• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Umukwe wa Trump azatanga amakuru mu iperereza ku ruhare rw’u Burusiya mu matora ya USA

Umukwe wa Trump azatanga amakuru mu iperereza ku ruhare rw’u Burusiya mu matora ya USA

Ubwanditsi 28 Mar 2017 ITOHOZA

Umukwe wa Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA), Jared Kushner, yemeye gutanga ubuhamya kuri komisiyo ya Sena ya Amerika ishinzwe ubutasi, mu iperereza ku ruhare Abarusiya baba baragize mu matora aheruka.

Inzego zitandukanye zishinzwe iperereza muri USA zinuganuga ko u Burusiya bwagize uruhare runini mu gutuma Donald Trump atsinda Hillary Clinton mu matora yabaye mu Ukuboza umwaka ushize. Gusa u Burusiya bwo bubyamaganira kure.

Nk’uko CNN yabitangaje, Umuvugizi w’Ibiro bya Perezida wa Amerika, mu itangazo yashyize ahagaragara kuri uyu wa Mbere yatangaje ko mu gihe cyo kwiyamamaza no mu nzibacyuho, Jared Kushner ari we wanyurwagaho cyane na guverinoma z’amahanga n’abandi bayobozi.

Rikomeza rigira riti “Hashingiwe ku mwanya yari arimo, yemeye kugirana ibiganiro na komisiyo iyobowe na (Richard) Burr ariko ntabwo arabona ubutumwa bubimwemerera.”

Ibinyamakuru bitandukanye byatangaje ko Sena ya Amerika yifuza kumubaza ku nama ebyiri zikomeye yaba yarateguye ku ruhande rwa Trump n’abandi bantu bakomeye mu Burusiya.

Inama imwe ni iyamuhuje na Ambasaderi w’u Burusiya muri Amerika, Sergei Kislyak, muri Trump Tower i New York mu Ukuboza, indi imuhuza na Sergey N. Gorkov uyobora Banki ya Leta yo mu Burusiya, Vnesheconom bank, iri mu bihano yafatiwe na Amerika ku bwa Obama.

Inama ya Kislyak na Kushner muri Trump Tower yanitabiriwe na Michael T. Flynn wabaye umujyanama wa Trump mu by’umutekano, akaza kwirukanwa.
Mu cyumweru gishize kandi ni nabwo hagiye hanze ko umuyobozi w’ibiro bikuru by’iperereza bya Amerika (FBI), James Comey, nawe ari gukora iperereza ku mubano hagati y’abantu bakomeye mu bamamazaga Trump hamwe n’abayobozi bo mu Burusiya.

-6192.jpg

Jared Kushner

Abashingamategeko ba Amerika batangiye iperereza ryabo bakusanya abatangabuhamya ndetse bumva ubuhamya bwabo mu bwiru, gusa kuwa Kane w’iki cyumweru byitezwe ko icyo gikorwa kizatangira kubera mu ruhame, nubwo nta muntu ukomeye uratangazwa ko azumvwa muri ubwo buryo.

Kushner w’imyaka 36 washyingiranwe na Ivanka Trump mu 2009, ni umuntu ukomeye ku buyobozi bwa Trump, ni umwe mu bayoboye impinduka ku bwa sebukwe Trump, hamwe n’umuyobozi mukuru muri White House, Reince Priebus n’ushinzwe ibikorwa, Steve Bannon.

2017-03-28
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

RNC: Murumuna wa Jonathan Musonera  aramwihakana

RNC: Murumuna wa Jonathan Musonera aramwihakana

Ubwanditsi 01 Aug 2016
“Uru rukiko ruzakurikirana umuntu wese uzapfobya cyangwa agahakana Jenoside yakorewe Abatutsi “-Umushinjacyaha Mukuru w’i Paris.

“Uru rukiko ruzakurikirana umuntu wese uzapfobya cyangwa agahakana Jenoside yakorewe Abatutsi “-Umushinjacyaha Mukuru w’i Paris.

Ubwanditsi 05 Nov 2024
Impamvu zateye Tanzania guha  inshingano zikomeye Kaberuka ititaye yuko ari umunyarwanda

Impamvu zateye Tanzania guha inshingano zikomeye Kaberuka ititaye yuko ari umunyarwanda

Ubwanditsi 23 Aug 2016
Twacengeye e.mail za bamwe mu bayobozi bakuru ba RNC

Twacengeye e.mail za bamwe mu bayobozi bakuru ba RNC

Ubwanditsi 15 Jul 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Urutonde rw’ abakinnyi bagufi bakina umupira w’ amaguru
IMIKINO

Urutonde rw’ abakinnyi bagufi bakina umupira w’ amaguru

Ubwanditsi 06 Jan 2016
Kicukiro: Polisi yafashe umumotari washakaga kugurisha moto yatwaraga itari iye
Mu Mahanga

Kicukiro: Polisi yafashe umumotari washakaga kugurisha moto yatwaraga itari iye

Ubwanditsi 27 Dec 2016
Imashini zikora itabi zo kwa Rwigara zatejwe  cyamunara kuri miliyari 1.7 Frw
INKURU NYAMUKURU

Imashini zikora itabi zo kwa Rwigara zatejwe cyamunara kuri miliyari 1.7 Frw

Ubwanditsi 18 Jun 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru