• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Constant Mutamba: Minisitiri w’Ubutabera wa Congo Usigaye Azwi kurusha Ibikorwa Bye Bibi Kurusha Byiza

Constant Mutamba: Minisitiri w’Ubutabera wa Congo Usigaye Azwi kurusha Ibikorwa Bye Bibi Kurusha Byiza

Ubwanditsi 29 May 2025 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, POLITIKI

Mu gihe abaturage ba Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) bakomeje gusaba ubutabera buboneye, Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu n’Ubutabera, Constant Mutamba, asa n’uwahinduye iyi minisiteri urubuga rwo kwikubira ububasha, gukingira ikibaba abakire n’abanyabyaha, no gusibanganya amajwi y’abashaka impinduka.

Ubusanzwe, Minisiteri y’Ubutabera yagombye kuba inkingi ya demokarasi n’ubwigenge bw’ubucamanza. Ariko mu gihe Mutamba ayiyoboye, inkiko zisigaye zifata imyanzuro itavugwaho rumwe, aho bamwe mu bacamanza bashinja iyi minisiteri kubahatira guca imanza zishingiye ku nyungu za politiki, aho kwitirira amategeko.

Ruswa itwikiriye impuzankano y’amategeko

Biravugwa ko Mutamba ashyira mu myanya abayobozi badafite ubushobozi buhagije cyangwa se bazwiho kunengwa, by’umwihariko abamugaragariza ukwemera kutajegajega. Hari n’amakuru y’uko bamwe mu bacamanza n’abakozi ba minisiteri bahabwa amabwiriza yihariye kugira ngo bafate imyanzuro igamije kugirira akamaro abantu bamwe bo mu rwego rwa politiki n’ubucuruzi, aho gukorera rubanda.

Ibi bikorwa bishingiye kuri ruswa no kwikunda bimaze kugira ingaruka zikomeye ku cyizere abaturage bafitiye ubutabera, ndetse binabangamiye imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu, aho bamwe mu bayobozi bayo bafunzwe cyangwa bagahigwa n’ubutabera bushinjwa ko bwategetswe na Mutamba ubwe.

Umuyobozi wigaragaza mu magambo kurusha ibikorwa

Constant Mutamba ni umwe mu bayobozi ba leta bashishikajwe no kwigaragaza ku mbuga nkoranyambaga, aho akoresha cyane cyane urubuga rwa X (Twitter) kugira ngo asobanure ibyo akora cyangwa asubize abamunenga. Icyakora, ibikorwa bikenewe ku rwego rwa minisiteri abiyoboye biragenda bikendera.

Imanza zirebana n’ibyaha bikomeye nk’iyicwa ry’abantu mu burasirazuba bwa Congo, imfungwa ziborera muri gereza, n’akarengane k’abaturage, zagiye zicecekwa cyangwa zigafungirwa mu kabati, aho abantu bakekwaho ibyaha bakomeza kuba hanze, bamwe banagenerwa imyanya y’icyubahiro n’imitungo ituruka ku misoro y’abaturage.

Ubutabera bwapfuye cyangwa burasinziriye?

Ubwo Constant Mutamba yafataga Minisiteri y’Ubutabera, hari icyizere cy’uko ashobora kuzana impinduka zishingiye ku buhanga no ku murava. Ariko uko iminsi ishira niko bigaragara ko ari umwe mu bategetsi bashyira imbere inyungu bwite kurusha iz’igihugu.

Mu gihe RDC ikeneye ubutabera bwigenga, busubiza ibibazo by’abaturage kandi bugahana abakoze ibyaha hatitawe ku myanya bafite, Minisitiri Mutamba aracyarangwa no gucecekesha abamunenga, kubangamira abanyamategeko bigenga, no kugoreka amategeko uko abyifuza.

Igihe kirageze cyo kuvugira rubanda

Uko abaturage bugarijwe n’akarengane, ruswa n’iyicarubozo, niko amajwi yo gusaba impinduka akomeza kwiyongera. Igihe kirageze ngo abayobozi barimo na Constant Mutamba, bamenye ko ubuyobozi budashingiye ku mategeko n’ubutabera buhamye ari nk’inzu yubatswe ku musenyi.

Ubutabera si impano. Ni uburenganzira. Ariko iyo bwahindutse igikoresho cy’abategetsi, igihugu kiba kiri mu marembera.

2025-05-29
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Kagame Ni Umwe Mu Bakuru B’ibihugu Bitabiriye Umuhango W’irahira Rya Perezida Mnangagwa – Amafoto

Perezida Kagame Ni Umwe Mu Bakuru B’ibihugu Bitabiriye Umuhango W’irahira Rya Perezida Mnangagwa – Amafoto

Ubwanditsi 26 Aug 2018
Ishyamba siryeru muri Rayon Sports:Karekezi Olivier ari mu maboko ya Polisi

Ishyamba siryeru muri Rayon Sports:Karekezi Olivier ari mu maboko ya Polisi

Ubwanditsi 16 Nov 2017
Ikindi kimenyetso gihamya Kayumba Nyamwasa ibura rya Ben Rutabana

Ikindi kimenyetso gihamya Kayumba Nyamwasa ibura rya Ben Rutabana

Ubwanditsi 05 Feb 2020
Nyuma y’ibyumweru 2 gereza ya Makala muri Kongo ibaye ibagiro ry’abanyururu, abakomeretse b’abagore basambanyijwe ku ngufu nta buvuzi barahabwa.

Nyuma y’ibyumweru 2 gereza ya Makala muri Kongo ibaye ibagiro ry’abanyururu, abakomeretse b’abagore basambanyijwe ku ngufu nta buvuzi barahabwa.

Ubwanditsi 11 Sep 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

As Muhanga ihesheje APR igikombe cya shampiyona itsinda Rayon Sports
IMIKINO

As Muhanga ihesheje APR igikombe cya shampiyona itsinda Rayon Sports

Ubwanditsi 08 Jul 2016
Afungiwe kudatanga inyemezabuguzi y’imashini y’ikoranabuhanga no kugerageza gutanga ruswa
Mu Mahanga

Afungiwe kudatanga inyemezabuguzi y’imashini y’ikoranabuhanga no kugerageza gutanga ruswa

Ubwanditsi 11 Nov 2016
Bamwe mu barezwe na Imbuto Foundation batangiye kurera barumuna babo
Mu Rwanda

Bamwe mu barezwe na Imbuto Foundation batangiye kurera barumuna babo

Ubwanditsi 10 Jun 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru