• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ben Rutabana yongeye kuvugisha amangambure Jean Paul Turayishimye na Serge Ndayizeye   |   01 Jun 2026

  • Uwigize General mu nterahamwe Mutayomba yakomerekeye bikomeye mu mirwano na M23   |   01 Jun 2026

  • Madamu Jeannette Kagame yasabye urubyiruko kwirinda kuyobywa na ba mpemuke ndamuke   |   31 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26   |   31 May 2026

  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»CHAN 2018: U Rwanda rwatsinze Guinée Equatoriale

CHAN 2018: U Rwanda rwatsinze Guinée Equatoriale

Ubwanditsi 20 Jan 2018 IMIKINO

Ikipe y’u Rwanda (Amavubi Stars) yakoze akazi gakomeye kuri uyu wa gatanu, ibasha gutsinda ikipe y’igihugu ya Guinea Equatorial mu mukino wa 2 mu itsinda rya gatatu, ihita ifata umwanya wa mbere muri iri tsinda inganya amanota 4 n’ikipe ya Nigeria yari imaze gutsinda Libya.

Amavubi ni intsinzi ya 2 abonye mu irushanwa rya CHAN, mu mikino 9 akinnye mu ncuro eshatu amaze kwitabira iri rushanwa, aho amaze gutsindwamo imikino 5, akanganya indi mikino 2.

Wari umukino abasore ba Antoine Hey bari bakeneyemo amanota 3 byanze bikunze, bakizera ko baba bagifite amahirwe muri iri rushanwa, bakaba baje kubigeraho, nyuma y’aho mu mukino wabanje ikipe ya Nigeria yatsinze ikipe ya Libya igitego 1-0.

Ikipe ya Guinea yaje gutsindwa igitego ku mupira wari uvuye muri koruneli ku munota wa 67, gitsinzwe na Manzi Thierry ku mupira watewe neza na Djihad Bizimana.

Igice cya mbere cyaranzwe n’umukino utarimo gusatirana cyane, waberaga mu kibuga hagati, aho abasore ba Antoine Hey bagisoje ubona nta kazi gakomeye bahaye umuzamu wa Equatorial Guinea, kimwe n’umuzamu w’Amavubi Bakame, utahuye n’akazi gakomeye.

Igice cya mbere cyarangiye ari 0-0.

Igice cya 2 cyatangiye u Rwanda rusatira cyane, umutoza ahita akora impinduka, aho yinjijemo Omborenga Fitina mu mwanya wa Iradukunda Eric ’Radu’, byahise byongera imbaraga mu busatirizi bw’Amavubi, ari na ko Muhadjili Hakizimana bitatinze akinjira mu mwanya wa Faustin Usengimana, Amavubi asatira bigaragara iyi kipe.

Ikipe ya Guinea Equatorial yatangiye gusatira ikipe y’u Rwanda bashaka uko bakwishyura, ariko bagasanga umuzamu w’u Rwanda ahagaze neza.

Amavubi yaje kongera yinjiza mu kibuga umukinnyi Amran Nshimiyimana mu mwanya wa Nshuti Dominique Savio, mu rwego rwo gutinza umukino.

Ikipe y’u Rwanda yihagazeho, iminota 90 irangira ari igitego 1-0 mbere yo kongeraho iminota 3, abakinnyi ba Guinea baje kugongana bikomeye, umwe ajyanwa kwa muganga, bigaragara ko yababaye cyane.

Umukino warangiye ari 1-0.

U Rwanda rurasoza imikino yo mu matsinda rukina na Libya, Saa 21H00 zo kuwa kabiri tariki ya 23 Mutarama.

Abakinnyi babanje mu kibuga:

Abakinnyi b'Amavubi babanje mu kibugaAbakinnyi b’Amavubi babanje mu kibuga

Rwanda: Ndayishimiye Eric (1)(C), Bizimana Djihad (4), Kayumba Soter (22), Manzi Thierry (17), Rutanga eric (20), Iradukunda Eric (14)/Omborenga Fitina (13) 46’, Mukunzi Yannick (6), Niyonzima Ally (8), Usengimana Faustin (15)/Hakizimana Muhadjiri (10) 62’, Biramahire Abedy (7), Nshuti Dominique Savio (11)/ Amran Nshimiyimana (5) 87’.

Abakinnyi ba Equatorial GuineaAbakinnyi ba Equatorial Guinea

Equatorial Guinea: M. Eyama, Maye, Atom, Anvene, Nzang, Basilio (Dalin 85’), Eworo (Obama 86’), Eko, Ondo (N. Eyama 70’), Eneme, Oba.

Fuastin Usengimanaga ahanganye n'umukinnyi wa Equatorial GuineaFuastin Usengimanaga ahanganye n’umukinnyi wa Equatorial Guinea

 

2018-01-20
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Inama nyunguranabitekerezo ku gusubukurwa kwa shampiyona y’u Rwanda, yanzuye ko amakipe ajya mu mwiherero ndetse agapimwa incuro ebyiri mu cyumweru

Inama nyunguranabitekerezo ku gusubukurwa kwa shampiyona y’u Rwanda, yanzuye ko amakipe ajya mu mwiherero ndetse agapimwa incuro ebyiri mu cyumweru

Ubwanditsi 05 Jan 2022
Mukura VS yasezerewe mu marushanwa ya CAF nubwo yatsindiye Al-Hilal i Huye

Mukura VS yasezerewe mu marushanwa ya CAF nubwo yatsindiye Al-Hilal i Huye

Ubwanditsi 20 Jan 2019
CAN 2019: Nigeria yatsinze u Burundi bwakinnye umukino w’amateka, Guinée iratungurwa

CAN 2019: Nigeria yatsinze u Burundi bwakinnye umukino w’amateka, Guinée iratungurwa

Ubwanditsi 23 Jun 2019
Patriots BBC yasubiriye GNBC imbere ya Perezida Kagame isoza irindi jonjora rya BAL idatsinzwe

Patriots BBC yasubiriye GNBC imbere ya Perezida Kagame isoza irindi jonjora rya BAL idatsinzwe

Ubwanditsi 23 Dec 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Muhadjiri wari Kapiteni w’Amavubi, Muhozi Fred yabonye igitego, Danny Usengimana yatsinze igitego nyuma y’imyaka isaga 4, ibyaranze umukino Amavubi yatsinzemo Guine 3-0
Amakuru

Muhadjiri wari Kapiteni w’Amavubi, Muhozi Fred yabonye igitego, Danny Usengimana yatsinze igitego nyuma y’imyaka isaga 4, ibyaranze umukino Amavubi yatsinzemo Guine 3-0

Ubwanditsi 04 Jan 2022
Minisitiri w’Intebe yatangije ikoreshwa ry’imodoka za mbere zifashisha amashanyarazi mu Rwanda
UBUKUNGU

Minisitiri w’Intebe yatangije ikoreshwa ry’imodoka za mbere zifashisha amashanyarazi mu Rwanda

Ubwanditsi 29 Oct 2019
Bobi Wine yibukije Muhoozi Kainerugaba ko Uganda atari akarima k’umuryango we
Amakuru

Bobi Wine yibukije Muhoozi Kainerugaba ko Uganda atari akarima k’umuryango we

Ubwanditsi 04 Nov 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru