• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Umukwe wa Trump azatanga amakuru mu iperereza ku ruhare rw’u Burusiya mu matora ya USA

Umukwe wa Trump azatanga amakuru mu iperereza ku ruhare rw’u Burusiya mu matora ya USA

Ubwanditsi 28 Mar 2017 ITOHOZA

Umukwe wa Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA), Jared Kushner, yemeye gutanga ubuhamya kuri komisiyo ya Sena ya Amerika ishinzwe ubutasi, mu iperereza ku ruhare Abarusiya baba baragize mu matora aheruka.

Inzego zitandukanye zishinzwe iperereza muri USA zinuganuga ko u Burusiya bwagize uruhare runini mu gutuma Donald Trump atsinda Hillary Clinton mu matora yabaye mu Ukuboza umwaka ushize. Gusa u Burusiya bwo bubyamaganira kure.

Nk’uko CNN yabitangaje, Umuvugizi w’Ibiro bya Perezida wa Amerika, mu itangazo yashyize ahagaragara kuri uyu wa Mbere yatangaje ko mu gihe cyo kwiyamamaza no mu nzibacyuho, Jared Kushner ari we wanyurwagaho cyane na guverinoma z’amahanga n’abandi bayobozi.

Rikomeza rigira riti “Hashingiwe ku mwanya yari arimo, yemeye kugirana ibiganiro na komisiyo iyobowe na (Richard) Burr ariko ntabwo arabona ubutumwa bubimwemerera.”

Ibinyamakuru bitandukanye byatangaje ko Sena ya Amerika yifuza kumubaza ku nama ebyiri zikomeye yaba yarateguye ku ruhande rwa Trump n’abandi bantu bakomeye mu Burusiya.

Inama imwe ni iyamuhuje na Ambasaderi w’u Burusiya muri Amerika, Sergei Kislyak, muri Trump Tower i New York mu Ukuboza, indi imuhuza na Sergey N. Gorkov uyobora Banki ya Leta yo mu Burusiya, Vnesheconom bank, iri mu bihano yafatiwe na Amerika ku bwa Obama.

Inama ya Kislyak na Kushner muri Trump Tower yanitabiriwe na Michael T. Flynn wabaye umujyanama wa Trump mu by’umutekano, akaza kwirukanwa.
Mu cyumweru gishize kandi ni nabwo hagiye hanze ko umuyobozi w’ibiro bikuru by’iperereza bya Amerika (FBI), James Comey, nawe ari gukora iperereza ku mubano hagati y’abantu bakomeye mu bamamazaga Trump hamwe n’abayobozi bo mu Burusiya.

-6192.jpg

Jared Kushner

Abashingamategeko ba Amerika batangiye iperereza ryabo bakusanya abatangabuhamya ndetse bumva ubuhamya bwabo mu bwiru, gusa kuwa Kane w’iki cyumweru byitezwe ko icyo gikorwa kizatangira kubera mu ruhame, nubwo nta muntu ukomeye uratangazwa ko azumvwa muri ubwo buryo.

Kushner w’imyaka 36 washyingiranwe na Ivanka Trump mu 2009, ni umuntu ukomeye ku buyobozi bwa Trump, ni umwe mu bayoboye impinduka ku bwa sebukwe Trump, hamwe n’umuyobozi mukuru muri White House, Reince Priebus n’ushinzwe ibikorwa, Steve Bannon.

2017-03-28
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ibibazo bibazwa Padiri Thomas Nahimana uzagera mu Rwanda kuri uyu  wa Gatatu

Ibibazo bibazwa Padiri Thomas Nahimana uzagera mu Rwanda kuri uyu wa Gatatu

Ubwanditsi 23 Nov 2016
Umusirikari wa Kongo wari wasinze yisanze mu Rwanda afite intwaro

Umusirikari wa Kongo wari wasinze yisanze mu Rwanda afite intwaro

Ubwanditsi 26 Sep 2022
Abarezwe hamwe n’abo kwa Rwigara babaye inzitizi mu Urubanza rusubikwa  bataburanye…

Abarezwe hamwe n’abo kwa Rwigara babaye inzitizi mu Urubanza rusubikwa bataburanye…

Ubwanditsi 22 May 2018
Uganda : Cyubahiro mu kasho kubera Salim Saleh

Uganda : Cyubahiro mu kasho kubera Salim Saleh

Ubwanditsi 16 Nov 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda : Gereza ya CMI ayigereranya no ‘kuramukanya na Satani’
ITOHOZA

Uganda : Gereza ya CMI ayigereranya no ‘kuramukanya na Satani’

Ubwanditsi 29 May 2019
HUYE:Bane batawe muri yombi kubera ibura ny’umuriro muri CHAN
IMIKINO

HUYE:Bane batawe muri yombi kubera ibura ny’umuriro muri CHAN

Ubwanditsi 26 Jan 2016
Amavugurura atunguranye mu gisilikare cya Musevani
ITOHOZA

Amavugurura atunguranye mu gisilikare cya Musevani

Ubwanditsi 10 Jan 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru