• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Senateri Mukabalisa Donatille yitabye Imana azize Uburwayi   |   30 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’u Rwanda batrengeje imyaka 18 begukanye igikombe cya Zone V   |   29 Jul 2026

  • Bwa mbere mu mateka u Rwanda rwabonye umudali mu Mikino ya Commonwealth   |   29 Jul 2026

  • Abarwanyi ba FDLR na Wazalendo bavurirwa mu Burundi ku ngengo y’igisirikare cy’u Burundi   |   24 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’Umukino wa Volleyball mu Bagabo yatangiye imyiteguro y’igikombe cya Afurika cyaherukaga kuba muri 2023   |   23 Jul 2026

  • Igikombe kirajya mu bindi twibitseho, ubutumwa bwa Gen. MK Mubarakh yageneye abafana ba APR FC yitegura gukina CECAFA Kagame Cup 2026   |   22 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Ruswa ivuza ubuhuha mu nteko Ishinga Amategeko y’Abanyaburayi, yaba ariyo ituma bamwe mu badepite bayo bikoma u Rwanda?

Ruswa ivuza ubuhuha mu nteko Ishinga Amategeko y’Abanyaburayi, yaba ariyo ituma bamwe mu badepite bayo bikoma u Rwanda?

Ubwanditsi 12 Dec 2022 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Hakomeje kuvugwa inyoroshyo ihabwa bamwe mu badepite b’Inteko Ishinga Amategeko y’Abanyaburayi, kugirango batoteze ibihugu  birimo n’u Rwanda, none inkuru yaba igiye kuba impamo.

Nk’uko tubikesha ikinyamakuru Le Soir cy’Ababiligi, kuva mu mpera z’icyumweru gishize, mu Bubiligi hatangiye iperereza kuri ruswa igihugu cya Qatar cyaba cyarahaye bamwe muri abo badepite. Batanu muri bo bahise batabwa muri yombi ngo bahatwe ibibazo, ingo z’ababarirwa muri 17 zirasakwa, ndetse n’ibiro by’abatari bake birafungwa kugirango hadasibanganywa ibimenyetso.

Bamwe mu bakekwaho kurya ruswa, ni Eva Kaili, umwe mu ba Visi-Perezida 14 b’iyi nteko. Harimo kandi Umubiligikazi Marie Arena ukunze kwikoma u Rwanda cyane, bikaba byatumye ibiro by’abakorana nawe bya hafi bishyirwaho ingufuri, mu gihe iperereza rikomeje.

Iyo ruswa yaba yaratanzwe na  Qatar yatangiye kuvugwa hagati mu kwezi kwa Nyakanga 2022, ubu iperereza riyobowe n’umucamanza Michel Claise, rikaba aribwo rihagurukiye icyo kibazo.

Ntacyo Qatar iravuga kuri ibi birego, ndetse icyo yaba yarifuzaga kuri abo badepite ijya kubaha ruswa, ntikiratangazwa. Gusa abazi neza imikorere y’Inteko Ishinga Amategeko y’Abanyaburayi bahamya yamaze kuba igikoresho cy’abanyembaraga, ku buryo ifata imyanzuro ishingiye ku byifuzo by’abo banyabubasha. 

Ibyo kwakira ruswa kandi binavugwa muri Sena y’Amerika, aho nk’Umusenateri Robert Menendez ushinzwe ububanyi n’amahanga, ahora mu manza aregwa ruswa yakira kugirango iyo Sena ifate ibyemezo bigamije gukandamiza abanyantege nke.

Aha niho impuguke muri politiki mpuzamahanga zishingira zihamya  ahamya ko ruswa yamaze guhabwa icyicaro mu miryango mpuzamahanga  no mu inzego z’ibihugu bikomeye, ku buryo ntawe byatungura  Senateri  Menendez na  bamwe mu badepite b’Abanyaburayi baramutse barakiriye amafaranga menshi ya Perezida Félix Tshisekedi,  ngo birengagize nkana inkomoko nyakuri y’umutekano muke muri Kongo, ahubwo bagahitamo kwikiriza  intero ye, yo kugereka ibibazo bya Kongo ku Rwanda.

Ngabo abigize abanyakuri ku isi, birirwa bigisha demokarasi n’uburenganzira bwa muntu, kandi ari ba “Bihemu” barya ruswa ngo bahonyore abatagira kivugira. 

2022-12-12
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umunyamakuru Gasasira Gaspard  yitabye Imana azize urupfu rutaramenyekana

Umunyamakuru Gasasira Gaspard yitabye Imana azize urupfu rutaramenyekana

Ubwanditsi 07 Sep 2016
Afrika haguruka : Ubuhanuzi 10 bwahawe u Rwanda na Prophet  EMEKA OKOYE

Afrika haguruka : Ubuhanuzi 10 bwahawe u Rwanda na Prophet EMEKA OKOYE

Ubwanditsi 04 Aug 2016
Burundi: Haribazwa niba abagize ihuriro CNARED bahunze bagiye gutaha

Burundi: Haribazwa niba abagize ihuriro CNARED bahunze bagiye gutaha

Ubwanditsi 08 Oct 2019
Ngoma: Umusore w’imyaka 21 yishwe arashwe nyuma yo gufatanwa mudasobwa 7 yari yibye

Ngoma: Umusore w’imyaka 21 yishwe arashwe nyuma yo gufatanwa mudasobwa 7 yari yibye

Ubwanditsi 24 Nov 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Gukura no Kubaho kwanjye byose bishingiye ku cyerekezo cya Nyakubahwa Perezida Paul Kagame – Knowless
Amakuru

Gukura no Kubaho kwanjye byose bishingiye ku cyerekezo cya Nyakubahwa Perezida Paul Kagame – Knowless

Ubwanditsi 08 May 2025
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!
Amakuru

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

Ubwanditsi 15 Jul 2024
Abashinja u Rwanda gufasha umutwe wa M23 birengagiza ibibonwa na buri wese, bagahitambo guhimba ibyo badafitiye gihamya.
Amakuru

Abashinja u Rwanda gufasha umutwe wa M23 birengagiza ibibonwa na buri wese, bagahitambo guhimba ibyo badafitiye gihamya.

Ubwanditsi 27 Dec 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru