• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ku bw’impamvu z’umutekano, umwiherero w’ikipe y’igihugu, Amavubi wari kubera muri Morocco wimuriwe mu Misiri   |   03 Jun 2026

  • APR FC yatangaje ko itazakomezanya n’abakinnyi batatu barimo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah   |   03 Jun 2026

  • Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze   |   03 Jun 2026

  • Mozambique izatanga amafaranga yo gufasha Ingabo z’u Rwanda mu butumwa bw’i Cabo Delgado   |   02 Jun 2026

  • Urwibutso rwa Paris ruzarinda ukuri kwa Jenoside kwibagirana no kubungabunga amateka, kurinda ukuri kutazimira uko imyaka izagenda ishira   |   02 Jun 2026

  • Umujyi wa Kigali wahagaritse inkunga ya Miliyoni 250FRW yahaga amakipe ya Kiyovu Sports na Gasogi United   |   02 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Perezida Kagame aragaragaza ubushake buganisha ku mahoro mu Karere uruhare rwa Tshilombo nirwo rubura

Perezida Kagame aragaragaza ubushake buganisha ku mahoro mu Karere uruhare rwa Tshilombo nirwo rubura

RUSHYASHYA 02 Nov 2025 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, POLITIKI

Ni mugihe Umujyanama wa Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, ushinzwe iby’Afurika, Massad Boulos, yagaragaje icyizere gikomeye igihugu cye gifitiye Perezida Paul Kagame mu kwimakaza amahoro n’iterambere mu Karere k’Ibiyaga Bigari.

Ibi yabigarutseho ku wa 2 Ugushyingo 2025, ubwo yashyiraga hanze ubutumwa bwibanda ku biganiro yagiranye na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe, i Paris mu Bufaransa.

Massad Boulos yavuze ko ibiganiro byabo byibanze ku ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo (RDC), yasinyiwe i Washington D.C.

“Byari byiza guhura na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe, tuganira ku kwimakaza amahoro n’iterambere mu Karere k’Ibiyaga Bigari. Twasuzumye ibimaze kugerwaho mu ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano ya Washington, by’umwihariko inyandiko yemejwe n’abahagarariye ingabo n’inzego z’iperereza (CONOPS),” — Massad Boulos.

Yakomeje avuga ko banaganiriye ku biganiro bya Doha bihuza AFC/M23 na Leta ya RDC, bigamije kuzamura icyizere mu nzira yo kugera ku mahoro arambye.

“Twaganiriye ku buryo ibiganiro bya Doha bikomeza gushyigikira amasezerano ya Washington hagamijwe guhagarika imirwano, no guteza imbere ubufatanye mu by’ubukungu, ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro, ingufu n’ubukerarugendo,”.

Boulos yashimangiye ko amahoro n’iterambere mu karere bizashingira ku ishyirwa mu bikorwa ryuzuye ry’amasezerano ya Washington, kandi yizeye ubushake Perezida Kagame akomeje kugaragaza muri urwo rugendo.

“Twishingikirije ubushake Perezida Kagame akomeje kugaragaza mu kwimakaza amahoro n’iterambere mu karere,” — Massad Boulos.

Amasezerano ya Washington yasinywe ku wa 27 Kamena 2025 hagati y’u Rwanda na RDC, agamije gusubiza umutuzo mu Karere, arimo gusenya FDLR, guhagarika imirwano, no gushyiraho uburyo bwo gukorana mu by’umutekano n’ubukungu.

Uretse ibyo, amasezerano asaba guhagarika ibikorwa by’intambara, kwambura intwaro imitwe yitwaje intwaro, gufasha muri gahunda yo gucyura impunzi, ndetse no kunoza ubufatanye mu iterambere ry’ubukungu n’imibereho myiza y’abaturage.

Ibi byose byemeza ko u Rwanda rukomeje kuba umusemburo w’amahoro mu karere, ruyobowe na Perezida Kagame wagaragaje kenshi ko amahoro arambye ari ishingiro ry’iterambere n’ubumwe bw’abatuye Afurika y’Iburasirazuba n’Ibiyaga Bigari.

Mu gihe u Rwanda rukomeje kugaragaza ubushake bwo kubaka amahoro arambye mu Karere k’Ibiyaga Bigari, ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo (RDC) bwo bwagiye bukora amakosa menshi asenya umubano n’ubufatanye bw’ibihugu byombi. Aya makosa yagiye agaragaza kudashaka amahoro, guhembera urwango no guha intebe ibinyoma n’iterabwoba.

Mu Gufasha no kurengera umutwe wa FDLR, Kimwe mu makosa akomeye kandi ateye inkeke, ni uko ubutegetsi bwa Kongo bwakomeje gukorana no kurengera ingufu umutwe wa FDLR, ugizwe n’abasize bakoze Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994.
FDLR yakomeje gukorera ku butaka bwa Kongo imyaka irenga 30, igaba ibitero ku Rwanda, igatera ibisasu mu turere twa Rubavu na Musanze, ndetse ikabangamira ubuzima bw’abaturage n’iterambere.

Nubwo u Rwanda n’ibihugu byinshi byasabye RDC gukuraho uyu mutwe, ubuyobozi bwa Kinshasa bwahisemo kuwukoresha nk’intwaro ya politiki mu kurwanya u Rwanda.

Kwirengagiza uruhare rw’u Rwanda mu kugarura amahoro, U Rwanda rwakunze gufasha Kongo kugarura amahoro igihe cyose habaga imvururu mu Burasirazuba bwayo. Ingabo z’u Rwanda zagiye zifasha inshuro nyinshi mu kurwanya imitwe yitwaje intwaro, harimo na CNDP na M23, ariko nyuma y’aho, RDC ikajya guharabika u Rwanda ivuga ko ari yo ntandaro y’intambara yatumye habaho umutekano muke
Ibi ni ikimenyetso cy’ubwiyahuzi bwa politiki no kudashimira umuturanyi wagufashije mu bihe bikomeye by’amage.

Gukoresha urwango nk’intwaro ya politiki, Perezida Félix Tshisekedi n’abamwe mu bayobozi be bakunze gukoresha amagambo akomeretsa, asenya ubumwe bw’abatuye akarere. Mu gihe yari mu bikorwa byo kwiyamamaza mu 2023, Tshisekedi yagiriye inama abaturage “yo kwirinda Abanyarwanda”, anavuga amagambo agaragaza ivangura n’urwango rufitanye isano n’amoko ndetse hari n’ubwo yafatanyije na Ndayishimiye mugenzi we w’Umurundi.
Ibi byabyukije imvururu mu Burasirazuba bwa Kongo, bituma Abanyekongo benshi b’Abatutsi bicwa, abandi barahunga.

Guharabika u Rwanda ku rwego mpuzamahanga, RDC yakoresheje inzego mpuzamahanga nka Loni n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, kugira ngo iharabike isura y’u Rwanda, irushinja gushyigikira M23 — ibintu u Rwanda rwagiye ruhakana rushingiye ku bimenyetso bifatika.
Muri raporo zitandukanye za Loni, hagaragajwe ko hari ibimenyetso bifatika by’uko RDC ifatanya n’imitwe y’iterabwoba nka FDLR, ariko ubutegetsi bwa Kinshasa bukabihisha mu rwego rwo kwikiza igitutu cy’abaturage no guhakana imiyoborere mibi.

Kunanirwa kurengera abaturage bayo, Mu gihe RDC ishinja abandi iterabwoba, ifite ingabo nyinshi (FARDC) zishinjwa gufatanya n’imitwe yitwaje intwaro mu kwica abaturage b’Abanyekongo b’Abatutsi. Abaturage ibihumbi bahunze bajya mu Rwanda no mu bindi bihugu, mu gihe Kinshasa ihugiye mu magambo aho gushyira imbere ubuzima bw’abaturage bayo.

U Rwanda rukomeje kuba intangarugero mu mahoro; Nubwo RDC ikomeje gukora amakosa yisubiza inyuma, u Rwanda rwo rwahisemo inzira y’amahoro, binyuze mu masezerano ya Washington na Doha, ndetse no mu bufatanye n’ibihugu by’inshuti nka Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Perezida Paul Kagame yagaragaje ko iterambere n’umutekano w’Akarere bizagerwaho ari uko habayeho ubufatanye, kubahana no kurandura imitwe y’iterabwoba.

RDC rero isabwa kwisuzuma, igahagarika amarangamutima ya politiki n’amagambo y’urwango, kugira ngo amahoro arambye agerweho ku baturage bose bitabaye ibyo Wzarendo izagwa igihugu igicuri abavuga ikinyarwanda bigaramiye kuko nk’ubu Ibice M23 yafashe biratuje byongeye guhobera ubuzima.

2025-11-02
RUSHYASHYA

IZINDI NKURU

Bifashishije indirimbo, Eric Senderi afatanyije n’urubyiruko rwa ‘Kwacu Family’ bashimiye ingabo z’Inkotanyi kubwo kurokora abatutsi bakorewe Jenoside muri Mata 1994.

Bifashishije indirimbo, Eric Senderi afatanyije n’urubyiruko rwa ‘Kwacu Family’ bashimiye ingabo z’Inkotanyi kubwo kurokora abatutsi bakorewe Jenoside muri Mata 1994.

Ubwanditsi 08 Apr 2021
Mukura VS yahawe uburenganzira bwo gukoresha Sitade ya Huye, Marines FC yujuje imikino 7 idatsinda

Mukura VS yahawe uburenganzira bwo gukoresha Sitade ya Huye, Marines FC yujuje imikino 7 idatsinda

Ubwanditsi 10 Nov 2022
Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania

Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania

RUSHYASHYA 27 May 2026
Ubuhamya bwa Nelly Mukazayire ukora mu biro bya Perezida Kagame  mu gihe nyina afungiwe Jenoside

Ubuhamya bwa Nelly Mukazayire ukora mu biro bya Perezida Kagame mu gihe nyina afungiwe Jenoside

Ubwanditsi 17 Apr 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Urukiko rwanzuye ko Kanyankole wayoboraga BRD afungwa by’agateganyo iminsi 30.
ITOHOZA

Urukiko rwanzuye ko Kanyankole wayoboraga BRD afungwa by’agateganyo iminsi 30.

Ubwanditsi 23 Oct 2018
Leta ya Uganda irashinjwa kwica abaturage bo mu idini ya Islam, ibitirira ibisasu bitegwa mu duce tunyuranye tw’icyo gihugu.
Amakuru

Leta ya Uganda irashinjwa kwica abaturage bo mu idini ya Islam, ibitirira ibisasu bitegwa mu duce tunyuranye tw’icyo gihugu.

Ubwanditsi 21 Nov 2021
Dr Kiiza Besigye arashinja Perezida Museveni kuba agirira ishyari perezida Paul Kagame
INKURU NYAMUKURU

Dr Kiiza Besigye arashinja Perezida Museveni kuba agirira ishyari perezida Paul Kagame

Ubwanditsi 06 Mar 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru