• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Ndayishimiye yisamye yasandaye?

Ndayishimiye yisamye yasandaye?

Ubwanditsi 03 Mar 2025 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, POLITIKI

Mu ijambo yagejeje ku bahagarariye ibihugu byabo n’imiryango mpuzamahanga mu Burundi mu cyumweru gishize, Perezida w’icyo gihugu Evariste Ndayishimiye yaratunguranye, ubwo ku nshuro ya mbere yemeraga ku mugaragaro ko FDLR ari intambamyi y’amahoro muri aka karere kose.

Nyamara bisanzwe bizwi ko Ndayishimiye ari umufatanyabikorwa wa FDLR, kuko uretse kuyicumbikira bo kuyifasha kubona abarwanyi, ibikoresho n’imyitozo, Ndayishimiye yohereje ingabo muri Kongo, gufatanya n’abo bajenosideri gutsemba Abatutsi b’Abakongomani.

Si ibyo gusa, kuko Perezida Ndayishimiye yanitangarije ko azatera inkunga umuntu wese ufite umugambi wo guhirika ubutegetsi buriho mu Rwanda, kandi iyo FDLR iri ku usinga mu bafite izo nzozi( zidashoboka).

Muri iryo jambo rye, Ndayishimiye yagize ati:”Birakwiye ko umuryango mpuzamahanga ugasha mu gusenya FDLR, kuko iteza amarira n’imiborogo muri aka karere kose….. Twizera tudashidikanya ko mu gihe uRwanda rwakwizezwa ko FDLR itazagaba ibitero ku butaka bwarwo, byafasha mu kubonera umuti ibibazo byose muri aka karere”.

Ibi bihabanye kure n’ibyo Ndayishimiye ubwe n’ibyegera bye basanzwe bavuga. Inshuro nyinshi bumvikanye bagaragaza ko FDLR ari “urwitwazo uRwanda rukoresha ngo rutere Kongo, rugamije gusa gusahura umutungo wayo”.

Ruhereye kuri ibi bimenyetso simusiga, uRwanda rwakomeje kwerekana ko ubushotoranyi bw’abategetsi b’uBurundi bwazambije cyane umubano hagati y’ibihugu byombi.

Mu minsi mike ishize, ubwo yari akubutse mu nama mpuzamahanga, Ndayishimiye yavuze ko ibihugu by’inshuti z’uRwanda byamuhumurije, bimwizeza ko uRwanda nta mugambi wo gutera igihugu rufite. Ntiyavuze amazina y’ibyo bihugu cyangwa ngo asobanure byimbitse ibyo baganiriye, icyakora ababikurikiranira hafi bemeza ko izo nshuti z’uRwanda zamugiriye inama yo kureka ubushotoranyi, cyane cyane mu mikoranire ye na FDLR.

Birashoboka cyane rero ko ari aho yahere avuga ko yifuza ibiganiro n’uRwanda, hagamijwe kuzahura umubano hagati y’ibihugu byombi.

Ndayishimiye kandi yanasabye ko Leta ya Kongo yagirana imishyikirano itaziguye na M23. Ibi nabyo ntibisanzwe mu mvugo no mu bikorwa bye, doreko ubundi yahisemo gushyigikira inkoramutima ye Tshisekedi, ukomeje gutsimbarara ku nzira y’intambara, ngo ntazigera ashyikirana na M23.

Intambara Ndayishimiye yishoyemo muri Kongo rero iragenda imutsinda, ndetse ahubwo inarushaho gusatira amarembo y’igihugu cye. Myuma y’ifatwa ry’umujyi wa Bukavu n’ibindi bice byo muri Kivu y’Amajyepfo byegereye umupaka w’uBurundi, Ndayishimiye amaze kubona ko amazi atakiri ya yandi, none aragerageza guhindura inyogo.

Abakurambere bavuze ko “ubugabo butisubiraho bubyara ububwa”. Nubwo yatinze mu mafuti, ariko Ndayishimiye aramutse koko ahinduye imikorere, byarengera abaturage be. Hasigaye kureba niba imvugo izaba ingiro.

2025-03-03
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

FIilime I Bwiza Yamuritswe k’Umugaragaro Mu Nzu Mberabyombi ya  Canal Olympia

FIilime I Bwiza Yamuritswe k’Umugaragaro Mu Nzu Mberabyombi ya Canal Olympia

Ubwanditsi 16 Dec 2021
Afrika y’Epfo: Min. Lindiwe Sisulu yongeye kuvuga ku kazi we na mugenzi w’u Rwanda bahawe ko kugarura umubano hagati y’u Rwanda na Africa y’epfo

Afrika y’Epfo: Min. Lindiwe Sisulu yongeye kuvuga ku kazi we na mugenzi w’u Rwanda bahawe ko kugarura umubano hagati y’u Rwanda na Africa y’epfo

Ubwanditsi 13 Nov 2018
Amafoto – Amavubi yatangiye imyitozo yitegura Mozambique mu gushaka itike y’igikombe cya Afurika2023

Amafoto – Amavubi yatangiye imyitozo yitegura Mozambique mu gushaka itike y’igikombe cya Afurika2023

Ubwanditsi 09 Jun 2023
Polisi yerekanye abakinnyi bashya n’ibikombe yatwaye mu mikino y’intoki  (Handball)

Polisi yerekanye abakinnyi bashya n’ibikombe yatwaye mu mikino y’intoki (Handball)

Ubwanditsi 01 Aug 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Canada umunyarwanda yarohamye mu mazi arapfa
ITOHOZA

Canada umunyarwanda yarohamye mu mazi arapfa

Ubwanditsi 22 Aug 2016
Golden State Warriors yatsinze Raptors mu mukino wa gatanu, iyibuza kwegukana NBA
IMIKINO

Golden State Warriors yatsinze Raptors mu mukino wa gatanu, iyibuza kwegukana NBA

Ubwanditsi 11 Jun 2019
‘Ndakubwira ko bazakubitwa n’inkuba (NATO), bazumirwa, wowe uratinya iki?’ – PEREZIDA PUTIN
ITOHOZA

‘Ndakubwira ko bazakubitwa n’inkuba (NATO), bazumirwa, wowe uratinya iki?’ – PEREZIDA PUTIN

Ubwanditsi 22 Nov 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru