• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

  • Rayon Sports izabanza kwakira APR FC muri shampiyona y’u Rwanda, Ingengabihe ya BK Pro League 2026/27   |   17 Aug 2026

  • Kwihambira kuri FDLR ni Umwaku mu yindi   |   17 Aug 2026

  • Amakipe ya AS Kigali mu Bagabo n’Abagore yahinduriwe izina yitwa Kigali FC na Kigali WFC    |   16 Aug 2026

  • Perezida Kagame yakurikiye umukino wa UEFA Super Cup wahuje amakipe ya PSG na Aston Villa yamamaza u Rwanda   |   12 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Abanyapolitike 45 muri EAC  bagiye kuva mu ‘bushomiri’
Umwe mu ba Depite ba EALA, P.C. Rwigema

Abanyapolitike 45 muri EAC  bagiye kuva mu ‘bushomiri’

Ubwanditsi 30 Nov 2017 Mu Mahanga

Abanyapolitike 45 bo mu bihugu bigize umuryango w’uburasirazuba bwa Afurika (EAC) bagiye kuva mu ‘bushomeri’ bari bamazemo amezi asaga atanu.

 Abo banyapolitike ni abatowe n’inteko nshingamategeko z’i bihugu by’u Rwanda, u Burundi, Tanzania, Uganda na Sudan y’Amajyepfo ngo bazabihagararire mu nteko nshingamatege ya EAC (EALA) ariko bakananirwa gutangira imirimo yabo kubera impamvu zaturukaga kuri Kenya.

 Buri gihugu kigize EALA cyohereza abadepite icyenda kugihagararira muri EALA, ariko bakagomba gutangira imirimo yabo ari uko buri gihugu cyarangije kohereza abacyo.

 Kugeza ubu abo badepite bari bataratangira imirimo yabo, impamvu ari uko igihugu cya Kenya cyari kitarashobora kohereza abacyo.

 Kuva hagati muri uyu mwaka abanyapolitike muri Kenya bari batangiye guhugira mu by’amatora, inteko nshingamategeko yariho muri icyo gihugu irindira guseswa Muri Nyakanga uyu mwaka idatoye abazaserukira Kenya muri EALA, bituma abari batowe n’iz’ibindi bihugu bigize EAC bigumira mu bihugu byabo kuko nta kazi ka EALA bari kuba bafite, aba Kenya bataraboneka.

 Nyuma y’amatora yabaye tariki 8/8/2017 muri Kenya hagiye haba ibyo kujuririra abyayavuyemo igihugu gikomeza guhugira muri ibyo, iby’inteko gutora abadepite bo kohereza muri EALA bikomeza kudahabwa agaciro.

 Kuba ejobundi Perezida Uhuru Kenyatta yarashoboye kurahizwa ngo yongere kuyobora Kenya, ibintu bitangiye kujya mu buryo n’inteko nshingamategeko y’icyo gihugu ibonye akanya ko gutora abazahagararira icyo gihugu muri EALA ! Biteganyijwe yuko ibintu byose bizaba byagiye mu buryo, imirimo y’abadepite muri EALA igatangira tariki 15 z’ugutaha kwa 12.

 Nubwo ariko twavuze yuko abadepite ibihugu byabo byohereje muri EALA bashomereye kubera yuko nta kazi k’inteko bakora, bagomba kuba batamerewe nabi, usibye gusa yuko batabona amafaranga yo ku ruhande nk’abantu bari ku kazi banafite inshingano bahawe zituma babona andi mafaranga arenze ku mushahara.

 Ubusanzwe iyi nteko ya kane ya EALA yari gutangira imirimo yayo tariki 5 Kamena 2017, ntibyakunda kubera za mpamvu twavuze zo muri Kenya. Ariko kuva umuntu yatangwa n’igihugu cye  nk’umudepite wa EALA  atangira guhembwa amadolari 14,908 ku kwezi.

Aba badepite bazatangira akazi kabo muri EALA barashomereye kuko badakora ariko barahembwa, kandi neza. Bahembwa batakoreye ubahemba (EALA) ariko bikaba bigomba kuba bibahesha umwanya wo kwikorera ibyabo, nabyo bibinjiriza andi mafaranga batakabonye badashomereye muri EALA.

Bamwe muri Kenya batangiye gusakuza bavuga   yuko igihugu cyabo kihahombera ngo kuko abakabaye abadepite babo icyenda muri EALA bataraboneka ngo babe bahembwa ya madolari 14,908 kandi igihugu gikomeza gutanga umusanzu ungana n’amadolari miliyoni 8.4 ku mwaka nk’uko bimeze ku bindi bihugu bigize umuryango.

Abadepite icyenda u Rwanda rwohereje muri EALA harimo Oda Gasinzigwa, Fatuma Ndangiza, Rwigema Petero Celestin na Martin Ngoga bo muri RPF.

 Abandi ni Karinda Francois Xavier wa PSD, Rutazana Francine ukomoka muri PL, Uwumukiza Francoise watorerwe kuzahagararira abagore naho Bahati Alexis atorerwa kuzahagararira abafite ubumuga.

 Manda y’umudepite muri EALA ni imyaka itanu ariko akaba yashobora gutorerwa manda ya kabiri ari nayo ya nyuma.

Casmiry Kayumba

2017-11-30
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ibihugu by’u Rwanda na Benin bishyigikiye kandidatire ya Dr. Kim

Ibihugu by’u Rwanda na Benin bishyigikiye kandidatire ya Dr. Kim

Ubwanditsi 02 Sep 2016
Leta y’u Burundi irashinjwa kohereza rwihishwa abasirikari n’imbonerakure muri Kongo

Leta y’u Burundi irashinjwa kohereza rwihishwa abasirikari n’imbonerakure muri Kongo

Ubwanditsi 28 Jul 2022
Umuyobozi muri Polisi ya Uganda yagonzwe ahita apfa

Umuyobozi muri Polisi ya Uganda yagonzwe ahita apfa

Ubwanditsi 17 May 2018
Intsinzi yonyine niyo izaduhesha igikombe, umutoza Ntabanganyimana

Intsinzi yonyine niyo izaduhesha igikombe, umutoza Ntabanganyimana

Ubwanditsi 15 Jun 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Traffic Police : Ubu imashini ni yo izajya yandika “Contrevention” mu muhanda
Mu Mahanga

Traffic Police : Ubu imashini ni yo izajya yandika “Contrevention” mu muhanda

Ubwanditsi 14 Dec 2016
Abanyarwanda batunguwe n’ifungwa ry’umupaka wa Goma
INKURU NYAMUKURU

Abanyarwanda batunguwe n’ifungwa ry’umupaka wa Goma

Ubwanditsi 30 Dec 2018
Uwahoze ari depite Mbanda Jean Daniel mu nzira yo kwiyamamariza kuba Perezida wa Repululika
ITOHOZA

Uwahoze ari depite Mbanda Jean Daniel mu nzira yo kwiyamamariza kuba Perezida wa Repululika

Ubwanditsi 03 Apr 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru