• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Umukwe wa Trump azatanga amakuru mu iperereza ku ruhare rw’u Burusiya mu matora ya USA

Umukwe wa Trump azatanga amakuru mu iperereza ku ruhare rw’u Burusiya mu matora ya USA

Ubwanditsi 28 Mar 2017 ITOHOZA

Umukwe wa Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA), Jared Kushner, yemeye gutanga ubuhamya kuri komisiyo ya Sena ya Amerika ishinzwe ubutasi, mu iperereza ku ruhare Abarusiya baba baragize mu matora aheruka.

Inzego zitandukanye zishinzwe iperereza muri USA zinuganuga ko u Burusiya bwagize uruhare runini mu gutuma Donald Trump atsinda Hillary Clinton mu matora yabaye mu Ukuboza umwaka ushize. Gusa u Burusiya bwo bubyamaganira kure.

Nk’uko CNN yabitangaje, Umuvugizi w’Ibiro bya Perezida wa Amerika, mu itangazo yashyize ahagaragara kuri uyu wa Mbere yatangaje ko mu gihe cyo kwiyamamaza no mu nzibacyuho, Jared Kushner ari we wanyurwagaho cyane na guverinoma z’amahanga n’abandi bayobozi.

Rikomeza rigira riti “Hashingiwe ku mwanya yari arimo, yemeye kugirana ibiganiro na komisiyo iyobowe na (Richard) Burr ariko ntabwo arabona ubutumwa bubimwemerera.”

Ibinyamakuru bitandukanye byatangaje ko Sena ya Amerika yifuza kumubaza ku nama ebyiri zikomeye yaba yarateguye ku ruhande rwa Trump n’abandi bantu bakomeye mu Burusiya.

Inama imwe ni iyamuhuje na Ambasaderi w’u Burusiya muri Amerika, Sergei Kislyak, muri Trump Tower i New York mu Ukuboza, indi imuhuza na Sergey N. Gorkov uyobora Banki ya Leta yo mu Burusiya, Vnesheconom bank, iri mu bihano yafatiwe na Amerika ku bwa Obama.

Inama ya Kislyak na Kushner muri Trump Tower yanitabiriwe na Michael T. Flynn wabaye umujyanama wa Trump mu by’umutekano, akaza kwirukanwa.
Mu cyumweru gishize kandi ni nabwo hagiye hanze ko umuyobozi w’ibiro bikuru by’iperereza bya Amerika (FBI), James Comey, nawe ari gukora iperereza ku mubano hagati y’abantu bakomeye mu bamamazaga Trump hamwe n’abayobozi bo mu Burusiya.

-6192.jpg

Jared Kushner

Abashingamategeko ba Amerika batangiye iperereza ryabo bakusanya abatangabuhamya ndetse bumva ubuhamya bwabo mu bwiru, gusa kuwa Kane w’iki cyumweru byitezwe ko icyo gikorwa kizatangira kubera mu ruhame, nubwo nta muntu ukomeye uratangazwa ko azumvwa muri ubwo buryo.

Kushner w’imyaka 36 washyingiranwe na Ivanka Trump mu 2009, ni umuntu ukomeye ku buyobozi bwa Trump, ni umwe mu bayoboye impinduka ku bwa sebukwe Trump, hamwe n’umuyobozi mukuru muri White House, Reince Priebus n’ushinzwe ibikorwa, Steve Bannon.

2017-03-28
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Rushyashya Yashyize Hanze Kayumba Na Sisulu Mu Mibanire Y’u Rwanda Na Afurika Y’epfo

Rushyashya Yashyize Hanze Kayumba Na Sisulu Mu Mibanire Y’u Rwanda Na Afurika Y’epfo

Ubwanditsi 12 Dec 2018
Rurambikanye hagati Kayumba  n’umugore we Rosette

Rurambikanye hagati Kayumba n’umugore we Rosette

Ubwanditsi 11 Aug 2016
Uganda: Dr Sam Ruvuma yatawe muri yombi akekwaho uruhare mu gucyura ku ngufu  impunzi z’Abanyarwanda

Uganda: Dr Sam Ruvuma yatawe muri yombi akekwaho uruhare mu gucyura ku ngufu impunzi z’Abanyarwanda

Ubwanditsi 19 Dec 2017
Ibyo Urubyiruko Rugomba Kumenya kuri Ingabire Victoire

Ibyo Urubyiruko Rugomba Kumenya kuri Ingabire Victoire

Ubwanditsi 04 Jun 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Canada: Perezida Kagame yitabiriye Inama y’ibihugu bikize ku isi
INKURU NYAMUKURU

Canada: Perezida Kagame yitabiriye Inama y’ibihugu bikize ku isi

Ubwanditsi 08 Jun 2018
Burundi: Leta ya Nkurunziza yatangiye gushyiraho amananiza mu biganiro by’amahoro aho yanze gusangira ubutegetsi na opozisiyo
INKURU NYAMUKURU

Burundi: Leta ya Nkurunziza yatangiye gushyiraho amananiza mu biganiro by’amahoro aho yanze gusangira ubutegetsi na opozisiyo

Ubwanditsi 04 Dec 2017
Mbanda  yahaye ‘ Gasopo’  Amashyaka yiyita  Opposition  harimo  na RNC
ITOHOZA

Mbanda yahaye ‘ Gasopo’ Amashyaka yiyita Opposition harimo na RNC

Ubwanditsi 26 May 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru