• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Amashusho yerekanye amayeri ya Arabie Saoudite mu guhishira urupfu rw’umunyamakuru Khashoggi

Amashusho yerekanye amayeri ya Arabie Saoudite mu guhishira urupfu rw’umunyamakuru Khashoggi

Ubwanditsi 23 Oct 2018 Mu Mahanga

Umwe mu bantu 15 bakekwaho uruhare mu kwica Jamal Khashoggi yagaragaye ku mashusho ya camera z’umutekano yambaye imyenda y’uyu munyamakuru wa Washington Post, ku munsi yiciweho mu nyubako y’uhagarariye Arabie Saoudite muri Turikiya.

Aya mashusho yabonywe na CNN yagaragajwe n’inzego ziri gukora iperereza kuri iki kibazo, mu gihugu cya Turikiya.

Yerekana umugabo byamenyekanye ko yitwa Mustafa al-Madani ava muri Consulat ya Arabie Saoudite ari naho Kashoggi yiciwe, anyuze mu muryango w’inyuma, yambaye neza imyenda uwo munyamakuru yahinjiye yambaye.

Madani asohoka yanashyizeho ubwanwa yambaye n’amadarubindi.

Uwo mugabo ngo yanabonywe ku musigiti ukomeye mu murwa mukuru Istanbul uzwi nka Blue Mosque, muri ya myenda ya Khashoggi.

Aho hari nyuma y’amasaha make uhereye ku isaha ya nyuma Khashoggi yinjiriyeho muri Consulat ku wa 2 Ukwakira, ari nabwo abantu baheruka kumuca iryera.

Bamwe mu bayobozi muri Turikiya bavuga ko mu gutegura urupfu rwa Khashoggi w’imyaka 59, hifashishije Madani w’imyaka 57 basanzwe bajya kunganya igihagararo akajya muri iyo nyubako, hagamijwe guheza abantu mu cyeragati.

Nyamara mu gusesengura amashusho, byagaragaye ko Madani yinjira yanyuze mu rugi rw’imbere nubwo yasohokeye mu rw’inyuma, ariko amashusho amugaragaza yambaye imyenda isanzwe, nta n’ubwanwa afite.

Nyuma yasohotse yambaye nka Khashoggi, ariko ngo ntiyahinduye inkweto kuko mu gusesengura amashusho babonye ko yagumanye izo yinjiranye zifite umupira w’umweru, mu gihe Khashoggi yari yambaye iz’umukara hose.

Uru rupfu rujya kumenyekana, Khashoggi yagiye ku biro by’uhagarariye igihugu cye muri Turikiya ari kumwe n’umukunzi we Hatice Cengiz, amusiga hanze, yinjiye agenda ubutagaruka.

Umukunzi we ni ko gutangira gutabaza ariko ngo abakozi b’aho bamubwira ko yasohokeye mu rugi rw’inyuma. Mu gukomeza gushakisha nibwo hatangiye kuboneka amakuru ko yishwe.

Ayo mashusho yagaragaye nyuma y’uko Arabie Saoudite yari imaze ibyumweru ihakana ko ifite aho ihuriye na Kashoggi wari waburiwe irengero, yemeye ko yiciwe mu gushyamirana mu biro by’uyihagarariye, wamaze no guhamagazwa i Riyadh.

Ku Cyumweru Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga wa Arabie Saoudite, Adel al-Jubeir, yemeje ko ubwo bwicanyi ari “ikosa rikomeye ryakozwe”, gusa ngo ntibazi aho umurambo we washyizwe.

Ariko ngo biteguye kugaragaza ukuri k’uko ibintu byose byagenze.

Hagaragaye umugabo wasohotse muri Consulat ya Arabie Saoudite yambaye neza nk’uko Khashoggi yahinjiye yambaye

Madani yaje no kugaragara kuri Blue Mosque i Istanbul yambaye nka Khashoggi

2018-10-23
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

“Mu nama y’ibihugu bivuga igifaransa, Francophonie”,Tshisekedi yagaragaje ubwana muri politiki na dipolomasi.

“Mu nama y’ibihugu bivuga igifaransa, Francophonie”,Tshisekedi yagaragaje ubwana muri politiki na dipolomasi.

Ubwanditsi 07 Oct 2024
Madame wa Perezida wa Bénin yasuye Isange One Stop Center

Madame wa Perezida wa Bénin yasuye Isange One Stop Center

Ubwanditsi 09 Nov 2016
Huye-Nyamagabe: Hangijwe ibiyobyabwenge bitandukanye

Huye-Nyamagabe: Hangijwe ibiyobyabwenge bitandukanye

Ubwanditsi 11 May 2016
Tshisekedi ari guhezwa umwuka n’itaka ari kwicukuriraho

Tshisekedi ari guhezwa umwuka n’itaka ari kwicukuriraho

Ubwanditsi 20 Dec 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda: Polisi yaburijemo igitaramo cya Bobi Wine
POLITIKI

Uganda: Polisi yaburijemo igitaramo cya Bobi Wine

Ubwanditsi 03 Dec 2018
Maboneza wari Umujyanama wa mbere muri Ambasade y’u Rwanda muri Loni yapfuye
ITOHOZA

Maboneza wari Umujyanama wa mbere muri Ambasade y’u Rwanda muri Loni yapfuye

Ubwanditsi 03 Dec 2016
Shampiyona y’u Rwanda irakomeza hakinwa umukino wa 11, Rayon Sports ibura abakinnyi barenze 5 irerekeza i Gicumbi
Amakuru

Shampiyona y’u Rwanda irakomeza hakinwa umukino wa 11, Rayon Sports ibura abakinnyi barenze 5 irerekeza i Gicumbi

Ubwanditsi 28 Dec 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru