• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Umujyi wa Kigali wahagaritse inkunga ya Miliyoni 250FRW yahaga amakipe ya Kiyovu Sports na Gasogi United   |   02 Jun 2026

  • Amatike y’umunsi wa kabiri w’igitaramo cyo kwizihiza imyaka 20 King James amaze akroa umuziki yamaze kujya hanze   |   01 Jun 2026

  • Ben Rutabana yongeye kuvugisha amangambure Jean Paul Turayishimye na Serge Ndayizeye   |   01 Jun 2026

  • Uwigize General mu nterahamwe Mutayomba yakomerekeye bikomeye mu mirwano na M23   |   01 Jun 2026

  • Madamu Jeannette Kagame yasabye urubyiruko kwirinda kuyobywa na ba mpemuke ndamuke   |   31 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26   |   31 May 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»RGB ishobora kuzajya ihana abanyapolitiki bagaragaweho amakosa

RGB ishobora kuzajya ihana abanyapolitiki bagaragaweho amakosa

Ubwanditsi 06 Mar 2018 POLITIKI

Minisitiri muri Perezidansi, Uwizeye Judith, yatangaje ko Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB), rushobora kuzajya ruhana imitwe ya politiki ndetse n’abanyapolitiki bagaragaweho amakosa.

Ibi yabitangaje ubwo hatorwaga ishingiro ry’ Umushinga w’itegeko ngenga rihindura kandi ryuzuza itegeko ngenga No 10/2013/OL ryo ku wa 11/07/2013 rigenga imitwe ya Politiki n’Abanyapolitiki.

Uyu mushimga w’itegeko ugaragaza ko ibihano RGB izajya ihanisha imitwe ya politiki cyangwa abanyapolitiki biri mu rwego rw’akazi.

Depite Mporanyi Théobald yagaragaje ko ubusanzwe ibihano byo mu rwego rw’akazi bisanzwe bitangwa n’umukoresha abiha umukozi we, akaba atumva uburyo RGB yahana umunyapolitiki kandi atari yo iba yaramushyize mu mwanya.

Yagize ati “Hari aho bavuze ko imitwe ya politiki ikorera mu bwisanzure, iyo umuntu agiye mu mutwe wa politiki aba agiyemo ku bushake, uha umuntu ibihano byo mu rwego rw’akazi ari uko umukoresha, umunyapolitiki ugiye mu mutwe wa politiki runaka nibaza ukuntu RGB ishobora kumufatira igihano kandi atari mu nshingano zabo, ese yandikira umutwe wa politiki akaba ari wo umufatira igihano? Hari n’abanyapolitiki badafite imitwe ya politiki bashingiyeho, byo bigenda gute?”

Minisitiri Uwizeye yavuze ko bikwiye kumvikana ko ibihano byo mu rwego rw’akazi bikwiye gutandukanywa n’ibihano nshinjabyaha, aho ku mutwe wa politiki cyangwa umunyapolitiki hatazabaho gufungwa cyangwa ikindi gihano giteganywa n’amategeko ahana.

Yatanze urugero rw’ikosa rishobora gukorwa n’umunyapolitiki, aho hari ushobora guhabwa inkunga mu buryo butemewe n’amategeko mu gihe kitari icy’amatora.

Yagize ati “Urugero nk’umunyapolitiki wakiriye impano runaka, mu gihe kitari icy’amatora birumvikana ibyo ntabwo twabyita icyaha ariko ni ikosa kandi iryo kosa rigira ikintu kirihana byanze bikunze.”

Uyu muyobozi yakomeje avuga ko nk’umudepite aramutse akoze ikosa RGB ifite ububasha bwo kumuhagarika. Gusa agashimangira ko igihe uwo munyapolitiki ari mu mutwe wa politiki uzwi, atigenga, RGB ngo ishobora gusaba uwo mutwe kumufatira ibihano mu gihe ntacyo wigeze ukora kuri ayo makosa.

Avuga ku munyapolitiki wigenga, Minisitiri Uwizeye yashimangiye ko ibyo bidakuraho kuba na we yafatirwa ibihano ku makosa yakoze.

Itegeko ryari risanzweho rivuga ko Sena yashoboraga kurega umutwe wa politiki wagaragaweho guteshuka bikomeye ku nshingano zawo, ikawuregera mu Rukiko Rukuru.

Ku munyapolitiki wagaragaweho amakosa, iri tegeko ryavugaga ko yakwihanangirizwa n’urwego rumukuriye, cyangwa akaba yanavanwa ku mwanya arimo.

Icyo Itegeko Nshinga rivuga ibihano bihabwa imitwe ya politiki

Itegeko Nshinga ryo muri 2003 ryavuguruwe muri 2015, mu ngingo yaryo ya 58, rivuga ku gukurikirana umutwe wa politiki, risobanura ko Sena ikurikirana umutwe wa politiki wateshutse bikomeye ku nshingano.

Bitewe n’uburemere bw’ikosa ry’umutwe wa politiki ryagaragajwe, Sena ishobora gusaba urwego rufite mu nshingano zarwo imikorere y’imitwe ya politiki gufatira uwo mutwe wa politiki kimwe mu byemezo birimo kuwihanangiriza ku mugaragaro; guhagarika ibikorwa byawo mu gihe kitarenze imyaka ibiri; guhagarika ibikorwa byawo mu gihe cya manda yose y’abadepite no gutesha agaciro icyemezo cy’iyandikwa ry’umutwe wa politiki.

Iyo hafashwe icyemezo cyo gutesha agaciro icyemezo cy’iyandikwa ry’umutwe wa politiki, abagize Umutwe w’Abadepite batowe baturutse muri uwo mutwe wa politiki bahita bakurwa ku mwanya w’ubudepite.

Imwe mu mpamvu yo guhindura iri tegeko ngenga rigenga imitwe ya politiki n’abanyapolitiki ni iyo kurihuza n’Itegeko Nshinga ryavuguruwe muri 2015.

Uyu mushinga w’itegeko ukaba uzashyikirizwa komisiyo ikawusuzuma, mbere y’uko usubira mu Nteko rusange, aho uzatorerwa, ugahinduka itegeko risimbura iryari risanzweho.

2018-03-06
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Madame Jeannette Kagame yasobanuye aho ubumwe bw’Abanyarwanda bwavuye

Madame Jeannette Kagame yasobanuye aho ubumwe bw’Abanyarwanda bwavuye

Ubwanditsi 23 Oct 2017
Amagambo ashize ivuga : Perezida Kagame yahuye na Donald Trump

Amagambo ashize ivuga : Perezida Kagame yahuye na Donald Trump

Ubwanditsi 25 Sep 2017
Bamwe mu batanze ubuhamya bushinja mu Rukiko Mpuzamahanga rw’Arusha barahabwa ruswa ngo bahindure imvugo, bityo abajenosideri bagirwe abere

Bamwe mu batanze ubuhamya bushinja mu Rukiko Mpuzamahanga rw’Arusha barahabwa ruswa ngo bahindure imvugo, bityo abajenosideri bagirwe abere

Ubwanditsi 11 Dec 2024
James Comey yunze mu ijwi ry’abavuga ko Trump adakwiye kuba perezida

James Comey yunze mu ijwi ry’abavuga ko Trump adakwiye kuba perezida

Ubwanditsi 16 Apr 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Karongi: Abamotari bibukijwe kubahiriza amategeko y’umwuga wabo
Mu Mahanga

Karongi: Abamotari bibukijwe kubahiriza amategeko y’umwuga wabo

Ubwanditsi 02 Jan 2016
REG VC na APR WVC begukanye igikombe cy’irushanwa ry’ubutwari 2023 mu mukino wa Volleyball
Amakuru

REG VC na APR WVC begukanye igikombe cy’irushanwa ry’ubutwari 2023 mu mukino wa Volleyball

Ubwanditsi 30 Jan 2023
Abarwanya ubutegetsi mu Burundi bakwiye kwihanganira Mkapa
Mu Rwanda

Abarwanya ubutegetsi mu Burundi bakwiye kwihanganira Mkapa

Ubwanditsi 17 Jan 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru