• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Visit Rwanda n’ikipe ya Aston Villa yo mu gihugu cy’u Bwongereza basinyanye amasezerano y’ubufatanye   |   14 Jul 2026

  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Perezida Kagame arasezera Sheikh Hamad wagize Qatar igihangange   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Bamwe mu barezwe na Imbuto Foundation batangiye kurera barumuna babo

Bamwe mu barezwe na Imbuto Foundation batangiye kurera barumuna babo

Ubwanditsi 10 Jun 2017 Mu Rwanda

Kuri uyu wa 10 Kamena 2017, Imbuto Foundation yizihije imyaka 15 ishize irihirira amashuri abana bakomoka mu miryango itishoboye, kugira ngo abo bana batabuzwa uburenganzira bwo kwiga kandi bashoboye.

Abitabiriye ibirori ni bamwe mu bishyuriwe bamaze kurangiza kwiga ndetse n’abakiri mu ishuri bakaba bararengaga 2000 kuko hari abatarabashije kuboneka kubera amasomo, akazi n’ibindi.

Madame Jeannette Kagame, yasabye aba bana gukomeza kubera urumuri barumuna babo, bagifite ibibazo byo kubona uko biga.

Yashimiye abarangije kwiga bishyize hamwe mu ihuriro bise ’Edified Generation’, bakaba baratangiye kwishyurira amashuri abandi bana bafite ibibazo.

Yashimiye kandi abafatanyabikorwa banyuranye ba Imbuto Foundation, batumye iki gikorwa cy’urukundo kigerwaho.

-6912.jpg

Imbuto Foundation, yishyurira aba bana yitaho amashuri ikanababaha buruse muri za kaminuza zitandukanye .

Madamu Jeannette Kagame, yagaragaje ko Umuryango Imbuto Foundation mu myaka 15 umaze, hari ubufasha bukomeye umaze guha abana b’abahanga bava mu miryango itishoboye.

Jeannette Kagame avuga ko nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi, kongera kubaka u Rwanda ngo bitari byoroshye, bityo ko mu bihe nk’ibyo byari ngombwa ko hongera gutekerezwa ibibazo byose byari byugarije Abanyarwanda, hakabaho no kubishakira ibisubizo birambye, ati “kimwe muri icyo ubuyobozi bw’Igihugu cyacu bwabonye ni uguteza imbere uburezi n’uburere bw’abana b’Abanyarwanda, cyane cyane ko mbere uburenganzira bwo kwiga butabonwaga na bose, hakozwe byinshi rero birimo kubaka amashuri binyuze mu kwitanga dudafatanyije n’inshutizi zacu, abana batangira kugana amashuri ari benshi.”

Yakomeje agira ati “nyuma yaho gato Imbuto Foundation yatangiye kubona amaburuwa menshi y’abana batishoboye basabaga gufashwa kwiga, dutangira rero gutekereza icyo twakora ngo dutange umusanzu wacu, iki nicyo cyateye ababyeyi mubona hano n’abandi badahari, abariho n’abatariho kwitaba iryo jwi rya Imbuto.”

Jeannette Kagame avuga ko kugira ngo ibi bikorwe byatewe n’ishyaka ryo gushyigikira gahunda za leta aho yari imaze gutanga uburezi bwa bose, bityo nabo bakaba barasanze nta mwana ukwiye kubura ayo mahirwe yo kwiga kubera ko avuka mu muryango utishoboye.

-6913.jpg

Madamu Jeannette Kagame avuga ko mu myaka 15 umuryango Imbuto umaze hari byinshi umaze gukora

Madamu Jeannette Kagame kandi yibutsa, ari abafashijwe na Imbuto Foundation kwiga cyangwa abandi bose bagifashwa nayo gukomeza kuba urumuri ku bandi, no gukomeza kubaha ababyeyi babo, ati “Iyo wumvise ubuhamya bwanyu mwese, ubona akamaro ko kugira igihugu n’umuryango mwiza w’Abanyarwanda, nimukomeze kuba urumuri rw’Urungano no mu zindi gahunda ziteza imbere igihugu cyacu cyane cyane urubyiruko nkamwe, ntabwo isano dufitanye irangirana no kubafasha kwiga gusa, murusheho kujya mumenyesha Imbuto Foundation amakuru yanyu.”

Asaba ababyeyi gukomeza kuba hafi y’abana babaha ubumenyi, gusa akanibibutsa ko n’ubwo ibyagezweho ari byinshi, hatakwirengagizwa ko hakiri byinshi bigikwiriye kwitabwaho.

Umuryango Imbuto Foundation watangiye mu mwaka wa 2003, ukaba unavuga ko wabashije gutanga buruse “bourses” zirenga ibihumbi birindwi.

2017-06-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Loni yambitse imidari y’ishimwe abapolisi b’u Rwanda muri Darfur

Loni yambitse imidari y’ishimwe abapolisi b’u Rwanda muri Darfur

Ubwanditsi 10 May 2017
Rubavu : Ni nde uri hejuru y’amategeko utambamira ibyemezo by’Urukiko ku rubanza rwa Kopertive KO.A.DU

Rubavu : Ni nde uri hejuru y’amategeko utambamira ibyemezo by’Urukiko ku rubanza rwa Kopertive KO.A.DU

Ubwanditsi 15 Jul 2019
Umusirikare ‘wishe umugore’ we i Rulindo yafatatiwe i Kibungo-Lt Col Munyengango

Umusirikare ‘wishe umugore’ we i Rulindo yafatatiwe i Kibungo-Lt Col Munyengango

Ubwanditsi 11 May 2018
Heroes FC irakira  Gasogi United, Bugesera FC isure Kaminuza y’u Rwanda mu ijonjora ribanza ry’igikombe cy’Amahoro 2022

Heroes FC irakira  Gasogi United, Bugesera FC isure Kaminuza y’u Rwanda mu ijonjora ribanza ry’igikombe cy’Amahoro 2022

Ubwanditsi 16 Mar 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda: Ikinyamakuru cyashinje Gen. Kayihura kwica Andrew Kaweesi kiri mu mazi abira
Mu Mahanga

Uganda: Ikinyamakuru cyashinje Gen. Kayihura kwica Andrew Kaweesi kiri mu mazi abira

Ubwanditsi 05 Nov 2018
Bujumbura  abafaransa bakomeje guhigwa bukware
Mu Mahanga

Bujumbura abafaransa bakomeje guhigwa bukware

Ubwanditsi 25 Jun 2018
Goma: Hafashwe imodoka yari itwaye intwaro za gisirikare
Mu Mahanga

Goma: Hafashwe imodoka yari itwaye intwaro za gisirikare

Ubwanditsi 05 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru