• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Ba Meya bazahagarika imirimo mbere yuko barangiza manda

Ba Meya bazahagarika imirimo mbere yuko barangiza manda

Ubwanditsi 18 Jan 2016 Mu Mahanga

Ba Meya b’uturere n’uwumujyi wa Kigali bagomba kuba basohotse mu biro byabo tariki 29 z’ugutaha, abazongera gutorwa bakazagaruka mu biro ukwezi gukurikiraho, naho abatazatorwa bakazasubiramo bahererekanya ububasha n’abazaba basimbuye.

Ubusanzwe umuntu yagatekereje yuko abo ba Meya bakarangije imirimo yabo muri Werurwe uyu mwaka, kuko ariho batangiriyeho imirimo, ariko Komisiyo y’Igihugu y’Amatora (NEC) ikavuga yuko bagomba kuva kuri izo ntebe zabo mu mpera z’ukwezi gutaha kugira ngo bataba babangamira ibikorwa by’amatora ku nyungu zabo.

Mu kiganiro NEC iherutse kugirana n’abanyamakuru hashyizwe ahagaragara ingengabihe ry’amatora y’inzego z’ibanze, ay’uturere nay’umujyi wa Kigali kimwe nay’ibyiciro byihariye aribyo by’abagore, urubyiruko nay’abantu bafite ubumuga, ari nayo azasoza ibikorwa byose by’amatora ubu Abanyarwanda bitegura kujyamo guhera tariki 8 z’ukwezi gutaha.

Nk’uko byashyizwe ahagaragara na Perezida wa NEC, Kalisa Mbanda, aya matora azabimburirwa n’ayo mu midugudu tariki 8 z’ugutaha akazakurikirwa n’aya bajyanama b’uturere tariki 22 z’uko kwezi gutaha. Tariki 27 z’uko kwezi na none nibwo hazatora komite nyobozi z’uturere na ba Meya batwo.

Komite nyobozi y’umujyi wa Kigali izatorwa tariki ya kabiri Werurwe ari nawo munsi hazatorwa Meya w’umujyi. Kuri iyo tariki kandi ni naho hazaba amatora ya bya byiciro byihariye. Ba Meya bamaze manda ebyiri ku buyobozi bazaba batemerewe kuzongera kwiyamamaza kuko manda ari imyaka itanu ishobora kongerwaho rimwe gusa.

Nubwo ibisobanuro NEC itanga bituma ba Meya bagomba guhagarika imirimo yabo muri bya bihe byo kwiyamamaza ngo batavaho babangamira ibikorwa by’amatora byumvikana, ariko umuntu sinzi icyo yasubiza ba Meya badashobora kuzongera kwiyamamaza impamvu bava mu mirimo manda yabo itarangiye neza ! Kuki ubakuye mu mirimo itariki yo kuyivaho itaragera kandi nta gahunda yo kongera kwiyamamaza bafite ?

Kayumba Casmiry

2016-01-18
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abayobozi muri Polisi ya Namibiya mu rugendoshuri mu Rwanda

Abayobozi muri Polisi ya Namibiya mu rugendoshuri mu Rwanda

Ubwanditsi 08 Jun 2016
Burundi: Abanyamahanga barimo umuzungukazi bafatiwe muri Rweru baburiwe irengero

Burundi: Abanyamahanga barimo umuzungukazi bafatiwe muri Rweru baburiwe irengero

Ubwanditsi 05 Nov 2018
Polisi iragira inama abaturage kwirinda ubucukuzi  bw’amabuye y’agaciro butemewe

Polisi iragira inama abaturage kwirinda ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro butemewe

Ubwanditsi 04 Feb 2016
Ikipe ya APR FC yanganyije na Mogadisciu City Club yo muri Somalia ubusa ku busa mu mukino wa mbere wa CAF Champions League 2021

Ikipe ya APR FC yanganyije na Mogadisciu City Club yo muri Somalia ubusa ku busa mu mukino wa mbere wa CAF Champions League 2021

Ubwanditsi 13 Sep 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA  GUHINDUZA AMAZINA
Amakuru

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Ubwanditsi 05 Jan 2023
Rayon Sports yatsindiwe mu rugo na USM Alger muri CAF Confederation Cup
IMIKINO

Rayon Sports yatsindiwe mu rugo na USM Alger muri CAF Confederation Cup

Ubwanditsi 19 Jul 2018
Kuki  Museveni yahishe Gen Mugisha Muntu umugambi wa FPR wo kubohoza U Rwanda
INKURU NYAMUKURU

Kuki Museveni yahishe Gen Mugisha Muntu umugambi wa FPR wo kubohoza U Rwanda

Ubwanditsi 02 Oct 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru