• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Inkomoko ya FDU-Inkingi ya Ingabire yerekana impamvu ari indiri y’Abajenosideri   |   16 Jul 2025

  • Igisambo Mbayahaga cyahawe akazi ko gucamo amacakubiri abanyamulenge   |   15 Jul 2025

  • Ibaruwa ifunguye yandikiwe Ingabire Victoire   |   08 Jul 2025

  • Police VC yegukanye igikombe cyo Kwibohora 2025 mu byiciro byombi, itsinze APR VC ku mukino wa nyuma   |   07 Jul 2025

  • Perezida Kagame yavuze ko FDLR nidasenywa u Rwanda ruzakomeza guhangana n’iki kibazo rukoresheje uburyo rusanzwe rukoresha   |   04 Jul 2025

  • Police FC yatangaje ubuyobozi bwayo bushya buyobowe na CP Yahaya na Ben Mussa nk’umutoza mukuru   |   03 Jul 2025

 
You are at :Home»IKORANABUHANGA»Kagame azitabira inama mpuzamahanga ku ikoranabuhanga i Paris

Kagame azitabira inama mpuzamahanga ku ikoranabuhanga i Paris

Editorial 15 May 2019 IKORANABUHANGA

Perezida Paul Kagame azitabira Inama ya Viva Technology ihuriza hamwe abayobozi b’ibigo bigitangira ishoramari mu ikoranabuhanga n’abazwi mu bijyanye no guhanga udushya, izabera mu Mujyi wa Paris mu Bufaransa.

Umukuru w’Igihugu ategerejwe i Paris muri iki Cyumweru aho ku wa 17 Gicurasi azitabira Inama ya VivaTech 2019, iteganyijwe ku wa 16-18 Gicurasi 2019.

Perezida Kagame ugiye kwitabira iyi nama ku nshuro ya kabiri, azatanga ikiganiro ku bazayitabira.

Mu ruzinduko yagiriye mu Bufaransa muri Gicurasi 2018, Perezida Kagame wari unayoboye Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU) yagiranye ibiganiro birambuye na mugenzi we w’u Bufaransa, Emmanuel Macron.

Icyo gihe banasuye imurika ry’ibikorwa by’ikoranabuhanga rijyanye n’Inama ya VivaTech yabereye i Paris.

Perezida Kagame yamurikiye Macron kandidatire ya Mushikiwabo Louise wari umaze imyaka icyenda ari Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, wiyamamarizaga kuyobora Umuryango w’Ibihugu bikoresha Ururimi rw’Igifaransa (OIF), umwanya yaje gutorerwa, ahigitse Umunya-Canada, Michaëlle Jean.

Abakuru b’ibihugu bagiye guhura bwa mbere kuva muri Mata 2019, ubwo Emmanuel Macron yatumirwaga mu muhango wo gutangiza ibikorwa byo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, ariko akohereza umuhagarariye, Depite Hervé Berville.

Inama ya VivaTech kandi yatumiwemo na Perezida wa Sénégal, Macky Sall.

Itegerejwemo abarenga 450 bazatanga ibiganiro; barimo Minisitiri w’Intebe wa Canada, Justin Trudeau; umunyabigwi mu gusiganwa ku maguru, Usain Bolt na Jack Ma watangije Alibaba.

Mu 2018, VivaTech yitabiriwe n’abantu barenga 100 000 mu gihe abayiteguye bizeye ko uwo mubare uzaboneka. Ibigo bigitangira 9000 byiganjemo ibyo muri Afurika bizamurika ibikorwa byabyo.

Umugabane wa Afurika wahawe umwihariko kuko inama nyinshi zizaharirwa ibikorwa bihakomoka. Abashoramari bakomeye muri Afurika barimo Umuyobozi wa Facebook muri Afurika, Nunu Ntshingila na Fatoumata Bâ ukomoka muri Sénégal watangije ikigo gitanga ubujyanama cya Janngo.

Mu 2018, ibigo by’ishoramari mu ikoranabuhanga bigera kuri 60 byo muri Afurika birimo umunani byo mu Rwanda nibyo byamuritse ibyo byagezeho.

U Rwanda rwari ruhagarariwe n’ibirimo Awesomity Lab yasinyanye amasezerano n’Uruganda rwa Volkswagen ngo bifatanye mu gushyiraho uburyo bwo gusangira imodoka ku bantu benshi; AC Group yamamaye mu Rwanda kubera uburyo bwo gukoresha ikarita mu kwishyura ingendo z’imodoka rusange; Irembo itanga uburyo bw’ikoranabuhanga bufasha abantu kubona ibyangombwa bitandukanye; Fab Lab ihangirwamo udushya dutandukanye mu ikoranabuhanga turimo ibijyanye n’ibiguruka mu isanzure n’ibindi bikenewe mu buzima; Pivot Access ikora porogaramu zitandukanye n’ibindi.

Src: IGIHE

2019-05-15
Editorial

IZINDI NKURU

Perezida Kagame yagaragaje ko ikoranabuhanga ari ingenzi mu kwihutisha iterambere ry’imijyi n’abayituye

Perezida Kagame yagaragaje ko ikoranabuhanga ari ingenzi mu kwihutisha iterambere ry’imijyi n’abayituye

Editorial 30 Oct 2019
U Rwanda ruyoboye Isi mu gushyiraho amabwiriza agenga imikorere ya drones

U Rwanda ruyoboye Isi mu gushyiraho amabwiriza agenga imikorere ya drones

Editorial 23 Jan 2018

Police FC yegukanye igikombe cy’Amahoro itsinze Bugesera FC ku mukino wa nyuma 2-1, kiba icya 2 mu mateka yayo

Editorial 01 May 2024
U Rwanda rugiye gutangira imirimo yo kubaka icyogajuru

U Rwanda rugiye gutangira imirimo yo kubaka icyogajuru

Editorial 10 May 2018
Perezida Kagame yagaragaje ko ikoranabuhanga ari ingenzi mu kwihutisha iterambere ry’imijyi n’abayituye

Perezida Kagame yagaragaje ko ikoranabuhanga ari ingenzi mu kwihutisha iterambere ry’imijyi n’abayituye

Editorial 30 Oct 2019
U Rwanda ruyoboye Isi mu gushyiraho amabwiriza agenga imikorere ya drones

U Rwanda ruyoboye Isi mu gushyiraho amabwiriza agenga imikorere ya drones

Editorial 23 Jan 2018

Police FC yegukanye igikombe cy’Amahoro itsinze Bugesera FC ku mukino wa nyuma 2-1, kiba icya 2 mu mateka yayo

Editorial 01 May 2024
U Rwanda rugiye gutangira imirimo yo kubaka icyogajuru

U Rwanda rugiye gutangira imirimo yo kubaka icyogajuru

Editorial 10 May 2018
Perezida Kagame yagaragaje ko ikoranabuhanga ari ingenzi mu kwihutisha iterambere ry’imijyi n’abayituye

Perezida Kagame yagaragaje ko ikoranabuhanga ari ingenzi mu kwihutisha iterambere ry’imijyi n’abayituye

Editorial 30 Oct 2019
U Rwanda ruyoboye Isi mu gushyiraho amabwiriza agenga imikorere ya drones

U Rwanda ruyoboye Isi mu gushyiraho amabwiriza agenga imikorere ya drones

Editorial 23 Jan 2018
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru