• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Ndayishimiye yisamye yasandaye?

Ndayishimiye yisamye yasandaye?

Ubwanditsi 03 Mar 2025 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, POLITIKI

Mu ijambo yagejeje ku bahagarariye ibihugu byabo n’imiryango mpuzamahanga mu Burundi mu cyumweru gishize, Perezida w’icyo gihugu Evariste Ndayishimiye yaratunguranye, ubwo ku nshuro ya mbere yemeraga ku mugaragaro ko FDLR ari intambamyi y’amahoro muri aka karere kose.

Nyamara bisanzwe bizwi ko Ndayishimiye ari umufatanyabikorwa wa FDLR, kuko uretse kuyicumbikira bo kuyifasha kubona abarwanyi, ibikoresho n’imyitozo, Ndayishimiye yohereje ingabo muri Kongo, gufatanya n’abo bajenosideri gutsemba Abatutsi b’Abakongomani.

Si ibyo gusa, kuko Perezida Ndayishimiye yanitangarije ko azatera inkunga umuntu wese ufite umugambi wo guhirika ubutegetsi buriho mu Rwanda, kandi iyo FDLR iri ku usinga mu bafite izo nzozi( zidashoboka).

Muri iryo jambo rye, Ndayishimiye yagize ati:”Birakwiye ko umuryango mpuzamahanga ugasha mu gusenya FDLR, kuko iteza amarira n’imiborogo muri aka karere kose….. Twizera tudashidikanya ko mu gihe uRwanda rwakwizezwa ko FDLR itazagaba ibitero ku butaka bwarwo, byafasha mu kubonera umuti ibibazo byose muri aka karere”.

Ibi bihabanye kure n’ibyo Ndayishimiye ubwe n’ibyegera bye basanzwe bavuga. Inshuro nyinshi bumvikanye bagaragaza ko FDLR ari “urwitwazo uRwanda rukoresha ngo rutere Kongo, rugamije gusa gusahura umutungo wayo”.

Ruhereye kuri ibi bimenyetso simusiga, uRwanda rwakomeje kwerekana ko ubushotoranyi bw’abategetsi b’uBurundi bwazambije cyane umubano hagati y’ibihugu byombi.

Mu minsi mike ishize, ubwo yari akubutse mu nama mpuzamahanga, Ndayishimiye yavuze ko ibihugu by’inshuti z’uRwanda byamuhumurije, bimwizeza ko uRwanda nta mugambi wo gutera igihugu rufite. Ntiyavuze amazina y’ibyo bihugu cyangwa ngo asobanure byimbitse ibyo baganiriye, icyakora ababikurikiranira hafi bemeza ko izo nshuti z’uRwanda zamugiriye inama yo kureka ubushotoranyi, cyane cyane mu mikoranire ye na FDLR.

Birashoboka cyane rero ko ari aho yahere avuga ko yifuza ibiganiro n’uRwanda, hagamijwe kuzahura umubano hagati y’ibihugu byombi.

Ndayishimiye kandi yanasabye ko Leta ya Kongo yagirana imishyikirano itaziguye na M23. Ibi nabyo ntibisanzwe mu mvugo no mu bikorwa bye, doreko ubundi yahisemo gushyigikira inkoramutima ye Tshisekedi, ukomeje gutsimbarara ku nzira y’intambara, ngo ntazigera ashyikirana na M23.

Intambara Ndayishimiye yishoyemo muri Kongo rero iragenda imutsinda, ndetse ahubwo inarushaho gusatira amarembo y’igihugu cye. Myuma y’ifatwa ry’umujyi wa Bukavu n’ibindi bice byo muri Kivu y’Amajyepfo byegereye umupaka w’uBurundi, Ndayishimiye amaze kubona ko amazi atakiri ya yandi, none aragerageza guhindura inyogo.

Abakurambere bavuze ko “ubugabo butisubiraho bubyara ububwa”. Nubwo yatinze mu mafuti, ariko Ndayishimiye aramutse koko ahinduye imikorere, byarengera abaturage be. Hasigaye kureba niba imvugo izaba ingiro.

2025-03-03
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha

APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha

RUSHYASHYA 28 Nov 2025
Arusha: Abandi Banyarwanda 4 bahamijwe ibyaha na TPIR boherejwe kurangiriza ibihano muri Benin

Arusha: Abandi Banyarwanda 4 bahamijwe ibyaha na TPIR boherejwe kurangiriza ibihano muri Benin

Ubwanditsi 02 Mar 2018
Perezida Kagame yahaye ipeti rya Sous-Lieutenant abasirikare ba Ofisiye 478

Perezida Kagame yahaye ipeti rya Sous-Lieutenant abasirikare ba Ofisiye 478

Ubwanditsi 23 Feb 2017
Amerika yasabye Odinga kureka ibyo kurahirira kuyobora Kenya arabyanga

Amerika yasabye Odinga kureka ibyo kurahirira kuyobora Kenya arabyanga

Ubwanditsi 07 Dec 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Polisi y’u Rwanda yashubije umunya Sudani y’Epfo  imodoka ye yari yibwe
Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda yashubije umunya Sudani y’Epfo imodoka ye yari yibwe

Ubwanditsi 13 Sep 2016
ULK yakiriye abanyeshuri bashya mu mwaka wa 2017/18
Mu Rwanda

ULK yakiriye abanyeshuri bashya mu mwaka wa 2017/18

Ubwanditsi 04 Oct 2017
Amakipe 26 yiyandikishije muri shampiyona nyafurika ya Volley Ball, harimo APR VC na REG VC yo mu Rwanda
Amakuru

Amakipe 26 yiyandikishije muri shampiyona nyafurika ya Volley Ball, harimo APR VC na REG VC yo mu Rwanda

Ubwanditsi 21 Mar 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru