• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yakurikiye umukino wa UEFA Super Cup wahuje amakipe ya PSG na Aston Villa yamamaza u Rwanda   |   12 Aug 2026

  • Myugariro Imanishimwe Emmanuel watandukanye na AEL Limassol yo muri Chypre yerekeje mu ikipe ya Chennaiyin FC yo mu Buhinde   |   11 Aug 2026

  • Rayon Sports yaguze myugariro w’Umunya-Côte d’Ivoire, Mohamed Ouattara wakiniye Wydad Casablanca, Simba SC na Al Hilal   |   10 Aug 2026

  • Kuki Jean Bosco Gasasira yapfuye umuryango we ukabimenya nyuma y’icyumweru?     |   09 Aug 2026

  • Inganda z’inzoga zitujuje ubuziranenge nk’Ibyuma zarimo ibibazo byinshi bigira ingaruka ku buzima bw’abaturage   |   09 Aug 2026

  • AMAFOTO: Amateka aranditswe, bisabye imyaka 28 ngo Rayon Sports itware CECAFA Kagame Cup ya kabiri mu mateka yayo   |   07 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Netanyahu yemeje ko Jenoside yakorewe Abayahudi n’iyakorewe Abatutsi zatanze isomo ryo kwirwanaho

Netanyahu yemeje ko Jenoside yakorewe Abayahudi n’iyakorewe Abatutsi zatanze isomo ryo kwirwanaho

Ubwanditsi 06 Jul 2016 Mu Mahanga

Mu kiganiro n’abanyamakuru ari i Kigali, Minisitiri w’Intebe wa Israel Benjamin Netanyahu, amaze kwemeza ko Jenoside yakorewe Abanyarwanda n’iyakorewe Abayahudi, yabigishije ko bagomba kwirwanaho nta we bahanze amaso.

Ari imbere ya Perezida Paul Kagame n’itangazamakuru, Minisitiri Netanyahu kandi yavuze ko hagomba kubaho ingufu zikomeye mu guhangana n’ingengabitekerezo ya Jenoside.

Ubwo yagarukaga mu guhangana na Jenoside ndetse n’abayihakana, Minisitiri Netanyahu yagize ati “Guhangana na Jenoside n’abayihakana, hagomba kubaho kuvugisha ukuri, iyi ni intambara ikomeza, tugomba kumenya ko nta n’umwe uzaturwanaho mu gihe twe ubwacu tutirwanyeho, tugomba kandi kugira imbaraga zo kwirwanaho.”

Netanyahu yavuze ko yasuye umugabane wa Afurika kubera ko uyu ari umugabane urimo gutera imbere. Yavuze ko ubundi Afurika itahabwaga amahirwe yakagombye kuba ifite.

Uyu muyobozi wa Guverinoma ya Israel, yakomeje agira ati “Israel n’u Rwanda bisangiye amateka mabi, gusa nanone ibihugu byacu byombi birimo gutera imbere cyane, Perezida Kagame yasuye Israel mu bihe bitandukanye, kuri njye ni icyubahiro gikomeye kuba ndi hano mu gihugu cyiza cyane.”

Iki kiganiro n’abanyamakuru cyabaye, ubwo uyu mushyitsi na perezida Kagame wamwakiriye, bari bavuye gusura Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali.

Mu ijambo rye, Perezida Paul Kagame yavuze ko yishimiye cyane kwakira Netanyahu mu Rwanda.

Perezida Kagame yavuze ko Leta y’u Rwanda itigeze ikora ibinyuranye n’ibiri mu byo Abanyarwanda bashaka, iki kikaba ari na cyo gisobanura cya demokarasi.

Umukuru w’igihugu yagize ati “Bitewe n’amakuba twahuye na yo, byaduhaye gahunda yo gukora ariko tugakora tugendeye ku byo abaturage bacu bashaka.”

Perezida Kagame yunzemo ati “Dufite ubushobozi bwo guhangana n’uko Jenoside yabaye mu Rwanda no muri Israel itakongera kuba ukundi mu bihugu byacu, gusa tugomba kubaka ubushobozi bwacu ku buryo twumva ko tutazongera kugira abaturage bakora Jenoside, tugomba kandi gushyiraho ingamba zihangana n’abahakana Jenoside.”

Minisitiri w’Intebe Benjamin Netanyahu yaganiriye n’abanyamakuru, nyuma yo gusura urwibutso rwa Jenoside ruri ku Gisozi aho yatangaje ko agendeye ku byo yahabonye, byakomeje kumwibutsa Jenoside yakorewe abaturage be mu mwaka wa 1945.

Iki gihugu nubwo cyahuye n’iyi Jenoside, kugeza ubu kiri mu bihugu byubashywe ku ruhando mpuzamahanga, bitewe n’uburyo cyabatse igisirikare gikomeye, cyahangana n’uwashaka kukigabaho igitero uko cyaba kimeze kose.

Kubera uburyo Israel iri mu bihugu byanzwe mu karere iherereyemo, cyubatse uburyo bw’ikoranabuhanga mu bya gisirikare buzwi nka Iron dome, ibyuma bishwanyaguza ibisasu bije mu kirere cya Israel.

Netanyahu yagize ati, “Nunanirwa kwirinda nta wundi uzakurinda.”

-3199.jpg

Minisitiri w’Intebe wa Israel Benjamin Netanyahu na Perezida Kagame mu kiganiro n’Abanyamakuru

U Rwanda na Israel byashyize kandi umukono ku masezerano y’ubufannye mu bijyanye n’ubuhinzi.

Israel nubwo ari igihugu kigizwe cyane n’ubutayu, ikungahaye ku buhinzi bitewe n’ikoranabuhanga bamaze kugeraho ririmo iyo kuhurira imyaka.

2016-07-06
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

“Ndigabo” ya Ramaphosa itumye abasirikari igihumbi ba SADC bahera mu biganza bya M23

“Ndigabo” ya Ramaphosa itumye abasirikari igihumbi ba SADC bahera mu biganza bya M23

Ubwanditsi 17 Feb 2025
Uwunganira mu mategeko Nkunduwimye yavuze ko bashobora kurega Silas Majyambere wamwihakanye burundu

Uwunganira mu mategeko Nkunduwimye yavuze ko bashobora kurega Silas Majyambere wamwihakanye burundu

Ubwanditsi 06 Jun 2024
TP Mazembe yaciwe $450 000 kuko yanze kwambara “Visit Rwanda ” nk’Umuterankunga mukuru wa Africa Football League, yitwaje ibinyoma bishinja u Rwanda gushyigikira M23

TP Mazembe yaciwe $450 000 kuko yanze kwambara “Visit Rwanda ” nk’Umuterankunga mukuru wa Africa Football League, yitwaje ibinyoma bishinja u Rwanda gushyigikira M23

Ubwanditsi 18 Apr 2024
Rulindo: Abacuruzi bamenyeshejwe ibinyobwa byashyizwe ku rutonde rw’ibiyobyabwenge

Rulindo: Abacuruzi bamenyeshejwe ibinyobwa byashyizwe ku rutonde rw’ibiyobyabwenge

Ubwanditsi 27 Feb 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rayon Sports yanganyije  na Gor Mahia mu mukino w’amateka
IMIKINO

Rayon Sports yanganyije na Gor Mahia mu mukino w’amateka

Ubwanditsi 07 May 2018
Prophet Bosco yahakanye yivuye imyuma ibyamuvuzweho  ko yavuze kuri Apôtre Gitwaza
Mu Rwanda

Prophet Bosco yahakanye yivuye imyuma ibyamuvuzweho ko yavuze kuri Apôtre Gitwaza

Ubwanditsi 29 Sep 2018
Abagenzacyaha 160 basoje amahugurwa yo kurwanya ibyaha byibasira ibidukikije
Mu Rwanda

Abagenzacyaha 160 basoje amahugurwa yo kurwanya ibyaha byibasira ibidukikije

Ubwanditsi 26 Jun 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru