri Gabon baryamiye amajanja gutabara Congo

Perezida Donald Trump yohereje abasirikare muri Gabon baryamiye amajanja gutabara Congo

Ubwanditsi 05 Jan 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

IBurundi, Niba baganisha kuri Politike nziza y’ubuhahirane n’umubano mwiza ntituzabagora kuko birakwiye – Perezida Kagame
INKURU NYAMUKURU

IBurundi, Niba baganisha kuri Politike nziza y’ubuhahirane n’umubano mwiza ntituzabagora kuko birakwiye – Perezida Kagame

Ubwanditsi 10 Jul 2020
Mafia yo Kunyereza Amafranga Ya Leta Hagati Ya Museveni Na Nkurunziza
POLITIKI

Mafia yo Kunyereza Amafranga Ya Leta Hagati Ya Museveni Na Nkurunziza

Ubwanditsi 05 Oct 2018
“ Sinzakorana na CMI gusa, ahubwo nzaba umwe muri bo.” – Rugema Kayumba
INKURU NYAMUKURU

“ Sinzakorana na CMI gusa, ahubwo nzaba umwe muri bo.” – Rugema Kayumba

Ubwanditsi 15 Jan 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru