• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya magendu ryagaruje imisoro y’arenga miliyari

Ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya magendu ryagaruje imisoro y’arenga miliyari

Ubwanditsi 25 Sep 2017 Mu Rwanda

Umuyobozi w’ Ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya magendu Senior Superintendent of Police (SSP) Alphonse Businge, yatangaje ko mu mezi icyenda ashize, iri shami ryagaruje imisoro y’amafaranga y’u Rwanda arenga miliyari ebyiri na miliyoni magana abiri.

Aya mafaranga akaba akomoka ku mande yaciwe abantu bari binjije ibicuruzwa mu Rwanda mu buryo butemewe n’amategeko kuva muri Mutarama kugeza muri Nzeri uyu mwaka.

SSP Businge yavuze ko 70% y’ibicuruzwa byafashwe ari iimyenda ya Caguwa, uku gushaka kwinjiza iyi myenda mu buryo butemewe n’amategegeko bikaba byariyongereye kubera gahunda Leta yafashe yo kuzamura imisoro yayo ikava kuri 0.5 by’amadorari ikajya kuri 2.5 ku kilo kimwe, ibi bikaab biri muri gahunda yo guteza imbere ibikorerwa mu Rwanda bizwi nka ‘Made in Rwanda’.

Imibare itangwa n’ikigo cy’igihugu gishinzwe imisoro n’amahooro ikaba igaragaza ko kuva muri Mutarama kugeza muri Gicurasi hafashwe toni zirenga 80 z’iyi myenda.

Yavuze kandi ati:” Uretse iyi myenda ya Caguwa, ibindi bicuruzwa bikunze gufatwa byinjiye mu buryo butemewe n’amategeko ni ibitenge, ibinyobwa bidasembuye n’inzoga, cyane cyane imivinyo, amavuta yo guteka, amata y’ifu n’ibyuma by’imodoka, kandi ibi byose bifatwa kubera amakuru tuba twahawe n’abaturage.”

Kuri iyi mikoranire myiza n’abaturage yavuze ati:”Twongereye imikwabu, ariko cyane cyane tunakora ubukangurambaga mu baturage aho tubashishikariza kuduha amakuru, ari nabyo bituma batubwira aho ibi bicuruzwa bipakirirwa ndetse no mu bihugu duturanye, ndetse bakanatubwira aho bipakrurirwa.”

Yakomeje avuga ko ibyinshi muri ibi bicuruzwa byinjizwa bipakiye mu mifuka ipakirwamo umuceri, ifu y’ibigori n’iy’myumbati.

SSP Businge yanaburiye abacuruzi bashaka gukwepa imisoro bagaha igiciro gito ibicuruzwa byabo n’abakoresha nabi utumashini tuzwi nka ‘EBM’ (Electronic Billing Machine).

Mbera Emmy, umukozi ushinzwe imikoreshereze y’utu tumashini mu kigo cy’igihugu gishinzwe imisoro n’amahooro (Rwanda Revenue Authority (RRA), yasabye abaturage ko buri gihe bagize icyo bagura bajya baka inyemezabuguzi zitangwa n’utu tumashini kuko aribo batanga umusoro ku nyungu.

Kuri iyi ngingo yavuze ati:”Burya umuguzi niwe utanga umusoro ku nyungu, niyo mpamvu tubakangurira kujya baka inyemezabuguzi zitangwa n’utu tumashini, kuko iyo atayanze ntaba ataze umusanzu we mu iterambere ry’igihugu. Abacuruzi nabo batazitanga bamenye ko bafatwa nk’abanyereza imisoro kandi ufifatiwemo ahanwa hakurikijwe amategeko.”

Kuri ubu, ikigo cy’igihugu gishinzwe imisoro n’amahooro (RRA) kigiye guteza cyamunara imodoka n’ibindi bicuruzwa byafashwe byinjiye mu buryo bwa magendu mu myaka yashize.

Kuba umujyi wa Kigali warubatse ibigo ndersbuzima birindwi kuri miliyari imwe na miliyoni icyenda, bivuze ko iyi misoro yafashwe yakubaka ibindi bigo nderabuzima nka bitanu.

-8107.jpg

Mbera Emmy, umukozi ushinzwe imikoreshereze y’utu tumashini mu kigo cy’igihugu gishinzwe imisoro n’amahooro (Rwanda Revenue Authority (RRA)

2017-09-25
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Bujumbura :Ibiryo birabona umugabo bigasiba undi

Bujumbura :Ibiryo birabona umugabo bigasiba undi

Ubwanditsi 08 Mar 2017
Rulindo : Ishyaka PSD ryasobanuye impamvu ryamamaje  Paul Kagame Umukandida wa FPR-Inkotanyi

Rulindo : Ishyaka PSD ryasobanuye impamvu ryamamaje Paul Kagame Umukandida wa FPR-Inkotanyi

Ubwanditsi 20 Jul 2017
Mu mukino wabonetsemo amakarita 3 atukura, AS Kigali yatsinze Gorilla FC ifata umwanya wa 3 w’agateganyo, Uko umunsi wa 18 wa shampiyona y’u Rwanda ukomeza

Mu mukino wabonetsemo amakarita 3 atukura, AS Kigali yatsinze Gorilla FC ifata umwanya wa 3 w’agateganyo, Uko umunsi wa 18 wa shampiyona y’u Rwanda ukomeza

Ubwanditsi 20 Feb 2022
INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA  GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Ubwanditsi 07 Mar 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

RCS izatanga ibihembo k’uzafatisha Ntamuhanga na bagenzi be
Mu Rwanda

RCS izatanga ibihembo k’uzafatisha Ntamuhanga na bagenzi be

Ubwanditsi 09 Nov 2017
Uko Tony Blair na Sir Collier babona iterambere ry’u Rwanda mu myaka 30 iri imbere
UBUKUNGU

Uko Tony Blair na Sir Collier babona iterambere ry’u Rwanda mu myaka 30 iri imbere

Ubwanditsi 14 Feb 2018
Imikino ya CECAFA y’Abagore yagombaga kubera i Kigali yasubitswe
IMIKINO

Imikino ya CECAFA y’Abagore yagombaga kubera i Kigali yasubitswe

Ubwanditsi 08 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru