• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Umunyamakuru Gasasira Gaspard yitabye Imana azize urupfu rutaramenyekana

Umunyamakuru Gasasira Gaspard yitabye Imana azize urupfu rutaramenyekana

Ubwanditsi 07 Sep 2016 Mu Mahanga

Umunyamakuru Gasasira Gaspard yitabye Imana muri iki gitondo cyo kuri uyu wa 7 Nzeri 2016, urupfu rwe rukaba rutarasobanuka.

Amakuru twabashije kumenya avuga ko Gasasira Gaspard yapfuye ubwo yiteguraga kujya kukazi ngo yabanje kwicara kuntebe yo kurubaraza iwe ayisinziriramo ari nayo yaguyemo kuko bagiye kumwegura basanga byarangiye.

Umukozi wo mu rugo avuga ko mu masaha ya saa kumi n’imwe z’igitondo, ari bwo Gasasira yabyutse amusaba koza imodoka, ubwo yozaga imodoka Gasasira ngo yari yicaye ku rubaraza rw’inzu agaragara ko afite integer nke, umukozi aje kumureba aho yari yicaye asanga atagihumeka.

Umurambowe wahise ujyanwa mu bitaro byitiriwe umwami Faisal ( King Faisal Hospital ) ngo hasuzumwe icyaba cyamwishe. Nubwo bikekwa ko yaba yishwe n’indwara y’umutima ( Heart disease )

Gasasira Gaspard, yabaye umunyamakuru kuva mbere ya Jenoside yakorewe Abatutsi, akaba ari umwe mubanyamakuru bakera bake bari basigaye kuri iy’Isi kuko abenshi batangiranye nawe umwuga w’Itangazamakuru bishwe muri Jenoside.

Gasasira Gaspard azwi nk’umunyamakuru w’intwari wahanganye bikomeye n’ingoma y’igitugu ya Perezida Habyarimana, ubwo yari umunyamakuru muri Kinyamateka ya Kiriziya gatolika yakunze kugaragara mu nkuru zikomeye, ubwo hari hatangiye igeragezwa rya Jenoside mu Bugesera, uwari Burugumesitiri Rwambuka atangiye gutwikira Abatutsi , Gasasira ntiyariye iminwa niwe wabaye uwambere kujya gufotora inzu z’Abatutsi ziri gushya zigurumana umuriro.

Sibyo gusa kuko yakunze kwandika muri Kinyamateka inkuru zamagana ubwicanyi bw’Abagogwe muri Kibirira na Bigowe aha ni mu cyahoze ari Gisenyi na Ruhengeri.

-3981.jpg

Gasasira Gaspard, nyakwigendera

Gasasira yabaye umwe mu banyamakuru bakunze kujya mu birindiro bya RPF-Inkotanyi ubwo zari zarigaruriye igice kinini cya Byumba na Ruhengeri agatangaza amakuru acukumbuye arebana n’urugamba rwa RPF.

Gasasira Gaspard yari muntu ki ?

Gasasira Gaspard yavukiye mu Kagari ka Jenda, Umudugudu wa Mataba, Umurenge wa Mugina, Akarere ka Kamonyi mu Ntara y’Amajyepfo, niho yakuriye ahagana muri 1973, ababyeyi be baje guhunga bamuhunganye bajya Tanzania ahitwa Biharamuro, baje kugaruka mu Rwanda 1978, ariga aza no gukora akazi gatandukanye aribwo 1990 nyuma y’igitero k’inkotanyi n’ifungwa ry’ibyitso Gasasira yinjiye mu Itangazamakuru ryandika muri Kinyamateka.

Nyuma y’ibohorwa ry’Igihugu, Gasasira yabaye S/Prefe mu kitwaga Butare ubu ni Intara y’Amajyepfo, avayo ajya gukora muri ORINFOR/RBA, mu Mvaho nshya, avayo ajya gukora muri Minisiteri y’Ubutabera ashinzwe ikinyamakuru Inkiko Gacaca, ariho yavuye ajya muri Komisiyo y’Igihugu yo Kurwanya Jenoside (CNLG).

Akaba yari ashinzwe ibijyanye no gushyira inzibutso za Jenoside yakorewe Abatutsi mu murage w’isi (patrimoine de l’UNESCO).

-3982.jpg

Imana imuhe iruhuko ridashira.

Umwanditsi wacu

2016-09-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Muri Kivu y’Amajyaruguru na Ituri, “amategeko yo mu bihe bidasanzwe” yahitanye ababarirwa mu 6.000 mu myaka 2 gusa.

Muri Kivu y’Amajyaruguru na Ituri, “amategeko yo mu bihe bidasanzwe” yahitanye ababarirwa mu 6.000 mu myaka 2 gusa.

Ubwanditsi 09 May 2023
Abatwara ibinyabiziga barakangurirwa kutagerageza guha ruswa abapolisi

Abatwara ibinyabiziga barakangurirwa kutagerageza guha ruswa abapolisi

Ubwanditsi 15 Feb 2016
RDC: Ikibatsi cy’umuriro n’imvura y’amasasu bikomeje kwisuka ku barwanyi ba Kayumba (Video)

RDC: Ikibatsi cy’umuriro n’imvura y’amasasu bikomeje kwisuka ku barwanyi ba Kayumba (Video)

Ubwanditsi 01 Jul 2019
Kubera kunuma k’ubukene, Rudasingwa akomeje kwibasira ubuyobozi bw’uRwanda abuharabika

Kubera kunuma k’ubukene, Rudasingwa akomeje kwibasira ubuyobozi bw’uRwanda abuharabika

Ubwanditsi 27 Aug 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Paul Scholes yandagaje bikomeye Jose Mourinho ukomeje kurindimura Manchester United
IMIKINO

Paul Scholes yandagaje bikomeye Jose Mourinho ukomeje kurindimura Manchester United

Ubwanditsi 04 Oct 2018
Congo-Kinshasa: FDLR yagabye igitero muri Rutshuru, abayobozi barasaba ingabo za Congo gukaza umutekano
INKURU NYAMUKURU

Congo-Kinshasa: FDLR yagabye igitero muri Rutshuru, abayobozi barasaba ingabo za Congo gukaza umutekano

Ubwanditsi 01 Sep 2019
Bayarya yabagoye, kuko guhora uhimbira Perezida Kagame ibirego ari umuzigo ubavuna cyane.
Amakuru

Bayarya yabagoye, kuko guhora uhimbira Perezida Kagame ibirego ari umuzigo ubavuna cyane.

Ubwanditsi 13 Apr 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru