• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Kiyovu SC na Gasogi United mu makipe yatangiye gutandukana nabakinnyi babo bitegura 2023-2024   |   08 Jun 2023

  • Ese ntihaba hari umugambi wo gukingira ikibaba abajenosideri, ngo bazapfe cyangwa bazafatwe bashaje cyane, bityo bibe impamvu yo kutababuranisha?   |   07 Jun 2023

  • INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA   |   07 Jun 2023

  • Munyantwari Alphonse niwe mukandida rukumbi wa Perezida wa FERWAFA, Gacinya na Murangwa mubatemerewe kwiyamamaza   |   06 Jun 2023

  • Shema Fabrice wayoboraga AS Kigali yasezeye kuyobora iyi kipe   |   05 Jun 2023

  • Rayon sports yegukanye igikombe cy’Amahoro itsinze APR FC 1-0, yegukana Miliyoni 10Frw   |   03 Jun 2023

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Muri Angola Perezida Dos Santos agiye kurekura ubutegetsi ariko ataburekuye

Muri Angola Perezida Dos Santos agiye kurekura ubutegetsi ariko ataburekuye

Editorial 17 Apr 2017 Mu Rwanda

Perezida wa Angola, Jose Eduardo dos Santos muri Kanama uyu mwaka azarekura ubutegetsi yari agiye kumaraho imyaka 40, ariko iyo witegereje usanga mu by’ukuri azaba aburekuye ariko atarekuye !

Bwa mbere Dos Santos yatangarije inama rusange y’ishyaka rye (MPLA) yuko atazongera kwiyamamariza umwanya wa Perezida wa Repubulika muri Werurwe umwaka ushize, ariko benshi ntibabyemere kubera impamvu zatuma buri wese koko byamugora kubyemera !

Abatemeraga yuko Dos Santos, wategetse icyo gihugu kuva mu 1979, yakwibwiriza kurekura ubutegetsi ahanini bari bashingiye ku gihe kirekire abumazeho bugahinduka nk’umwihariko we, kandi nta n’igitutu kinini yotswagwa ngo abuveho. N’abageragezaga kwemera wasangaga biyumvisha yuko uyu mugabo w’imyaka 75 y’amavuko agomba kuba afite uburwayi butatuma akomeza imirimo ye y’ubukuru bw’igihugu !

Perezida Santos ariko byaba ari byo asigaranye intege nkeya cyangwa atari byo agikomeye, ukuri uko kumeze n’uko uwo mugabo wagiye ku butegetsi nyuma y’urupfu rwa Perezida wa mbere wa Angola, Agostinho Neto muri Nzeri 1979, atazongera kwiyamamariza umwanya wa Perezida wa Repubulika, nk’uko abakuru b’ibihugu bagenzi baherutse kubigaragaza !

Tariki 18 z’ukwezi gushize i Mbabane muri Zwaziland hateraniye inama idasanzwe y’abakuru b’ibihugu na za guverinoma b’umuryango w’ubukungu bw’ibihugu byo mu majyepfo ya Afurika (SADC), yitabirwa n’Umwami Mswati III, Perezida Jacob Zuma wa Afurika y’Epfo, Perezida Robert Mugabe wa Zimbabwe, Perezida Henry Rajaonarimampianina, Perezida Edgar Chagwa Lungu wa Zimbia na Visi Perezida Samia Suluhu wa Tanzania.

Abandi bari muri iyo nama ni Minisitiri w’intebe wa Mozambique, Agostinho do Rosario Carlos; Minisitiri w’intebe wungirije muri Lesotho, Mothetjoa Metsing; Minisitiri w’ingabo wa Angola, General Jaao Manuel Goncalves Lourenco; Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Botswana, Pelonomi Venson Moitoi; Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Malawi, Francis Kasaila: Umunyamabanga Mukuru muri minisiteri y’ububanyi n’amahanga ya Mauritania, MD Phokeer; naho Seychelles iserukirwa na ambasaderi Barry Faure. Hari kandi n’umunyamabanga mukuru wa SADC, Stergomena Laurence Taxi.

Nyuma y’iyo nama hasohowe itangazo y’imyanzuro y’ibyayivugiwemo. Muri ibyo harimo yuko abo bayobozi ba SADC bamenyeshejwe yuko Perezida Eduardo dos Santos ataziyamamariza umwanya w’umukuru w’igihugu mu matora ataha muri Angola. Iryo tangazo rigakomeza rivuga yuko ishyaka riri ku butegetsi muri icyo gihugu, People’s Movement for the Liberation of Angola (MPLA) ryatoranyije Minisitiri w’ingabo, General Joao Lourenco kuzaribera kandida perezida muri ayo matora !

Kuba rero Dosantos ataziyamamariza umwanya wa Perezida wa Repubulika ni ukuri kuko ntabwo yabeshya ngo anabeshye abayobozi bakuru ba SADC, Angola ibereye umunyamuryango w’imena. Ikindi kintu kigomba kuba ari ukuri n’uko kuba General Lourenco ariwe uziyamamaza ku itike ya MPLA, iri ku butegetsi, bivuze yuko ariwe uzasimbura Dos Santos ku mwanya wa Perezida wa Repubulika.

Nk’uko bimeze kuri CCM muri Tanzania, ANC muri Afurika y’Epfo na FLORIMO muri Mozambique, ntabwo MPLA irageza igihe cyo gutsindwa amatora muri Angola ! Muri icyo gihugu ishyaka ryabonye intebe nyishi z’abadepite mu matora niryo rishyiraho Perezida wa Repubulika.

Kuba rero General Lourenco ariwe Perezida wa Repubulika utaha muri Angola ntabwo bikiri ibyo gushidikanyaho. Icyo ahubwo umuntu yakwibaza ni uburyo uyu mugabo azashobora gukora akazi ke neza kandi Dos Santos azaba amuyobora mu bundi buryo.

-6322.jpg

Perezida wa Angola, Jose Eduardo dos Santos

Nubwo Dos Santos azaba avuye ku mwanya wa Perezida wa Repubulika ariko azakomeza kuba Perezida wa MPLA. Nka Perezida w’ishyaka, Santos azaba afite imbaraga zikomeye zirimo guhitamo abakandida depite kimwe no gutoranya abawofisiye bajya mu nzego zo hejuru mu gisirikare no muri Polisi. MPLA kandi izaba ifite ububasha bwo gukura ku mirimo ya leta umukada wayo wese, harimo na Perezida wa Repulika. Nubwo Lourenco azaba ari Perezida wa Repubulika ariko ntabwo bishoboka yuko azabura kuzajya avugirwamo na Santos, bitume akora amutinya !

General Joao Lourenco yari asanzwe ari Visi Perezida wa MPLA ariko ntabwo yari akunze kuvugwa cyane. Ariko azwiho kuba inkoramutima ya Dos Santos, bikaba bitanatangaje kuba ariwe yagennye kuzamusimbura. Mu gihe ariko Perezida Santos azwiho kuba yarirunzeho umutungo w’igihugu, Lourenco ntabwo ari mu mibare y’abantu bakize cyane muri Angola. Ntabwo yirunzeho imutungo nk’uko bimeze ku bandi bari hafi ya Dos Santos.

Ariko Lourenco nka Perezida wa Repubulika nta kuntu atazakomeza kuvugirizwa induru ngo akurikirane abasahuye igihugu kimwe no guca umuco wo gutanga ubutegetsi bishingiye ku kenewabo n’ikimenyane, byakomeje gukorwa na Dos Santos. General Lourence azaba ategerejweho gukosora amakosa yakozwe n’uwo azaba asimbuye, ariko ibyo ntabwo azabishobora kuko uwayakoze azaba akimuri iruhande kandi anamufiteho ijambo !

Ubu ikintu kivugwa cyane ni uburyo abanyagihugu ba Angola bakennye kandi icyo gihugu gikize kuri Peteroli n’ibiyikomokaho. Ibi by’ubukene bw’abaturage, muri rusange buri umwe ntabona amadolari arenze abiri ku munsi, bikaba bibi kurushaho kubera imutungo abo mu muryango wa Perezida Dos Santos birunzeho.

Uhereye kuri Perezida Santos ubushakashatsi, burimo ubwa Cabinda online, bugaragaza yuko yirunzeho amadolari ya Amerika miliyari 20, akaba ashyirwa mu mubare w’abaperezida 10 bakize cyane ku isi. Umukobwa we, Isabel dos Santos, ubushakashatsi burimo ubwa Forbes bugaragaza yuko yirunzeho imitungo n’amafaranga bifite agaciro gasaga amadolari ya Amerika miliyari 3.2 ! Isabel ngo agomba kuba ariwe mugore ukize kurusha abandi muri Afurika, ngo akaba ari nawe mugore w’umwirabura ukize kurusha abandi ku isi !

Umwaka ushize Perezida Dos Santos yagize Isabel umuyobozi mukuru w’ikigo k’igihugu gishinzwe petelori (oil company), Sanangol, naho umuhungu we witwa Jose Filomeno agirwa umuyobozi mukuru wa Sovereign wealth fund (Fundo Soberano de Angola). Iki kigo, cyatangijwe ku mugaragaro muri 2012 gishyizwemo miliyari eshanu z’amadolari, gifite imishinga myinshi yo guteza imbere abaturage ariko benshi bakavuga yuko ari icyo guteza imbere umuryango wa Perezida Jose Eduardo des Santos n’ubundi wari usanzwe uteye imbere !

Perezida mushya rero agerageje gukora ku muryango kimwe n’inkoramutima za Dos Santos yahura n’ibibazo. Adakosoye kandi uburyo bahombyamo igihugu, abaturage n’amahanga ntibatinda kubimubaza ! General Lourence rero yimikwe ariko azi neza yuko yimikanywe n’ibibazo !

Casmiry Kayumba

2017-04-17
Editorial

IZINDI NKURU

APR FC yitegura gukina na Étoile Sportive du Sahel muri CAF Champions League yanganyije na Etincelles mu mukino wa gicuti, iritegura kandi gukina na Kiyovu SC

APR FC yitegura gukina na Étoile Sportive du Sahel muri CAF Champions League yanganyije na Etincelles mu mukino wa gicuti, iritegura kandi gukina na Kiyovu SC

Editorial 06 Oct 2021
Imikino yamamaye y’amahirwe izwi cyane nka ’Betting’ yahagaritswe kubera kutishyura abatsindiye Amahirwe yabo

Imikino yamamaye y’amahirwe izwi cyane nka ’Betting’ yahagaritswe kubera kutishyura abatsindiye Amahirwe yabo

Editorial 14 Mar 2017
Ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya magendu ryagaruje imisoro y’arenga miliyari

Ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya magendu ryagaruje imisoro y’arenga miliyari

Editorial 25 Sep 2017
Jeannette Kagame yatangije ihuriro rizafasha Abanyarwandakazi b’Abacuruzi kumenyekana ku Isoko mpuzamahanga

Jeannette Kagame yatangije ihuriro rizafasha Abanyarwandakazi b’Abacuruzi kumenyekana ku Isoko mpuzamahanga

Editorial 27 Mar 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Bimwe mu bimenyetso birakomeza gushimangira ko kugereka urupfu rwa Yuvenali Habyarimana kuri FPR-Inkotanyi ari ukuyobya uburari.

Bimwe mu bimenyetso birakomeza gushimangira ko kugereka urupfu rwa Yuvenali Habyarimana kuri FPR-Inkotanyi ari ukuyobya uburari.

21 Apr 2023
Umuhuza mu kibazo cya Kongo, Uhuru Kenyatta, arasaba ko umutwe wa M23 ushyikirana n’ubutegetsi bwicyo gihugu

Umuhuza mu kibazo cya Kongo, Uhuru Kenyatta, arasaba ko umutwe wa M23 ushyikirana n’ubutegetsi bwicyo gihugu

03 Apr 2023
Abantu nibareke kwitiranya igitutu na dipolomasi mu irekurwa rya Paul Rusesabagina

Abantu nibareke kwitiranya igitutu na dipolomasi mu irekurwa rya Paul Rusesabagina

30 Mar 2023
Abahinzi bo mu turere 13 bagiye gufashwa n’umushinga “Hinga wunguke uzabafasha kwiteza imbere ndetse no kwagurirwa isoko ry’umusaruro wabo

Abahinzi bo mu turere 13 bagiye gufashwa n’umushinga “Hinga wunguke uzabafasha kwiteza imbere ndetse no kwagurirwa isoko ry’umusaruro wabo

09 Mar 2023
Ruswa ikomeje guhagama bamwe mu Badepite bo mu Burayi.

Ruswa ikomeje guhagama bamwe mu Badepite bo mu Burayi.

03 Feb 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Umuyobozi mukuru wungirije muri RDB, Nelly Mukazayire yahuye n’umuyobozi wa PSG Nasser Al-Khelaifi mu kwishimira umubano w’impande zombi

Umuyobozi mukuru wungirije muri RDB, Nelly Mukazayire yahuye n’umuyobozi wa PSG Nasser Al-Khelaifi mu kwishimira umubano w’impande zombi

01 Jun 2023
Samantha Power arifuza gutegeka Afrika nk’uko ategeka USAID yagize igikangisho.

Samantha Power arifuza gutegeka Afrika nk’uko ategeka USAID yagize igikangisho.

01 Jun 2023
Ruhango: Umuryango Twubake Ubumwe n’Ubwiyunge watanze Noheli ku barokotse Genocide yakorewe Abatutsi batishoboye

Ruhango: Umuryango Twubake Ubumwe n’Ubwiyunge watanze Noheli ku barokotse Genocide yakorewe Abatutsi batishoboye

23 Dec 2022
Ariko noneho ni akumiro. Mu itangazo rikubiyemo ingingo zivangavanze, abajenosideri bo muri FDLR ngo barashaka imishyikirano na Leta y’u Rwanda!

Ariko noneho ni akumiro. Mu itangazo rikubiyemo ingingo zivangavanze, abajenosideri bo muri FDLR ngo barashaka imishyikirano na Leta y’u Rwanda!

29 Nov 2022
Uhagarariye Kongo-Kinshasa muri LONI yavuze ko u Rwanda rwiba ingagi n’inguge zicyo gihugu mu nama yigaga ikibazo cy’intambara muri Ukraine

Uhagarariye Kongo-Kinshasa muri LONI yavuze ko u Rwanda rwiba ingagi n’inguge zicyo gihugu mu nama yigaga ikibazo cy’intambara muri Ukraine

13 Oct 2022
“Aho bagejeje batwangisha Inkotanyi niho ngeze nigisha ibyiza byazo” Rachel Mugorewase wakuwe mu mashyamba ya Kongo

“Aho bagejeje batwangisha Inkotanyi niho ngeze nigisha ibyiza byazo” Rachel Mugorewase wakuwe mu mashyamba ya Kongo

03 Oct 2022
Burya si buno, ibigarasha n’abajenosideri mubimenye: Ntimuzigera murusha ubwinshi n’imbaraga abahagurukiye kubaka uru Rwanda

Burya si buno, ibigarasha n’abajenosideri mubimenye: Ntimuzigera murusha ubwinshi n’imbaraga abahagurukiye kubaka uru Rwanda

03 Oct 2022

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru