• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Abanyapolitike 45 muri EAC  bagiye kuva mu ‘bushomiri’
Umwe mu ba Depite ba EALA, P.C. Rwigema

Abanyapolitike 45 muri EAC  bagiye kuva mu ‘bushomiri’

Ubwanditsi 30 Nov 2017 Mu Mahanga

Abanyapolitike 45 bo mu bihugu bigize umuryango w’uburasirazuba bwa Afurika (EAC) bagiye kuva mu ‘bushomeri’ bari bamazemo amezi asaga atanu.

 Abo banyapolitike ni abatowe n’inteko nshingamategeko z’i bihugu by’u Rwanda, u Burundi, Tanzania, Uganda na Sudan y’Amajyepfo ngo bazabihagararire mu nteko nshingamatege ya EAC (EALA) ariko bakananirwa gutangira imirimo yabo kubera impamvu zaturukaga kuri Kenya.

 Buri gihugu kigize EALA cyohereza abadepite icyenda kugihagararira muri EALA, ariko bakagomba gutangira imirimo yabo ari uko buri gihugu cyarangije kohereza abacyo.

 Kugeza ubu abo badepite bari bataratangira imirimo yabo, impamvu ari uko igihugu cya Kenya cyari kitarashobora kohereza abacyo.

 Kuva hagati muri uyu mwaka abanyapolitike muri Kenya bari batangiye guhugira mu by’amatora, inteko nshingamategeko yariho muri icyo gihugu irindira guseswa Muri Nyakanga uyu mwaka idatoye abazaserukira Kenya muri EALA, bituma abari batowe n’iz’ibindi bihugu bigize EAC bigumira mu bihugu byabo kuko nta kazi ka EALA bari kuba bafite, aba Kenya bataraboneka.

 Nyuma y’amatora yabaye tariki 8/8/2017 muri Kenya hagiye haba ibyo kujuririra abyayavuyemo igihugu gikomeza guhugira muri ibyo, iby’inteko gutora abadepite bo kohereza muri EALA bikomeza kudahabwa agaciro.

 Kuba ejobundi Perezida Uhuru Kenyatta yarashoboye kurahizwa ngo yongere kuyobora Kenya, ibintu bitangiye kujya mu buryo n’inteko nshingamategeko y’icyo gihugu ibonye akanya ko gutora abazahagararira icyo gihugu muri EALA ! Biteganyijwe yuko ibintu byose bizaba byagiye mu buryo, imirimo y’abadepite muri EALA igatangira tariki 15 z’ugutaha kwa 12.

 Nubwo ariko twavuze yuko abadepite ibihugu byabo byohereje muri EALA bashomereye kubera yuko nta kazi k’inteko bakora, bagomba kuba batamerewe nabi, usibye gusa yuko batabona amafaranga yo ku ruhande nk’abantu bari ku kazi banafite inshingano bahawe zituma babona andi mafaranga arenze ku mushahara.

 Ubusanzwe iyi nteko ya kane ya EALA yari gutangira imirimo yayo tariki 5 Kamena 2017, ntibyakunda kubera za mpamvu twavuze zo muri Kenya. Ariko kuva umuntu yatangwa n’igihugu cye  nk’umudepite wa EALA  atangira guhembwa amadolari 14,908 ku kwezi.

Aba badepite bazatangira akazi kabo muri EALA barashomereye kuko badakora ariko barahembwa, kandi neza. Bahembwa batakoreye ubahemba (EALA) ariko bikaba bigomba kuba bibahesha umwanya wo kwikorera ibyabo, nabyo bibinjiriza andi mafaranga batakabonye badashomereye muri EALA.

Bamwe muri Kenya batangiye gusakuza bavuga   yuko igihugu cyabo kihahombera ngo kuko abakabaye abadepite babo icyenda muri EALA bataraboneka ngo babe bahembwa ya madolari 14,908 kandi igihugu gikomeza gutanga umusanzu ungana n’amadolari miliyoni 8.4 ku mwaka nk’uko bimeze ku bindi bihugu bigize umuryango.

Abadepite icyenda u Rwanda rwohereje muri EALA harimo Oda Gasinzigwa, Fatuma Ndangiza, Rwigema Petero Celestin na Martin Ngoga bo muri RPF.

 Abandi ni Karinda Francois Xavier wa PSD, Rutazana Francine ukomoka muri PL, Uwumukiza Francoise watorerwe kuzahagararira abagore naho Bahati Alexis atorerwa kuzahagararira abafite ubumuga.

 Manda y’umudepite muri EALA ni imyaka itanu ariko akaba yashobora gutorerwa manda ya kabiri ari nayo ya nyuma.

Casmiry Kayumba

2017-11-30
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Nyuma y’imyaka 6 adahamagarwa mu ikipe y’igihugu y’u Bufaransa, rutahizamu wa Real Madrid Karim Benzema yisanze ku rutonde rw’abakinnyi 26 bitegura Euro 2020.

Nyuma y’imyaka 6 adahamagarwa mu ikipe y’igihugu y’u Bufaransa, rutahizamu wa Real Madrid Karim Benzema yisanze ku rutonde rw’abakinnyi 26 bitegura Euro 2020.

Ubwanditsi 19 May 2021
Kenya ibintu byasubiye irudubi  nyuma yo kwivana mu matora kwa Odinga

Kenya ibintu byasubiye irudubi nyuma yo kwivana mu matora kwa Odinga

Ubwanditsi 11 Oct 2017
Uruzinduko rwa Komiseri Mukuru wa Polisi y’uRwanda, IGP Dan MUNYUZA, muri Malawi rwahahamuye Interahamwe n’ibigarasha biba muri icyo gihugu.

Uruzinduko rwa Komiseri Mukuru wa Polisi y’uRwanda, IGP Dan MUNYUZA, muri Malawi rwahahamuye Interahamwe n’ibigarasha biba muri icyo gihugu.

Ubwanditsi 27 Jul 2021
Police Handball Club yatsinze ES Urumuri

Police Handball Club yatsinze ES Urumuri

Ubwanditsi 26 Sep 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ingabo z’u Rwanda n’iza DRCongo zarasaniye mu birunga
INKURU NYAMUKURU

Ingabo z’u Rwanda n’iza DRCongo zarasaniye mu birunga

Ubwanditsi 15 Feb 2018
Bishop Rugagi yarekuwe
Mu Rwanda

Bishop Rugagi yarekuwe

Ubwanditsi 15 Mar 2018
ACP Mutezintare yasabye abamotari bo muri Musanze kugira uruhare mu gukumira ibyaha
Mu Mahanga

ACP Mutezintare yasabye abamotari bo muri Musanze kugira uruhare mu gukumira ibyaha

Ubwanditsi 29 Dec 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru