• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ku bufatanye bwa FERWAFA na CAF, Abatoza 25 b’abanyarwanda barimo abagore 5 batangiye amasomo ya ‘License A CAF’   |   12 Mar 2026

  • Corneille Nangaa: RDC Irashaka kwagurira Intambara mu karere kose   |   11 Mar 2026

  • Gen Bunyoni yafunguwe kubera Uburwayi bwo mu mutwe na Diyabete ikabije   |   11 Mar 2026

  • U 𝗥𝘄𝗮𝗻𝗱𝗮 𝗿𝘂𝗴𝗶𝘆𝗲 𝗸𝘄𝗮𝗸𝗶𝗿𝗮 𝗮𝗺𝗮𝗿𝘂𝘀𝗵𝗮𝗻𝘄𝗮 𝗮𝗻𝗲 𝘆𝗮 𝗖𝗘𝗖𝗔𝗙𝗔 𝗮𝗿𝗶𝗺𝗼 𝗻𝗮 𝗞𝗮𝗴𝗮𝗺𝗲 𝗖𝘂𝗽   |   10 Mar 2026

  • Jean-Luc Habyarimana mu migambi yo guhuza imitwe irwanya u Rwanda akoreshejwe na Tshisekedi   |   09 Mar 2026

  • Police WFC yegukanye igikombe cy’Umunsi Mpuzamahanga w’Umugore 2026 itsinze Rayon Sports kuri Penaliti   |   08 Mar 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Abaturage b’umurenge wa Kagogo basabwe kwirinda ibintu byose byateza impanuka mu kiyaga cya Burera

Abaturage b’umurenge wa Kagogo basabwe kwirinda ibintu byose byateza impanuka mu kiyaga cya Burera

Ubwanditsi 22 Aug 2017 Mu Rwanda

Uburangare bwa bamwe mu babyeyi ndetse n’abarezi bwo kureka abana bakagera ku nkengero z’ikiyaga cya Burera, kutubahiriza amabwiriza ajyanya n’imirimo yose ikorerwa mu kiyaga cya Burera ndetse n’ingamba zo gukumira impanuka ziberamo no kurwanya ibindi byaha muri rusange nibyo byibanzweho mu nama y’abaturage b’akagari kaNyamabuye, umurenge wa Kagogo ho mu karere ka Burera.

Ni inama yabaye mu mpera z’icyumweru gishize, ikaba yari iyobowe n’umuyobozi w’akarere ka Burera, Florence Uwambajemariya ari kumwe n’umuyobozi wa sitasiyo ya Polisi ya Cyanika, IP Augustin Habimana n’abandi bayobozi b’inzego z’umutekano muri kariya gace.

Ni nyuma y’aho ku italiki 29 Nyakanga, muri aka kagari ka Nyamabuye habereye impanuka yatumye abana batanu bari mu kigero cy’imyaka 12 na 16 y’amavuko barohama muri iki kiyaga ubwo barimo koga, batatu kakaza kurohorwa bakiri bazima abandi babiri bakaburirwa irengero.

Mu kiganiro yahaye abaturage b’akagari ka Nyamabuye bageraga ku 1500, Meya Umwambajimana yagize ati:” Kwohereza abana kuvoma cyangwa gukora ikindi ku kiyaga bonyine ni ugushyira ubuzima bwe mu kaga kuko iyo bagezeyo bidumbaguza bibwira ko ari byiza ari nabwo bibaviramo kurohama kuko baba batazi ingaruka zabyo.”

Yaboneyeho gusaba abaturage ko n’ahabonetse impanuka bajya bafatanye gutabara aho yagize ati:” Turasaba bamwe muri mwe bazi koga kujya bihutira gutabara ababa barohamye ariko na none mukajya mwihutira kumenyesha Polisi n’izindi nzego bireba ku gihe kugira ngo hakorwe ubutabazi bwihuse.”

Yasabye kandi abakora umwuga wo gutwara abagenzi mu mazi kujya batangira urugendo ari uko abagenzi bose bambaye imyenda ishobora kubarinda kwibira mu mazi mu gihe habaye impanuka kandi bakirinda gutwara bagenzi n’imitwaro birenze ubushobozi bw’ubwato.

Mu gusoza, Meya Uwambajimana yashimye ubufatanye bwaranze abatuye akagari ka Nyamabuye na Polisi kubijyanye no gukumira no kurwanya ibyaha bindi muri rusange, maze asaba ko bwakomeza kandi bikaba mu murenge wose n’akarere muri rusange.

Umuyobozi wa sitasiyo ya Polisi ya Cyanika mu ijambo rye, yagarutse ku gukumira no kurwanya ibyaha muri rusange ariko yibanda ku mpanuka zo mu mazi zikunze kuba muri aka gace maze asaba ababyeyi gufata iya mbere bakagabanya kohereza abana cyangwa gutuma begera ikiyaga ari bonyine.

IP Habimana yagize ati:” Mu gihe habayeho kugwa no kurohama muri ayo mazi, abaturage barasabwa gutabara vuba na bwangu, bakanatabaza Polisi ibegereye kandi abana bakigishwa umunsi ku wundi kudahirahira bakinira muri ayo mazi kuko usibye no kurohama bishobora no kubatera indwara ziturutse ku isuku nke kubera ayo mazi mabi.”

Yongeyeho ati:” Si abana bato gusa barohama mu mazi kuko byanagaragaye ko hari n’abantu bakuru barohama kubera ko baba batazi koga haba mu gihe bari mu mirimo y’uburobyi cyangwa se mu gihe bambuka.”

Yagiriye inama ababyeyi ndetse n’abandi bafite uburezi bw’abana mu nshingano zabo kuba maso mu gukumira no kurinda abana impanuka nk’izi aho yagize ati”Abana bakeneye buri gihe ko ababyeyi babo babahozaho ijisho, ntibakwiye koherezwa kuvoma bonyine ndetse no kwemererwa gukinira hafi y’ikiyaga nta muntu mukuru bari kumwe.”

-7699.jpg

Burera

Asoza , yatanze ubutumwa ku baturiye ibiyaga nka Burera n’ahandi hantu ho kogera maze agira ati:” Koga muri ayo mazi si bibi ariko ni ngombwa ko ujyamo aba azi koga kandi afite ibyangombwa bajyana mu mazi birinda uyagiyemo kurohama kuko ntawemerewe kuyajyamo atabifite , tuboneyeho no gusaba abaturiye ibiyaga gutanga amakuru ku wo babona wese ashaka kujyamo nta byangombwa bimubuza kurohama afite kuko bikurura impanuka za hato na hato; aha yabimenyesha Polisi imwegereye cyangwa agahamagara kuri 110 itishyurwa ; dufatanye kwirinda impanuka zo mu mazi.”

Source : RNP

2017-08-22
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Batanu basanzwemo Coronavirus mu bipimo 772 byafashwe, abanduye mu Rwanda bagera ku 110

Batanu basanzwemo Coronavirus mu bipimo 772 byafashwe, abanduye mu Rwanda bagera ku 110

Ubwanditsi 09 Apr 2020
Ange Kagame yagaragaje ishema aterwa no kwitwa izina rya se

Ange Kagame yagaragaje ishema aterwa no kwitwa izina rya se

Ubwanditsi 24 Oct 2017
‘ Uyu munsi ntawe u Rwanda rubona nk’ umwanzi ‘- Perezida Kagame

‘ Uyu munsi ntawe u Rwanda rubona nk’ umwanzi ‘- Perezida Kagame

Ubwanditsi 24 Aug 2017
Iya 9 Gicurasi 1994: Amerika yanze kohereza ingabo mu Rwanda

Iya 9 Gicurasi 1994: Amerika yanze kohereza ingabo mu Rwanda

Ubwanditsi 09 May 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ibyo impuguke zivuga ku ifaranga rimwe rya Afurika nyuma yo kwemeza isoko rusange
UBUKUNGU

Ibyo impuguke zivuga ku ifaranga rimwe rya Afurika nyuma yo kwemeza isoko rusange

Ubwanditsi 10 May 2018
Uko ibiganiro bya Luanda bikomeza, hagaragara udafite ubushake bw’Amahoro
Amakuru

Uko ibiganiro bya Luanda bikomeza, hagaragara udafite ubushake bw’Amahoro

Ubwanditsi 23 Sep 2024
PSG yageze muri 1/2 cya UEFA Champions League isezereye Bayern Munichen, rutahizamu wayo Neymar atangaza ko azaguma muri iyi kipe.
Amakuru

PSG yageze muri 1/2 cya UEFA Champions League isezereye Bayern Munichen, rutahizamu wayo Neymar atangaza ko azaguma muri iyi kipe.

Ubwanditsi 14 Apr 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru