• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Abarwanyi ba FDLR na Wazalendo bavurirwa mu Burundi ku ngengo y’igisirikare cy’u Burundi   |   24 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’Umukino wa Volleyball mu Bagabo yatangiye imyiteguro y’igikombe cya Afurika cyaherukaga kuba muri 2023   |   23 Jul 2026

  • Igikombe kirajya mu bindi twibitseho, ubutumwa bwa Gen. MK Mubarakh yageneye abafana ba APR FC yitegura gukina CECAFA Kagame Cup 2026   |   22 Jul 2026

  • Police FC yatangaje umunya-Maroc, Jaafar Rkyek nk’umutoza mukuru wayo asimbuye Ben Moussa watandukanye n’iyi kipe   |   21 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza wa Mukura VS, Tomáš Trucha, yageze mu Rwanda aho aje gutangira akazi   |   20 Jul 2026

  • AMAFOTO – Rayon Spotrs yasinyanye amasezerayo y’ubufatanye na Bank of Kigali y’igihe cy’imyaka 5, ikazabona arenga Miliyari 1 ku mwaka   |   18 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Abanyarwanda barenga 900 bamaze kwirukanwa muri Uganda, abagera ku 190 bari mu ma gereza bakorewe iyica rubozo- Min. Sezibera

Abanyarwanda barenga 900 bamaze kwirukanwa muri Uganda, abagera ku 190 bari mu ma gereza bakorewe iyica rubozo- Min. Sezibera

Ubwanditsi 05 Mar 2019 INKURU NYAMUKURU

Mu kiganiro n’abanyamakuru Ministiri w’ububanyi n’amahanga yakoze uyu munsi; ku bijyanye n’amakimbirane y’u Rwanda na Uganda, Minisitiri Sezibera yavuze ko abanyarwanda barenga 900 bamaze kwirukanwa muri Uganda hakaba hari ababarirwa muri 190 bakiri mu gereza za Uganda.

Nyamara ibyo byose ngo biba batanamenyesheje Ambasade y’u Rwanda muri Uganda kugira ngo ishobore kubakurikirana no gukurikirana uko ibibazo byabo bikemurwa.

Ati “Hari abantu bari muri gereza za Uganda guhera muri 2017. Nta miryango yabo ibageraho nta n’ababunganira mu mategeko bashobora kubageraho.”

Hari ibyo impande zombi zagiye ziganiraho ariko bikongera bigasubira kandi nta bisobanuro.

“Turabasaba ikintu gito cyane. Kuduha ibisobanuro ariko baba batanabiduhaye nibura bakirukana abantu mu buryo bukurikije amategeko mpuzamahanga.”

Ati “Abanya-Uganda n’abandi baturage bo muri EAC dukomeje kubaha ikaze mu Rwanda kandi nta kibazo bazahagirira ariko twebwe turagira Abanyarwanda inama yo kuba baretse kujya muri Uganda mu gihe ibi bibazo bitarakemuka.”

Ku bijyanye n’imitwe y’abashaka guhungabanya umutekano w’u Rwanda avuze ko ari RNC ya Kayumba Nyamwasa na FDLR kandi ngo no mu minsi ishize bagabye ibitero ku Rwanda. Yavuze no ku bayobozi ba FDLR , u Rwanda rwashyikirijwe ko bari gutanga amakuru akomeye ku mikorere yabo n’ababafasha. Ikindi ubu bari mu gihugu cyabo nkuko n’abandi bagiye batahuka bagaca mu nzira zagenywe.

Minisitiri Sezibera avuga ko uku gukumira abantu cyangwa kubirukana bifite ingaruka ku rujya n’uruza rw’abantu n’ibicuruzwa.

Avuga ko ubusanzwe u Rwanda nk’igihugu kidakora ku nyanja giha agaciro cyane ubucuruzi mpuzamahanga.

Ati “Ni byo kuri twe ibicuruzwa ni ingenzi ariko abantu ni ingenzi kurushaho.”

Avuga ko ikirenze byose ari uko u Rwanda rutazigera rugirwaho ingaruka zikomeye n’ibibazo.

Ati “Tuzi uko duhangana n’ibibazo byacu kandi turabizeza ko ikibazo cy’u Rwanda na Uganda kitazigera gituma ingano y’ibicuruzwa twohereza mu mahanga igabanuka cyangwa ngo gitume umutekano n’umudendezo byacu bihungabana.”

Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’u Rwanda Dr Richard Sezibera yahakanye amakuru amaze iminsi acaracara ku mbuga nkoranyambaga ko hari abajenerali batatu batawe muri yombi, yemeza ko ndetse umwe mu bavugwa yagiranye nawe inama mu ijoro ryakeye taliki 4 Werurwe 2019.

Ibinyamakuru birimo ibishinjwa kutavuga neza u Rwanda, birimo icyandikwamo na David Himbara bimaze iminsi bivuga ko ba Jenerali Joseph Nzabamwita, Emmanuel Ruvusha,na Fred Ibingira batawe muri yombi.

Dr Sezibera avuga ko ari ibihuha, akibaza impamvu abakoresha izo mbuga nkoranyambaga bandika ko abo basirikare bafunzwe n’impamvu zabyo agashoberwa.

2019-03-05
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ku ngengabitekerezo ya parmehutu, umwuzukuru wa Dominiko Mbonyumutwa ni sekuru wagiye aragaruka

Ku ngengabitekerezo ya parmehutu, umwuzukuru wa Dominiko Mbonyumutwa ni sekuru wagiye aragaruka

Ubwanditsi 24 Jan 2022
Aho kwica kuluna(mayibobo) zo mu muhanda, wakwica kuluna ziyobora Kongo kuko ari zo zoretse igihugu”- Abasesenguzi

Aho kwica kuluna(mayibobo) zo mu muhanda, wakwica kuluna ziyobora Kongo kuko ari zo zoretse igihugu”- Abasesenguzi

Ubwanditsi 20 Jan 2025
Félix Tshisekedi ngo yanga Perezida Kagame ariko agakunda Abanyarwanda. Ese yaba azi igihango bafitanye na Perezida bitorera hafi 100%?

Félix Tshisekedi ngo yanga Perezida Kagame ariko agakunda Abanyarwanda. Ese yaba azi igihango bafitanye na Perezida bitorera hafi 100%?

Ubwanditsi 06 Jan 2023
Perezida Kagame yagarutse ku mubano udasanzwe hagati ya Congo na FDLR kugeza ubwo barenze umurongo utukura bakarasa mu Rwanda

Perezida Kagame yagarutse ku mubano udasanzwe hagati ya Congo na FDLR kugeza ubwo barenze umurongo utukura bakarasa mu Rwanda

Ubwanditsi 27 Feb 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA
KWAMAMAZA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Ubwanditsi 02 Mar 2023
Abanyamakuru muzirinde gupfa nk’imbwa –Minisitiri Kaboneka
Mu Rwanda

Abanyamakuru muzirinde gupfa nk’imbwa –Minisitiri Kaboneka

Ubwanditsi 27 Apr 2017
U Rwanda rutsinzwe na Mozambique 2-0, amahirwe yo kujya mu gikombe cy’Afurika 2023 ahita ayoyoka
Amakuru

U Rwanda rutsinzwe na Mozambique 2-0, amahirwe yo kujya mu gikombe cy’Afurika 2023 ahita ayoyoka

Ubwanditsi 18 Jun 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru