• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Ndayishimiye yisamye yasandaye?

Ndayishimiye yisamye yasandaye?

Ubwanditsi 03 Mar 2025 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, POLITIKI

Mu ijambo yagejeje ku bahagarariye ibihugu byabo n’imiryango mpuzamahanga mu Burundi mu cyumweru gishize, Perezida w’icyo gihugu Evariste Ndayishimiye yaratunguranye, ubwo ku nshuro ya mbere yemeraga ku mugaragaro ko FDLR ari intambamyi y’amahoro muri aka karere kose.

Nyamara bisanzwe bizwi ko Ndayishimiye ari umufatanyabikorwa wa FDLR, kuko uretse kuyicumbikira bo kuyifasha kubona abarwanyi, ibikoresho n’imyitozo, Ndayishimiye yohereje ingabo muri Kongo, gufatanya n’abo bajenosideri gutsemba Abatutsi b’Abakongomani.

Si ibyo gusa, kuko Perezida Ndayishimiye yanitangarije ko azatera inkunga umuntu wese ufite umugambi wo guhirika ubutegetsi buriho mu Rwanda, kandi iyo FDLR iri ku usinga mu bafite izo nzozi( zidashoboka).

Muri iryo jambo rye, Ndayishimiye yagize ati:”Birakwiye ko umuryango mpuzamahanga ugasha mu gusenya FDLR, kuko iteza amarira n’imiborogo muri aka karere kose….. Twizera tudashidikanya ko mu gihe uRwanda rwakwizezwa ko FDLR itazagaba ibitero ku butaka bwarwo, byafasha mu kubonera umuti ibibazo byose muri aka karere”.

Ibi bihabanye kure n’ibyo Ndayishimiye ubwe n’ibyegera bye basanzwe bavuga. Inshuro nyinshi bumvikanye bagaragaza ko FDLR ari “urwitwazo uRwanda rukoresha ngo rutere Kongo, rugamije gusa gusahura umutungo wayo”.

Ruhereye kuri ibi bimenyetso simusiga, uRwanda rwakomeje kwerekana ko ubushotoranyi bw’abategetsi b’uBurundi bwazambije cyane umubano hagati y’ibihugu byombi.

Mu minsi mike ishize, ubwo yari akubutse mu nama mpuzamahanga, Ndayishimiye yavuze ko ibihugu by’inshuti z’uRwanda byamuhumurije, bimwizeza ko uRwanda nta mugambi wo gutera igihugu rufite. Ntiyavuze amazina y’ibyo bihugu cyangwa ngo asobanure byimbitse ibyo baganiriye, icyakora ababikurikiranira hafi bemeza ko izo nshuti z’uRwanda zamugiriye inama yo kureka ubushotoranyi, cyane cyane mu mikoranire ye na FDLR.

Birashoboka cyane rero ko ari aho yahere avuga ko yifuza ibiganiro n’uRwanda, hagamijwe kuzahura umubano hagati y’ibihugu byombi.

Ndayishimiye kandi yanasabye ko Leta ya Kongo yagirana imishyikirano itaziguye na M23. Ibi nabyo ntibisanzwe mu mvugo no mu bikorwa bye, doreko ubundi yahisemo gushyigikira inkoramutima ye Tshisekedi, ukomeje gutsimbarara ku nzira y’intambara, ngo ntazigera ashyikirana na M23.

Intambara Ndayishimiye yishoyemo muri Kongo rero iragenda imutsinda, ndetse ahubwo inarushaho gusatira amarembo y’igihugu cye. Myuma y’ifatwa ry’umujyi wa Bukavu n’ibindi bice byo muri Kivu y’Amajyepfo byegereye umupaka w’uBurundi, Ndayishimiye amaze kubona ko amazi atakiri ya yandi, none aragerageza guhindura inyogo.

Abakurambere bavuze ko “ubugabo butisubiraho bubyara ububwa”. Nubwo yatinze mu mafuti, ariko Ndayishimiye aramutse koko ahinduye imikorere, byarengera abaturage be. Hasigaye kureba niba imvugo izaba ingiro.

2025-03-03
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Imyaka ibiri irashize Ingabire Victoire ahawe imbabazi akarekurwa, akabaye icwende ntikoga ngo gashire umunuko

Imyaka ibiri irashize Ingabire Victoire ahawe imbabazi akarekurwa, akabaye icwende ntikoga ngo gashire umunuko

Ubwanditsi 16 Sep 2020
Ni iki cyanditse mu ibaruwa Perezida Museveni yahaye Sam Kutesa ngo ashyikirize  Kagame.

Ni iki cyanditse mu ibaruwa Perezida Museveni yahaye Sam Kutesa ngo ashyikirize Kagame.

Ubwanditsi 08 Jul 2019
Mu gihe gisaga icyumweru kimwe, I Kigali harabera BAL ya 5 izitabirwa n’amakipe arimo APR BBC yo mu Rwanda

Mu gihe gisaga icyumweru kimwe, I Kigali harabera BAL ya 5 izitabirwa n’amakipe arimo APR BBC yo mu Rwanda

Ubwanditsi 13 May 2025
Gaston Sindimwo yemejwe nk’umukandida wa UPRONA mu matora ya Perezida mu Burundi

Gaston Sindimwo yemejwe nk’umukandida wa UPRONA mu matora ya Perezida mu Burundi

Ubwanditsi 03 Feb 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uko umwe mubaterankunga b’ imitwe y’iterabwoba irwanya u Rwanda yatumiwe mu cyiswe DreamWeek, gutanga ibiganiro bihakana Jenoside
INKURU NYAMUKURU

Uko umwe mubaterankunga b’ imitwe y’iterabwoba irwanya u Rwanda yatumiwe mu cyiswe DreamWeek, gutanga ibiganiro bihakana Jenoside

Ubwanditsi 05 Jan 2020
Perezida Museveni yatangiye kwitura abadepite bashyigikiye ihindurwa ry’Itegeko Nshinga
Mu Mahanga

Perezida Museveni yatangiye kwitura abadepite bashyigikiye ihindurwa ry’Itegeko Nshinga

Ubwanditsi 25 Dec 2017
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!
Amakuru

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

Ubwanditsi 15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru