• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26   |   31 May 2026

  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Netanyahu yemeje ko Jenoside yakorewe Abayahudi n’iyakorewe Abatutsi zatanze isomo ryo kwirwanaho

Netanyahu yemeje ko Jenoside yakorewe Abayahudi n’iyakorewe Abatutsi zatanze isomo ryo kwirwanaho

Ubwanditsi 06 Jul 2016 Mu Mahanga

Mu kiganiro n’abanyamakuru ari i Kigali, Minisitiri w’Intebe wa Israel Benjamin Netanyahu, amaze kwemeza ko Jenoside yakorewe Abanyarwanda n’iyakorewe Abayahudi, yabigishije ko bagomba kwirwanaho nta we bahanze amaso.

Ari imbere ya Perezida Paul Kagame n’itangazamakuru, Minisitiri Netanyahu kandi yavuze ko hagomba kubaho ingufu zikomeye mu guhangana n’ingengabitekerezo ya Jenoside.

Ubwo yagarukaga mu guhangana na Jenoside ndetse n’abayihakana, Minisitiri Netanyahu yagize ati “Guhangana na Jenoside n’abayihakana, hagomba kubaho kuvugisha ukuri, iyi ni intambara ikomeza, tugomba kumenya ko nta n’umwe uzaturwanaho mu gihe twe ubwacu tutirwanyeho, tugomba kandi kugira imbaraga zo kwirwanaho.”

Netanyahu yavuze ko yasuye umugabane wa Afurika kubera ko uyu ari umugabane urimo gutera imbere. Yavuze ko ubundi Afurika itahabwaga amahirwe yakagombye kuba ifite.

Uyu muyobozi wa Guverinoma ya Israel, yakomeje agira ati “Israel n’u Rwanda bisangiye amateka mabi, gusa nanone ibihugu byacu byombi birimo gutera imbere cyane, Perezida Kagame yasuye Israel mu bihe bitandukanye, kuri njye ni icyubahiro gikomeye kuba ndi hano mu gihugu cyiza cyane.”

Iki kiganiro n’abanyamakuru cyabaye, ubwo uyu mushyitsi na perezida Kagame wamwakiriye, bari bavuye gusura Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali.

Mu ijambo rye, Perezida Paul Kagame yavuze ko yishimiye cyane kwakira Netanyahu mu Rwanda.

Perezida Kagame yavuze ko Leta y’u Rwanda itigeze ikora ibinyuranye n’ibiri mu byo Abanyarwanda bashaka, iki kikaba ari na cyo gisobanura cya demokarasi.

Umukuru w’igihugu yagize ati “Bitewe n’amakuba twahuye na yo, byaduhaye gahunda yo gukora ariko tugakora tugendeye ku byo abaturage bacu bashaka.”

Perezida Kagame yunzemo ati “Dufite ubushobozi bwo guhangana n’uko Jenoside yabaye mu Rwanda no muri Israel itakongera kuba ukundi mu bihugu byacu, gusa tugomba kubaka ubushobozi bwacu ku buryo twumva ko tutazongera kugira abaturage bakora Jenoside, tugomba kandi gushyiraho ingamba zihangana n’abahakana Jenoside.”

Minisitiri w’Intebe Benjamin Netanyahu yaganiriye n’abanyamakuru, nyuma yo gusura urwibutso rwa Jenoside ruri ku Gisozi aho yatangaje ko agendeye ku byo yahabonye, byakomeje kumwibutsa Jenoside yakorewe abaturage be mu mwaka wa 1945.

Iki gihugu nubwo cyahuye n’iyi Jenoside, kugeza ubu kiri mu bihugu byubashywe ku ruhando mpuzamahanga, bitewe n’uburyo cyabatse igisirikare gikomeye, cyahangana n’uwashaka kukigabaho igitero uko cyaba kimeze kose.

Kubera uburyo Israel iri mu bihugu byanzwe mu karere iherereyemo, cyubatse uburyo bw’ikoranabuhanga mu bya gisirikare buzwi nka Iron dome, ibyuma bishwanyaguza ibisasu bije mu kirere cya Israel.

Netanyahu yagize ati, “Nunanirwa kwirinda nta wundi uzakurinda.”

-3199.jpg

Minisitiri w’Intebe wa Israel Benjamin Netanyahu na Perezida Kagame mu kiganiro n’Abanyamakuru

U Rwanda na Israel byashyize kandi umukono ku masezerano y’ubufannye mu bijyanye n’ubuhinzi.

Israel nubwo ari igihugu kigizwe cyane n’ubutayu, ikungahaye ku buhinzi bitewe n’ikoranabuhanga bamaze kugeraho ririmo iyo kuhurira imyaka.

2016-07-06
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ku nshuro ya Gatatu, Umufaransa David Lappartient yongeye gutorerwa kuyobora impuzamashyirahamwe y’umukino w’Amagare ku Isi (UCI)

Ku nshuro ya Gatatu, Umufaransa David Lappartient yongeye gutorerwa kuyobora impuzamashyirahamwe y’umukino w’Amagare ku Isi (UCI)

Ubwanditsi 26 Sep 2025
Itangazo ry’ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri idasanzwe yateranye muri Village Urugwiro ku wa gatanu tariki ya 03/02/2017

Itangazo ry’ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri idasanzwe yateranye muri Village Urugwiro ku wa gatanu tariki ya 03/02/2017

Ubwanditsi 06 Feb 2017
Mu Burundi rurageretse hagati y’abaturage n’imbonerakure zibaka amaturo ku gatuza

Mu Burundi rurageretse hagati y’abaturage n’imbonerakure zibaka amaturo ku gatuza

Ubwanditsi 26 Aug 2024
Amaherezo y’inzira ni mu nzu: Ruharwa Laurent Bucyibaruta arashyize ashyikirijwe ubutabera

Amaherezo y’inzira ni mu nzu: Ruharwa Laurent Bucyibaruta arashyize ashyikirijwe ubutabera

Ubwanditsi 09 May 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mukura itsinze Musanze, ica kuri Rayon-Kiyovu na Police nazo zitwara neza
IMIKINO

Mukura itsinze Musanze, ica kuri Rayon-Kiyovu na Police nazo zitwara neza

Ubwanditsi 18 Feb 2016
Guverinoma ya Uganda irateganya kwirukana impunzi z’Abanyarwanda
Mu Mahanga

Guverinoma ya Uganda irateganya kwirukana impunzi z’Abanyarwanda

Ubwanditsi 15 Nov 2018
Mutesi Jolly ngo ntiyigeze yitukuza; biterwa na camera
HIRYA NO HINO

Mutesi Jolly ngo ntiyigeze yitukuza; biterwa na camera

Ubwanditsi 13 Feb 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru