• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Ruswa ivuza ubuhuha mu nteko Ishinga Amategeko y’Abanyaburayi, yaba ariyo ituma bamwe mu badepite bayo bikoma u Rwanda?

Ruswa ivuza ubuhuha mu nteko Ishinga Amategeko y’Abanyaburayi, yaba ariyo ituma bamwe mu badepite bayo bikoma u Rwanda?

Ubwanditsi 12 Dec 2022 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Hakomeje kuvugwa inyoroshyo ihabwa bamwe mu badepite b’Inteko Ishinga Amategeko y’Abanyaburayi, kugirango batoteze ibihugu  birimo n’u Rwanda, none inkuru yaba igiye kuba impamo.

Nk’uko tubikesha ikinyamakuru Le Soir cy’Ababiligi, kuva mu mpera z’icyumweru gishize, mu Bubiligi hatangiye iperereza kuri ruswa igihugu cya Qatar cyaba cyarahaye bamwe muri abo badepite. Batanu muri bo bahise batabwa muri yombi ngo bahatwe ibibazo, ingo z’ababarirwa muri 17 zirasakwa, ndetse n’ibiro by’abatari bake birafungwa kugirango hadasibanganywa ibimenyetso.

Bamwe mu bakekwaho kurya ruswa, ni Eva Kaili, umwe mu ba Visi-Perezida 14 b’iyi nteko. Harimo kandi Umubiligikazi Marie Arena ukunze kwikoma u Rwanda cyane, bikaba byatumye ibiro by’abakorana nawe bya hafi bishyirwaho ingufuri, mu gihe iperereza rikomeje.

Iyo ruswa yaba yaratanzwe na  Qatar yatangiye kuvugwa hagati mu kwezi kwa Nyakanga 2022, ubu iperereza riyobowe n’umucamanza Michel Claise, rikaba aribwo rihagurukiye icyo kibazo.

Ntacyo Qatar iravuga kuri ibi birego, ndetse icyo yaba yarifuzaga kuri abo badepite ijya kubaha ruswa, ntikiratangazwa. Gusa abazi neza imikorere y’Inteko Ishinga Amategeko y’Abanyaburayi bahamya yamaze kuba igikoresho cy’abanyembaraga, ku buryo ifata imyanzuro ishingiye ku byifuzo by’abo banyabubasha. 

Ibyo kwakira ruswa kandi binavugwa muri Sena y’Amerika, aho nk’Umusenateri Robert Menendez ushinzwe ububanyi n’amahanga, ahora mu manza aregwa ruswa yakira kugirango iyo Sena ifate ibyemezo bigamije gukandamiza abanyantege nke.

Aha niho impuguke muri politiki mpuzamahanga zishingira zihamya  ahamya ko ruswa yamaze guhabwa icyicaro mu miryango mpuzamahanga  no mu inzego z’ibihugu bikomeye, ku buryo ntawe byatungura  Senateri  Menendez na  bamwe mu badepite b’Abanyaburayi baramutse barakiriye amafaranga menshi ya Perezida Félix Tshisekedi,  ngo birengagize nkana inkomoko nyakuri y’umutekano muke muri Kongo, ahubwo bagahitamo kwikiriza  intero ye, yo kugereka ibibazo bya Kongo ku Rwanda.

Ngabo abigize abanyakuri ku isi, birirwa bigisha demokarasi n’uburenganzira bwa muntu, kandi ari ba “Bihemu” barya ruswa ngo bahonyore abatagira kivugira. 

2022-12-12
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Davos: Perezida Kagame azagirana ikiganiro na Perezida Donald Trump

Davos: Perezida Kagame azagirana ikiganiro na Perezida Donald Trump

Ubwanditsi 24 Jan 2018
Rayon Sports yasinyanye amasezerano n’umufatanyabikorwa mushya ‘RGL Security Company’

Rayon Sports yasinyanye amasezerano n’umufatanyabikorwa mushya ‘RGL Security Company’

Ubwanditsi 07 Jul 2023
Tunisia na Burkina Faso zageze muri 1/4 cy’irushanwa ry’igikombe cya Afurika

Tunisia na Burkina Faso zageze muri 1/4 cy’irushanwa ry’igikombe cya Afurika

Ubwanditsi 24 Jan 2022
Papa  yasabye  imbabazi ku byaha abihayimana bakoreye mu gihugu cya  Chili

Papa  yasabye  imbabazi ku byaha abihayimana bakoreye mu gihugu cya  Chili

Ubwanditsi 17 Jan 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Dore umuti Perezida Kagame yatanze watuma Afurika isatira iterambere Aziya igezeho
INKURU NYAMUKURU

Dore umuti Perezida Kagame yatanze watuma Afurika isatira iterambere Aziya igezeho

Ubwanditsi 28 Jan 2018
DR MUKANKOMEJE, GEN IBINGIRA NA DR BIRUTA BARI KUREBA UKO KIVU IBUNGABUNZWE
Mu Mahanga

DR MUKANKOMEJE, GEN IBINGIRA NA DR BIRUTA BARI KUREBA UKO KIVU IBUNGABUNZWE

Ubwanditsi 06 Jan 2016
Uko CMI yafashije Ntamuhanga Cassien kujyera Afrika y’epfo
INKURU NYAMUKURU

Uko CMI yafashije Ntamuhanga Cassien kujyera Afrika y’epfo

Ubwanditsi 03 Mar 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru