• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Kuki Jean Bosco Gasasira yapfuye umuryango we ukabimenya nyuma y’icyumweru?     |   09 Aug 2026

  • Inganda z’inzoga zitujuje ubuziranenge nk’Ibyuma zarimo ibibazo byinshi bigira ingaruka ku buzima bw’abaturage   |   09 Aug 2026

  • AMAFOTO: Amateka aranditswe, bisabye imyaka 28 ngo Rayon Sports itware CECAFA Kagame Cup ya kabiri mu mateka yayo   |   07 Aug 2026

  • Jambo ASBL yongeye kwerekana ko ari umuvugizi wa FDLR, ntiyifuza ko uyu mutwe wamburwa intwaro ku ngufu   |   07 Aug 2026

  • FERWAFA yahagaritse Imurora Japhet imyaka itanu mu bikorwa byose bya ruhago   |   07 Aug 2026

  • Mukura VS yakiriye umutoza mushya ukomoka muri Serbia   |   06 Aug 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Umwaka udasanzwe ku ihakana rya Jenoside

Umwaka udasanzwe ku ihakana rya Jenoside

Ubwanditsi 18 Feb 2019 ITOHOZA

Hari amagambo yifashishijwe y’umunyamerika w’ikirangirire mu guharanira uburenganzira bwa muntu Malcolm X , ati “ivangura rimeze nka Cadillac, basohora ubwoko bushya buri mwaka.” Icyo gihe abivuga, Malcolm X yageragezaga guhangana n’irondabwoko muri sosiyete yaranzwemo ubucakara n’ivangura rishingiye ku ruhu.

Kimwe n’abanyarwanda, bamaze imyaka 25 bahanganye n’ihakana rya Jenoside ariko imbogamizi ikomeye ni uko abayihakana bahorana uburyo bushya bwo gutesha agaciro ubutabera no kwiyunga mu Rwanda.

Kuva Jenoside yakorwa hano mu 1994, uburyo bushya bwo guhakana Jenoside bwagiye buzamo kuvuga ko abatutsi bakabaye baragumye muri Ethiopia, ko FPR itakabaye yaratangije urugamba rwo kwibohora ku gihugu cyari cyifitiye ‘amahoro’, ko amoko n’ubundi yari mu ntambara bityo kuba ubwoko bumwe bwaragerageje kurimbura ubundi ari ibisanzwe, cyangwa se ko indege ya Perezida yahanuwe n’abatutsi bityo bagombaga gutsembwa n’abaturage bari bafite “umujinya” bihoreraga.

Abahimba ibi bisobanuro byose bafite aho bahuriye mu buryo butaziguye cyangwa buziguye n’ubu bwicanyi ndengakamere cyangwa se bafite umubano mu buryo ubu n’ubu n’abagize uruhare muri ayo mahano. Intego y’ababigizemo uruhare n’ababashyigikiye ni ukuburizamo kubazwa ibyo bakoze haba mu buryo bw’amategeko cyangwa uburyo rusange.

Abafitanye ubushuti na bo bagerageza kubafasha. Birangira bahimbye uburyo butabarika bwo gushinja abari ku ruhande rwahagaritse Jenoside. Abantu beza bahindurwa babi maze abantu babi bakagirwa beza. Baramutse babigezeho, ubwo umuco wo kudahana waba wimitswe. Bivuze ko baba babonye amahirwe yo gucengeza imyumvire yabo igamije kurimbura n’abarokotse ari na bo babangamiye umugambi wo guhakana Jenoside kuko ari abahamya b’ibanze b’ibyabaye.

Abahakana Jenoside bashikamye ku ‘mpamvu ibibatera’ nk’uko ishyirahamwe ryose rishikama ku matwara yatumye rishingwa. Bariyemeje, bakora amanywa n’ijoro. Nibyo bakesha kubaho.

By’umwihariko bagaragara cyane iyo ibihe byo kwibuka Jenoside byegereje. Muri iki gihe nibwo bashakisha inkunga z’ubwoko bwose ngo baburizemo ubuhamya bw’abarokotse Jenoside bahora bannyega, bakanibasira abagerageje kubarokora. Uyu mwaka ubaye uwa 25 Jenoside ibaye, ubukana bw’ihakana byitezwe ko buziyongera bidasanzwe.

Muri uku kwezi kwa Gashyantare, umunyamakuru wo muri Afurika y’Epfo Shannon Ebrahim, yamaze kwandika ahakana Jenoside mu nkuru yise “Rwanda’s masterful deception during the 1994 genocide”.

Kwa kwihinduranya yabihaye intebe muri iyo nkuru. Umurage wa ruharwa Theoneste Bagosora wambitswe Perezida Paul Kagame ashinjwa gutuma Jenoside ibaho. Ngo “Imigambi ya Kagame aho kuba iya Bagosora, kwari ugutuma abantu benshi bashoboka bapfa kugira ngo abone uburyo bwo kuzayobora igihugu imyaka n’imyaniko mu gihe kizaza.”

Byakugora kubona undi muntu utekereza wahakana ko intego y’abateguye Jenoside kwari ukwica kugira ngo bazabashe gutegeka ubuziraherezo ariko ibihamya by’ibi birigaragaza ari nabyo byagejeje Bagosora ku gukatirwa n’urukiko mpuzamahanga mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda.

Undi wafata umwanya wa Bagosora akawushyiramo undi muntu byamusaba ibimenyetso. Ebrahim ariko ibyo ntabyitayeho, icyo ashaka ni ugushyira Kagame mu mwanya wa Bagosora uko byagenda kose. Abishimangira nta n’akamenyetso na kamwe, ko mu myaka 20 ishize Gen Romeo Dallaire wari umugaba w’ingabo za Loni yamwibwiriye ko Kagame yifuzaga ko Jenoside imara igihe kinini.

Uyu mwanditsi Ebrahim agerageza no kwifashiah amateka, ko Perezida Kagame na Gen Dallaire babivuganyeho byimbitse.

Nyuma y’ihanurwa ry’indege yari itwaye Perezida Habyarimana mu ijoro ryo kuwa 6 Mata 1994 abo bagabo babiri (Kagame na Dallaire) barashwanye. Ntibumvikanaga ku kuba bakurikiza inzira yari iriho yo kurangiza ibibazo by’impande zitavuga rumwe mu gihe ubwicanyi bwari bwatangiye cyangwa se kubirengaho bagatabara abantu benshi bashoboka.

Kagame yabwiye Dallaire ko nadahagarika ubwicanyi by’umwihariko nka Loni yari ifite intwaro zihagije zo kubigeraho, ubwe yagombaga kubyikorera.

Dallaire yandika ko yanagerageje kuvugana na Bagosora ngo ubwicanyi buhagarare ariko ngo ubwo yahuraga na Bagosora yaje gusanga ibyo yakoze ari “Ugusuhuzanya na sekibi” ari na wo mutwe yahaye igitabo cye “Shake Hands with Devil”, gikubiyemo ubuhamya bw’itegurwa rya Jenoside mbere y’uko iba mu 1994 ndetse n’imiburo itaragize icyo igeraho yagiye yohereza ku biro bya Loni i New York.

Guhakana Jenoside hazamo no kujugunya amabuye mu gihuru ngo urebe ikivumbukamo. Mu nkuru ye, Ebrahim agaruka no ku bya Jenoside ebyiri, avuga ko ababohoye (Kagame na RPA) batangiye “bahanagura abahutu ari bo nyamwinshi” kandi ko impunzi z’abahutu “zatsembewe mu nkambi mu burasirazuba bwa Congo”.

Uyu ni umunyamakuru watumwe kandi ntazatuma hari umuhagarika. Ntiwamwumva avuga ku bijyanye no kwisuganya kw’abajenosideri mu nkambi z’impunzi bagamije kugaruka gufata igihugu ngo “barangize akazi”. Ntiwanamwumva avuga ku bikorwa by’ubwitange budasanzwe by’ababohoye igihugu n’uburyo bagiye batabara abantu babaga bafashwe bugwate.

Umwanditsi yirengagiza abantu ba nyabo bahuye n’akaga, akihimbira ngo “akarengane abanyarwanda babayemo”. Amategeko igihugu gifite agamije ubwiyunge n’ubumwe bw’igihugu ayatesha agaciro, akavuga ko “ari amayeri yo gukwirakwiza ubwoba mu baturage”.

Ikindi, uwo mwanditsi agerageza guhuza uburyo amatora yagakwiye gushingira ku bwoko, akagaragaza ukuntu hakenewe “uburyo bw’amatora” buteza imbere ihame ry’ubutegetsi bwa ‘Rubanda Nyamwinshi.”

Nguwo umurage uhoraho w’abakoze Jenoside utuma bamenyekana ari nabyo Ebrahim yisunze nka kimwe mu byo yari amaze imyaka 25 ategereje ngo akore, Nka bya bindi by’udushya twa Cadillac buri mwaka.

Albert Rudatsimburwa , ni Umusesenguzi mu bya politiki. Iki gitekerezo cyatambutse mu rurimi rw’Icyongereza mu kinyamakuru Uncensored Opinion.

2019-02-18
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Tumenye Gideon Rukundo Rugari n’impamvu yirirwa atuka u Rwanda ngo Museveni amufashe mu mugambi we wo kuba umudepite

Tumenye Gideon Rukundo Rugari n’impamvu yirirwa atuka u Rwanda ngo Museveni amufashe mu mugambi we wo kuba umudepite

Ubwanditsi 27 Sep 2019
Padiri  Thomas Nahimana yiyambaje Rurema nyuma y’Akaga gakomeye arimo

Padiri Thomas Nahimana yiyambaje Rurema nyuma y’Akaga gakomeye arimo

Ubwanditsi 20 Mar 2017
Amasezerano ya Luanda azerekana isura nyayo ya Museveni, hashize imyaka 34 ashyize umukono ku masezerano yise “amasezerano y’urwenya”

Amasezerano ya Luanda azerekana isura nyayo ya Museveni, hashize imyaka 34 ashyize umukono ku masezerano yise “amasezerano y’urwenya”

Ubwanditsi 27 Aug 2019
Ni iki gituma amashyaka ya Opposition akomeje gucikamo ibice : Ubusambo, Ubuswa bwinshi, Ubusambanyi  n’Inda nini.

Ni iki gituma amashyaka ya Opposition akomeje gucikamo ibice : Ubusambo, Ubuswa bwinshi, Ubusambanyi n’Inda nini.

Ubwanditsi 14 Sep 2016

Igitekerezo kimwe

  1. Cornerstone
    February 19, 20199:54 am -

    Aliko jye mbona hali impamvu ngikomeza kumva ko abanyafrika bamwe bakagombye kuba bagikolonijwe.
    Nkuyu munyamakuru Ebrahim wa S .A , buriya koko ubona atagifunze mumutwe? Yakwanditse ku vangura ryiwabo abazungu bagikorera bene wabo? Yakwanditse ruswa, kwikubira Mandela atabaraze biba mu shyaka ANC ryabo? Ko mbona se ahubwo iwabo byabaye imyandaro gusa? Abazungu biwabo bashora mu rwanda imali se batahizeye?
    Nifuza umuzungu nka ambassador wabo mu Rwanda.
    Pole sana Africa, inzira iracyali ndende.
    Imisega yabantafrika abazungu barayubakiye igihugu, ubu batangiye no gusuzugura abanyarwanda biyubakira icyabo! Utwo nudufaranga twa Rujugiro bamutamitse ngo asebye abanyarwanda.

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Miss Sandra Teta yatamajwe n’impenure yari yambaye ubwo yicaraga nabi akerekana hagati y’amaguru
SHOWBIZ

Miss Sandra Teta yatamajwe n’impenure yari yambaye ubwo yicaraga nabi akerekana hagati y’amaguru

Ubwanditsi 09 Oct 2017
REG VC na APR WVC begukanye igikombe cy’irushanwa ry’ubutwari 2023 mu mukino wa Volleyball
Amakuru

REG VC na APR WVC begukanye igikombe cy’irushanwa ry’ubutwari 2023 mu mukino wa Volleyball

Ubwanditsi 30 Jan 2023
Umujenosideri Pierre Kayondo wari wihishe mu Bufaransa yatawe muri yombi nyuma y’iperereza ryamaze imyaka ibiri
Amakuru

Umujenosideri Pierre Kayondo wari wihishe mu Bufaransa yatawe muri yombi nyuma y’iperereza ryamaze imyaka ibiri

Ubwanditsi 24 Sep 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru