• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Pastor Ezra Mpyisi ngo Umwami Kigeli ntiyataha atavuganye na Perezida Kagame

Pastor Ezra Mpyisi ngo Umwami Kigeli ntiyataha atavuganye na Perezida Kagame

Ubwanditsi 04 Jun 2016 Mu Mahanga

Pasiteri Ezra Mpyisi w’imyaka 94 y’amavuko yabanye n’umwami Kigeli V Ndahindurwa ibi yabitangaje nyuma yaho kuri uyu wa Mbere tariki 30 Gicurasi 2016, ishyaka rya Democratic Green Party ryasabye Leta y’u Rwanda gukora ibishoboka byose bagafasha umwami Kigeli V Ndahindurwa agataha akava mu buhungiro.

Uyu mwami wa nyuma u Rwanda rwagize akaba yarirukanywe na Parmehutu mu mwaka w’1961 ubu akaba yaraheze muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

-16.gif

Frank Habineza

Nk’uko byatangajwe na Dr Frank Habineza uyobora ishyaka rya Democratic Green Party, bamenyesheje Leta y’u Rwanda ko komite nshingwabikorwa y’iri shyaka yagize umwiherero tariki 21 na 22 Gicurasi 2016, bakaza gusanga umwami Kigeli uri mu buhungiro agomba guhabwa ibyo amategeko ateganyiriza abigeze kuba abakuru b’igihugu cy’u Rwanda.

-2846.jpg

Pastor Mpyisi yemeza ko ubwumvikane hagati ya perezida na Kigeli v aribwo bwatuma ataha / photo internet

Mu kiganiro kigufi pastor Ezra Mpyisi yagiranye na Radiyo Ubuntu Butangaje (Amazing Grace Radio), Pasteri Ezra Mpyisi yatangaje ko impamvu Kigeli V adataha biterwa n’uko yagiye ari Umwami kandi u Rwanda narwo ubu rukaba rufite Perezida bityo ko ibyo bitakoroha mu gihe bose bayoboye u Rwanda ahubwo ko bisaba ubwumvikane hagati yabo bombi (perezida wa repubulika na Kigeli v Ndahindurwa).

Mpyisi yagize ati “ none reba uriya yabaye umwami w’u Rwanda, ubu naho hariho perezida w’u Rwanda, si amazina gusa ubundi ni ubutegetsi. Nonese babana mu Rwanda bate”?

Umunyamakuru amubajije ku kuba leta y’u Rwanda ivuga ko Kigeli v yatahuka nk’abandi banyarwanda muri rusange akaza mu gihugu cye, Mpyisi yasubije ati “ iryo ni ikosa rya leta, nabwiye leta ko iri mu ikosa”.

Icyakora Mpyisi avuga ko inama yatanga ari uko Perezida wa repubulika na Kigeli bo ubwabo bumvikanye aribwo yataha.

Yagize ati “ inama najya, bariya babiri bumvikanye nibwo Kigeri yataha”, icyakora kuba yataha akaza ari umwami, Mpyisi avuga ko ibyo ari ubwumvikane bwabo naho we ntacyo yabivugaho. Ati “ ibyo ngibyo nibo bafite uko babikora”.

Naho kubavuga ko kuba Kigeli v Ndahindurwa yataha maze ubumwe n’ubwiyunge mu banyarwanda bukiyongera, we avuga ko ibyo byaturuka kuri Kigeri na perezida hamwe n’Imana. Mpyisi ati “ ikibazo ni icy’ Umwami na perezida… ni bicare baganire”.

-2847.jpg

Umwami Kigeli V Ndahindurwa

Mpyisi ubusanzwe ni umupasiteri mu Itorero ry’ Abadivantisiti b’Umunsi wa Karindwi, yanabaye Umujyanama wa Mutara wa III Rudahigwa.

Umwanditsi wacu

2016-06-04
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kinshasa iracyadindiza ishyirwa mu bikorwa ry’Amasezerano ya Washington, nk’uko Minisitiri Nduhungirehe abivuga

Kinshasa iracyadindiza ishyirwa mu bikorwa ry’Amasezerano ya Washington, nk’uko Minisitiri Nduhungirehe abivuga

RUSHYASHYA 26 Nov 2025
Umubyeyi ukwanga akuraga urugamba rwamunaniye: Umunyamulenge Masunzu wagambaniye benewabo, yoherejwe kurwanya M23

Umubyeyi ukwanga akuraga urugamba rwamunaniye: Umunyamulenge Masunzu wagambaniye benewabo, yoherejwe kurwanya M23

Ubwanditsi 27 Dec 2024
Ibikorwa by’Abanyarwanda Nibyo bizaca Impaka mu Matora

Ibikorwa by’Abanyarwanda Nibyo bizaca Impaka mu Matora

Ubwanditsi 12 Feb 2024
Kagame yasangiye ubunani n’abadipolomate bose bakorera mu Rwanda

Kagame yasangiye ubunani n’abadipolomate bose bakorera mu Rwanda

Ubwanditsi 17 Jan 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kwibuka24: Perezida Kagame yashimiye uwa Burkina Faso ku butumwa bwihanganisha Abanyarwanda
Mu Rwanda

Kwibuka24: Perezida Kagame yashimiye uwa Burkina Faso ku butumwa bwihanganisha Abanyarwanda

Ubwanditsi 09 Apr 2018
Ibihugu 7 byahuriye mu Rwanda aho bigiye gutangira guhatana mu mikino y’ irushanwa ryo gushaka itike y’igikombe cy’Isi mu mukino wa Cricket
Amakuru

Ibihugu 7 byahuriye mu Rwanda aho bigiye gutangira guhatana mu mikino y’ irushanwa ryo gushaka itike y’igikombe cy’Isi mu mukino wa Cricket

Ubwanditsi 16 Oct 2021
Ethiopia: Perezida Kagame n’umufasha we bitabiriye inama rusange ya AU
Mu Rwanda

Ethiopia: Perezida Kagame n’umufasha we bitabiriye inama rusange ya AU

Ubwanditsi 02 Feb 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru