• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Amashusho yerekanye amayeri ya Arabie Saoudite mu guhishira urupfu rw’umunyamakuru Khashoggi

Amashusho yerekanye amayeri ya Arabie Saoudite mu guhishira urupfu rw’umunyamakuru Khashoggi

Ubwanditsi 23 Oct 2018 Mu Mahanga

Umwe mu bantu 15 bakekwaho uruhare mu kwica Jamal Khashoggi yagaragaye ku mashusho ya camera z’umutekano yambaye imyenda y’uyu munyamakuru wa Washington Post, ku munsi yiciweho mu nyubako y’uhagarariye Arabie Saoudite muri Turikiya.

Aya mashusho yabonywe na CNN yagaragajwe n’inzego ziri gukora iperereza kuri iki kibazo, mu gihugu cya Turikiya.

Yerekana umugabo byamenyekanye ko yitwa Mustafa al-Madani ava muri Consulat ya Arabie Saoudite ari naho Kashoggi yiciwe, anyuze mu muryango w’inyuma, yambaye neza imyenda uwo munyamakuru yahinjiye yambaye.

Madani asohoka yanashyizeho ubwanwa yambaye n’amadarubindi.

Uwo mugabo ngo yanabonywe ku musigiti ukomeye mu murwa mukuru Istanbul uzwi nka Blue Mosque, muri ya myenda ya Khashoggi.

Aho hari nyuma y’amasaha make uhereye ku isaha ya nyuma Khashoggi yinjiriyeho muri Consulat ku wa 2 Ukwakira, ari nabwo abantu baheruka kumuca iryera.

Bamwe mu bayobozi muri Turikiya bavuga ko mu gutegura urupfu rwa Khashoggi w’imyaka 59, hifashishije Madani w’imyaka 57 basanzwe bajya kunganya igihagararo akajya muri iyo nyubako, hagamijwe guheza abantu mu cyeragati.

Nyamara mu gusesengura amashusho, byagaragaye ko Madani yinjira yanyuze mu rugi rw’imbere nubwo yasohokeye mu rw’inyuma, ariko amashusho amugaragaza yambaye imyenda isanzwe, nta n’ubwanwa afite.

Nyuma yasohotse yambaye nka Khashoggi, ariko ngo ntiyahinduye inkweto kuko mu gusesengura amashusho babonye ko yagumanye izo yinjiranye zifite umupira w’umweru, mu gihe Khashoggi yari yambaye iz’umukara hose.

Uru rupfu rujya kumenyekana, Khashoggi yagiye ku biro by’uhagarariye igihugu cye muri Turikiya ari kumwe n’umukunzi we Hatice Cengiz, amusiga hanze, yinjiye agenda ubutagaruka.

Umukunzi we ni ko gutangira gutabaza ariko ngo abakozi b’aho bamubwira ko yasohokeye mu rugi rw’inyuma. Mu gukomeza gushakisha nibwo hatangiye kuboneka amakuru ko yishwe.

Ayo mashusho yagaragaye nyuma y’uko Arabie Saoudite yari imaze ibyumweru ihakana ko ifite aho ihuriye na Kashoggi wari waburiwe irengero, yemeye ko yiciwe mu gushyamirana mu biro by’uyihagarariye, wamaze no guhamagazwa i Riyadh.

Ku Cyumweru Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga wa Arabie Saoudite, Adel al-Jubeir, yemeje ko ubwo bwicanyi ari “ikosa rikomeye ryakozwe”, gusa ngo ntibazi aho umurambo we washyizwe.

Ariko ngo biteguye kugaragaza ukuri k’uko ibintu byose byagenze.

Hagaragaye umugabo wasohotse muri Consulat ya Arabie Saoudite yambaye neza nk’uko Khashoggi yahinjiye yambaye

Madani yaje no kugaragara kuri Blue Mosque i Istanbul yambaye nka Khashoggi

2018-10-23
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abandi Banyarwanda bajugunwe Kagitumba nyuma yo gukoreshwa imirimo ivunanye

Abandi Banyarwanda bajugunwe Kagitumba nyuma yo gukoreshwa imirimo ivunanye

Ubwanditsi 14 Feb 2019
Polisi y’u Rwanda yatangaje uko byari byifashe kuri Noheli

Polisi y’u Rwanda yatangaje uko byari byifashe kuri Noheli

Ubwanditsi 26 Dec 2016
Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera

Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera

RUSHYASHYA 18 May 2026
Bwa mbere MONUSCO yemeje ubufatanye bwa  FDLR n’igisirikari cya Kongo ku rugamba, nubwo umutwe wa M23 ukomeje kubambura ibirindiro

Bwa mbere MONUSCO yemeje ubufatanye bwa  FDLR n’igisirikari cya Kongo ku rugamba, nubwo umutwe wa M23 ukomeje kubambura ibirindiro

Ubwanditsi 03 Jan 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Min. Ndimubanzi yatunguwe no kumva ikibazo cy’ibiryo bihabwa abarwayi bo muri Faisal
Mu Rwanda

Min. Ndimubanzi yatunguwe no kumva ikibazo cy’ibiryo bihabwa abarwayi bo muri Faisal

Ubwanditsi 20 Jun 2017
Polisi yafashe amakarito 80 y’inzoga zitemewe
Mu Mahanga

Polisi yafashe amakarito 80 y’inzoga zitemewe

Ubwanditsi 08 Jul 2016
Mpayimana aramutse ahawe umwanya muri Guverinoma ngo yawemera
Mu Rwanda

Mpayimana aramutse ahawe umwanya muri Guverinoma ngo yawemera

Ubwanditsi 27 Aug 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru