• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bombori bombori hagati ya Kayumba Placide na Pierre Celestin Rwalinda wamusimbuye ku buyobozi bwa FDU Inkingi   |   15 May 2026

  • APR FC na Rayon Sports zageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro 2026, zizahatanira miliyoni 12 z’Amafaranga y’u Rwanda   |   14 May 2026

  • Habura iminsi 3 ngo shampiyona irangire, Al Hilal yegukanye igikombe cy’icyubahiro cya BK Pro League 2025-2026   |   13 May 2026

  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Bamwe mu barezwe na Imbuto Foundation batangiye kurera barumuna babo

Bamwe mu barezwe na Imbuto Foundation batangiye kurera barumuna babo

Ubwanditsi 10 Jun 2017 Mu Rwanda

Kuri uyu wa 10 Kamena 2017, Imbuto Foundation yizihije imyaka 15 ishize irihirira amashuri abana bakomoka mu miryango itishoboye, kugira ngo abo bana batabuzwa uburenganzira bwo kwiga kandi bashoboye.

Abitabiriye ibirori ni bamwe mu bishyuriwe bamaze kurangiza kwiga ndetse n’abakiri mu ishuri bakaba bararengaga 2000 kuko hari abatarabashije kuboneka kubera amasomo, akazi n’ibindi.

Madame Jeannette Kagame, yasabye aba bana gukomeza kubera urumuri barumuna babo, bagifite ibibazo byo kubona uko biga.

Yashimiye abarangije kwiga bishyize hamwe mu ihuriro bise ’Edified Generation’, bakaba baratangiye kwishyurira amashuri abandi bana bafite ibibazo.

Yashimiye kandi abafatanyabikorwa banyuranye ba Imbuto Foundation, batumye iki gikorwa cy’urukundo kigerwaho.

-6912.jpg

Imbuto Foundation, yishyurira aba bana yitaho amashuri ikanababaha buruse muri za kaminuza zitandukanye .

Madamu Jeannette Kagame, yagaragaje ko Umuryango Imbuto Foundation mu myaka 15 umaze, hari ubufasha bukomeye umaze guha abana b’abahanga bava mu miryango itishoboye.

Jeannette Kagame avuga ko nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi, kongera kubaka u Rwanda ngo bitari byoroshye, bityo ko mu bihe nk’ibyo byari ngombwa ko hongera gutekerezwa ibibazo byose byari byugarije Abanyarwanda, hakabaho no kubishakira ibisubizo birambye, ati “kimwe muri icyo ubuyobozi bw’Igihugu cyacu bwabonye ni uguteza imbere uburezi n’uburere bw’abana b’Abanyarwanda, cyane cyane ko mbere uburenganzira bwo kwiga butabonwaga na bose, hakozwe byinshi rero birimo kubaka amashuri binyuze mu kwitanga dudafatanyije n’inshutizi zacu, abana batangira kugana amashuri ari benshi.”

Yakomeje agira ati “nyuma yaho gato Imbuto Foundation yatangiye kubona amaburuwa menshi y’abana batishoboye basabaga gufashwa kwiga, dutangira rero gutekereza icyo twakora ngo dutange umusanzu wacu, iki nicyo cyateye ababyeyi mubona hano n’abandi badahari, abariho n’abatariho kwitaba iryo jwi rya Imbuto.”

Jeannette Kagame avuga ko kugira ngo ibi bikorwe byatewe n’ishyaka ryo gushyigikira gahunda za leta aho yari imaze gutanga uburezi bwa bose, bityo nabo bakaba barasanze nta mwana ukwiye kubura ayo mahirwe yo kwiga kubera ko avuka mu muryango utishoboye.

-6913.jpg

Madamu Jeannette Kagame avuga ko mu myaka 15 umuryango Imbuto umaze hari byinshi umaze gukora

Madamu Jeannette Kagame kandi yibutsa, ari abafashijwe na Imbuto Foundation kwiga cyangwa abandi bose bagifashwa nayo gukomeza kuba urumuri ku bandi, no gukomeza kubaha ababyeyi babo, ati “Iyo wumvise ubuhamya bwanyu mwese, ubona akamaro ko kugira igihugu n’umuryango mwiza w’Abanyarwanda, nimukomeze kuba urumuri rw’Urungano no mu zindi gahunda ziteza imbere igihugu cyacu cyane cyane urubyiruko nkamwe, ntabwo isano dufitanye irangirana no kubafasha kwiga gusa, murusheho kujya mumenyesha Imbuto Foundation amakuru yanyu.”

Asaba ababyeyi gukomeza kuba hafi y’abana babaha ubumenyi, gusa akanibibutsa ko n’ubwo ibyagezweho ari byinshi, hatakwirengagizwa ko hakiri byinshi bigikwiriye kwitabwaho.

Umuryango Imbuto Foundation watangiye mu mwaka wa 2003, ukaba unavuga ko wabashije gutanga buruse “bourses” zirenga ibihumbi birindwi.

2017-06-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ku bufatanye bwa FERWACY n’urwego rushinzwe intwari z’igihugu, imidali n’impeta by’ishimwe hateguwe isiganwa ryo kwizihiza umunsi w’intwali

Ku bufatanye bwa FERWACY n’urwego rushinzwe intwari z’igihugu, imidali n’impeta by’ishimwe hateguwe isiganwa ryo kwizihiza umunsi w’intwali

Ubwanditsi 28 Jan 2022
Therese wari umugore wa Evangeliste KWIZERA Emmanuel yitabye Imana. Ni urupfu rwashenguye benshi

Therese wari umugore wa Evangeliste KWIZERA Emmanuel yitabye Imana. Ni urupfu rwashenguye benshi

Ubwanditsi 07 Aug 2017
Shampiyona y’u Rwanda igiye guhagarara ibyumweru bibiri bitewe n’imikino ya gicuti y’Amavubi

Shampiyona y’u Rwanda igiye guhagarara ibyumweru bibiri bitewe n’imikino ya gicuti y’Amavubi

Ubwanditsi 24 Dec 2021
Kenya:Umukobwa W’umunyaburanga Yarashwe Ashinjwa Ubujura

Kenya:Umukobwa W’umunyaburanga Yarashwe Ashinjwa Ubujura

Ubwanditsi 15 May 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Steve Mclaren yeretswe umuryango muri NEWCASTLE
IMIKINO

Steve Mclaren yeretswe umuryango muri NEWCASTLE

Ubwanditsi 11 Mar 2016
Ibinyoma bishinja M23 kwica abaturage byambitswe ubusa
Amakuru

Ibinyoma bishinja M23 kwica abaturage byambitswe ubusa

Ubwanditsi 11 Aug 2025
Kimironko:Udafite Umwuka Wera nta rukundo agira-Col Ndakebuka
Mu Rwanda

Kimironko:Udafite Umwuka Wera nta rukundo agira-Col Ndakebuka

Ubwanditsi 27 Jun 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru