Umwanditsi, Umuririmbyikazi Ingabire Butera Jeanne uzwi nka Knowless muri Muzika Nyarwanda yashimangiye ko imibereho ndetse n’Ubuzima bwe muri rusange abifite kubera icyerekezo cy’umukuru w’igihugu, Nyakubahwa Paul Kagame.
Ibi uyu muhanzi yabitangarije mu kiganiro yagiranye n’umunyamakuri Taikun Ndahiro mu gice cy’ikiganiro cyo kuri Youtube yise “One on One”, aha umutumirwa yerekwa ifoto runaka akagira icyo avuga kuri uwo baba bamujije.
Ubwo yari muri icyo kiganiro, Umuhanzikazi Knowless Butera yeretswe amafoto y’abantu benshi barimo na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, amugezeho yuzuye ibinezaneza ndetse afata umwanya wo kwitsa gato ngo abone gusubiza.
Mu byishimo byinshi, Knowless yagize ati “Umukuru wacu w’igihugu cyacu Perezida Paul Kagame, ni intageereranywa ni umubyeyi kuba turiho abifitemo uruhare runni, ni byose kuri twebwe abanyanrwanda, u Rwanda kuba tu, tumufite dufite Imana”.
Abajijwe kucyo yigira kuri Perezida Paul Kagame, Knowless yaboneye umwanya wo gushimangira neza neza ko usibye no kuba hari icyo amwigiraho,yavuze ko ubuzima bwe abukesha umukuru w’igihugu.
Knowles sati “Ubuzima bwanjye bwose bushingiye kuri vision ye, iyo hatabaho vision ya H.E byari kuba bigoye y;uko uru Rwanda rumeze uko ubu ngubu ni ukuvuga ngo n’ubuzima bwanjye gukura kuba mpagaze ahangahe byanze bikunze bishigiye kuri vision ye, mwigiraho ubuzima.”
Uyu muhanzikazi w’imyaka 35 ni umubyeyi w’abana b’abakobwa yabyaranye na Ishimwe Clement usanzwe anamufasha mu gukora indirimbo mu buryo bw’amajwi aho afite ihuriro ry’abandi bahanzi bahuriramo na Knowless rizwi nka “Kina Music”.
Nk’umunyamuziki uheruka gushyira hanze indirimbo yise Umutima yakoze muri Gashyantare, mu buryo bw’amashusho yakozwe na Mamba, iyoborwa na Meddy Saleh iza no kwandikwa nawe ku giti cye ndetse n’abarimo Rumaga, Platini P na Mamba.