• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Akavuyo mu miryango mpuzamahanga ikorera mu Burundi kubera iturufu y’amoko mu kugena abakozi

Akavuyo mu miryango mpuzamahanga ikorera mu Burundi kubera iturufu y’amoko mu kugena abakozi

Ubwanditsi 24 Jan 2019 ITOHOZA

Abashinzwe gutera inkunga mu Burundi ntibavuga rumwe ku cyifuzo cya Leta cyerekeranye n’uko imiryango mpuzamahanga itabogamiye kuri leta mu gutanga amakuru arebana n’ubwoko bw’abakozi bayo, kuberako hari urujijo ku miryango yaba yemerewe kuhakorera, bityo bikaba birimo kudindiza ibikorwa by’iterambere.

“Aha niho tudashobora kurenga, kuko dutanga akazi dushingiye ku bunararibonye, n’ubunyamwuga, ntidushingira ku bwoko.” -Dominique Delvigne, Umuyobozi muri , Handicap International

Mu Ukwakira 2018, abayobozi bo mu Burundi bahagaritse ibikorwa byose by’imiryango itegamiye kuri Leta mu gihe cy’amezi atatu (3), bavuga ko iyo miryango ingomba kubahiriza amategeko, bitaba ibyo bakimwa uruhushya rwo gukorera mu Burundi. Cyane cyane, abo bayobozi bashatse gukoresha itegeko ryo muri 2017, reba itegeko rivuga ko [ 2017, rivuga ko  ] abakozi bakorera imiryango itegamiye kuri Leta bagomba kuba bangana na 60% by’abahutu, naho abatutsi bakangana na 40%. Akaba aricyo gipimo gisanzwe gikoreshwa mu gihe gisaga imyaka 10, kuva hasinywa amasezerano ya Arusha y’amahoro, amasezerano yafashije mu guhagarika intambara yari imaze imyaka 12. Imiryango mpuzamahanga ikaba yaramenyeshejwe ko igomba gutanga amakuru y’abakozi bayikorera yerecyeranye n’ubwoko bwabo, banahabwa n’igihe ntarengwa cya 2021.

Imiryango imwe nimwe ikaba yaratanze ayo makuru, ariko kubera imyiryane ishingiye ku moko, iyindi ikaba ifite impungenge y’uko aya makuru ashobora gukoreshwa nabi. Inzego zo mu Burundi zikaba zarabwiye Devex ko imiryango igera ku 10 yamaze kugenda, harimo na Handicap International aho kugirango ikurikize iryo tegeko. Indi miryango nka  Medecins Sans Frontieres [Médecins Sans Frontières], abaganga batagira imipaka ntibaramenya uko bizabagendekera, nyuma yo kwanga kubahiriza iryo tegeko, nubwo bagikorera muri icyo gihugu, aho abaturage bagera kuri miliyoni  3.6, cyangwa kimwe cya gatatu cy’abaturage bose bakeneye ubufasha.

Imiryango mpuzamahanga itegamiye kuri Leta ikorera mu Burundi  mu gihe harimo kujujubya sosiyete sivile

Leta y’UBurundi yahagaritse ibikorwa by’imiryango mpuzamahanga ikorera mu Burundi mu gihe cy’amezi atatu (3), bitwaje ko iyo miryango yananiwe gukurikiza itegeko ryo muri 2017, ariko bamwe bakaba babibona nko gucecekesha sosiyete sivile.

Abaterakunga nabo bakaba batavuga rumwe kuri iki cyibazo, aho imiryango mpuzamahanga ibwira Devex ko imiryango mpuzamahanga iterwa inkunga na Leta Zunze Ubumwe za Amerika bishoboka ko yo yakwemera icyo gipimo cyigena umubare w’abakozi, bihabanye n’icyemezo cyafashwe na bagenzi babo bo mu Burayi. Umuryango mpuzamahanga wa Amerika (USAID) ntiwabashije kugira icyo ubivugaho.

“Imiryango myinshi yo muri Amerika cyangwa se iterwa inkunga na Amerika yabwiwe ko ivangura ridatera ingaruka mbi ntacyo ritwaye, bikaba ari ibyavuzwe n’umudipolomati ukomoka mu Burayi uri mu Burundi.

Ibihabanye nibi, Uwo mudipulomati w’iburayi yavuze ko za Leta zo mu Burayi zikaba zarihanije iyo miryango ko baramutse batanze ayo makuru yerekeranye n’ubwoko bw’abakozi biyo miryango, ko baramutse babikoze, batazongererwa kontaro i Burundi. Umuvugizi wa Minisiteri y’ububanyi n’amahanga y’UBubiligi yavuze ko imiryango igera kuri  20 idashobora gutanga amakuru kandi ko nta numwe wigeze ayatanga.

 

2019-01-24
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umuriro ukomeje kwaka muri RNC : Bamwe mu bayobozi bayo muri Canada banze gushyira mu bikorwa icyemezo kibahagarika

Umuriro ukomeje kwaka muri RNC : Bamwe mu bayobozi bayo muri Canada banze gushyira mu bikorwa icyemezo kibahagarika

Ubwanditsi 02 Dec 2019
Undi muntu wa hafi wa Gen Kayihura agiye gutabwa muri yombi

Undi muntu wa hafi wa Gen Kayihura agiye gutabwa muri yombi

Ubwanditsi 06 Oct 2018
Urwego Rushinzwe Umutekano Imbere Mu Gihugu Rwasatse Bikomeye Ububiko Bwa MTN-Uganda

Urwego Rushinzwe Umutekano Imbere Mu Gihugu Rwasatse Bikomeye Ububiko Bwa MTN-Uganda

Ubwanditsi 09 Jul 2018
Rugamba Jovan  wari watorotse Gereza  yafatiwe Uganda, agarurwa mu Rwanda

Rugamba Jovan wari watorotse Gereza yafatiwe Uganda, agarurwa mu Rwanda

Ubwanditsi 12 May 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umunyarwandakazi yiciwe muri Malawi n’ abantu bamuteye ibyuma
INKURU NYAMUKURU

Umunyarwandakazi yiciwe muri Malawi n’ abantu bamuteye ibyuma

Ubwanditsi 14 Apr 2018
Ngoma: Abaturage bahaye Polisi amakuru y’ahahishe imifuka itandatu y’urumogi
Mu Rwanda

Ngoma: Abaturage bahaye Polisi amakuru y’ahahishe imifuka itandatu y’urumogi

Ubwanditsi 07 Aug 2017
Ibigo by’ubwishingizi byigenga byatangiye gushora imari mu bindi kubera ibihombo
UBUKUNGU

Ibigo by’ubwishingizi byigenga byatangiye gushora imari mu bindi kubera ibihombo

Ubwanditsi 29 Mar 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru